Nyanza: Bafata ubugoro n’igikamba nk’imari ikomeye

Bamwe mu bagore bo mu Murenge wa Nyagisozi mu Karere ka Nyanza bafata itabi ry’igikamba n’ubugoro nk’imari ikomeye ibinjiriza amafaranga ikanabatungira imiryango.

Isoko rya Rurangazi ryo mu Murenge wa Nyagisozi riri hafi ku birometero 40 uvuye ku biro by’Akarere ka Nyanza. Abagore bacuruza itabi ry’igikamba n’ubugoro muri iryo soko bavuga ko ari imari idashobora kubahombera kuko buri mwanya bakira abantu baza kugura ubugoro bwo kujundika ndetse n’igikamba.

Abacuruza itabi bavuga ko n'iyo isoko ritaremye abakiriya babasanga mu ngo.
Abacuruza itabi bavuga ko n’iyo isoko ritaremye abakiriya babasanga mu ngo.

Uwitwa Mugirwanake Emeritha avuga ko abantu bakuze aribo baguzi babo b’imena kuko nta bakobwa cyangwa abasore babagurira.

Agira ati “Iyi ni imari idashobora kumpombera kuko ikunzwe na benshi kandi usanga iyo bataribonye agatima kabo gahora karehareha bakumva bararishatse”.

Avuga ko gucuruza itabi ry’igikamba n’ubugoro bimutungiye umuryango bikanamufasha kubona amafaranga y’ishuri ry’abana, ay’ubwisungane mu kwivuza, n’ibindi bintu akenera mu buzima bwe bwa buri munsi.

Igikamba n'ubugoro ni imari ikomeye kuri aba bagore babicuruza.
Igikamba n’ubugoro ni imari ikomeye kuri aba bagore babicuruza.

Asobanura ko agapfunyika kamwe k’ubugoro kagurishwa amafaranga 20 y’u Rwanda naho umufungo w’itabi ry’igikamba ukagurishwa amafaranga 50 y’u Rwanda, akakira nibura abakiriya bari hagati ya 60 na 90 ku munsi baza baje kumuteza imbere.

Ati “Amafaranga ava muri ubu bucuruzi bw’itabi n’ubugoro amfashiriza umuryango wanjye nkikenura muri byinshi nkeneye, kuko niyo isoko ritaremye bansanga iwanjye mu rugo bakangurira”.

Abacuruza ubugoro bavuga ko ari imari idashobora kubahombera.
Abacuruza ubugoro bavuga ko ari imari idashobora kubahombera.

Bamwe mu bo Kigali Today yabonye batumagura iryo tabi ry’igikamba bemezaga ko ribaryohera ndetse ko hari n’ubwo batagira icyo bakora bataribonye kuko byamaze kubabaho akamenyero kurinywa cyangwa se kujundika ubugoro.

Bamwe mu bakiriya b’iri tabi ry’igikamba n’ubugoro usanga amenyo yabo ari umukara ariko bo bakavuga ko ntacyo bibatwaye ngo kuko baribonamo umuti w’iseseme n’ikirungurira.

Itabi iryo ari ryo ryose rigira ingaruka ku buzima bw’umuntu yaba urinywa n’utarinywa nk’uko byemeza n’abaganga.

Itabi ry'igikamba n'ubugoro bikunze kugurwa n'abantu bakuze.
Itabi ry’igikamba n’ubugoro bikunze kugurwa n’abantu bakuze.

Jean Pierre Twizeyeyezu

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka