Ingabo za Runiga zigera kuri 650 zahungiye mu Rwanda nyuma yo gutsindwa n’iza Makenga

Amakuru agera kuri Kigali Today aremeza ko ingabo zigera kuri 650 zari mu mutwe uyobowe na Bishop Jean Marie Runiga wiyomoye ku buyobozi bwa M23 zamaze kwambuka umupaka w’u Rwanda zihahungira nyum yo gutsindwa mu mirwano yazishyamiranyije n’iza M23 zasigaye ziyobowe na Sultani Makenga.

Umunyamakuru wa Kigali Today uri ku mupaka uhuza u Rwanda na Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo, aratangaza ko muri abo basirikare harimo abaraswe abandi, bakaba bahise bamburwa intwaro bagikandagira ku butaka bw’u Rwanda.

Ngabo abasirikare bazanye na Runiga baruhuka, nyuma yo kwirukankanwa batareba inyuma.
Ngabo abasirikare bazanye na Runiga baruhuka, nyuma yo kwirukankanwa batareba inyuma.

Umwe mu basirikare bakuru b’iki gice witwa Bodouin yatangarije abanyamakuru bari aho ko icyatumye bahunga ari uko babuze amasasu yo kurwana.

Bodouin aganira n'umusirikare w'umuzungu nyuma yo kugera mu Rwanda ahunze.
Bodouin aganira n’umusirikare w’umuzungu nyuma yo kugera mu Rwanda ahunze.

Aba basirikare bagize igice cya Runiga birukanywe mu gace ka Kibumba bari basanzwe bakoreramo, nyuma yo kwitandukanya na bagenzi babo batangiranye urugamba rwo gushaka uburenganzira bw’Abakongomani bavuga Ikinyarwanda, nk’uko bakomeje kubitangaza.

Iyo mirwano kandi yatumye n’abaturage bagera ku bihumbi bitanu bahungira mu Rwanda batinya ko intambara yakongera kubura bakahasiga ubuzima.

Imodoka abasirikare bakuru bo ku ruhande rwa Runiga binjiranye mu Rwanda bahunga.
Imodoka abasirikare bakuru bo ku ruhande rwa Runiga binjiranye mu Rwanda bahunga.

Igitangazamakuru News of Rwanda cyatangaje ko Minisitiri w’ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda yatangaje ko ingabo z’u Rwanda zabanje kubaka intwaro mbere yo kubaha ubuhungiro bari batse, ariko Runiga we yashwizwe ahatandukanye n’impunzi ku bw’umutekano we.

Zimwe mu ntwaro ingabo z'u Rwanda zatse abasirikare bari ku ruhande rwa Runiga ubwo binjiraga mu Rwanda.
Zimwe mu ntwaro ingabo z’u Rwanda zatse abasirikare bari ku ruhande rwa Runiga ubwo binjiraga mu Rwanda.

Yagize ati: “Abasirkare n’abakuru babo baturutse muri RDC binjiye mu Rwanda ariko babanza kwamburwa intwaro bavona gucungwa, benshi muri bo bari inkomere ariko bari guhabwa ubufasha bw’ibanze n’Umuryango utabara imbarare wa Croix Rouge.

Abatugae nabo bari mu bakuwe mu byabo n'iyo ntambara yongee kubura ariko noneho hagati y'imitwe ibiri yahoze ari umwe.
Abatugae nabo bari mu bakuwe mu byabo n’iyo ntambara yongee kubura ariko noneho hagati y’imitwe ibiri yahoze ari umwe.

Turi kuvugana n’imiryango yo mu karere n’indi mpuzamahanga kugira ngo bashobore kubakurikirana”.

Hagati aho ubuyobozi bwa Minisiteri ishinzwe gucyura Impunzi no kurwanda Ibiza (MIDIMAR), bwagiranye ikiganiro n’Abanyekongo bahungiye mu Rwanda bubahumuriza.

MIDIMAR yabasabye ko aribo bakwihitiramo niba bashaka kuguma mu Rwanda bakajyanwa mu nkambi ya Nkamira cyangwa bagasubizwa mu byabo.

Umubare w'impunzi wo ukomeje kwiyongera ariko izihitamo kuguma mu Rwanda zirajyanwa mu nkambi ya Nkamira.
Umubare w’impunzi wo ukomeje kwiyongera ariko izihitamo kuguma mu Rwanda zirajyanwa mu nkambi ya Nkamira.

Andi makuru umunyamakuru wacu uri I Rubavu, Syldio Sebuharara, aracyayadukurikiranira.

Kigali Today

Ibitekerezo   ( 24 )

Birababaje kubona abavandimwe basubiranamo.Bari bakwiye gutekereza impanvu yatumye bafata intwaro aho gutekereza inda zabamwe abandi bashira.

kamanzi andrew yanditse ku itariki ya: 19-03-2013  →  Musubize

Abayobozi bakorera indazabo nukubamagana Asigaye tugasenyera umugozi umwe tukubaka urwatubyaye>0

yanditse ku itariki ya: 19-03-2013  →  Musubize

birababaje cane kubona mwicaye ngokomuratekereza ababyeyibanyu amahoro nahokomurabacuruza gute ese uyumunsi kotwaritwiteguye ko nord kivu iboneka tugataha none bakaba bahindukanye kandi aribobaturimbere inkoko ngoyamwoye amazi igaramye ngoreka ikibi kibonwe nabose ntukishimire ibyago byundi makenga ntiyibeshe ngo namahoro ejo niwe kuko abo yahindutse basangiye ubusa none aserutse kunyungu ahindukiriye ababo ngwabice ejo congo ninini izaziha undi nawe amuhige ntiyizere amahoro twese niho tuvuka yakoze ibyo yunvako arishema ariko yahemukiye ubwoko ariko na ntaganda nuko ningaruka yigeze gusigarana akarere wenyine ngo nkunda yafashwe ahaaa, ikubise mukeba uyirenza urugo

intare yanyirimuhanga yanditse ku itariki ya: 19-03-2013  →  Musubize

ABA BAVANDIMWE BARAPFA IKI KOKO!!!!!!

t1 dj yanditse ku itariki ya: 17-03-2013  →  Musubize

Yewe ibibazo bya congo na m23 ntakurangira keretse uwiteka naza nawe abanyamadini bivanga muri politiki isengero bajazibagira sinzi leta yacu ntako itabagira nubwo batwitirira kubateza ibibazo gusa nabo ubwabo barabyitera, murakoze yari umukunzi wanyu!

Sammy Faustin yanditse ku itariki ya: 16-03-2013  →  Musubize

Shaaa makenga uyu munsi ni boduin na runiga ejo niwowe nabisimwa,reka ibyo bintu wiyizire muli leta ya congo,akicya kaburiwe n’impongo.utunvise yunvira injereri.

gervais yanditse ku itariki ya: 16-03-2013  →  Musubize

Shaaa,makenga reka abo basigaye bajye mu leta,abandi mubashuri,abamaze gupfa barahagije,kuko ntaugushimwe ko haricyo wakoze.

kagunzu yanditse ku itariki ya: 16-03-2013  →  Musubize

turashikaririza abo bana binzira karengane,barwanira inda,n’inyungu za makenga na boduin,ni gisambo bosco,abyeyi nababwire abana babo ntibajye inyuma yibyobisahiranda,kuko ntaho bizabageza.Aaaahhhaaaaaaa,abwirwa benshi akunva beneyo.

kamari yanditse ku itariki ya: 16-03-2013  →  Musubize

il faut que le rwanda prenne ses respobalites,ingabo za runiga zaniganye,mais runiga wakabiri azaba nde??????

yanditse ku itariki ya: 16-03-2013  →  Musubize

Arko m23 binyuzemo kweli. Ubu se nk’abana bahamagariwe kurwanira uburenganzira bwabo, babuzwaga na Leta,bakaba batakaje ubuzima bwabo mu mirwano yabashamiranije ubu Makenga na Runiga cyangwa Boduin babwira iki ababyeyi babo. bigaragaye ko ari inyungu z’abantu ubwobo M23 iharanira. Bayobozi ba m23 mubaye abagabo mwakwiyunga
mugasaba imbabazi abana mushora ku rugamba.

Rwema yanditse ku itariki ya: 16-03-2013  →  Musubize

yewe ese mwahaye aba basirikare ibyokurya nibyokwiyorosa ko bamerewe nabi. naho General Baudoin akunda amafaranga nimumuhe make agure amata.

kabongo jean yanditse ku itariki ya: 16-03-2013  →  Musubize

Ingabo za runiga zinize amaherezo yazo nayahee,aahaaahahaaha,turebe uko urwanda rubyifatamo rute

yanditse ku itariki ya: 16-03-2013  →  Musubize
  • 1
  • 2

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka