Abaturage bo mu Murenge wa Rongi mu Karere ka Muhanga bari bakennye cyane batujwe mu Mudugudu w’ikitegererezo wa Horezo, baratangaza ko batangiye kubona umusaruro mwiza ukomoka ku nka borojwe na Perezida Kagame muri gahunda ya ‘Gira inka Munyarwanda’.
Polisi ya Uganda ikorera i Kampala mu murwa mukuru w’icyo gihugu, yarashe umwe arapfa mu bagabye igitero ku modoka ya Minisitiri Gen. Edward Katumba Wamala, abandi irabafata.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Ruhango buratangaza ko mu mezi abiri abaturage bose bazaba bamaze kwishyura 100% amafaranga y’Ubwisungane mu kwivuza umwaka w’ingengo y’imari 2021-2022.
Minisiteri y’Ubuzima mu Rwanda yatangaje ko ku wa Kane tariki 01 Nyakanga 2021, mu Rwanda abantu 867 babasanzemo Covid-19, muri bo 208 bakaba babonetse i Kigali. Ntawakize, abantu 10 bitabye Imana, naho abarembye ni 37 nk’uko imibare yatangajwe ibigaragaza.
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, yatangaje ko kugera ku buringanire hagati y’umugore n’umugabo mu bijyanye n’ikoranabuhanga no guhanga udushya ari kimwe mu bintu by’ingenzi mu guha amahirwe n’uburenganzira abagore n’abakobwa.
Ubunyobwa ni ikiribwa kizwi cyane mu Rwanda kandi usanga gikunzwe n’abatari bacye, kuko hari abakunda ubunyobwa nk’ikirungo mu biryo, kubukoramo isosi/isupu, abandi bakabukunda bukaranze bakabuhekenya cyangwa se bakanabuhekenya ari bubisi, bitewe n’ibyo umuntu yumva bimuryohera, ariko hari n’ababyeyi bavuga ko batinya kurya (…)
Ibiro bya Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda byatangaje ko Alfred Dusenge Byigero akuwe ku mwanya w’umuyobozi mukuru w’ikigo cy’Igihugu gishinzwe gukwirakwiza amazi, isuku n’isukura (WASAC).
Ubuyobozi bw’Umurenge wa Gisenyi mu Karere ka Rubavu bwashimiye abaturage kubahiriza isaha yo kuba bageze mu ngo ya saa kumi n’ebyiri, n’ubwo bitabujije ko hari abantu 30 bajyanywe muri stade kubera guteshuka.
Umukobwa twahaye izina ry’Umutesi Jacqueline, wo mu Murenge wa Gatunda, Akarere ka Nyagatare avuga ko guterwa inda ari umunyeshuri byakomye mu nkokora inzozi ze zo kuba umuntu ukomeye utunzwe n’akazi.
Hashakimana Jean Pierre wo mu Murenge wa Kagogo mu Karere ka Burera, arakekwaho kwica umugore we witwa Uwimana Pascasie amukubise ifuni mu mutwe, bikavugwa ko bahoraga bagirana amakimbirane ashingiye ku mitungo.
Kuri uyu wa 1 Nyakanga 2021, Minisitiri w’Intebe, Dr Edouard Ngirente, yagiriye uruzinduko mu gihugu cy’u Burundi, aho yari ahagarariye Perezida wa Repubulika,Paul Kagame, mu munsi mukuru w’ubwigenge bw’icyo gihugu, mu ijambo rye akaba yagaragaje ko hari ikizere cyo gusubukura umubano hagati y’ibihugu byombi wari umaze igihe (…)
Urwego rwunganira Akarere ka Nyaruguru mu gucunga umutekano (Dasso-Nyaruguru) rwatanze inkoko 90 ku baturage batagiraga itungo na mba, kuri uyu wa 1 Nyakanga 2021.
Kiliziya Gatolika irashinja Leta kwigarurira no kubatwara imitungo nyuma y’aho ibikorwa byose byashinzwe na kiliziya birimo amashuri yose yafashwe, amavuriro ayobowe na kiliziya yose yarahagaritswe. Abagatolika bo muri Eritrea bavuga ko Guverinoma imaze imyaka myinshi ibatwara imitungo yabo. Amashuri abanza ni yo yari (…)
Ku wa Kabiri tariki ya 29 Kamena 2021, abapolisi bakorera mu Karere ka Nyamagabe bafashe umumotari witwa Bicamumpaka Jean Bosco, wari uhetse umugenzi utwaye urumogi rungana n’ibiro 11 n’udupfunyika twarwo 1,937. Umugenzi yacitse aracyarimo gushakishwa na ho umumotari arafatwa na moto ye.
Mu rwego rwo gufasha abaturage mu migenderanire no guhahirana mu mirenge no mu tugari, Akarere ka Gakenke kujuje ibiraro bine by’icyitegererezo, bifite agaciro k’Amafaranga y’u Rwanda angana na 398,658,180.
Umusore w’imyaka 31 y’amavuko wo mu Murenge wa Gitovu mu Karere ka Burera, ari mu maboko y’Urwego rw’Igihugu rushinzwe Ubugenzacyaha (RIB), aho akekwaho gufata ku ngufu umukecuru w’imyaka 61 y’amavuko.
U Rwanda rwasinyanye amasezerano n’Umuryango w’Ubumwe bw’ibihugu by’u Burayi (EU), ayo masezerano akaba afite agaciro ka Miliyari 3.6 z’Amafaranga y’u Rwanda, azakoreshwa mu kuzamura ibikorwa by’ubukerarugendo, mu bijyanye n’ubuzima, by’umwihariko mu ishoramari ryo gutangira gukorera inkingo mu Rwanda.
Ikipe y’igihugu y’abatarengeje imyaka 23 ikomeje imyitozo kuri Stade Amahoro, abo bitegura CECAFA y’abatarengeje imyaka 23 iteganyijwe muri Ethiopia muri uku kwezi
Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda, Dr. Edouard Ngirente, yageze i Bujumbura mu Burundi, akaba yagiye ahagarariye Perezida Paul Kagame mu birori byo kwizihiza ubwigenge bw’u Burundi.
Muri Minisiteri y’Abakozi ba Leta n’Umurimo (MIFOTRA) hari amazina atandukanye agaragara ku rutonde rw’abakozi ba Leta batemerewe gukora akazi mu butegetsi bwa Leta (Blacklist) keretse hashize igihe runaka amategeko ateganya bitewe n’uko birukanywe mu kazi ka Leta.
Minisiteri y’Ubuzima mu Rwanda yatangaje ko ku wa Gatatu tariki 30 Kamena 2021, mu Rwanda abantu 849 babasanzemo Covid-19, muri bo 199 bakaba babonetse i Kigali. Ntawakize, abantu barindwi bitabye Imana, naho abarembye ni 36 nk’uko imibare yatangajwe ibigaragaza.
Umuyobozi w’Akarere ka Nyanza, Ntazinda Erasme, avuga ko ku mihigo 95 basinye, iyo batabashije kwesa uko babyifuzaga mu mwaka w’ingengo y’imari uri kurangira wa 2020-2021 ari mikeya cyane.
Umutwe w’abarwanyi wiyita ‘Etat islamique’ wigambye ibitero by’ibisasu byatewe mu Burasirazuba bwa Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) mu mpera z’icyumweru gishize, bikitirirwa abarwanyi b’umutwe wa “Forces Démocratiques Alliées (ADF)”, uwo mutwe ukaba ugira aho uhurira na Etat Islamique, nk’uko bitangazwa (…)
Guverineri w’Intara y’Iburasirazuba, CG Emmanuel K. Gasana avuga ko imyaka 27 ishize habayeho urugamba rwo kwibohora, hakozwe ibintu bidasanzwe bigamije iterambere ry’umuturage harimo imihanda, amavuriro, amashanyarazi by’umwihariko iterambere ku muturage ku giti cye, Intara y’Iburasirazuba ikaba ari ikigega cy’igihugu ku (…)
Ubwami bw’Igihugu cya Eswatini cyahoze cyitwa Swaziland, bwatangaje ko bwashyizeho umukwabu mu gihe igisirikare cyohereje abasirikare hirya no hino mu gihugu kugira ngo bahagarike imyigaragambyo y’urubyiruko ruvuga ko rushaka demokarasi.
Kugenderana kw’Abakuru b’ibihugu by’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) ni kimwe mu bikorwa byaranze icyumweru gishize.
Mukeshabatware Dismas wamamaye cyane mu makinamico kuri Radio Rwanda ndetse no mu kwamamariza ibigo bitandukanye, yitabye Imana kuri uyu wa 30 Kamena 2021 azize uburwayi. Amakuru atangwa n’abo mu muryango we, avuga ko Mukeshabatware yari amaze iminsi arwaye, aho ngo ashobora kuba yazize indwara y’umutima, akaba yaguye mu (…)
Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwafunze umuhanzi Nsengiyumva François wamenyekanye kw’izina rya Gisupusupu, kubera indirimbo yamumenyekanishije.
Mu gihe cyo kwibuka ku nshuro ya 27 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, hari abemera Imana bagiye bagaruka ku butumwa buvuga ko kwica umuntu utaremye ari icyaha, ko ari ukwigomeka ku Mana, ko bidakwiye.
Hagati y’itariki 25-29 Kamena 2021, abantu bagera ku 134 bapfuye bitunguranye mu gace ka Vancouver (Canada), bikavugwa ko bazize ubushyuhe bukabije bwadutse muri icyo gice cy’igihugu cya Canada.
Vincent Duclert wayoboye Komisiyo yashyizweho na Perezida Emmanuel Macron, igomba gucukumbura uruhare rw’u Bufaransa muri Jenoside yakorewe AbatutsiMU 1994, avuga ko bamwe mu bikomerezwa byo mu butegetsi bwa Mitterand bashatse gutesha agaciro raporo bakoze.
Kugenderana kw’Abakuru b’ibihugu b’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) kwagaragaje imbamutima z’abaturage batuye umujyi wa Goma n’uwa Gisenyi, aho bishimiye icyo gikorwa cy’abayobozi ku mpande zombi.
Abakorera muri Centre y’ubucuruzi yitwa Byangabo, iherereye mu Murenge wa Busogo mu Karere ka Musanze, bavuga ko babangamiwe n’abajura bamaze iminsi biba za kandagira ukarabe, bigakoma mu nkokora intego yo gushyira mu bikorwa no kubahiriza ingamba zo kunoza isuku, muri iyi minsi abantu basabwa gukaza ingamba zo kwirinda (…)
Inama Njyanama y’Akarere ka Nyagatare, imaze kwemeza ingengo y’imari nshya izifashishwa mu mwaka w’ingengo y’imari 2021/2022 ingana na Miliyari zisaga gato mirongo itatu n’imwe (31,922,079,384) z’Amafaranga y’u Rwanda, ikaba yaragabanutseho Miliyari hafi esheshatu ugereranyije n’iy’umwaka w’ingengo y’imari wa 2020/2021.
Minisiteri y’Ubuzima mu Rwanda yatangaje ko ku wa Kabiri tariki 29 Kamena 2021, mu Rwanda abantu 814 babasanzemo Covid-19, muri bo 187 bakaba babonetse i Kigali. Ntawakize, abantu bane bitabye Imana, naho abarembye ni 36 nk’uko imibare yatangajwe ibigaragaza.
Abaminisitiri b’ububanyi n’amahanga baturutse mu bihugu birenga 40 mu ntangiriro z’iki cyumweru bateraniye i Roma mu Butaliyani kugira ngo baganire ku iterabwoba rikomeje kwiyongera ry’umutwe wa Leta ya kisilamu (IS) muri Afurika.
Umuyobozi w’ibitaro bya Nyagatare, Dr. Munyemana Ernest, avuga ko hari Umushinwa wapimwe mu ivuroro ryigenga asangwamo Covid-19, ariko ntiyubahiriza amabwiriza yahawe yo kuguma iwe, ahubwo azindukira ku bitaro bya Nyagatare na none aje kwipimisha kubera kutemera ibisubizo yahawe mbere, akavuga ko hari n’abandi bameze gutyo, (…)
Minisitiri w’Intebe, Dr Edouard Ngirente, yasabye Abanyarwanda kwirinda kumva ko ibyemezo bifatwa na Leta mu kwirinda Covid-19, bifatwa ku bwo kubahima, avuga ko izo ngamba zifatwa zabanje kwigwaho neza, mbere na mbere hakarebwa inyungu z’umuturage.
Mu gihe mu bakabakaba ibihumbi 10 barwaye Covid-19 mu Rwanda, abagera kuri 95% ni abatagaragaza ibimenyetso n’abagaragaza ibimenyetso bike bitabwaho bari mu ngo zabo.
Minisiteri y’Uburezi (MINEDUC) yasohoye itangazo rigaragaza ingengabihe y’uko abanyeshuri biga bacumbikiwe bazajya mu biruhuko, aba mbere bakazataha kuri uyu wa Kane tariki 1 Nyakanga 2021, iryo tangazo rikaba rireba abanyeshuri batazakora ibizamini bya Leta.
Leta yasobanuye ko abanyeshuri bari ku mashuri bazafashwa kugera mu miryango yabo. Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Jean Marie Vianney Gatabazi, yatangaje ko n’ubwo amashuri agiye gufungwa, Leta itibagiwe abanyeshuri bari ku ishuri.
Abakurikirana iby’imyigishirize mu bigo bya Kiliziya Gatolika muri Diyosezi ya Butare, buvuga ko amasezerano y’imikoranire ya Kiliziya na Leta yari akwiye kuvugururwa, kuko aheruka yo mu 1987 atakijyanye n’igihe.
Itangazo riturutse mu biro bya Minisitiri w’Intebe rikubiyemo amabwiriza mashya yo kwirinda Covid-19, riravuga ko amashuri yose, harimo na za kaminuza afunzwe mu Mujyi wa Kigali no mu turere twa Burera, Gicumbi, Kamonyi, Musanze, Nyagatare, Rubavu, Rutsiro na Rwamagana.
Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwatangaje ko ku bufatanye na Polisi y’Igihugu n’abaturage, rwafashe abajura babiri n’ibyitso byabo, rugaruza ama Euro 324,650£ amadorali 344,700$, n’amafaranga y’u Rwanda 37,421,000frw, yose hamwe angana na Miliyoni magana arindwi na mirongo irindwi n’imwe n’ibihumbi magana arindwi (…)
U Rwanda rwatoye itegeko rishya rigenga ibijyanye n’ubuhinzi bw’urumogi rugenewe koherezwa mu mahanga, rugakoreshwa mu gukora imiti gusa.
Umuhanzi ukomeye ukomoka mu gihugu cya Nigeria witwa Damini Ebunoluwa, uzwi nka Burna Boy yongeye kwegukana kimwe mu bihembo bikomeye bitangirwa muri Amerika bizwi nka BET Awards ahigika abahanzi bakomeye nka Wizkid, Aya Nakamura (France), Diamond Platnumz (Tanzania), Emicida (Brazil).
Mu gihe mu masoko n’amasantere y’ubucuruzi yo mu Ntara y’Amajyaruguru hakomeje kugaragara abarenga ku mabwiriza yo kwirinda icyorezo cya Covid-19, Urugaga rw’Abikorera (PSF) bo muri iyo Ntara, ruratangaza ko ari ikibazo gihangayikishije, ari na yo mampvu rwatangije ubukangurambaga, buzagirwamo uruhare n’abitwa Imboni za PSF (…)