Umuhinzi ntangarugero w’urutoki, Alexis Mwumvaneza, afungiwe ahitwa i Gikonko mu Karere ka Gisagara, akurikiranyweho kwenga inzoga z’inkorano bakunze kwita nyirantare cyangwa muriture.
Amakipe ya Gicumbi na Heroes nyuma yo kumenyeshwa ko zisubiye mu cyiciro cya kabiri, ziratangaza ko zitanyuzwe n’imyanzuro yafashwe na Ferwafa
Amakuru agera kuri Kigali Today aravuga ko Bosenibamwe Aimé wayoboraga Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Igororamuco (NRS) yitabye Imana kuri uyu wa Gatandatu tariki 23 Gicurasi 2020 azize uburwayi.
Komisiyo y’u Rwanda ikorana n’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Burezi, Ubumenyi n’Umuco(UNESCO), iyi komisiyo ikaba yitwa CNRU(mu mpine), irasaba urubyiruko rw’abanyeshuri kubungabunga ibyanya bikomye bya Gishwati-Mukura n’ishyamba ry’Ibirunga.
Minisiteri y’Abakozi ba Leta n’Umurimo (MIFOTRA) yatangaje ko ku wa Mbere tariki 25 Gicurasi 2020 ari Umunsi w’Ikiruhuko, kubera ko Umunsi mukuru wa IDDIL-EL-FITRI wahuriranye n’impera z’icyumweru.
Nyuma y’umwaka asinyiye ikipe ya AS Kigali ariko akaba nta mukino n’umwe yigeze ayikinira,Umurundi Kwizera Pierrot yiteguye kugaruka muri AS Kigali nyuma yo gukira imvune yari afite.
Yanga wamenyekanye mu mwuga wo gusobanura filimi mu Kinyarwanda (agasobanuye) amazina ye ni Nkusi Tom. Ubu yamaze kuba umurokore ndetse ngo yiteguye gutangira kubwiriza ijambo ry’Imana nyuma y’uko Imana imukoreye igitangaza cyo gukira indwara ya Cancer nk’uko abivuga.
Komite nyobozi ya Ferwafa imaze gufata umwanzuro ko ikipe ya APR FC ari yo yegukanye igikombe cya shampiyona cy’umwaka w’imikino 2019/2020
Ubuyobozi bukuru bw’Umuryango w’Abayislamu mu Rwanda (RMC) buratangaza ko Umunsi mukuru usoza igisibo gitagatifu cy’ukwezi kwa Ramadhan umwaka wa 2020 uteganyijwe ku Cyumweru tariki 24 Gicurasi 2020.
Amakuru mashya aturuka muri Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) aragaragaza ko kuri uyu wa Gatanu tariki 22 Gicurasi 2020 habonetse umurwayi umwe mushya wa COVID-19 bituma abamaze kuboneka mu Rwanda banduye icyo cyorezo bose hamwe baba 321.
Ganza Chritian ari mu maboko y’Ubushinjacyaha nyuma yo gutabwa muri yombi n’inzego z’umutekano ashaka guhindura nimero ya telefone ya Habarurema Donat ngo ajye ayikoresha muri gahunda ze.
Perezida wa Tanzania John Pombe Magufuli yemeje ko Shampiyona y’umupira w’amaguru mu gihugu cya Tanzania (Tanzania Mainland League) isubukurwa ku itariki ya 1 Kamena 2020.
Abasirikare batanu b’u Rwanda baregwa ibyaha birimo gusambanya abantu ku gahato muri Kangondo i Nyarutarama, bagaragarije urukiko uburyo ibirego bashinjwa ngo ari amagambo y’ibinyoma adafite gihamya, basaba kuburana badafunzwe.
Amakuru aturuka mu Karere ka Huye mu Ntara y’Amajyepfo aravuga ko mu mbuga irimo inyubako Radio Salus ikoreramo habonetse ibimenyetso bigaragaza ko hashobora kuba hari imibiri bikekwa ko ari iy’abishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi.
Umunyamabanga Mukuru mu Nama y’Igihugu y’Abana ndetse n’Umuyobozi muri CLADHO, bagaragaje ikihishe inyuma yo gutuma abana bo mu mihanda banga gusubira mu miryango.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyamasheke buratangaza ko mu gihe kitarenze ukwezi kumwe umuhanda wangiritse cyane uhuza Imirenge ya Kanjongo, Rangiro ,Cyato na Yove uza kuba wasubiye kuba nyabagendwa mu gihe hagitegerejwe igisubizo kirambye.
Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi bahawe ibiganiro by’isanamitima muri gahunda bise ‘Mvura nkuvure’ baratangaza ko bakize ibikomere batewe na Jenoside bagatanga imbabazi, naho abakoze Jenoside bakiyunga n’imiryango bahemukiye.
Ku munsi nk’uyu w’itariki ya 22 Gicurasi 1994, Ikibuga cy’Indege Mpuzamahanga cya Kanombe cyakuwe mu maboko y’abicanyi, iyo tariki ikaba ari imwe mu matariki akomeye mu guhagarika Jenoside. Mu bindi bice by’Igihugu byari bitarabohorwa n’Inkotanyi, ahari hasigaye Abatutsi bakihishahishe, Leta y’abicanyi yari ikomeje kubica.
Jean Bosco Siboyintore ukuriye ishami ry’Ubushinjacyaha bw’u Rwanda rishinzwe gukurikirana ababa hanze y’u Rwanda bakekwaho uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, yavuze ko kuba byemejwe ko Bizimana Augustin washakishwaga n’ubutabera kubera uruhare akekwaho muri Jenoside yakorewe Abatutsi yapfuye, ari igihombo ku (…)
Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Bugesera yafashe uwitwa Byukusenge Janviere w’imyaka 25 na Ndayishimiye Albert w’imyaka 20.
Rutahizamu ukomoka i Burundi Shabban Hussein uzwi ku izina rya Tchabalala, yamaze kwerekeza mu ikipe ya AS Kigali aho yayisinyiye amasezerano y’imyaka ibiri
Perezida wa Rayon Sports Munyakazi Sadate yandikiye urwego rw’igihugu rw’imiyoborere RGB arugaragariza ibibazo bimaze iminsi bivugwa mu ikipe ya Rayon Sports
Umushinjacyaha Mukuru Serge Blammertz w’Urwego IRMCT rushinzwe kurangiza imirimo yasizwe n’icyahoze ari Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha rwashyiriweho u Rwanda, kuri uyu wa gatanu tariki 22 Gicurasi 2020 yemeje ko Bizimana Augustin wari ku rutonde rumwe na Kabuga Félicien, na Mpiranya Protais kubera ibyaha bya Jenoside (…)
Myugariro Rusheshangoga Michel wari umaze umwaka umwe muri AS Kigali, yongereye amasezerano yo gukinira iyi kipe undi mwaka
Abaturiye ikaragiro rya Remera-Mbogo riri mu murenge wa Ngoma mu karere ka Rulindo babangamiwe n’umunuko ukabije uterwa n’amazi mabi yiroha mu ngo n’imirima yabo, aturutse mu byobo biyafata by’iri karagiro.
Itsinda ry’Abapasiteri barenga 1,200 bavuga ko bahagarariye ibihumbi by’abakirisitu muri Leta ya California muri Leta zunze ubumwe za Amerika, bavuze ko bagiye gufungura insengero zabo mu mpera z’uku kwezi kwa Gicurasi, birengegije amabwiriza yashyizweho na Leta yabo, asaba insengero gukomeza gufunga hirindwa Covid-19.
Urwego rw’Igihugu rushinzwe Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko ku wa Kane tariki 21 Gicurasi 2020, rwafunze Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Kivu, Eugène Kanyarwanda, hamwe n’ abagoronome b’imirenge ya Kivu, Nyabimata na Ruheru mu Karere ka Nyaruguru, bose bakekwaho kunyereza imbuto y’ibirayi n’ifumbire mvaruganda (…)
Mu myaka 23 ishize, Kabuga Félicien yashoboye gucika igipolisi cyo ku isi yose cyamuhigaga. Icyakora ku itariki 16 Gicurasi 2020, Kabuga ushinjwa gutera inkunga ikomeye Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu 1994, yafatiwe mu nkengero z’Umujyi wa Paris mu Bufaransa.
Sosiyete ya StarTimes yashyikirije umuguzi wa mbere ibicuruzwa yaguze akoresheje uburyo bw’ikoranabuhanga bugezweho bwa StarTimes buzwi nka StarTimes Go.
Si aka kanya bitangiye cyangwa mu mwaka umwe cyangwa ibiri ishize ahubwo ni ibintu bimaze imyaka myinshi mu Rwanda. Kera amakipe amwe n’amwe yitwazaga ko nta biro agira andi ko nta mikoro agira ariko uyu munsi bigaragara ko amafaranga ahari kuko ikipe igura abakinnyi ba Miliyoni zirenze icumi ku myaka ibiri ntiyabura (…)
Amakuru mashya aturuka muri Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) aragaragaza ko kuri uyu wa Kane tariki 21 Gicurasi 2020 habonetse abarwayi bashya batandatu (6) ba COVID-19 bituma abamaze kuboneka mu Rwanda banduye icyo cyorezo bose hamwe baba 320.
Hari abahinzi bo mu turere twa Huye, Nyaruguru na Gisagara bavuga ko imbeba zangiza imyaka mu mirima ziyongereye muri iki gihembwe cy’ihinga, ku buryo zabangirije imyaka cyane.
Uruhinja rw’iminsi bibiri rwahitanywe n’icyorezo cya coronavirusi muri Afurika y’Epfo, akaba ari rwo rubaye umuntu wa mbere muto ku isi iki cyorezo gihitanye. Aya ni amakuru yatangajwe na Ministeri y’Ubuzima y’iki gihugu kuri uyu wa kane tariki 21 Gicurasi 2020.
Inama yahuje abayobozi b’ishyirahamwe ry’umukino wa Basketball mu Rwanda n’abanyamuryango b’amakipe atandukanye, yanzuye ko shampiyona izagaruka mu kwezi kwa Nzeri 2020 hasubukurwa imikino ibanza.
Banki Nkuru y’u Rwanda(BNR) ivuga ko n’ubwo kwishyurana nta muntu ukoze ku mafaranga bitaraba itegeko, iyi gahunda ngo irimo gushyirwa mu bikorwa ku buryo bwihuse hifashishijwe telefone zigendanwa.
Kuva tariki 17 Gicurasi 2020 abatuye Umujyi wa Goma bahangayikishijwe n’ubwiyongere bw’icyorezo cya COVID-19 cyongeye kubahoneka nyuma y’igihe abari barwaye bakize.
Kuva mu kwezi kwa Mutarama 2020, abantu 19 bafatiwe mu cyuho biba amashanyarazi, ibi bikaba byaratewe n’imbaraga Sosiyete y’u Rwanda ishinzwe Ingufu “REG” yashyize mu kurwanya ubwo bujura.
Igipolisi cyo muri Namibia cyatangaje ko Abanyanamibia bakomeje kwitwara neza no kurangwa n’imico myiza izira kugwa mu byaha nyuma y’aho Leta ishyizeho itegeko ribuza gucuruza inzoga biturutse ku bihe by’amage igihugu cyashyizeho kugirango kibashe kurwanya icyorezo cya coronavirus.
Urubanza ku ifungwa n’ifungurwa ry’agateganyo rw’Abasirikare baregwa ibyaha birimo gusambanya ku gahato abagore i Nyarutarama muri Kangondo, rwari kuburanishwa kuri uyu wa Kane tariki 21 Gicurasi 2020 rwasubitswe nyuma yo kubura ubabunganira mu mategeko.
Amakipe menshi muri shampiyona zikomeye i Burayi yamaze gusubukura imyitozo, aho bamwe mu bakinnyi bagarutse mu masura badasanzwe bamenyereweho.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Rulindo buratangaza ko bugiye gukarishya ingamba no guhana bwihanukiriye abatwara moto barenga ku mabwiriza yashyizweho na Guverinoma y’u Rwanda, agamije gukumira ikwirakwizwa ry’icyorezo cya Covid-19.
Umuryango mpuzamahanga wita ku kurwanya ubukene n’akarengane (Oxfam) wahagaritse ibikorwa byawo wakoreraga mu bihugu 18 n’u Rwanda rurimo kubera ingaruka z’icyorezo cya Coronavirus.
Ambasade y’u Bushinwa mu Rwanda yatanze inkunga y’ibiribwa bifite agaciro ka Miliyoni 24 z’Amafaranga y’u Rwanda, mu rwego rwo kuzirikana abakinnyi ba Kung-Fu mu Rwanda bagezweho n’ingaruka z’icyorezo cya Coronavirus.
Pierre Nkurunziza uyobora igihugu cy’u Burundi, yatangaje ko amatora yo gushaka umusimbura yo kuri uyu wa gatatu tariki 20 Gicurasi 2020 yari afite umwihariko.
Mu kiganiro Kwizera Olivier, umuzamu wa Gasogi United n’ikipe y’igihugu Amavubi yagiranye na KT Radio, yagarutse ku bintu bitandukanye birimo kuba yahindura ikipe akajya muri AS Vita Club , intego yumva ateganya kugeraho, n’icyamubabaje mu gihe amaze akina umupira w’amaguru.
Ku wa kabiri tariki 19 Gicurasi 2020 nibwo Minisiteri y’Ubuzima yakiriye robots eshanu zagenewe gukoreshwa mu guhangana n’indwara z’ibyorezo, by’umwihariko icyorezo cya COVID-19.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) iratangaza ko kuri uyu wa Gatatu tariki 20 Gicurasi 2020 habonetse abarwayi bashya batandatu (6) ba COVID-19 bituma abamaze kuboneka mu Rwanda banduye icyo cyorezo bose hamwe baba 314.
Umunyezamu Mumaud Mossi uri mu bafashije Amavubi gukina igikombe cya Afurika, aratangaza ko abayeho nabi ndetse yifuza ubufasha bwatuma agaruka mu Rwanda