Perezida wa wa Komisiyo y’Igihugu y’Ubumwe n’Ubwiyunge (NURC), Mgr. John Rucyahana, aratangaza ko Kwibohora hagamijwe Kwigira bigomba kujyana no kurwanya ubunebwe, kongera ubukungu bw’igihugu, umutekano no guharanira agaciro k’igihugu.
Uwo mudugudu w’ikitegererezo uherereye mu Mudugudu wa Nyejoro, mu Murenge wa Kinigi, ukaba waratashywe ku mugaragaro ejo tariki ya 4 Nyakanga 2021, mu rwego rwo kwizihiza umunsi mukuru ngarukamwaka wo kwibohora.
Abinyujije ku mbuga nkoranyambaga, ku mugoroba wo ku cyumweru tariki 4 Nyakanga 2021, Mico The Best yatangaje ko yambitse impeta uwo bitegura kurushinga.
Fondasiyo Ndayisaba Fabrice, ifatanyije n’ishuri ry’incuke ‘Ecole Maternelle Fondation Ndayisaba Fabrice’ hamwe n’abandi bafatanyabikorwa, barashishikariza abana n’urubyiruko muri rusange gukurana umuco mwiza w’ikinyabupfura, ubumuntu n’urukundo.
Abagana ibigo nderabuzima n’amavuriro y’ibanze (Poste de santé) bibarizwa mu Karere ka Musanze, barishimira ko nyuma y’imyaka 27 ishize u Rwanda rwibohoye, hari intambwe iterwa umunsi ku wundi mu rwego rw’ubuvuzi. Aho ubu batagikora ingendo ndende bajya kwivuza kandi ku kiguzi cy’ubuvuzi kiri hasi, bigatuma ntawe ukirembera (…)
Ku Cyumweru tariki ya 04 Nyakanga saa kumi n’iminota cumi n’itanu z’umugoroba (16h15) Polisi y’u Rwanda yafashe abantu 12 bari muri Mojo Palace Motel iherereye mu Mudugudu wa Uwabarezi, Akagari ka Rubirizi mu Murenge wa Kanombe mu Karere ka Kicukiro begeranye barimo banywa barenze ku mabwiriza yo kurwanya ikwirakwizwa rya (…)
Ku Cyumweru tariki ya 04 Nyakanga 2021, abamugariye ku rugamba rwo kubohora igihugu n’imiryango yabo 180 bo mu Karere ka Rwamagana bahawe inkunga n’abakunzi b’abafatanyabikorwa ba APR FC.
Minisiteri y’Ubuzima mu Rwanda yatangaje ko ku Cyumweru tariki 4 Nyakanga 2021, mu Rwanda abantu 889 babasanzemo Covid-19, muri bo 309 bakaba babonetse i Kigali. Ntawakize, abantu batanu bitabye Imana, naho abarembye ni 61 nk’uko imibare yatangajwe ibigaragaza.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Musanze bwatangaje ko imiryango 144 igizwe n’abaturage 685 yimuriwe mu mudugudu w’icyitegererezo wa Kinigi izakomeza no guhinga ubutaka bwabo bari basanganywe.
Ku wa Gatandatu tariki ya 03 Nyakanga 2021 mu masaha ya saa kumi n’imwe z’umugoroba, Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Huye mu Murenge wa Tumba yafatiye muri resitora y’uwitwa Nshimiyimana Anatole bakunze kwita King w’imyaka 43 abantu 17 bayihinduye akabari bikingiranye barimo banywa inzoga barenze ku mabwiriza yo (…)
"Umujyi wa Kigali wazanye nomero abantu bazajya batangiraho amakuru bakarega uwarenze ku mabwiriza yo kwirinda Covid-19. " Iyi ni imvugo iri kugarukwaho n’abantu benshi mu Mujyi wa Kigali nyuma y’uko uyu mujyi uherutse gutangaza nimero itishyurwa umuntu yahamagara atanga amakuru ku warenze ku ngamba zo kwirinda muri buri Karere.
Umurambo w’umugabo witwa Hashakimana Jean Pierre, bakundaga kwita Kamana, ku gicamunsi cyo ku Cyumweru tariki 04 Nyakanga 2021, wabonetse ku nkengero z’ikiyaga cya Burera, ureremba hejuru y’amazi.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Musanze, buratangaza ko bugiye gusuzuma ubwegure bw’uwari Umunyamabanga nshingwabikorwa w’Umurenge wa Nyange Muremangingo Jérôme, wasezeye kuri izi nshingano.
Imiryango 32 y’i Kaduha mu Karere ka Nyamagabe irimo 16 y’Abarokotse Jenoside na 16 y’abakuwe mu manegeka ndetse n’abahuye n’ibiza, irishimira ko ubu ituye mu nzu nziza bubakiwe na Leta.
Urwego rw’igihugu rw’ubugenzacyaha “RIB” bwemeje ko umunyezamu wa AS Muhanga yatawe muri yombi aho akurikiranyweho kwakira ruswa ngo yitsindishe mu mikino ya shampiyona
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, yavuze ko gutsinda icyorezo cya COVID-19 bizafasha Abanyarwanda gukomeza ibikorwa byo kwibohora, yizeza ko hari izindi nkingo zizaboneka muri iyi minsi ariko kandi anatangaza ko u Rwanda rurimo gukora ibishoboka byose kugira ngo rubashe kwikorera inkingo n’indi miti.
Ku mugoroba wo ku wa Gatandatu tariki ya 03 Nyakanga 2021 imodoka itwara abagenzi mu buryo bwa rusange yo mu bwoko bwa Coaster yari itwawe na Ndayisaba Daniel w’imyaka 35 yafatiwe mu Karere ka Nyarugenge mu Murenge wa Kanyinya ahetse abagenzi batanu ari bo Uwiringiyimana Dativa w’imyaka 20, Manikuze Goderiva w’imyaka 35, (…)
Mu myaka 27 ishize u Rwanda rwibohoye biragaragara ko hari intambwe y’iterambere ryagezweho by’umwihariko mu kuzamura umuturage akava ku rwego rwo hasi atera imbere.
Minisiteri y’Ubuzima mu Rwanda yatangaje ko ku wa Gatandatu tariki 3 Nyakanga 2021, mu Rwanda abantu 898 babasanzemo Covid-19, muri bo 424 bakaba babonetse i Kigali. Abakize ni 334, abantu 12 bitabye Imana, naho abarembye ni 47 nk’uko imibare yatangajwe ibigaragaza.
Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu Murenge wa Nyarubaka n’abafatanyabikorwa bawo barishimira ko iminsi 100 yo kwibuka ku nshuro ya 27 Jenoside yakorewe Abatutsi irangiye biyujurije ikimenyetso cy’amateka y’abana b’abahungu biciwe ahitwa ku Gitega.
Guverineri w’Intara ya Shizuoka witwa Heita Kawakatsu yabwiye abanyamukuru ko, kubera imvura nyinshi, amazi yinjiye mu butaka buroroha cyane nyuma burariduka. Ibyo ngo byabereye ku musozi uri hejuru y’umugezi wo mu Mujyi wa Atami.
Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwatangaje ko rwafunze abantu batandatu ari bo: Kubwimana Jean de Dieu, Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Nyamiyaga, Bizimana Innocent, Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Mukinga, Niyonzima Jean Rene, Umubaruramari w’Umurenge wa Nyamiyaga, Ntirenganya Vedaste, (…)
Abanyamabanga Nshingwabikorwa b’Utugari babiri bari mu maboko ya Polisi, nyuma yo gufatirwa mu tubari bahanywera inzoga rwihishwa kandi bitemewe muri iki gihe cyo kwirinda icyorezo cya Covid-19.
Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix Tshisekedi, yatangaje ko ateganya kwiyamamaza mu matora yo mwaka wa 2023.
Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwatangaje ko rwafunze Bazimaziki Clement, umutekinisiye muri Sosiyete y’u Rwanda Ishinzwe Ingufu (Chief Technician - REG) nyuma yo gufatwa yakira ruswa y’ibihumbi magana atanu (500,000frw) yari yasabye umukiliya.
Ubukangurambaga bwo guharanira kugira Umudugudu utarangwamo icyaha bufite insanganyamatsiko igira iti ‘Umuryango utekanye kandi uteye imbere’ bukaba bugamije kurwanya no gukumira ibyaha bitandukanye.
Hakizimana Muhadjili wifuzwaga cyane n’ikipe ya Rayon Sports, yamaze kwerekeza mu ikipe ya Police FC mu gihe ibiganiro n’ikipe ya Rayon Sports byari byarangiye
Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu Karere ka Muhanga n’abakoze Jenoside baratangaza ko bibohoye urwikekwe n’ubwoba baratinyuka barahura batangira gukora bagamije kwiteza imbere.
Ku wa Gatanu tariki 02 Nyakanga 2021 mu gitondo nibwo byatangajwe ko amafi apima toni zirenga 109 yo muri kareremba mu Kiyaga cya Muhazi yapfuye.
Ku mugoroba wo ku wa Kane tariki ya 01 Nyakanga 2021 mu masaha ya saa moya, Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Huye mu Murenge wa Huye ku bufatanye n’inzego z’ibanze, bakoze igikorwa cyo kugenzura abatubahirije amabwiriza yo kwirinda ikwirakwira rya Covid-19. Muri icyo gikorwa abantu 19 bafatiwe mu tubari tubiri twa (…)
Mu mikino ya 1/4 cy’irangiza ya EURO 2020, Espagne yasezereye u Busuwisi n’u Butaliyani bwasezereye u Bubiligi bazahurira muri 1/2.
Minisiteri y’Ubuzima mu Rwanda yatangaje ko ku wa Gatanu tariki 02 Nyakanga 2021, mu Rwanda abantu 884 babasanzemo Covid-19, muri bo 179 bakaba babonetse i Kigali. Ntawakize, abantu batanu bitabye Imana, naho abarembye ni 43 nk’uko imibare yatangajwe ibigaragaza.
Mu gikorwa cyo gushakisha imibiri y’abishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 ngo bashyingurwe mu cyubahiro, umuyobozi wa IBUKA mu Karere ka Nyarugenge, Rutayisire Masengo Gilbert, yavuze ko u Rwanda ari igihugu kigendera ku mategeko, bityo akaba atumva impamvu abazi aho imibiri iherereye banga kubivuga kandi ntawe (…)
Ubwiza bugaragara ku misozi itandukanye igize Umujyi wa Kigali butandukanye n’uko uyu mujyi wagaragaraga mbere y’imyaka 27 ishize aho ubuzima bwasaga n’ubwahagaze.
Ku mugoroba wo ku wa Kane tariki ya 01 Nyakanga 2021 ahagana saa moya, abapolisi bakorera mu Karere ka Rusizi bafashe Rugwabiza Samuel w’imyaka 35 na Kwizera Fabrice w’imyaka 21, bakaba bafashwe barimo kugenda basaba abacuruzi gukinga bavuga ko bakora mu nzego z’umutekano bari mu bikorwa byo kugenzura iyubahirizwa (…)
Perezida w’Urukiko rw’ikirenga, Dr Ntezilyayo Faustin, yashyizeho amabwiriza mashya arebana n’imikorere y’inkiko hagamijwe kubahiriza ingamba nshva zo gukumira icvorezo cva Covid 19, ayo mabwiriza agatangira kubahirizwa kuva ku ya 1 Nyakanga 2021.
Ibiro bya Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda byatangaje ko Dr. Anita Asiimwe yirukanywe ku mwanya w’umuyobozi mukuru w’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Imikurire no Kurengera Umwana (NCDA).
Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Karama, Habineza Longin, yahembwe nk’indashyikirwa nyuma yo guhanga agashya ko gushyiraho Radio y’umudugudu.
Abantu batanu bagwiriwe n’ikirombe mu Karere ka Ngororero mu Murenge wa Ndaro aho bari bagiye gucukura amabuye mu kirombe bivugwa ko cyari kimaze igihe gifunze.
Rutahizamu Isima ukina mu Bwongereza, ymaze kugera mu mwiherero w’Amavubi aho yakoranye n’abandi bakinnyi imyitozo itegura CECAFA
Mu kiyaga cya Muhazi giherereye mu Karere ka Rwamagana haravugwa ikibazo cy’amafi menshi yororerwa muri icyo kiyaga yapfuye. Abafite amafi yororerwa muri icyo kiyaga baravuga ko ayapfuye abarirwa muri toni 100 akaba ngo yazize imihindagurikire y’amazi.
Muhire Kevin umaze iminsi arangije amasezerano yari yasinyanye na Rayon Sports, yatangaje ko mu ikipe bafite ubu asanga abo yagakwiye gusigarana ari nka batatu.
Ku nkengero z’imihanda yose ibarizwa mu mujyi wa Musanze, hatangiye guterwa ubusitani bushya, busimbura ubwari buhasanzwe, mu rwego rwo kuvugurura uyu mujyi no kuwongeramo ibyiza nyaburanga mu buryo bujyanye n’igihe.
Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Muhanga muri sitasiyo ya Kiyumba, ku wa Kane tariki ya 01 Nyakanga 2021 yafashe bamwe mu bagize itsinda ryitwa ‘abanyogosi’ bari bamaze iminsi bavugwaho kwiba amabuye y’agaciro mu kirombe cy’umushoramari. Bafatiwe mu Murenge wa Rongi mu Kagari ka Ruhango mu Mudugudu wa Muyebe ari naho (…)
Mu ijoro ryo ku itariki 1 Nyakanga 2021, inzego z’ibanze ziri kumwe n’abashinzwe umutekano, bafatiye abantu 12 mu kabari k’uwitwa Kalisa Appolinaire gaherereye mu Kagali ka Kanzenze mu Murenge wa Ntarama, barimo n’abayobozi mu nzego z’ibanze, gusa ngo barengaga abo kuko abandi bahise birukanka baracika.
Ubwiyongere bw’abandura Covid-19 mu Karere ka Muhanga by’umwihariko mu Mirenge ya Nyamabuye na Shyogwe, bwatumye hafatwa ingamba zirimo no kuba insengero n’udusoko duto duto tuzwi nka ‘Ndaburaye’, bifungwa igihe cy’ibyumweru bibiri.