Umushumba wa Diocese Gatolika ya Butare na Gikongoro, Musenyeri Phillipe Rukamba, arasaba ababyeyi kuganira no kuba hafi y’abana babo kuko iyo bataganirijwe ariho bahura n’ibishuko binyuranye bishobora no kubangiriza ubuzima.
Ahagana mu ma saa moya z’iki gitondo cya tariki 05/09/2014, FUSSO yari ipakiye imbaho igonze taxi mini bus yari iturutse i Runda mu karere ka Kamonyi itwaye abana baje kwiga i Kigali abari bicaye inyuma barakomereka gusa nta witabye Imana.
Umwana witwa Bikorimana Jean de Dieu w’imyaka 7 y’amavuko yanyweye Kanyanga afite imyaka itatu ahita agira ubumuga bwo kutavuga no kugenda kandi mbere yari muzima.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame yakiriye Komiseri ushinzwe amahoro n’umutekano mu muryango wa Afurika yunze ubumwe (AU), Amb. Smaïl Chergui ndetse n’intumwa nshya y’Umunyamabanga mukuru w’umuryango w’abibumbye mu karere k’ibiyaga bigari, Said Djinnit, bose bashimangiye ko FDLR igomba kurwanywa n’idashyira intwaro hasi.
Abinjijwe mu rwego rwa DASSO rushinzwe kunganira inzego z’ibanze mu gucunga umutekano mu karere ka Gasabo, barasabwa kwitwara neza mu kazi kabo no gukorana neza n’abaturage babafasha gucyemura ibibazo bahura nabyo kugira ngo umutekano urusheho kubungwabungwa neza.
Mu rukerera rwo kuwa 3/9/2014, abapolisi bashinzwe umutekano mu muhanda mu karere ka Bugesera bafashe imodoka yo mu bwoko bwa Toyota Carina ipakiye amakaziye 17 y’inzoga za Amastel bock zinjizwa mu Rwanda mu buryo bwa magendu.
Abakozi bakorera sosiyete yitwa One star Ltd irimbisha umujyi wa Ruhango baratabaza akarere kubishyuriza amafaranga bambuwe na rwiyemezamirimo wabahaye akazi ngo kuko baheruka guhembwa mu kwezi kwa Gatanu, none ubu bamwe bakaba barimo gusohorwa mu mazu abandi bakabura uko bivuza.
Ngabonziza Jean Claude, Umukozi ushinzwe imibereho myiza n’iterambere mu kagari ka Kigembe, yatemwe n’umuturage tariki 2/9/2014, amutemera imbere y’inzu yari amaze gusenya. Uwamutemye yahise atoroka ariko abandi baturage bavuga ko yamujijije ko yahawe amafaranga mu kubakwa kw’iyo nzu none akaba ayisenye.
Minisitiri muri Ministeri y’imicungire y’ibiza no gucura impunzi (MIDIMAR) ari kumwe n’umuyobozi w’ishami ry’umurango w’abibumbye ryita ku mpunzi (UNHCR) mu Rwanda basuye inkambi yakira impunzi by’agateganyo ya Nyagatare mu karere ka Rusizi mu rwego rwo gushakira umuti bimwe mu bibazo iyo nkambi ifite kugirango abayinyuramo (…)
Umugabo witwa Hakizayezu Gratien bahimbaga Gatekasi uri mu kigero cy’imyaka 25 wakoraga akazi ko gucuruza inka, yasanzwe mu ruzi rwa Bitare yapfuye mu ma saa tatu za mu gitondo mu mudugudu wa Ryanyagahangara, mu kagari ka Gasovu mu murenge wa Karambi mu karere ka Nyamasheke.
Ikipe ya AS Muhanga yahoze mu cyiciro cya mbere cya shampiyona y’umupira w’amaguru yamanuwe mu cyiciro cya kabiri inagabanyirizwa ingengo y’imari iva kuri miliyoni 75 igera kuri miliyoni 50.
Ku wa 25/08/2012, abatuye akarere ka Ngororero babonye ikiraro cy’abanyamaguru gihuza imirenge ya Bwira na Gatumba hafi y’imbibi z’iyo mirenge n’uwa Muhororo yose yo mu karere ka ngororero. Iki kiraro cya metero 50 cyubatswe ku mugezi wa Kibirira cyakuyeho imfu za hato na hato zaterwaga n’amazi y’uwo mugezi ndetse kigabanya (…)
Abayobozi n’abaturage bo mu karere ka Ngororero bavuga ko bishimiye uruganda rutunganya ifu y’ibigori rwakozwe n’umugore witwa Uwimana Mediatrice uvuka mu murenge wa Gatumba mu karere ka Ngororero ari naho urwo ruganda rukorera.
Mu nkambi ya Nyagatare iri mu murenge wa Gihundwe, mu karere ka Rusizi, isanzwe yakira by’agateganyo impunzi z’abanyarwanda zitahuka, hageze impunzi z’abanyarwada 36 ziturutse muri zone ya Masisi no ku Idjwi muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Kongo, kuri uyu wa gatatu tariki ya 3/9/2014.
Kuri uyu wa gatatu tariki 03/09/2014, intumwa z’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Imiyoborere (RGB) zasuye akarere ka Kirehe zigirana ibiganiro nyunguranabitekerezo n’abakozi n’abahagarariye ibigo binyuranye bikorera muri ako karere, hagamijwe kunoza intego z’icyerekezo 2030 isi yifuza kugenderaho.
Umukobwa w’imyaka 20 witwa Uwitonze Chantal wavukiye mu mudugudu wa Kamina mu Kagari ka Shara mu Murenge wa Kagano, aragezwa imbere y’urukiko kuri uyu wa mbere tariki ya 7/9/2014 azira guta umwana yari yabyaye mu kwezi kwa Mutarama muri uyu mwaka wa 2014.
Umunyabureziri w’imyaka 37, Claudio Vieira de Oliveira, w’ahitwa Monte Santo mu majyaruguru y’uburasirazuba bwa Brazil, yavukanye indwara bita arthrogrypose ituma umubiri we utamera nk’iy’abandi ; uruti rw’umugongo we rwarihindukije ku buryo umutwe we ureba inyuma.
Nyuma y’uko agarutse muri Guverinoma y’u Rwanda ndetse agasubizwa Minisiteri y’Umuco na Siporo, Ambasaderi Minisitiri Joseph Habineza, wanagizwe intumwa ya Guverinoma mu guha inama no kunganira mu karere ka Ngororero yifatanyije n’abatuye aka karere mu muganda usoza ukwezi kwa Kanama 2014, aho yasabye abaturage kwigira aho (…)
Kuba ubuyobozi bw’akarere ka Gakenke bwararushijeho kunoza imikorere n’imikoranire hagati yabwo n’abacuruzi ni bimwe mu byatumye inzego zitandukanye z’ubucuruzi zirushaho kwibona muri kano karere ku buryo barwiyemezamirimo bahatanira amasoko bagiye biyongera kuguba hafi inshuro eshanu ugereranyije no mu myaka nk’irindwi ishize.
Ku rukiko rw’ibanze rwa Gacurabwenge hatwikiwe urumogi, kanyanga n’ibiti bya kabaruka bakunze kwita umushikiri bifite agaciro ka miliyoni 20 n’ibihumbi 752 by’amafaranga y’u Rwanda kuri uyu wa gatatu tariki 3/9/2014.
Urubyiruko rurimo kujya kwiga mu Buyapani muri gahunda icyo gihugu cyemeye gufashamo Leta y’u Rwanda, ngo rwitezweho kuzagaruka rushoboye imirimo isaba ubuhanga buhanitse, ubusanzwe ikorwa n’abanyamahanga ngo baza bakishyurwa akayabo, nk’uko byatangajwe na Ministiri w’urubyiruko n’ikoranabuhanga, Jean Philbert Nsengimana.
Nyuma yuko umugabo asambanyije ku ngufu umukobwa yibyariye akavuga ko yabitewe n’inzoga yari yanyoye harimo na suruduwiri (African Gin) bamwe mu batuye akarere ka Ngoma barasaba ababishinzwe ko yafatirwa imyanzuro.
Ntagozera Joseph wo mu Kagari ka Cyogo, Umurenge wa Muko mu Karere ka Musanze, atangaza ko kwitwa inganzwa n’abaturanyi n’abandi bagifite imyumvire ikiri hasi kubera gufasha umugore we imirimo yo mu rugo ntacyo bimutwara, kuko afite icyerekezo cyo gufatanya n’umugore we imirimo yose kugira ngo umuryango wabo utere imbere.
Raoul Rugamba, umuyobozi w’ikigo Mobile Application ventures (MAV) ari nacyo gitegura igitaramo ngarukamwaka cyiswe “Hobe Rwanda” kigamije gutuma umuco Nyarwanda udacika asobanura ko kimwe mu byamuteye gutekereza icyo gitaramo ari uko yabonaga urubyiruko rugenda ruburira mu muco wo mu mahanga bityo afata iya mbere mu kurugarura.
Hagenimana Saidi, ukora akazi ko gutwara abantu kuri moto (umumotari) kuri santeri ya Rukoma mu karere ka kamonyi yabuze moto tariki 31/7/2014, ayibwe n’umugenzi wamuhaye umutobe urimo ibisinziriza. Iyi moto yabonetse tariki 2/9/2014, ifashwe n’abapolisi bakorera mu murenge wa Kayenzi akarere ka Kamonyi.
Nyuma y’icyumweru kirenga aburiwe irengero, umurambo w’umwana w’imyaka 7 witwa Nayituriki Emmanuel wabonetse mu gishanga cya Gitinda mu Kagari ka Burunga mu Murenge wa Gihundwe ho mu karere ka Rusizi.
Ubuyobozi bwo mu karere ka Burera buhamya ko Abahwituzi bafite akamaro gakomeye kuko aribo bifashishwa mu kugeza ku baturage gahunda za Leta zitandukanye mu buryo bwihuse bigatuma abo baturage bazishyira mu bikorwa.
Murwanashyaka Jean d’Amour, umunyeshuri mu mwaka wa gatandatu w’Indimi n’Ubuvanganzo mu Kigo cy’Amashuri yisumbuye cya Bisesero mu Karere ka Karongi ahamya ko kureka ibiyobyabwenge byamufashije kuba umuntu mushya kandi akaba ngo asigaye ari umunyeshuri mwiza dore ko ngo yagize amanota 75% akaba uwa kabiri kandi ubundi (…)
Ubuyobozi bw’akarere ka Rubavu butangaza ko hakenewe amafaranga agera kuri Miliyoni 40 kugira ngo gashobore kubakira abanyarwanda kakiriye birukanywe muri Tanzaniya.
Akarere ka Rutsiro ni kamwe mu turere tudafite ibikorwaremezo ariko ubuyobozi buri gushakisha uburyo bwakemura iki kibazo. Ni muri urwo rwego akarere kagiye kubaka amahoteri atandukanye ariko iyabimburiye izindi yatinze kuzura kubera ikibazo cy’amafaranga.
Iyo ugeze mu nkengero z’isoko rya Muhanga no hanze yaryo imbere y’amazu y’ubucuruzi, usanga abagore badanditse ku butaka imboga n’imbuto. Abandi bacururiza mu kajagari bavugwa ni abadandika ibyo kurya n’ibyo kwambara mu nkengero z’isoko rya Muhanga ndetse n’abacururiza mu muhanda.
Minisitiri w’ingabo General James Kabarebe, akaba n’imboni y’akarere ka Rubavu muri guverinoma, yashimiye abaturage bo mu murenge wa Kanama mu karere ka Rubavu kubera umuhate bagira mu kongera umusaruro uva mu byo bakora, bitandukanye n’amateka yigeze kuranga uyu murenge mu gihe cy’intambara y’abacengezi.
Mu ntangiriro z’iki cyumweru, umukinnyi w’umunya Côte d’Ivoire, Salomon Kalou w’imyaka 29, wakiniye Chelsea akitwara neza akayivamo ajya muri Lille mu Bufaransa wanayitsindiye ibitego 30 mu mikino 67 yayikiniye, yavuye muri iyi kipe yerekeza muri Hertha Berlin yo mu Budage azakinira imyaka 3.
Abafite ubumuga bo mu karere ka Rusizi bagifite ingeso yo gusabiriza barasabwa kuyicikaho, bagafatanya n’abandi kwibumbira mu makoperative kugira ngo babashe kugerwaho n’ubufasha baba bakeneye bitagoranye.
Umuryango wa Karangwa Alon utuye mu mudugudu wa Rwezamenyo mu kagari ka Munini umurenge wa Ruhango mu karere ka Ruhango, uratabaza inzego zitandukanye kuwutabara kubera ikibazo cy’ibitero bimaze iminsi bishaka guhita umuryango we.
Nyuma y’uko Intara y’Iburasirazuba igaragaye ku isonga mu buriganya n’imikorere mibi y’ibizamini bya Leta bisoza umwaka ushize wa 2013, abashinzwe uburezi muri iyi Ntara bose barasabwa kurwanya iyi sura mbi yabagiyeho, baharanira ubunyangamugayo mu gufasha abana gukora neza ibizamini.
Umwana w’imyaka 17 wo mu Kagali ka kabilizi, Umurenge wa Gacaca arakekwaho kwica umuvandimwe we w’imyaka 14 amukubise imigeri bapfuye avoka zo kurya kuwa mbere tariki 01/09/2014 .
Urubyiruko rw’abakorerabushake mu gukumira ibyaha ruzwi mu rurimi rw’icyongereza nka “Young Volunteers” rurakangurirwa kugira uruhare mu kubaka igihugu ariko ibyo bazabigeraho nibabanza guhinduka bo ubwabo, kandi bagashyira imbaraga nyinshi mu guhindura aho batuye by’umwihariko bagenzi babo kugira ngo igihugu kibe cyiza (…)
Igihe urugomero rw’amashanyarazi rwa Nyabarongo rwagombaga kuzurira cyongeye kwigizwa inyuma kuko ngo ruzaba rwuzuye mbere y’uko ukwezi k’ukwakira kurangira mu gihe rwagombye kuba rwaruzuye umwaka ushize, igihe n’ubundi cyakomeje kwimurirwa mu mezi ya Mata na Kamena uyu mwaka.
Mu ruzinduko yagiriye mu karere ka Nyamasheke, tariki 02/09/2014, umunyamabanga wa Leta ushinzwe ibijyanye no gutwara abantu n’ibintu muri minisiteri y’ibikorwa remezo, Dr Nzahabwanimana Alexis, yasabye ko ahantu hatanoze mu iyubakwa ry’umuhanda uva Nyamasheke ugana i Karongi, hakosorwa kugira ngo inenge zashoboka zibashe (…)
Abashoramari bagize ihuriro ryitwa Rwanda National Dairy Platform (RNDP) ry’aborozi, abatunganya amata (mu nganda) n’abashinzwe kuyakwirakwiza mu gihugu, bafite impungenge ko kuba Abanyarwanda batanywa amata mu buryo buhagije, bikomeza gutuma bagira imirire mibi ndetse ngo abo bashoramari bakaba bagenda bahomba uko iminsi (…)
Ubuyobozi bw’ihuriro ry’amakoperative akora umwuga w’uburobyi mu kiyaga cya Kivu buvuga ko igabanuka ry’isambaza ryatewe n’imihindagurikire y’ibihe ndetse n’Abanyekongo bakoresha iyo mitego itemewe mu gihe abacuruzi batunga agatoki abo bayobozi bavuga ko aribo ba nyirabayazana w’icyo kibazo.
Umusore witwa Nshimiyimana Félicien utuye mu murenge wa Cyanika, mu karere ka Burera yariye amandazi 10 manini bari bamutegeye arayamara ntiyagira ikibazo na kimwe agira, maze yegukana amafaranga y’u Rwanda ibihumbi bibiri bari bamwemereye.
Abanyeshuri biga mu bigo byigisha imyuga kimwe n’abarimu babo, bavuga ko Abanyarwanda batari bakwiye gukomeza kwibwira ko ibikoresho byiza ari ibikorerwa hanze y’u Rwanda gusa, kuko ngo no mu Rwanda hari ibihakorerwa kandi byiza kurusha n’ibitumizwa mu mahanga.
Minisitiri w’ubuhinzi n’ubworozi, aherekejwe n’abakozi bashinzwe iby’ubuhinzi, aragirira uruzinduko mu turere twa Kamonyi, Ruhango na Nyanza, aho asura abahinzi b’imyumati, arabagira inama yo kuyirandura bagahinga ibindi bihingwa, kuko yajemo uburwayi budashobora gutuma yera.
Kurangwa n’indangagaciro zikwiriye umuyobozi, kwirinda ibikorwa bibangamiye umudendezo w’umunyarwanda no kurwanya ibiyobyabwenge, ni byo byasabwe abagize urwego rushinzwe gufasha akarere mu gucunga umutekano (DASSO) mu karere ka Nyagatare, kuri uyu wa kabiri tariki ya 02/09/2014 ubwo batangiraga inshingano zabo ku mugaragaro.
Bamwe mu bagore batuye mu murenge wa Gakenke mu karere ka Gakenke bemeza ko abagabo babo bamaze gucengerwa na gahunda ya leta yo kutarenza umugore umwe ku buryo ingo nyinshi zitakigaragaramo abagabo baharika abagore babo, bikaba kandi byaranatumye amakimbirane agabanuka mu miryango.
Bitewe n’uko aborozi b’amatungo magufi bakomeje kugaragaza akamaro ubworozi nk’ubwo bubafitiye mu gutuma imibereho yabo iba myiza ndetse no mu iterambere, kuri ubu mu karere ka Nyabihu bagiye kurushaho kubushyiramo imbaraga muri uyu mwaka w’imihigo wa 2014-2015, hakazibandwa cyane ku nzuki n’inkoko.
Kigali Today (K2D) yagiranye ikiganiro cyihariye n’umuyobozi w’akarere ka Gakenke Deogratias Nzamwita ayitangariza byinshi mu buzima bwe kuva ku mirimo ya Leta itandukanye yakoze kugeza ku myidagaduro n’ifunguro akunda.
Urubyiruko rwo mu karere ka Kirehe rurishimira ikigo rumaze kubakirwa mu Murenge wa Kirehe. Iyi nyubako igizwe n’ibyumba bisaga 20 bizajya bikorerwamo imirimo inyuranye ijyanye no gufasha urubyiruko mu buzima bwarwo bwa buri munsi.