Inka eshanu ku munani zari zibwe zagaruwe mu Rwanda zivuye muri Uganda

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Tabagwe, Munyangabo Célestin, avuga ko inka eshanu n’ihene eshatu zari zibwe n’abantu bakazijyana muri Uganda zamaze kugaruzwa.

Iburasirazuba ni hamwe mu higanje ubworozi bw'inka mu Rwanda
Iburasirazuba ni hamwe mu higanje ubworozi bw’inka mu Rwanda

Avuga ko mu gitondo cyo ku wa 16 Mutarama 2021, abantu bo muri Uganda bazindutse bohereza inka eshanu ku munani zari zibwe ku wa 14 Mutarama 2021 ku masaha y’igicamunsi.

Ayo matungo yahise ashyikirizwa ba nyirayo mu Mudugudu wa Nyagatare mu Kagari ka Gishuro mu Murenge wa Tabagwe.

Munyangabo Célestin uyobora Umurenge wa Tabagwe avuga ko izindi nka eshatu zisigayeyo na zo bafite icyizere ko zizagaruzwa.

Avuga ko kuzigaruza bidasaba ihererekanya ahubwo ko abantu bari muri Uganda bazirekura zikizana kuko aho zakuwe nta mugezi cyangwa ikindi gihari cyazibuza kwizana.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 2 )

Ubundi nuko abaturanyi bagombye kubana

lg yanditse ku itariki ya: 18-01-2021  →  Musubize

bakoze kandi bagizeneza.

alias yanditse ku itariki ya: 18-01-2021  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka