Kirehe: Ari mu maboko ya Polisi ashinjwa gucuruza ibiyobyabwenge

Uzabakiriho Emmanuel wo mu kagari ka Rwantonde mu Murenge wa Gatore ari mu maboko ya Polisi nyuma yo gufatanwa ibiro mirongo ine na bibiri ( 42kg) by’urumogi iwe mu nzu n’ubwo aruhakana akavuga ko rushobora kuba rwashyizwemo n’abaturanyi kubera ishyari.

Ubwo twamusangaga kuri Sitasiyo ya Polisi ya Kirehe ari naho afungiye yagize ati“ Uru rumogi sinduzi birashoboka ko ari ishyari abaturanyi bangirira ko ntera imbere kandi ko nkorana na Polisi ntanga amakuru.”

Akameza agira ati “Erega ntimuzi ibibera iwacu! Ni inzangano gusa, ubu barushyizemo bagira ngo icyaha kimpame.”

Yafatanywe ibiro 42 by'urumogi.
Yafatanywe ibiro 42 by’urumogi.

Nubwo yakomeje kwihakana urwo rumogi, Polisi yo ngo isanga ari amatakirangoyi kuko ngo yafatiwe iwe n’iyo mifuka y’urumogi iri mu cyumba kandi inzu ifunze.

Bityo bakibaza uburyo abantu baza bagashyira urumogi mu nzu ifungiye imbere nyir’urugo ntabimenye.

Umuyobozi wa Polisi mu Karere ka Kirehe, Spt Christian Safari, akaba ashimira abaturage bakomeje gufatanya n’inzego zishinzwe umutekano batanga amakuru ku muntu wese ucuruza ibiyobyabwenge.

Arabasaba gukomeza gutangira amakuru ku gihe mu guhashya ibiyobyabwenge kuko byangiza ubuzima bw’ababinywa bidasize n’ababicuruza igihe batakaza mu bihano bakora kandi bakagombye gukorera imiryango yabo no guteza igihugu imbere.

Uku kwezi kwa Gashyantare mu Karere ka Kirehe hamaze gufatirwa urumogi rusaga ibiro magana atatu (300 kg), ibyo bituruka ku mikoranire myiza n’ubufatanye hagati ya Polisi y’igihugu n’abaturage.

Servilien Mutuyimana

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 2 )

abo bantu bacuruza ibiyobyabwenge bakwiye kubireka koko byangiza urubyiruko rwejo hazaza uwo muntu bamuhane nabandi barebereho

alias yanditse ku itariki ya: 12-02-2015  →  Musubize

abo bantu bacuruza ibiyobyabwenge bakwiye kubireka koko byangiza urubyiruko rwejo hazaza uwo muntu bamuhane nabandi barebereho

bobo yanditse ku itariki ya: 12-02-2015  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka