Radiyo mpuzamahanga y’abafaransa "RFI" ibinyujije ku rubuga rwayo rwa interineti, yashyize ahagaragara urutonde rw’abakinnyi batanu bategerejweho byinshi muri CHAN izatangira kuri uyu wa Gatandatu.
Urutonde rw’abakinnyi batanu RFI yitezeho byinshi
1. Djigui Diarra (Mali)
Uyu ni umunyezamu w’imyaka 25 ufatira Mali wanakinnye CHAN ya 2016 yabereye mu Rwanda. Uyu munyezamu kandi yanafatanyije na Mali kwegukana umwanya wa gatatu mu gikombe cy’isi cy’abatarengeje imyaka 20 cyo muri 2015, akaba yaranakinnye igikombe cya Afurika "CAN" cya 2019.

2. Ayoub El Kaabi, (Maroc)
Muri 2018 muri CHAN yabereye iwabo muri Maroc, yayisoje ari we rutahizamu uyoboye abandi aho yatsinze ibitego icyenda, ndetse anatorwa nk’umukinnyi w’irushanwa. Nyuma yahoo yahise yerekeza mu Bushinwa, gusa za kugaruka muri Maroc kubera icyorezo cya Coronavirus.
3. Issama Mpeko, (RD Congo
Uyu mukinnyi imbere ku ruhande rw’iburyo muri Republika iharanira Demokarasi ya Congo, ni umwe mu bamaze gukina amarushanwa menshi arimo CAN na CHAN, nka ya CHAN 2011, CAN za 2013, 2015, 2017 ndetse na 2019. Yakiniye kandi amakipe arimo DCMP na AS Vita Club, Kabuscorp yo muri Angola, aza kwerekeza no muri TP Mazembe
4. Jacques Tuyisenge, (Rwanda)
Jacques yari kapiteni w’Amavubi yageze muri ¼ muri CHAN ya 2016 yabereye mu Rwanda, ndetse n’ubu akaba ari we kapiteni uzaba uyoboye Amavubi muri Cameroun.

Jacques Tuyisenge wanakinnye CHAN 2011, ikinyamakuru RFI kibona ari mu bitezweho byinshi, kuva mu itsinda rya gatatu u Rwanda ruherereyemo hamwe na Maroc, Ouganda ndetse na Togo.
5. Jacques Zoua, (Cameroun)
Uyu ni umwe mu bakinnyi bafite ubunararibonye bazaba bakina iri rushanwa, aho ku myaka ye 29 amaze gukina muri shampiyona esheshatu ku mugabane w’I Burayi zirimo u Bufaransa n’u Budage.


Kugeza ubu Jacques Zoua uri gukinira ikipe y’iwabo yitwa AS Futuro, aramutse yegukanye iyi CHAN yaba abaye umukinnyi wa kabiri wegukanye CAN na CHAN, nyuma y’umunya-Tunisia Adel Chedli
National Football League
Inkuru zijyanye na: CHAN2020
- Bamwe mu bakinnyi bigaragaje muri CHAN batangiye kubona amakipe hanze
- #CHAN2020: Hagati ya Morocco na Mali haravamo itwara igikombe
- Twabyemeye, ntitwajya kurega VAR-Mashami avuga ku ikarita y’umutuku no gusezererwa
- #CHAN2020: Amavubi asezerewe na Guinea mu mukino wabonetsemo amakarita abiri y’umutuku (AMAFOTO)
- Abashobora kubanzamo n’ibyo wamenya mbere y’umukino w’u Rwanda na Guinea
- #CHAN2020: Mali na Cameroon zageze muri 1/2
- Ni igihugu cy’umupira gifite amakipe ahora muri Champions League ariko tugiye kubitegura-Mashami avuga kuri Guinea
- #CHAN2020: Amavubi yamenye ikipe bazahura muri 1/4
- #CHAN2020: Sugira Ernest yijeje Abanyarwanda kugera ku mukino wa nyuma
- Abayobozi n’abandi batandukanye bashimye Amavubi yahesheje u Rwanda ishema
- #CHAN2020: Amavubi abonye itike ya 1/4 nyuma yo gutsinda TOGO
- Ku mukino wa Uganda twikanze baringa, twari gutsinda - Umutoza Sogonya Kishi
- Iradukunda Bertrand wavunikiye mu myitozo ntagikinnye umukino wa Togo (AMAFOTO)
- #CHAN2020: Congo zombi zakatishije itike ya 1/4
- Amavubi arakomeza cyangwa arasezererwa? Ibyo wamenya ku mukino uhuza Togo n’u Rwanda
- #CHAN2020: Amakipe ya Cameroon na Mali abaye aya mbere akatishije itike ya 1/4
- Amavubi anganyije na Maroc, amahirwe ategerejwe kuri Togo
- Ibyo wamenya mbere y’umukino uhuza Amavubi na Maroc, biteguye gusiba amateka ya 2016
- Ibitego byaje - Sugira nyuma yo kugaruka mu bazakina na Maroc
- Mashami yanyuzwe n’umukino wa mbere, avuga ko hari icyizere mu mikino isigaye
Ohereza igitekerezo
|