Umunyamerika yabonye umumarayika ubwo Papa yari atowe

Ubwo Karidinari Jorge Mario Bergoglio yari amaze gutorerwa gusimbura Papa Benedigito XVI, tariki 13/03/2013, Umunyamerikakazi yavumbuye ikimenyetso kidasanzwe, ubwo yarimo yigendera abona igicu gifite ishusho nk’iy’umumarayika, ahita yumva ko ari ikimenyetso giturutse mu ijuru.

Jodi Guthrie utuye muri Leta ya Floride muri Leta zunze ubumwe za Amerika, yahise yandika ku rubuga rwe rwa Facebook ko papa Faransisiko amaze kwerekwa isi, none ibimenyetso biturutse mu ijuru bikaba bihise bisakara hose.

Uyu Jodi Guthrie ngo yabonye agacu gafite ishusho idasanzwe, imeze nk’iy’umuntu ufite amababa, ndetse n’amabara adasanzwe mu kirere kuko ko katukuraga.

Igicu kimeze nk'umumarayika Umunyamerika Jodi yabonye mu kirere ubwo hatorwaga Papa mushya.
Igicu kimeze nk’umumarayika Umunyamerika Jodi yabonye mu kirere ubwo hatorwaga Papa mushya.

Kugirango agumane iki kimenyetso, yahise agifotora, ubundi ashyira ifoto kuri facebook, nyuma y’amasaha make abantu bagera ku 4000 bari bamaze kuyikurura ku nkuta zabo (sharing).

Bamwe bagira bati : « Imana yishimiye itorwa rya papa mushya », abandi bati : « papa mushya Faransisiko ari kuvugwa cyane, gusa turabona atari ku isi gusa ».

Ubwo papa Benedigito wa XVI yeguraga nabwo habonetse ikimenyetso benshi bemeza ko cyaturutse mu ijuru, ubwo inkuba yakubitaga ku ngoro ya Mutagatifu Petero i Roma ; nk’uko tubikesha Gentside.

Jean Noel Mugabo

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 3 )

Ko mbona uyu mumalayika afite ishusho ritukura ubundi yakabaye ari umweru de!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!. Mumbwire uko mubibona

yanditse ku itariki ya: 18-03-2013  →  Musubize

k2day cool!!!!!!!!!!!!!!!

bebe yanditse ku itariki ya: 18-03-2013  →  Musubize

Biragaragara ko Papa Francis yatowe n’Imana!!!!!!!!!!Ba Francis mujye mwitwara neza Imana irabakunda cyaneeeeeeeeeeeeeeeeeeeee!!!!!!!!!!!

ndekezi François yanditse ku itariki ya: 17-03-2013  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka