Ubwo Abaturarwanda bazaba bakora Umuganda w’ukwezi kwa Kanama iwabo mu Rwanda, mu bihugu bya Senegal, Mali na Guinea Conakry nabo bazatangiza gahunda yo kujya bakora Umuganda mu mpera za buri kwezi nko mu Rwanda, igikorwa cyizanagumana inyito Nyarwanda kikitwa Umuganda Africa.
Kuri uyu wa kane tariki ya 28/08/2014, Umushinga Plan international Rwanda washyikirije akarere ka Bugesera ishuri wubakiye abatuye ako karere rifite agaciro ka miliyoni 362 z’amafaranga y’u Rwanda.
Mu gukumira inda zitateguwe, no kurwanya indwara zandurira mu mibonano mpuzabitsina, kuri buri kigo nderabuzima cyose giherereye mu karere ka Gicumbi uhasanga icyumba cy’urubyiruko kiba kirimo umukozi ushinzwe kwigisha urubyiruko ibijyanye n’ubuzima bw’imyorokere.
Umugande Osbert Nuwahereza w’imyaka 24 y’amavuko na mugenzi we Joseph Balikuddembe w’imyaka 44 y’amavuko bafungiye kuri sitasiyo ya polisi ya Nyamata nyuma yo gufatirwa mu cyuho baha umupolisi ruswa y’ibihumbi 90 kugira ngo areke kubakoraho iperereza.
Polisi ikorera mu karere ka Rutsiro yataye muri yombi Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’umurenge wa Kigeyo, Uwihanganye Jean Baptiste, umunyamabanga ncungamutungo Ndereyimana Modeste n’umukozi ushinzwe ubworozi muri wo murenge witwa Bizimungu Valens, bose bakekwa ho kunyereza umutungo wa Leta.
Umunyonzi witwa Nizeyimana Jean Claude w’imyaka 19 y’amavuko yitabye Imana mu gitondo cyo kuwa 29/8/2014, ubwo yagongaga imodoka ya Fuso nyuma yo kubura uko ayikatira kubera umuvuduko mwinshi yari afite.
Umugabo witwa Nzimurinda Felecien n’umugore we Cyabuga Josephine bari batuye mu mudugudu wa Mugurano mu kagari ka Ngange mu murenge wa Byumba ho mu karere ka Gicumbi babonetse barapfiriye mu nzu.
Isoma ry’urubanza rwa Lt. Joel Mutabazi ryari ritegerejwe na benshi ryasubitswe, kubera bimwe mu bimenyetso bijyanye n’uru rubanza bigikeneye icukumburwa ryimbitse, nk’uko byatangajwe na Maj. Bernard Hategeka, Perezida w’uru rukiko rukuru rwa Gisirikare i Kanombe.
Umugore w’imyaka 47 witwa Usabyimbabazi Pélagie yabuze ubuzima akubiswe n’inkuba ubwo yajyaga gucyura amatungo kuri uyu wa kane tariki ya 28/08/2014 mu masaha ya saa moya z’umugoroba.
Kuri uyu wa gatanu tariki 29/8/2014, abasirikare bahereutse gutabwa muri yombi bakekwaho gushaka guhungabanya umudendezo w’igihugu, bagejejwe imbere y’urukiko rw’ibanze rwa gisirikare rw’i Nyamirambo.
Bamwe mu baturage ndetse n’abayobozi b’Inzego z’Ibanze mu Murenge wa Gishyita mu Karere ka Karongi barahamya ko nyuma y’amezi atatu umuryango RWAMREC, urwanya ihohoterwa rishingiye ku gitsina ukanakangurira abagabo kugira uruhare mu buzima bw’umwana n’umubyeyi, umaze ukorana na bo ihohoterwa ryakorerwaga muri uwo murenge (…)
Sibomana Emmanuel ukina mu ikinamico Urunana yitwa Patrick Musonera akaba abihuza no gukora kuri Radio 10 na TV 10 aho akora nka Cameraman (gafotozi) na Editor (atunganya) w’amakuru, arasaba abakurikirana inkinamico kujya bamenya gutandukanya ibyo bumvamo bakina n’uko babayeho mu buzima busanzwe.
Havugarurema Asman w’imyaka 39 ukomoka mu karere ka Ngoma, avuga ko yatangiye gukoresha ibiyobyabwenge afite imyaka 14 kugera mu gihe cy’imyaka 15 ubwo byari bimaze kumugiraho ingaruka zikomeye, nyuma yo kujyanwa i Wawa ubu akaba yarabiretse akihangira umurimo.
Ndagijimana Callixte utuye mu Kagari ka Mubumbano mu Murenge wa Kagano mu Karere ka Nyamasheke, avuga ko imvura ivanze n’umuyaga yahuhuye inzu ye kuri uyu wa mbere tariki ya 25/08/2014 igasenyuka yose kubera uburangare bw’abayobozi b’akarere ka Nyamasheke bari baramwemereye ubufasha kugira ngo asane inzu ye yari yarangijwe (…)
Abanyamuryango bibumbiye muri Koperative y’ubucuruzi ya Kabarore “Kabarore United Trade and Cooperative (KUTC)” ikorera mu Murenge wa Kabarore mu karere ka Gatsibo, barasaba ubuyobozi bw’Akarere kubarenganura nyuma y’igihombo kinini bamaze kugira mu bucuruzi bwabo.
Mu gihe ikoranabuhanga rishingiye kuri terefoni zigendanwa rikomeje gukwirakwira ku isi, abantu benshi ngo bakunze kuryama bafite terefoni zabo hafi kandi zaka kubera gahunda zitandukanye baba bashaka ko zibafasha mo, nko kwitaba, kubibutsa n’ibindi.
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, yakiriye ambasaderi Khaled Adbel-Salam wari uhagarariye igihugu cya Misiri mu Rwanda; baganira ku mibanire n’imikoranire y’ibihugu byombi nyuma y’aho Misiri ibonye Perezida mushya, Abdel Fattah el-Sisi mu mwaka ushize wa 2013.
Umushoferi witwa Mushimba Jean Bosco w’imyaka 40 y’amavuko na Kigingi we witwa Habiyaremye Emmanuel w’imyaka 22 y’amavuko bakomerekeye bikomeye mu mpanuka y’imodoka yagonze umukingo, ku buryo kubakuramo babanje gutemagura igice cy’imbere cy’imodoka.
Minisiteri y’Imari n’Igenamigambi irishimira ko impapuro mvunjwafaranga (bonds) z’u Rwanda ku nshuro ya kabiri zagize ubwitabire bwazamutse ku rugero rwa 232%, rukaba ari rwo rwa mbere runini mu kwitabirwa Guverinoma iyo ariyo yose yaba yaragize, nk’uko iyi minisiteri ibitangaza.
Itsinda ry’abantu batandatu baturutse mu bihugu bya Uganda na Mozambique bakorana n’umushinga BTC (Belgian Technical Cooperation) utera inkunga bimwe mu bikorwa bijyanye n’ubuzima mu Karere ka Gakenke by’umwihariko ku bitaro bya Nemba, bishimiye uburyo izo nkunga zikoreshwa banishimira imwe mu mikorere y’ibitaro hamwe (…)
Abagabo babiri bafungiye kuri sitasiyo ya Polisi ya Rutsiro aho umwe ashinja mugenzi we kwica umuntu akamusaba kumufasha bakamujugunya mu mugezi, ariko ushinjwa ntabyemera.
Perezida w’u Rwanda Paul Kagame na ministiri wungirije ushinzwe ububanyi n’amahanga mu Buyapani, Hirotaka Ishihara bemeranyijwe ko Leta z’ibihugu byombi zigiye gukorana n’abikorera bo mu Rwanda hongerwa umusaruro w’ibyoherezwa mu mahanga.
Abakora umwuga wo gutwara abagenzi kuri moto bazwi ku izina ry’abamotari bakorera mu karere ka Kirehe bavuga ko batishimiye uburyo babayeho kuko bahura n’imbogamizi nyinshi zibazitira mu mwuga wabo.
Ibibazo bivugwa mu ihuriro ry’amakoperative y’abarobyi bo mu Karere ka Rusizi (UKOPEKORU) ngo ntibishingiye ku inyerezwa ry’umutungo wayo ahubwo ngo bishingiye ku miyoborere; nk’uko byashyizwe ahagaragara na raporo yakozwe n’ikigo cy’Igihugu gishinzwe iterambere ry’amakoperative (RCA).
Kuva tariki 05/09/2014, imwe mu myanya y’ubuyobozi mu tugari n’imirenge byo mu karere ka Nyanza iraba ikorerwamo n’abantu bashya kubera guhinduranya abayobozi kwabayeho.
Minisitiri w’intebe w’u Rwanda, Anastase Murekezi ari ku mugabane w’Uburayi mu gihugu cya Turukiya aho yitabiriye imihango yo kurahira kwa Perezida Tayyip Erdogan iza gutangira isaa saba ku isaha y’i Kigali.
Mukamukomezi Agnes na Karangwa Jean batuye mu mudugudu wa Byahi mu kagari ka Shara mu murenge wa Kagano mu karere ka Nyamasheke barasaba ubufasha bwo kuvuza umwana wabo w’amezi umunani ufite ikibazo kuko aho gukura nk’abandi bana agenda abyimba umutwe.
Polisi y’igihugu mu karere ka Nyaruguru irasaba urubyiruko gutanga amakuru ku igurishwa ry’abana b’abakobwa, ndetse no ku mpanuka zo mu muhanda, hagamijwe kubikumira bitaraba.
Hashize imyaka itatu mu karere ka Ngororero bubaka uruganda rugenewe gutunganya umusaruro w’imyumbati. N’ubwo bigaragara ko inyubako zarangiye ndetse n’imashini zizakoreshwa muri urwo ruganda zikaba zihari, imirimo yo gutunganya imyumbati yo ntiratangira mu gihe umushinga wateganyaga ko uruganda rwari gutangirana n’umwaka wa (…)
Imibare igaragara mu mirenge itandukanye igize akarere ka Muhanga igaragaza ko abaturage bagejeje imyaka 18 bitabira gukorana n’ibigo by’imali bakiri bakiri bacye kanda ngo ugasanga hari imirimo bakora yagombye kubafasha kwizigama.
Mu rugendoshuri rwakozwe n’abaturage 11 bo mu karere ka Nyamasheke bagamije gushaka ibitekerezo no kwigira ku bandi mu mushinga w’iterambere ridaheza, bishimiye ko basanze gushyigikira uburezi bw’abafite ubumuga byarateye imbere mu karere ka Kamonyi.
Ikigo cy’igihugu gishinzwe imiyoborere myiza (RGB) cyatangije umushinga wo gushyiraho abatoza bazafasha mu nzego z’ibanze hagamijwe kubaka ubushobozi bwo kunoza imicungire y’umutungo n’igenamigambi, ubu buryo butegerejweho kuzazamura uburyo bwo guha serivisi abaturage.
Abagore bahagarariye abandi mu Murenge wa Cyuve, Akarere ka Musanze barakangurirwa kugeza ubutumwa bwa gahunda ya “Ndi Umunyarwanda” ku bagize imiryango yabo by’umwihariko ndetse n’aho batuye kuko ubunyarwanda ari wo musingi w’amahoro arambye mu Rwanda.
Aborozi bo mu karere ka Ruhango baratangaza ko bahangayikishijwe n’ikibazo cy’ubujura bw’inka muri iyi minsi aho batunga agatoki bamwe mu bakora umwuga wo kubaga inka ahantu hatandukanye muri aka karere, bakaba basaba inzego zibishinzwe ko hakwiye kugira igikorwa.
Abashoramari 50 b’Abayapani bayobowe na Ministiri wabo w’ububanyi n’amahanga wungirije, Hirotaka Ishihara, baje mu Rwanda kumva niba bahashora imari; ariko kandi ngo u Buyapani burashaka kwigisha isi amahoro, buhereye kuri Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda ndetse no kuri bombe atomike zatewe muri icyo gihugu.
Abagabo bo mu karere ka Gicumbi bamaze kuboneza urubyaro hakoreshejwe uburyo bwo kwifungisha burundu (Vasectomy) barasobanura ko babikoze babyumvikanyeho n’abagore babo kandi ngo bamaze kubona ibyiza byabyo bakaba bakangurira abakibishidikanyaho gushira ubwoba kubyitabira.
Niyonsaba Sakindi utuye mu murenge wa Mbogo mu karere ka Rulindo avuga yabashije kwiteza imbere abikesha ubworozi bw’inkoko kuko ubu ageze ku nkoko 4000 zihagaze hejuru ya miliyoni 15 z’amafranga y’u Rwanda.
Umuryango w’abakorerabushake b’amahoro (Association des Volontaires de la Paix) utangaza ko n’ubwo utabashije kuburizamo Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda, nyuma yaho wiyemeje guharanira kubanisha abantu mu mahoro no kwamagana amacakubiri mu Rwanda n’ahandi hose ku isi.
Umusore w’imyaka 25 mu gihugu cya Canada bamufashe atwara imodoka yasinze maze bamushyira mu mudoka ya polisi yari ku burinzi ku ntebe y’inyuma maze mu gihe bacyumva ubuhamya ku mpanuka yari yatejwe n’uko gutwara imodoka kandi yasinze abaca mu rihumye atorokana imodoka ya polisi bamufata hashize iminsi itatu.
Abakandida Senateri b’Intara y’Uburasirazuba bahatanira umwanya wo kujya mu nteko ishingamategeko umutwe wa Sena, kuri uyu wa gatatu tariki 27/8/2014 nibwo basoje ibikorwa byabo byo kwiyamamaza.
Umusore witwa Kubwimana Oscar wo mu kagari ka Tara mu murenge wa Mururu mu karere ka Rusizi yiyahuye mu ijoro ryo kuwa 26 rishyira kuwa 27/08/2014, hakaba hakekwa ko yaba yabitewe n’imyenda myinshi yari afitiye abantu hakiyongera ho kwibwa.
Abaturage bo mu mirenge ya Bungwe, Gatebe, na Kivuye, ho mu karere ka Burera, batangaza ko nyuma y’amezi abiri bagejejweho umuriro w’amashanyarazi ubuzima bwabo bumaze guhinduka.
Umusambi ni kimwe mu bikoresho byafatwaga nk’ingenzi mu Rwanda rwo hambere. Uretse kuba barawuryamagaho, ari naho hava izina “umusaswa”, barawiyorosaga, bakawicaraho, bakawanikaho imyaka ndetse bakanawushyinguramo abapfuye.
Ubuyobozi bw’Intara y’Uburengerazuba, kuri uyu wa 26 Kanama 2014, bwagiranye inama n’abikorera barimo abanyamahoteli, abanyatubari n’abakora akazi ko gutwara abantu bakoresheje ibinyabiziga maze bubakangurira gufata iya mbere mu kugira uruhara mu ikumirwa ry’icyaha cyo gucuruza abantu.
Abaturage bo mu murenge wa Ntarama bibumbiye muri Koperative “KOMITE Y’ABATURAGE B’UMURENGE WA NTARAMA” yakoraga ibikorwa by’isuku mu muhanda Kigali-Nemba mu gice cyo mu murenge wabo, barasaba ubuyobozi bw’akarere ka Bugesera kubishyura ibirarane by’amafaranga y’amezi atatu batishyuwe mbere y’uko basesa amasezerano bari (…)
Abahinzi benshi mu karere ka Nyabihu bemeza bashobora kuzabona umusaruro mwiza muri iki gihembwe cy’ihinga cya 2015 A kuko babona ikirere gitanga ikizere ndetse n’imyaka bahinze imaze kumera ikaba ari myiza.
Abanyamadini n’amatorero bo mu karere ka Nyamasheke biyemeje kuba umusemburo nyakuri uzafasha abayoboke babo gushyira mu bikorwa gahunda za leta babakangurira kuzigira izabo.
Mu gihe u Rwanda rumaze imyaka irindwi mu muryango wa Afurika y’Iburasirazuba “East African Community” bamwe mu baturage bo mu byaro byo mu karere ka Nyabihu bavuga ko badasobanukiwe n’imikorere y’uyu muryango n’akamaro ubafitiye.
Abahanzi baririmba Gospel (indirimbo zihimbaza Imana) bategereje byinshi ku marushanwa atanga ibihembo ya Groove Awards agiye kuba ku nshuro ya kabiri kuko ngo aya marushanwa azatuma bahabwa agaciro n’abayobozi bamwe na bamwe bo mu matorero.
Mu gihe ababumba inkono n’ibibindi bavuga ko umwuga w’ububumbyi wataye agaciro bitewe n’ibikoresho bigezweho, hari ababumbyi bateye intambwe basigaye babumba imitako n’ibindi bikoresho batangaza ko kubumba byabateje imbere.