Inama Njyanama y’Akarere ka Rulindo ntiyanyuzwe n’ibisobanuro yahawe n’Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’aka Karere witwa Bizumuremyi Ali Bashir, ku mishinga imwe n’imwe y’Akarere itaragenze neza.
Perezida Paul Kagame w’u Rwanda na Perezida Samia Suluhu wa Tanzania bavuze ko biteguye gukorana mu kongera kuzamura Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC), ndetse n’ubukungu bw’uwo Muryango bwasubijwe inyuma n’icyorezo cya Covid-19.
Perezida wa Repubulika yunze Ubumwe ya Tanzania uri mu ruzinduko rw’akazi mu Rwanda, Samia Suluhu Hassan, yakiriye inkuru y’akababaro y’uko Ministiiri w’Ingabo we, Elias John Kwandikwa yitabye Imana ku wa Mbere tariki 02 Kanama 2021.
Urwego rw’Igihugu rushinzwe imfungwa n’abagororwa mu Rwanda (RCS), ruratangaza ko hategerejwe Igazeti ya Leta kugira ngo abahawe imabazi na Perezida wa Repuburika, n’abasabye gufungurwa by’agateganyo barekurwe.
Abahinzi mu Itara y’Iburasirazuba bavuga ko guhindagurika kw’ibiciro by’imyaka ku isoko biri ku isonga mu gutuma bamwe batitabira guhunika umusaruro.
Kuri uyu wa Mbere tariki ya 2 Kanama 2021, mu masaha ya mu gitondo, imodoka yo mu bwoko bwa Toyota Minibus Hiace yari iri imbere ya gare ya Nyamata, yafashwe n’inkongi y’umuriro irashya irakongoka, bikavugwa ko yari itwaye ibicuruzwa bitemewe.
Komite nyobozi y’ikipe ya Musanze FC yamaze gusohora ibaruwa y’ubwegure yandikiye ubuyobozi bw’Akarere ka Musanze, ku mpamvu z’uko batishimiye ingengo y’imari ubuyobozi bw’akarere bwageneye iyo kipe muri 2021-2022.
Perezida wa Tanzania, Samia Suluhu Hassan uri mu ruzinduko rw’akazi mu Rwanda yasuye Urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali ruri ku Gisozi, ahatangira ubutumwa bubuza abayobozi ba Afurika gutoza abaturage amacakubiri.
Uruzinduko rwa Perezida wa Tanzania, Samia Suluhu Hassan, rw’iminsi ibiri mu Rwanda ku matariki ya 02 na 03 Kanama 2021, ni kimwe mu byagarutsweho cyane mu Rwanda no mu mahanga, dore ko ari rwo rwa mbere agiriye mu Rwanda kuva yatangira kuyobora Tanzania muri Werurwe uyu mwaka wa 2021 asimbuye Dr. John Pombe Magufuli wari (…)
Abarimu barasaba Minisiteri y’Uburezi kubafasha bakabona mudasobwa mu buryo bw’inguzanyo kugira ngo biborohere kwigisha hifashishijwe ikoranabuhanga.
Minisiteri y’Ubuzima yatangaje ko ku wa Mbere tariki 02 Kanama 2021 mu Rwanda habonetse abanduye Covid-19 bashya 720 bakaba babonetse mu bipimo 6,429. Abantu 10 bitabye Imana kubera icyo cyorezo, bituma umubare w’abamaze gupfa bose uba 831.
Guverineri w’Intara y’Iburengerazuba, Habitegeko François, avuga ko Abanyekongo bemerewe kuzana ibicuruzwa mu Rwanda nk’uko abaturage bo mu Rwanda babijyana muri Congo, akavuga ko uwakwanga ko byinjira mu Rwanda yaba afite ikibazo.
Kuri uyu wa Mbere tariki ya 02 Kanama 2021, Polisi yerekanye umushoferi witwa Wibabara Jean Claude w’imyaka 28, yafashwe ku itariki ya 01 Kanama 2021 saa yine z’ijoro atwaye abantu yitwaje uruhushya yahawe rwo kujya ku kibuga mpuzamahanga cy’indege cya Kigali.
Ishingiye ku bitekerezo byatanzwe n’Abanyamuryango ba FERWAFA mu nama nyunguranabitekerezo yabaye ku wa 30 Nyakanga 2021, ndetse n’isesengura ryakozwe ku bijyanye n’umubare w’abanyamahanga bemerewe gukina mu marushanwa ategurwa na FERWAFA, Komite Nyobozi ya FERWAFA yateranye kuri uyu wa Mbere tariki ya 2 Kanama 2021 yafashe (…)
Abanyeshuri bo mu cyiciro cya mbere cy’amashuri abanza n’ay’incuke, kuva kuri uyu wa Mbere tariki 2 Kanama 2021, batangiye igihembwe cya gatatu cy’umwaka w’amashuri wa 2020-2021, bakaba biyemeje gukaza ingamba zo kwirinda Covid-19.
Muri iki gihe umubare w’abarwaye ndetse n’abicwa n’indwara ya Coronavirus ugenda urushaho kwiyongera, nyamara hagakomeza kuboneka abarenze ku mabwiriza yo kuyirinda, hari abayirwaye bagakira bavuga ngo uwabaha uburyo bwo gukebura abatazi ububi bw’iyi ndwara.
Minisiteri y’Ubuzima iratangaza ko mu gikorwa cyo gukingira umubare munini w’abaturage, ku ikubitiro abagera ku bihumbi 300 ari bo bagiye gukingirwa mu gihe cy’ukwezi kumwe.
Perezida wa Repubulika yunze Ubumwe ya Tanzania, Samia Suluhu Hassan uri mu Rwanda mu ruzinduko rw’iminsi ibiri guhera kuri uyu wa 02 Kanama 2021, yakiriwe na mugenzi we Paul Kagame, bayobora isinywa ry’amasezerano atandukanye hagati y’ibihugu byombi.
Abatuye n’abakorera mu Mujyi wa Kigali baravuga ko bagiye kurushaho kubahiriza amabwiriza yo kwirinda Covid-19 kugira ngo batazasubizwa muri gahunda ya Guma mu Rugo.
Mu Kagari ka Nyeranzi mu Murenge wa Gishubi mu Karere ka Gisagara, hari abaturage bavuga ko hari insoresore zababujije umutekano kubera guhora zibiba, bakaba bifuza ko zakurwa mu baturage.
Bamwe mu babyeyi bafite abana bo mu cyiciro cya mbere cy’amashuri abanza batangiye igihembwe cya gatatu, barasaba ko bakoroherezwa n’ibigo by’amashuri kuko bafite ibibazo by’amikoro nyuma ya Guma mu Rugo.
Mu bice bitandukanye by’igihugu, cyane cyane ahahurira abantu benshi, hagaragara urubyiruko rw’abakorerabushake bagenda bibutsa abaturage kubahiriza amabwiriza yo kwirinda Covid-19.
Perezida wa Tanzania, Samia Suluhu Hassan, wari utegerejwe mu Rwanda yamaze kugera i Kigali, aho aje mu ruzinduko rw’akazi rw’iminsi ibiri.
Ubuyobozi bw’ishuri rya ESECOM Rucano mu Karere ka Ngororero buratangaza ko ibyavuzwe ko abanyeshuri b’icyo kigo na bagenzi babo bafungiye kwigaragambya atari byo, ahubwo bazize imyitwarire mibi.
Guverineri w’Intara y’Amajyepfo, Kayitesi Alice, aratangaza ko n’ubwo ingendo zihuza Intara y’Amajyepfo n’Umujyi wa Kigali n’izindi Ntara zemewe, Gare ya Muhanga ikomeza gufungwa kubera ko iri mu Murenge washyizwe muri gahunda ya Guma mu Rugo.
Minisiteri y’Ubuzima yatangaje ko ku Cyumweru tariki 01 Kanama 2021 mu Rwanda habonetse abanduye Covid-19 bashya 648 bakaba babonetse mu bipimo 7,614. Abantu 13 bitabye Imana kubera icyo cyorezo, bituma umubare w’abamaze gupfa bose uba 821. Abitabye Imana ni abagore 9 n’abagabo 4.
Ibihugu by’u Rwanda na Tanzania byemeje amakuru amaze iminsi avugwa y’uruzinduko rwa Perezida wa Tanzania Samia Suluhu Hassan mu Rwanda. Urwo ruzinduko rw’iminsi ibiri Perezida Samia Suluhu ararugirira i Kigali ku matariki ya 02 na 03 Kanama 2021.
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ubuzima (RBC) cyatangaje ko guhera tariki ya 9 Kanama 2021 igiciro cyo gupima COVID-19 mu buryo bwihuse (rapid test) mu mavuriro yigenga kizaba ari amafaranga y’u Rwanda ibihumbi bitanu (Frw 5,000).
Kuri iki Cyumweru tariki 01 Kanama 2021, ubwo abatuye Kigali n’utundi turere bari bavuye muri “Guma mu Rugo” y’ibyumweru birenga bibiri, amaduka n’amasoko byafunguwe ariko abakiriya baba bake, abagenzi na bo bakagaragaza ko babuze imodoka zibatahana iwabo mu Ntara.
Umuyoboro w’amashusho ya video wa Kigali Today ukorera kuri YouTube, ukomeje kwaguka, dore ko umubare w’abawugana (Subscribers) ukomeje kwiyongera, aho kugeza ubu abamaze kuwiyandikishaho bageze ku bihumbi 500.
Abantu 25 barimo abanyarwenya babiri bafatiwe mu bice bitandukanye by’Umujyi wa Kigali bari mu birori barenze ku mabwiriza yo kwirinda Covid-19. Bafashwe ku mugoroba tariki 31 Nyakanga 2021 bafatirwa mu mirenge itandukanye y’Akarere ka Gasabo. Muri bo, 19 bafatiwe mu Murenge wa Kimironko, mu gihe abandi 6 bafatiwe mu (…)
Abaturage b’Umujyi wa Kigali n’abo mu turere umunani ari two Burera, Gicumbi, Kamonyi, Musanze, Nyagatare, Rubavu, Rwamagana na Rutsiro, bashyizwe muri gahunda ya Guma mu Rugo guhera tariki 17 Nyakanga 2021 kugeza tariki 31 Nyakanga 2021.
Ku nshuro ya cyenda, Ubuyobozi bw’Ingabo z’u Rwanda (RDF) bwasezeye mu cyubahiro abasirikare bagiye mu kiruhuko cy’izabukuru n’abandi amasezerano yabo y’akazi yari ageze ku musozo.
Abaturage bo mu Murenge wa Kanama mu Karere ka Rubavu bashyikirije ibiribwa abo mu Murenge wa Rubavu, umwe mu mirenge yahuye n’ikibazo cyo kutabona ibiribwa bihagije mu Karere ka Rubavu.
Myugariro wa APR FC ndetse n’ikipe y’igihugu y’u Rwanda Amavubi Emmanuel Imanishimwe uzwi nka Mangwende, yaraye yerekeje muri Maroc mu ikipe ya FAR Rabat yo mu cyiciro cya mbere
Ikigo cy’Uburezi mu Rwanda (REB) kigiye gushyira mu nteganyanyigisho (curriculum) amasomo yo kwiga inyandiko igenewe abatabona n’ururimi rw’amarenga mu rwego rwo kurushaho gufasha abana bafite ubumuga bwo kutabona n’abafite ubumuga bwo kutumva.
Inama yahuje ubuyobozi bw’umujyi wa Goma n’ubuyobozi bw’Akarere ka Rubavu tariki 29 Nyakanga 2021, yemeje ko gukoresha utwangombwa tw’udupapuro twatangwaga ku mupaka tuzwi nka ‘Jeton’ ku baturage bambukiranya umupaka bigiye kongera gukorwa ndetse, abari muri iyo nama basaba ko imisoro itanditse yakwa abakoresha umupaka (…)
Nyuma y’uko Inama y’Abaminisitiri iteranye ku wa Gatanu tariki 30 Nyakanga 2021, igakuraho gahunda ya Guma mu rugo, yaherukaga gushyirirwaho Uturere umunani n’Umujyi wa Kigali, abatwara abagenzi ku magare na moto bo mu Karere ka Musanze, ni bamwe mu bishimiye gusubukura imirimo, aho bafite intego yo kurushaho gukaza ingamba (…)
Minisiteri y’Ubuzima yatangaje ko ku wa Gatandatu tariki 31 Nyakanga 2021 mu Rwanda habonetse abanduye Covid-19 bashya 860 bakaba babonetse mu bipimo 9,519. Abantu 10 bitabye Imana kubera icyo cyorezo, bituma umubare w’abamaze gupfa bose uba 808. Abitabye Imana ni abagore 6 n’abagabo 4.
Ubwoko bushya bwa Covid-19 bwabonetse bwa mbere mu mujyi wa Nanjing mu Bushinwa ubu bwageze mu ntara eshanu no mu murwa mukuru Beijing.
Bikunze kubaho abantu bakumva ngo Perezida wa Repubulika yatanze imbabazi ku mubare runaka w’abagororwa. Abaheruka guhabwa imbabazi vuba aha ni abagore 10 bari barahamijwe icyaha cyo gukuramo inda mu buryo butemewe n’amategeko.
Minisiteri y’Ubuzima iratangaza ko mu cyumweru gitaha mu Mujyi wa Kigali hagiye gushyirwaho site cyangwa se ahantu hihariye hazajya hakingirirwa Covid-19 kugira ngo abantu barusheho kugira ubwirinzi buhagije.
Ubushinjacyaha ku rwego Rwisumbuye rwa Ngoma, ku wa 28 Nyakanga 2021 bwaregeye mu mizi dosiye iregwamo umugabo ukekwaho gusambanya umwana we.
Inama y’Abaminisitiri yateranye ku wa Gatanu tariki 30 Nyakanga 2021 yafashe imyanzuro irimo uwo kongera kwemera ishyingirwa rikorewe imbere y’Ubuyobozi bwa Leta no mu nsengero, ariko rikitabirwa n’abantu batarenze 10 icyarimwe.
Ibiro bya Minisitiri w’Intebe byatangaje ko Inama y’Abaminisitiri yateranye ku wa 30 Nyakanga 2021, yagize Yolande Makolo Umuvugizi wa Guverinoma muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane. Iyi Minisiteri iyoborwa na Dr Vincent Biruta wari n’Umuvugizi wa Guverinoma.
Inama y’Abaminisitiri yateranye ku wa 30 Nyakanga 2021, iyobowe na Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yasuzumye uko icyorezo cya Covid-19 gihagaze mu gihugu, maze yemeza ko Guma mu Rugo mu Mujyi wa Kigali no mu turere umunani twari tuyimazemo iminsi ivuyeho.
Mu gihe ababyeyi batuye mu Mirenge ikiri muri Guma mu rugo bafite abana biga mu mashuri y’incuke, no mu cyiciro kibanza cy’amashuri abanza bibazaga uko bizagenda ku bana babo mu gihe abandi batari muri Guma mu rugo bazaba basubiye ku mashuri tariki 2 Kanama 2021, nk’uko byatangajwe na Minisiteri y’Uburezi, abo na bo bahawe (…)
Ibikorwa byo kubaka umuyoboro w’amashanyarazi mu Karere ka Kamonyi mu Mirenge ya Karama, Nyamiyaga, Gacurabwenge, Kayenzi na Runda byageze ku musozo, uyu muyoboro ukaba witezweho kugeza amashanyarazi mu ngo zitarayabona muri iyi Mirenge, ndetse ingo nyinshi mu ziteganyijwe kuyahabwa zikaba zatangiye gucana.