
Hari amakuru yari yatangiye guhwihwiswa na bimwe mu binyamakuru ko hari Coasters zirenga 20 ziherutse kwirukanwa mu kazi ko gutwara abagenzi ku muhanda Kimironko-Nyabugogo.
Izo coasters ni zimwe zifite imyanya 26 nazo zari zimaze imyaka igera kuri itanu zisimbujwe iza Hiace zari zimenyerewe ku izina rya “Twegerane.”
Ayo makuru yanavugaga ko zanategetswe guhanagura amarangi n’ibirango bya RFTC. zatungaga, biyongereye mu mubare w’abashomeri, kuko zisabwa kwisunga Hiaces zaciwe muri Kigali
Ariko Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali bwabyamaganiye kure, buvuga ko ayo makuru ari ibihuha, nk’uko itangazo bwanyujije kuri Twitter ribisobanura.
Rigira riti “Ni ibinyoma. Ayo mabwiriza ntayo Umujyi wa Kigali cyangwa urundi rwego byigeze bitanga. Coasters zifite imyanya 26 zirakemerewe gukora mu Mujyi wa Kigali.”

Ohereza igitekerezo
|
izi zaje NGO zikemure ikibazo none Nazi zibaye ikibazo, ubwo igisubizo Ni ikihe Rwanda yacu uratera imbere pee!
urakira ukadukenesha kk byose biva mu nguzanyo ni ubwo se so uguteza igihombo rubanda bikozwe na politics, Africa warazahaye kd warakubititse!
salut.nge ibyo bakora byose ziriya modoka zikorerwa muri Chine zintera impungenge!!imodoka idashobora kumara na 10ans nta modoka irimo!!RTFC narayemeraga KO itagura izo Pilate ziba zuzuyemo abajura!!none nayo yaranduye
Mukomereze aho ndumva mu minsi iza muzabona na za Tramway ndetse na Métro. Courage.
Kuba tubura imodoka ziducyura tuva ku kazi nimugoroba,byerekana ubutegetsi bubi butareba inyungu z’abaturage,ahubwo birebera gusa inyungu za bariya bafite bus from China zigenda nk’akanyamasyo (tortue).History izabibabaza.
URIBESHYA NTAHO ZIZAJYA
muri amahoro basomyi bagenzi banjye, impinduka nziza zifitiye abanegihugu akamaro muri rusange ntako zisa, ariko hatabayemo guhutaza, cg akarengane;
twe natwe rwose mutuvuganire(dutabarwe), ROYAL: NYANZA(KICUKIRO)-KACYIRU,twaragowe kandi ni ligne yiganjemo abakozi n’abanyeshuli, amasaha yacu arazwi ay’igitondo n’umugoroba,
NB: ngo kuko nta rujya n’uruza rwa bagenzi bahiganje ruhoraho,byahombya campany kuhashyira imodoka nzima kandi zikemura ibibazo byacu.nubishinzwe muri RURA icyo kibazo twakimugejejeho inshuro nyinshi kuva umwaka ushize.
uvuye ku kazi saa kumin’imwe muri garre ya Kacyiru ugasanga utwo du quast(ni 2 tuhaba twashize ese buriya natwo control thecq,itugeraho?)ubwo nukuhava nka saa 12pm.
Amaherezo ni munzu!! Ikitabaye ubu kizaba n’ubundi, ariko nibabe baryaho!!