Sadate yemereye Amadolari 100 buri mukinnyi w’Amavubi nibaramuka batsinze Uganda
Munyakazi Sadate wahoze ayobora Rayon Sports yashyiriyeho ikipe y’igihugu Amavubi intego ingana n’Amadolari 100 kuri buri mukinnyi no kubaherekeje ikipe (abarirwa mu bihumbi hafi 100 by’Amafaranga y’u Rwanda) mu gihe baramuka batsinze ikipe ya Uganda.

Ni nyuma y’uko mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu tariki 13 Mutarama 2021, abakinnyi b’ikipe y’Igihugu (Amavubi) berekeje mu gihugu cya Cameroun mu gikombe cya Afurika gihuza abakinnyi bakina imbere mu gihugu (CHAN).
Abenshi ku mbuga nkoranyambaga, bakomeje kugaragaza impungenge ku musaruro w’Amavubi muri iryo rushanwa, cyane cyane ku mukino wa mbere uzayahuza n’ikipe y’Igihugu ya Uganda ku itariki ya 18 Mutarama 2021, bagaragaza ko bitoroshye gutsinda ikipe ya Uganda nubwo bakomeje kwifuriza Amavubi intsinzi.

Mubifurije Amavubi intsinzi muri ayo marushanwa, harimo na Munyakazi Sadate wahoze ayobora ikipe ya Rayon Sports, ndetse mu rwego rwo kubereka ko abashyigikiye anabashyiriraho agahimbazamusyi mu gihe baba batsinze ikipe y’igihugu ya Uganda.
Yagize ati “Nta kinini navuga ku basore bacu, gusa uko bizagenda kose turabashyigikiye kuko ndabizi muzitanga bihagije, icyo mbisabiye ku mpamvu zanjye bwite Ntimuzanteze Umugande, rwose muzamutsinde ndetse n’intego ndayemeye rwose 100$ kuri buri muntu uri muri Cameroun iyo ntsinzi niboneka”.
Amavubi ari mu itsinda rigizwe na Togo, Uganda na Cameroun yakiriye iryo rushanwa.
Nta kinini navuga ku basore bacu, gusa uko bizagenda kose turabashyigikiye kuko ndabizi muzitanga bihagije, icyo mbisabiye kumpamvu zanjye bwite nti muzanteze UMUGANDE rwose muzamutsinde ndetse ni intego ndayemeye rwose 100$ kuri buri muntu uri muri Cameroun iyo ntsinzi niboneka pic.twitter.com/aLSPqYwh80
— Munyakazi Sadate (@SadateMunyakazi) January 13, 2021
National Football League
Inkuru zijyanye na: CHAN2020
- Bamwe mu bakinnyi bigaragaje muri CHAN batangiye kubona amakipe hanze
- #CHAN2020: Hagati ya Morocco na Mali haravamo itwara igikombe
- Twabyemeye, ntitwajya kurega VAR-Mashami avuga ku ikarita y’umutuku no gusezererwa
- #CHAN2020: Amavubi asezerewe na Guinea mu mukino wabonetsemo amakarita abiri y’umutuku (AMAFOTO)
- Abashobora kubanzamo n’ibyo wamenya mbere y’umukino w’u Rwanda na Guinea
- #CHAN2020: Mali na Cameroon zageze muri 1/2
- Ni igihugu cy’umupira gifite amakipe ahora muri Champions League ariko tugiye kubitegura-Mashami avuga kuri Guinea
- #CHAN2020: Amavubi yamenye ikipe bazahura muri 1/4
- #CHAN2020: Sugira Ernest yijeje Abanyarwanda kugera ku mukino wa nyuma
- Abayobozi n’abandi batandukanye bashimye Amavubi yahesheje u Rwanda ishema
- #CHAN2020: Amavubi abonye itike ya 1/4 nyuma yo gutsinda TOGO
- Ku mukino wa Uganda twikanze baringa, twari gutsinda - Umutoza Sogonya Kishi
- Iradukunda Bertrand wavunikiye mu myitozo ntagikinnye umukino wa Togo (AMAFOTO)
- #CHAN2020: Congo zombi zakatishije itike ya 1/4
- Amavubi arakomeza cyangwa arasezererwa? Ibyo wamenya ku mukino uhuza Togo n’u Rwanda
- #CHAN2020: Amakipe ya Cameroon na Mali abaye aya mbere akatishije itike ya 1/4
- Amavubi anganyije na Maroc, amahirwe ategerejwe kuri Togo
- Ibyo wamenya mbere y’umukino uhuza Amavubi na Maroc, biteguye gusiba amateka ya 2016
- Ibitego byaje - Sugira nyuma yo kugaruka mu bazakina na Maroc
- Mashami yanyuzwe n’umukino wa mbere, avuga ko hari icyizere mu mikino isigaye
Ohereza igitekerezo
|
Ya Zimbabwe
Kuki atavuze umubare w.amafranga y.uRwanda ! 100 dollars yahe! Ya canada !? Ya usa? Ya australia? Ya zimbabwe!?