Amavubi yakoze imyitozo ya gatatu, Sugira avuga ko igihe kigeze ngo bahe abanyarwanda icyo bakwiye (AMAFOTO)
Rutahizamu w’Amavubi Sugira Ernest, aratangaza ko igihe cyigeze ngo bongere bahe ibyishimo abanyarwanda bahora babategerejeho, ni mu gihe habura iminsi ibiri ngo CHAN itangire
Ikipe y’igihugu y’u Rwanda Amavubi ikomeje imyitozo I Douala muri Cameroun aho izakinira imikino ibanza yo mu itsinda iherereyemo, aho kuri uyu wa Gatanu imyitozo bayikoreye ku kibuga gito cya Stade de la Réunification bazakiniraho imikino ibiri ya mbere.
Mu kiganiro Sugira Ernest yagiranye n’itangazamakuru, yatangaje ko kugeza ubu ikipe ihagaze neza, akaba yumva hari icyizere ko bakwitwara neza, gusa anavuga ko bazi ko hari umwenda bafitiye abanyarwanda kandi bagomba kubaha ibyishimo
Yagize ati “Duhagaze neza kuva twagera hano umwuka ni mwiza, n’abari bafite imvune urabona ko bagarutse. Tugiye gukina n’ikipe tuzi ko itazatworohera, twarebye imikinire yayo tubona n’ikipe ikinana imbaraga."

"Turi mu itsinda rikomeye ririmo Maroc yatwaye igikombe, ririmo umuturanyi, ariko natwe ntitworoshye, turi igihugu gikomeye, dufite amahirwe nka 75% yo kuzamuka nituramuka dutsinze Uganda”
“Iriya CHAN ya 2016 yari nziza, hashize imyaka itanu, uko nari meze siko nkimeze, ntaho nagiye ndacyari wawundi nzagerageza gutanga ibyo mfite cyane ko iri rushanwa ndimenyereye”
“Abatadufitiye icyizere bagomba kukitugirira kuko igihugu ni icyacu, ikipe y’igihugu ni iyabo ibyiza tugomba kubisangira, ibibi tukabisangira, igihe kirageze ngo natwe tubihindure tubahe ibyiza nk’uko babikeneye banabikumbuye nk’uko bahoze banabiririmba mu bihe byashize, navuga ko turi mu nzira nziza zo kubikosora”
Ikipe y’igihugu y’u Rwanda Amavubi izakina umukino wa mbere kuri uyu wa Mbere n’ikipe y’igihugu ya Uganda ku I Saa Tatu z’ijoro, mu gihe muri iri tsinda ry’u Rwanda Maroc izaba yahuye na Togo.
Andi mafoto yaranze imyitozo yo kuri uyu wa Gatanu












National Football League
Inkuru zijyanye na: CHAN2020
- Bamwe mu bakinnyi bigaragaje muri CHAN batangiye kubona amakipe hanze
- #CHAN2020: Hagati ya Morocco na Mali haravamo itwara igikombe
- Twabyemeye, ntitwajya kurega VAR-Mashami avuga ku ikarita y’umutuku no gusezererwa
- #CHAN2020: Amavubi asezerewe na Guinea mu mukino wabonetsemo amakarita abiri y’umutuku (AMAFOTO)
- Abashobora kubanzamo n’ibyo wamenya mbere y’umukino w’u Rwanda na Guinea
- #CHAN2020: Mali na Cameroon zageze muri 1/2
- Ni igihugu cy’umupira gifite amakipe ahora muri Champions League ariko tugiye kubitegura-Mashami avuga kuri Guinea
- #CHAN2020: Amavubi yamenye ikipe bazahura muri 1/4
- #CHAN2020: Sugira Ernest yijeje Abanyarwanda kugera ku mukino wa nyuma
- Abayobozi n’abandi batandukanye bashimye Amavubi yahesheje u Rwanda ishema
- #CHAN2020: Amavubi abonye itike ya 1/4 nyuma yo gutsinda TOGO
- Ku mukino wa Uganda twikanze baringa, twari gutsinda - Umutoza Sogonya Kishi
- Iradukunda Bertrand wavunikiye mu myitozo ntagikinnye umukino wa Togo (AMAFOTO)
- #CHAN2020: Congo zombi zakatishije itike ya 1/4
- Amavubi arakomeza cyangwa arasezererwa? Ibyo wamenya ku mukino uhuza Togo n’u Rwanda
- #CHAN2020: Amakipe ya Cameroon na Mali abaye aya mbere akatishije itike ya 1/4
- Amavubi anganyije na Maroc, amahirwe ategerejwe kuri Togo
- Ibyo wamenya mbere y’umukino uhuza Amavubi na Maroc, biteguye gusiba amateka ya 2016
- Ibitego byaje - Sugira nyuma yo kugaruka mu bazakina na Maroc
- Mashami yanyuzwe n’umukino wa mbere, avuga ko hari icyizere mu mikino isigaye
Ohereza igitekerezo
|
Mubyukuri ntago abasorebacu amavubi ariko ntamuhati wokuba baduhagararira nk’abanyaRWANDA gusa icyiza tweregukomeza kubacya intege tubacyurira ngobambaye imyenda ihenze ivuye mumisoro ahubwo tubatere ingabo mubitugu kugirango nabobaboneko bashyigikiwe nabenewabo nabo babone imbaraga zo kuhatambukana ishyema murakoze cyane
Mwiriwe.neza.turambiwe.invugo.yumutoza.nabakinyi.biyemeza.gukora.ibyo.badashoboye.narebye.imyeda.bambaye.ihenze.mbona.ariyo.tuzatahira.kubona.mumafoto.nibatagira.aho.bagera..ufite.aho ahuriye.numupira.wamagu.wese.azibwirize.yegure.mumirimoye.kwirirwa.basesagura.amafaranga.yigihungu.turabirambiwe.nimisoro.yacu.dutanga.murakoze
Nibatikize uwo mutungo w’igihugu bigarkire,gusa tubambariye impumbya
Yoo Ntiwumva umwana ufit’uburere Sugira we! Imana igukomereze imbaraga mu kirenge, izakwereke inzira igitego cyinjire, kandi nibitanashyoboka nibura werekanye ubushyake n’ishyaka ufitiy’igihugu, ririya jambo, ririya uti Ndabizi dufitiy’abanyarwanda umwenda, nibyo ryose mugenda ku nyugu z’abanyarwanda n’ibyo mubona biva mu musoro yabo, ntimwagombye kubyiyibagiza ngo mugende mutanabasabye n’umugishya w’urugamba mugiye kubahagararira, ngaho lero basore bacu niba muzi ko mugiye kunyugu zacu reka tubahang’amatwi n’amaso kuko natwe nta rari twari tubafitiye,