Ku wa Kabiri tariki ya 22 Kamena 2021, Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Kayonza mu Murenge wa Ndego, yafashe abantu bane bacyekwaho icyaha cyo gukwirakwiza urumogi mu baturage, ni urumogi rungana n’ibiro 20, bakaba bafashwe bagiye kurucuruza mu Murenge wa Kabarondo.
Abakinnyi b’abanyarwanda bazitabira imikino Olempike, batangiye umwiherero kuri uyu wa Gatatu, ari nawo munsi mpuzamahanga wiswe “Olympic Day”
Uwahoze ari umuvugizi w’umutwe wa FLN, Nsabimana Callixte wiyise Sankara, yongeye gutakambira urukiko, Umukuru w’igihugu, abagizweho ingaruka n’ibitero bya FLN n’umuryango nyarwanda, ngo ahabwe imbabazi ku byaha yakoze akizeza guhinduka.
Abakozi b’Akarere ka Musanze, barasabwa kugira uruhare mu gukoresha ikoranabuhanga, barushaho kuvuguruza no kwamagana abagoreka amateka y’igihugu n’abayavuga uko atari, mu rwego rwo gukumira abifuriza u Rwanda gusubira mu bihe bibi rwanyuzemo.
Inzego z’ubuzima muri Zambiya zagaragaje impungenge z’ubwiyongere bw’impfu ziterwa na Coronavirus, mu gihe icyo gihugu gikomeje guhangana n’umuvuduko udasanzwe w’ubwandu bushya bwa gatatu bw’icyo cyorezo, nk’uko bitangazwa n’ikinyamakuru Xinhua Net.
Nsabimana Callixte wiyise Sankara, umwe mu baregwa mu rubanza rwa Paul Rusesabagina na bagenzi be, avuga ko atiyumvisha ukuntu we na Rusesabagina ari bo baregwa kurema umutwe w’iterabwoba wa FLN kandi barawusanzeho.
Umuyobozi wa Ibuka mu Karere ka Nyagatare, Twagirayezu Emmanuel, avuga ko ushatse gutanga amakuru kuri Jenoside yakorewe mu Kagari ka Gakirage mu karere ka Nyagatare yicwa, bakaba bamagana icyo gikorwa cy’ingengabitekerezo ya Jenoside.
Ubusanzwe abantu bo mu nkengero za Kigali nka Nyamata mu Karere ka Bugesera, Ruyenzi mu Karere ka Kamonyi n’ahandi bajyaga bemererwa kwinjira muri Kigali n’ubwo haba hashyizweho gahunda ya ’Guma mu Karere’, ariko kuri iyi nshuro si ko byagenze ku bagenzi baturuka muri gare ya Nyamata bagana i Kigali.
Abaganga bakora ku kigo nderabuzima cya Gashonyi mu Murenge wa Matyazo bavuga ko bashima kuba barahawe umuriro w’amashanyarazi, ukaba waratumye batandukana no kubyaza bamurikisha itoroshi.
Umuryango Vivo Energy Rwanda watanze inkunga yawo ya buri mwaka ya 3,000,000 yo gufasha abanyeshuri 10 b’abahanga bo mu mashuri yisumbuye, baturuka mu miryango itifashije, igikorwa cyabaye ku wa Kabiri tariki 22 Kamena 2021.
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, yazamuye mu ntera Colonel Muhizi Pascal ahabwa ipeti rya Brigadier General.
Mu gihe byari bimaze iminsi bihwihwiswa ko umuhanzi Gatsinzi Emery uzwi ku izina rya Riderman yaba yarabyaye abakobwa b’impanga, yashyize arabyemeza abinyujije ku rukuta rwe rwa Instagram.
Nyuma y’uko hari ibimina bikorera ku ikoranabuhanga byagaragaye ku mbuga nkoranyambaga aho abifuza kubyitabira basabwaga kuzana amafaranga ibihumbi 500 (Tuzamurane), abandi miliyoni n’ibihumbi 300 (Health Progress) ndetse n’abandi banyamuryango, hanyuma bakazungukirwa, ababyitabiriye barifuza ko RIB yabafasha ababitangije (…)
Minisiteri y’Ubuzima mu Rwanda yatangaje ko ku wa Kabiri tariki 22 Kamena 2021, mu Rwanda abantu 861 babasanzemo Covid-19 muri bo 388 bakaba babonetse i Kigali. Abakize ni 8, abantu bane bitabye Imana, naho abarembye ni 10 nk’uko imibare yatangajwe ibigaragaza.
Perezida Rodrigo Duterte yakangishije abaturage gufungwa mu gihe baramuka banze gukingirwa Coronavirus. Philippines ni kimwe mu bihugu bya Aziya byibasiwe n’icyo cyorezo cyane, aho ubu gifite abantu basaga Miliyoni 1.3 bamaze kuyirwara ndetse n’abasaga 23.000 bamaze guhitanwa na yo.
Niba ntagihindutse, ibizamini bya Leta bisoza amashuri abanza biteganyijwe mu byumweru bitatu biri imbere, nyuma bikurikirwe n’ibizamini by’abasoza icyiciro rusange (O’ Level) , uwa gatandatu w’amashuri yisumbuye ndetse n’iby’abiga mu mashuri y’imyuga n’ubumenyingiro. Ni ibizamini bizaba bije nyuma y’uko abanyeshuri babanje (…)
Benshi bakunze kwibaza ku myandikire y’umuhanzi Mico the Best, akaba yasobanuye ko ibihangano bye biba bigomba kugira umwihariko, nk’uko yabigarutseho mu kiganiro kuri Kt Radio kuri uyu wa Kabiri tariki 22 Kamena 2021.
Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi, Dr Uzziel Ndagijimana, yavuze ko umwenda u Rwanda rwafashe mu mwaka ushize wa 2020-2021 ndetse n’uwo ruteganya gufata muri uyu wa 2021-2022 utaremerereye igihugu, ku buryo nta mpungenge rufite zo kwishyura, nk’uko yabitangarije Abadepite ubwo yabasobanurirrana Ingengo y’Imari ya 2021-2022 (…)
Mu mikino y’ibirarane ya shampiyona yakinwe kuri uyu wa kabiri, ikipe ya Muhanga yatsinzwe na Etincelles ihita imanuka, mu gihe Rayon Sports yatsinzwe na Rutsiro FC.
Ubuyobozi bw’ihuriro rusange ry’abanyeshuri biga mu ishami rya Kaminuza y’u Rwanda ry’i Huye (UR-Huye) buvuga ko bwatanze isoko kuri rwiyemezamirimo ugomba kubagaburira, ndetse aza gutangira imirimo ku Cyumweru tariki 20 Kamena 2021, ariko Kaminuza ngo imwangira gutangira ako kazi.
Urubyiruko rw’Abakorerabushake (Youth Volunteers) rwo mu turere dutandukanye two mu Ntara y’Amajyaruguru, ruratangaza ko rwahagurukiye gushyira ingufu mu bukangurambaga budasanzwe, bwitezweho kugabanya ubwiyongere bwa Covid-19, bumaze iminsi bugaragara hirya no hino muri iyo Ntara.
Ministiri w’Ubuzima, Dr Daniel Ngamije, yaburiye Abaturarwanda ko barimo kugana kuri “Guma mu Rugo” ya kabiri mu gihe baba badahinduye imyitwarire.
Murekatete Chantal w’imyaka 26 y’amavuko ukomoka mu Murenge wa Gatsibo yituye hasi ashiramo umwuka mu gihe abaganga bari bakigerageza kureba ikibazo afite.
Nyakwigendera Dr Kenneth David Kaunda wakundaga ko bamwita KK, ni we wabaye Perezida wa mbere wa Zambia, kuva mu 1964 Zambia ibona ubwigenge kugeza mu 1991, ku ngoma yari iyobowe n’ishyaka rye United National Independence Party (UNIP).
Guverineri w’intara y’Iburengerazuba, François Habitegeko, atangaza ko kongera umubare w’ibigo by’amashuri byigisha imyuga byagira uruhare mu kugabanya umubare w’urubyiruko rufatirwa mu buzererezi, kandi bikagabanya umubare w’abakobwa batwara inda zitateganyijwe.
Uwahoze ari Perezida wa Côte d’Ivoire, Laurent Gbagbo, yasabye gutandukana n’umugore wa mbere, Simone Gbagbo, akaba afashe icyo cyemezo nyuma y’iminsi mike afunguwe, aho yari amaze imyaka 10 afungiye i La Haye kubera ibibazo bya politiki.
Umuyobozi Mukuru w’Umuryango w’Ubucuruzi ku isi (World Trade Organisation ‘WTO’) Ngozi Okonjo-Iweala yavuze ko Afurika irimo gukorana n’Umuryango w’Ubumwe bw’ibihugu by’u Burayi n’abandi bafatanyabikorwa kugira ngo hashyirweho inganda zikora inkingo mu Karere, mu bihugu bya Senegal, u Rwanda, Afurika y’Epfo, ndetse na (…)
Ikipe y’igihugu y’u Rwanda y’abatarengeje imyaka 23, yamaze guhabwa abatoza bazayitoza muri CECAFA U-23 izabera muri Ethiopia mu kwezi gutaha
Mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri tariki 22 Kamena 2021 abantu benshi bazindutse bafata ingendo zitandukanye mu rwego rwo kwitegura gahunda yo kuguma mu Karere no kuguma muri Kigali yaraye ishyizweho n’Inama y’Abaminisitiri.
Minisitiri w’Ubutegetsi bw’igihugu, Gatabazi Jean Marie Vianney, atangaza ko abantu bahinduye ingo zabo utubari na zo ziza gufungwa, kuko ari ukurenga ku mabwiriza yo kwirinda Covid-19.
Minisitiri w’Ubutegetsi bw’igihugu, Jean Marie Vianney Gatabazi, arasaba abaturarwanda kugira umuco wo kwipimisha Covid-19 bidasabye ko baba bafite impamvu runaka, kuko ari bwo abanduye icyo cyorezo bazamenyekana ari benshi bagafashwa.
Minisiteri y’Ubuzima mu Rwanda yatangaje ko ku wa Mbere tariki 21 Kamena 2021, mu Rwanda abantu 622 babasanzemo Covid-19 muri bo 305 bakaba babonetse i Kigali. Ntawakize, abantu batandatu bitabye Imana, naho abarembye ni 13 nk’uko imibare yatangajwe ibigaragaza.
Leta y’u Rwanda ivuga ko Banki y’Isi hamwe na bimwe mu bigega mpuzamahanga byayihaye inguzanyo n’inkunga byo gutunganya ibishanga by’i Kigali ndetse no gukomeza kuvugurura imijyi itandatu yunganira uyu murwa mukuru.
Inama y’Abaminisitiri yateranye kuri uyu wa Mbere tariki 21 Kamena 2021 iyobowe na Perezida wa Repubulika Paul Kagame yafatiwemo ibyemezo bijyanye no kwirinda ikwirakwira ry’icyorezo cya Covid-19, birimo no kuba ingendo mu gihugu hose zibujijwe guhera saa moya z’ijoro.
Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Mbere tariki ya 21 Kamena 2021, ku cyicaro cya Polisi mu Karere ka Nyarugenge yerekanye uwitwa Nizeyimana Jean Marie Vianney n’abatumirwa be 11. Bari bitabiriye ibirori by’abana be babiri baherukaga guhabwa amasakaramentu. Ubusanzwe Nizeyimana n’abatumirwa be batuye mu Karere ka Kamonyi mu (…)
Mu kigo cy’igihugu cy’Amahoro (Rwanda Peace Academy) giherereye mu Karere ka Musanze, kuri uyu wa mbere tariki 21 Kamena 2021, hatangiye amahugurwa yo gukarishya ubumenyi mu gukumira ihohoterwa rishingiye ku gitsina, mu duce twibasiwe n’intambara.
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, ku mugoroba wo kuri uyu wa Mbere tariki 21 Kamena 2021, yayoboye inama idasanzwe y’Abaminisitiri. Iyo nama yabereye mu biro by’umukuru w’Igihugu (Village Urugwiro) ikaba yiga ku ngingo zitandukanye harimo n’ingamba zigamije guhangana n’icyorezo cya COVID-19.
Guhera kuri uyu wa Mbere tariki 21 Kamena 2021, Umuryango Fondasiyo Ndayisaba Fabrice, ufatanyije n’amashuri y’incuke, abanza, ayisumbye ndetse n’ay’imyuga yo mu Karere ka Kicukiro, batangije gahunda ngarukamwaka yo kwibuka abana n’impinja bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Abagize Urugaga rw’Abagore rushamikiye ku muryango RPF Inkotanyi, baranenga abagore biyambuye ubumuntu, bakagira uruhare mu kuvutsa abandi ubuzima mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Abaturage bo mu Kagari ka Rukatsa mu Murenge wa Kagarama wo mu Karere ka Kicukiro, bamaze kwiyubakira imihanda ya kaburimbo ireshya na kilometero 5.3.
Ange Kagame, umubyeyi umaze igihe gito yibarutse imfura ye, yeretse ababyeyi bimwe mu byabafasha kubaka ubwonko bw’abana babo kugira ngo bukure neza.
Umuyobozi wa Kaminuza ya East Africa Rwanda, Dr. Kitambala Marcelin, avuga ko Interahamwe zamaze kwica Abatutsi mu Rwanda, ababashije guhungira muri Congo zihabasanze na ho zibicirayo.
Ingimbi n’abangavu bigishijwe kurwanya imirire mibi mu Karere ka Ruhango bagize uruhare mu kugabanya ikibazo cy’imirire mibi mu bana, hifashishijwe guhinga imbuto ziribwa no gukora uturima tw’igikoni.
Ubwandu bwa Covid-19 bukomeje gufata indi ntera mu Rwanda, aho mu minsi icumi, ni ukuvuga kuva ku itariki 11 kugeza tariki 20 Kamena 2021, hamaze kwandura abantu 3153, hapfa abantu 16 mu gihe abakize ari 178.
Mu irushanwa ryo kwibuka abasportifs bazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu mwaka wa 1994, ikipe ya Police HC na ES Kiziguro ni zo zegukenye ibi bikombe mu mukino wa Handball
Komisiyo y’igihugu y’Ubwume n’Ubwiyunge (NURC) iratangaza ko ntawe ukwiye kwitwaza ko yarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi ngo yishore mu byaha byo kuyipfobya no kiyihakana.
Ibi byabaye kuri iki cyumweru tariki ya 20 Kamena 2021, mu mudugudu wa Nyarubuye, akagari ka Karenge Umurenge wa Kabarore.