Urukiko Rwisumbuye rwa Muhanga ku itariki ya 09 Nyakanga 2021 rwahamije icyaha umugabo wasambanyije ku gahato umugore amutegeye mu nzira, rumukatira igihano cy’igifungo cy’imyaka 10 n’ihazabu ingana na Miliyoni ebyiri (2.000.000) z’amafaranga y’u Rwanda.
Umujyi wa Londres mu Bwongereza n’Amajyepfo y’icyo gihugu hibasiwe n’imyuzure myinshi ku mugoroba wo ku wa Mbere tariki 12 Nyakanga 2021, bitewe n’imvura nyinshi yaguye muri ibyo bice by’igihugu.
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, yitabiriye umukino wahuje u Rwanda na Misiri, mu mikino y’Akarere ka gatanu yo gushaka itike y’imikino ya nyuma ya Afurika mu bagore (FIBA Women’s AfroBasket 2021 Zone 5 Qualifiers). Ni imikino irimo kubera mu Rwanda muri Kigali Arena.
Ku mugoroba wo ku wa Mbere tariki ya 12 Nyakanga 2021 ahagana saa tatu z’ijoro, abapolisi bakorera mu Karere ka Gicumbi muri sitasiyo ya Rutare bafatiye abantu 17 mu rugo rwa Ntezimana w’imyaka 37, utuye mu Murenge wa Nyamiyaga, Akagari ka Kiziba, Umudugudu wa Rwingwe.
Abanyeshuri 34 mu Ntara y’Amajyaruguru ni bo bari gukora ibizamini bya Leta bisoza amashuri abanza bafite ubwandu bwa COVID-19, mu gihe 628 basibye ibizamini ku munsi wa mbere.
Abasore batatu bakurikiranywe bakekwaho icyaha cy’ubujura bw’ibikoresho bitandukanye bifite agaciro k’Amafaranga y’u Rwanda asaga miliyoni 19.
Perezida wa Mozambique, Filipe Nyusi, yemeza ko guhuza ibikorwa bya gisirikare muri Cabo Delgado ari inshingano za Guverinoma ye, mu gihe bamwe mu bayobozi mu bihugu bigize Umuryango wa SADC bavuga ko bitari bikwiye ko Ingabo z’u Rwanda zibatanga mu birindiro byo guhashya inyeshyamba mu Ntara ya Cabo Delgado.
Ikigo gishinzwe Ubuzima mu Rwanda (RBC) kivuga ko u Rwanda rurimo kwiga uburyo bwo gufata amacandwe cyangwa ibiva mu mazuru, bikifashishwa mu gupima Covid-19 mu rwego rwo kunganira uburyo busanzweho bwo guseseka agakaramu (agakoni) mu mazuru cyangwa mu muhogo.
Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwatangaje ko rwafunze abantu batandatu bakurikiranyweho gusagarira umucamanza no kuvogera inyubako y’urukiko rw’ibanze rwa Kamembe tariki ya 09 Nyakanga 2021.
Nk’uko bitangazwa n’inzego z’iperereza muri Afurika y’Epfo, abantu bagera kuri 45 bo mu Ntara ya KwaZulu-Nat (KZN) na Gauteng ni bo bamaze kugwa mu myigaragambyo yatangiye mu cyumweru gishize, ikaba yarabaye nyuma y’ifungwa rya Jacob Zuma, wahoze ari Perezida wa Afurika y’Epfo.
Abakinnyi ba Musanze FC, barimo Mutebi Rachid na Musa Ally Sova bamaze kwirukanwa n’ikipe ya Musanze, aho bavugwaho imyitwarire idahwitse mu ikipe, uwitwa Cyambade Fred na we akaba yamaze gusezererwa kubera umusaruro muke.
Ku munsi wa mbere w’ibizamini bisoza amashuri abanza mu Ntara y’Iburasirazuba, ku banyeshuri 65,918 bagombaga kwitabira ibizamini, hakoze 65,027 naho 891 barasiba kubera impamvu zitandukanye.
Hakizimana Eric w’imyaka 13 y’amavuko yifitemo impano yo kubaka inzu z’ubwoko butandukanye akoresheje ibikarito ku buryo byamufashije kwiyishyurira umwaka wose w’amashuri hamwe n’ibikenerwa ku ishuri byose.
Imwe mu miryango ituye mu Mujyi wa Kigali iratangaza ko kutihanganirana ari impamvu ikomeye ituma mu miryango hakomeje kurangwamo amakimbirane ndetse no kwiyongera kwa za gatanya gusigaye kugaragara hagati y’abashakanye, hakaba abavuga ko biterwa n’uko nta muranga ukibaho.
Ku itariki ya 11 Nyakanga 2021 ni bwo abagore 24 bafatiwe mu rugo rwa Nyiramafaranga Epiphanie w’imyaka 52, abo bantu bakaba bari mu gikorwa cyo gutera inkunga umukobwa wa Nyiramafaranga witegura ubukwe muri Kanama uyu mwaka, nyuma bagiye gupimwa Covid-19, batatu muri bo bayibasanga.
Ubuyobozi bw’ibitaro bya Gisenyi butangaza ko bwatangiye ibikorwa byo gukingira abantu bagera ku bihumbi 11,500 biganjemo abafite imyaka 55 kuzamura, abakora ubucuruzi bwambukiranya imipaka, abakora mu nganda n’abandi bafite ibyago byo kwandura vuba no kwanduza abandi.
Minisiteri y’Ubuzima mu Rwanda (MINISANTE), yatangaje ko ku wa Mbere tariki 12 Nyakanga 2021, mu Rwanda abantu 772 babasanzemo Covid-19, muri bo 251 bakaba babonetse i Kigali, byatumye abamaze kwandura bose hamwe baba 49,016. Yatangaje kandi ko abantu 22 bitabye Imana bazize icyo cyorezo, abakirwaye ni 15,078 naho abarembye (…)
Ikipe y’igihugu y’u Rwanda ya Basketball mu bagore yatsinze iya Kenya mu mukino wa mbere wo gushaka itike ya AFROBASKET izabera muri Cameroun uyu mwaka.
Ku munsi wa mbere w’ibizamini bya Leta bisoza amashuri abanza, mu Karere ka Nyagatare habaruwe abanyeshuri 121 batitabiriye ikizamini cya mbere ku mpamvu zirimo no kubyanga nkana.
Ku wa Gatandatu tariki ya 10 Nyakanga 2021, ahagana saa Cyenda z’amanywa, ishami rya Polisi rishinzwe kurwanya abanyereza imisoro bafatanije n’abapolisi bashinzwe umutekano wo mu muhanda bafashe uwitwa Mutabazi Innocent w’imyaka 48, winjizaga urumogi, mukorogo n’ibindi bicuruzwa mu buryo butemewe.
Mu Karere ka Nyamagabe hari abafundi n’abayede bavuga ko bamaze imyaka bambuwe na ba rwiyemezamirimo, ubu bakaba bifuza gufashwa bakishyurwa.
Minisiteri y’Uburezi (MINEDUC) hamwe n’abana barangije amashuri abanza, bavuga ko bizeye neza ko bazatsinda ibizamini bya Leta n’ubwo imyigire itagenze neza kubera icyorezo cya Covid-19.
Abagore 24 bafatiwe mu rugo rw’umuturage wo mu Kagari ka Cyivugiza mu Murenge wa Muko mu Karere ka Musanze, tariki 11 Nyakanga 2021 ku gicamunsi, ubwo bari mu birori byo gufasha umukobwa witegura gushyingirwa (Kitchen party).
Mu Karere ka Nyamagabe hari abafundi n’abayede bavuga ko bagiye bakorana na ba rwiyemezamirimo batangiye imirimo ntibayirangize, bamara kugenda bakabura ubishyura, imyaka ikaba ibaye myinshi batarishyurwa.
Mu bizamini bya Leta bisoza amashuri abanza byatangiye kuri uyu wa 12 Nyakanga 2021, hari abanyeshuri bagera kuri 97 bagombaga kubikora batitabiriye. Nk’uko bivugwa n’Umuyobozi w’Akarere ka Huye, Ange Sebutege, muri aba bana nta wasibijwe n’uburwayi cyangwa icyorezo cya Coronavirus, cyane ko u Rwanda rwanagennye uburyo (…)
Irushanwa ry’Akarere ka Gatanu muri Basketball y’abagore riratangira kuri uyu wa Mbere muri Kigali Arena aho ikipe y’ u Rwanda itangira yesurana na Kenya.
Abanyeshuri basaga 8,200 bo mu Karere ka Muhanga ni bo bakora ibizamini bya Leta by’amashuri abanza. Abanyeshuri batatu muri bo barwaye COVID-19 ariko bakaba na bo batahejwe mu bizamini, kuko bashyiriweho uburyo bwo kubikora.
Ikipe ya APR FC yatangaje zimwe mu mpinduka zakozwe mu bakinnyi, aho harimo abakinnyi basezerewe barimo Rwabugiri Umar, ndetse n’abashya barimo Mugisha Gilbert wavuye muri Rayon Sports
Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi, Eng Ngabitsinze Jean Chrysostome, avuga ko kera abantu bafataga ubuhinzi nk’amaramuko nyamara ngo ubu bwateye imbere ku buryo bukorwa nk’irindi shoramari.
Inzobere mu by’imiti n’inkingo akaba ari n’Umuyobozi w’Ikigo cya Kaminuza y’u Rwanda cyiga ku turemangingo tw’umubiri w’umuntu (Center for Human Genetics), Dr Leon Mutesa yavuze ko hakirimo kurebwa niba abantu bakingiwe Covid-19 batakongera guhabwa urundi rukingo, mu rwego rwo kubafasha guhangana na virusi y’icyo cyorezo (…)
Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi kuva kuri uyu wa Mbere tariki 12 kugera tariki 14 Nyakanga 2021 arakorera urugendo rw’akazi muri Repubulika Iharanira Demekarasi ya Congo (RDC), urugendo rwitezweho kuganira ku mubano mwiza w’ibihugu byombi, ndetse no ku mutekano mucye uterwa n’imitwe yitwaza intwaro muri Kivu (…)
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) yatangaje ko ku Cyumweru tariki 11 Nyakanga 2021, mu Rwanda abantu 517 bakize Covid-19, abayanduye bashya ni 577 bituma umubare w’abamaze kwandura bose hamwe uba abantu 48,244. MINISANTE yatangaje kandi ko abahitanywe n’icyo cyorezo ari icyenda (9), bituma abamaze gupfa bose baba 560. (…)
Mu Murenge wa Rwempasha mu Karere ka Nyagatare hari abafatwa kubera kurenga ku mabwiriza yo kwirinda Covid-19 ibikoresho byabo bigafatirwa, bakavuga ko atari ko byagombye kumera n’ubwo baba bari mu makosa.
Hashize iminsi hari umwuka mubi hagati y’ababyeyi b’abakobwa bahagarariwe n’umunyamakuru witwa Murindahabi Irene, bapfa ibintu bitandukanye.
Umuryango w’abanyamakuru baharanira iterambere rirambye (RJSD), urasaba abayobozi b’inzego z’ibanze barimo abayobozi b’uturere, imirenge n’utugari, gufasha abaturage gushungura amakuru abageraho anyuze mu bitangazamakuru bitandukanye harimo n’mbuga nkorambaga.
Karidinali Laurent Monsengwo Pasinya, yitabye Imana kuri iki Cyumweru tariki 11 Nyakanga 2021, akaba yaguye i Paris mu Bufaransa aho yari arimo kwivuriza nyuma yo kujyanwayo mu ijoro ryo ku wa mbere tariki 5 rishyira tariki 6 Nyakanga 2021, mu ndege y’ubuvuzi kugira ngo avurwe neza.
Abantu 72 bafatiwe mu Karere ka Rusizi ku itariki ya 10 Nyakanga 2021 bari mu bikorwa by’amasengesho mu ngo, bikaba binyuranyije n’amabwiriza yo kwirinda Covid-19.
Umuhanzi uhimbaza Imana, Mazimpaka Cadet, yahuje imbaraga na Gahongayire Aline basohora indirimbo bise “Ndi amahoro” ihumuriza abantu baca mu bikomeye, ko Uwiteka ari mu ruhande rwabo.
Abatuye mu Mujyi wa Kigali baravuga ko bari mu byishimo baterwa n’uko ubuyobozi bw’Umujyi wabo bwabatekerejeho bukabazanira amagare bazajya bifashisha mu gihe bakeneye kugira aho berekeza mu bice bitandukanye bigize Kigali, ubuyobozi bukemeza ko mu byumweru bibiri azaba yatangiye gukora.
Ubuvugizi bw’Ingabo za Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) butangaza ko bumaze kwivugana abarwanyi 45 b’umutwe w’inyeshyamba za ADF, abagera ku ijana bakekwaho gukorana na bo batawe muri yombi, ndetse n’imodoka icumi zafatiriwe kuva ubuyobozi bwa Gisirikare bwashyirwaho.
Mu Rwanda usigaye ubona abasore benshi iyo bagiye gutereta umukobwa, n’iyo basanzwe bavugana mu Kinyarwanda, bahita bahindura bakavuga mu cyongereza. N’iyo yaba atizeye neza uwo abwira ko akizi, cyangwa na we ugasanga atanazi amagambo arenze angahe gusa.
Polisi ikorera mu Karere ka Ngororero, mu muhanda Karongi-Muhanga, yahagaritse imodoka yo mu bwoko bwa picknik RAE 607 X, itwawe na Hamis Mfizi Pascal apakiye abantu abajyanye i Kigali kandi batabifitiye uburenganzira, kuko bari barenze ku mabwiriza ya ‘Guma mu Karere’ yo kwirinda Covid-19.
Imiryango 310 yo mu Karere ka Burera iheruka kwibasirwa n’ingaruka z’ibiza, yahawe na Croix Rouge y’u Rwanda, amafaranga yo kubafasha kwiyubaka, igikorwa cyabereye muri imwe mu mirenge igize ako karere.
Ikipe y’igihugu ya Argentine yegukanye igikombe cya Copa America itsinze Brazil, mu mukino wabereye kuri Stade Maracana yo muri Brazil.
Minisiteri y’Ubuzima mu Rwanda (MINISANTE), yatangaje ko ku wa Gatandatu tariki 10 Nyakanga 2021, mu Rwanda abantu 830 babasanzemo Covid-19, muri bo 445 bakaba babonetse i Kigali. Yatangaje kandi ko abantu 17 bitabye Imana bazize icyo cyorezo, abakirwaye ni 15,110 naho abarembye ni 63 naho abakize ni 869 nk’uko imibare (…)
Abanya Ghana bagaragaje uburakari ku cyemezo cyafashwe n’Abadepite cyo kwemeza imishahara y’abagore b’Abaperezida n’aba ba Visi-perezida kubera uruhare rwabo rugaragara mu miyoborere y’igihugu.
Kuri uyu wa Gatandatu tariki 10 Nyakanga 2021, ikindi cyiciro cy’abasirikare n’abapolisi b’u Rwanda berekeje muri Mozambique, bakaba bagiye mu bikorwa byo gucunga umutekano mu Ntara ya Cabo Delgado, imaze igihe kinini ifite ibibazo by’umutekano muke.
Ikigo Ngali Holdings gikusanya imisoro y’inzego z’ibanze, by’umwihariko kikaba ari cyo gifasha abarenze ku mabwiriza yo kwirinda Covid-19 kwishyura ihazabu basabwa, kigaragaza uburyo ikoranabuhanga n’abashinzwe umutekano bituma nta muntu ushobora gukwepa no kunyereza ayo mafaranga.