Bamwe mu baturage batuye mu Mirenge ya Nemba na Gakenke yo mu Karere ka Gakenke baravuga ko nyuma ya Jenoside yakorewe abatutsi muri 1994 ibikorwa byinshi by’iterambere bimaze kugera iwabo ndetse byagiye bibagiraho ingaruka nziza, bitandukanye n’imibereho yabo ya mbere ya Jenoside.
Minisitiri w’ubutabera, Johnston Busingye akaba n’intumwa ya Guverinoma mu Karere ka Gicumbi yasabye abaturage bo muri aka karere gukoresha neza ubuhinzi n’ubworozi bakabibyazamo amafaranga azabafasha kwiteza imbere.
Dr Pierre Damien Habumuremyi, umuyobozi w’urwego rw’igihugu rushinzwe intwari, imidari n’impeta z’ishimwe (CHENO) arasaba ko bashakirwa aho gukorera hafite ubwinyagamburiro kuko aho bakorera ubu hadahagije.
Ndikumana Hamad Katawuti wamenyekanye cyane mu ikipe ya Rayon Sport no mu ikipe y’igihugu Amavubi, atangaza ko abona umupira w’amaguru mu Rwanda ugenda usubira inyuma ku buryo nta gikozwe wazisanga utanakibaho.
Ikigo k’igihugu gishinzwe ubumenyingiro (WDA) cyatanze imashini eshanu zikoresha ikoranabuhanga mu gukora amatafari, zitegerejweho kongerera ubumenyi abanyeshuri ariko zikanafasha igihugu kugera ku ntego yo kubaka amazu aciriritse kandi akomeye.
Ambasaderi w’u Buyapani mu Rwanda, Kazuya Ogawa yatumiye Ministiri w’Intebe, Anastase Murekezi kuzajya kwitabira inama y’Umuryango w’Abibumbye (UN) yiga ku kwirinda no guhangana n’ibiza, iteganyijwe kubera mu Mujyi wa Sendayi mu Buyapani kuva tariki 15-17/3/2015.
Abikorera bo mu Ntara y’Amajyepfo batangaza ko bagambiriye kwishyira hamwe kugira ngo bayizamure ive mu bukene, dore ko ari yo ikennye cyane kurusha izindi mu Rwanda.
Uwari umunyamabanga nshingwabikorwa w’Umurenge wa Murama mu Karere ka Kayonza, Twamugabo André, amaze iminsi agejeje ubwegure bwe ku buyobozi bw’Akarere ka Kayonza.
Kaminuza y’u Rwanda, ishami ryigisha ubuhinzi, ubumenyi n’ubuvuzi bw’amatungo (UR-CAVM) ryatangiye kumurikira Abanyarwanda ubushakashatsi bwakozwe n’abarimu n’abanyeshuri kugira ngo buzifashijwe mu guhindura ubuhinzi n’ubworozi.
Ubuyobozi bwa Cogebank bwatangaje ko abanyamigabane bayo biyemeje kongera umubare w’imigabane ku nyungu ku gishoro ungana na miliyari 7,3 z’amafaranga y’u Rwanda. Iki gishoro kikaba kiyongereye ugereranyije n’imigabane ihwanye na miliyari 5,1 yari isanganywe.
Ikipe ya Rayon Sports yo mu Rwanda irahaguruka i Kigali yerekeza mu Misiri ku gicamunsi cy’uyu wa kabiri kuwa 10/02/2015 ijya gukina na Zamalek mu mukino w’irushanwa Orange Confederation Cup uzaba kuwa gatanu 13/02/2015 i Cairo.
Ubwo mu Ruhango haberaga umuhango wo kwakira Ndoricima Marcel ukomoka mu Burundi wahawe ubwenegihugu bw’u Rwanda kuwa 09/03/2015, umuyobozi w’akarere ka Ruhango yavuze ko u Rwanda ruryoshye kandi rwizewe na benshi, bikaba ngo biri mu byatumye abanyamahanga 112 basaba ubwenegihugu mu mwaka ushize wa 2014 kandi ngo bakaba (…)
Minisitiri w’Intebe, Anastase Murekezi, arasaba abacamanza kwihutisha imanza z’abakurikiranyweho imicungire mibi y’amafaranga agenewe gukura abaturage mu bukene, mu rwego rwo gutanga urugero rw’ubutabera bwiza.
Sedorogo Fabien wo mu Murenge wa Shyogwe mu Karere ka Muhanga wahoze utuye mu Karere ka Rusizi, avuga ko yakorewe akarengane n’uruganda rwa Shagasha rwamwambuye imitungo ye itimukanywa none hashize imyaka 16 atarishyurwa.
Komisiyo y’Afurika Yunze Ubumwe yashimiye u Rwanda kubera uruhare rukomeje kugira mu ishyirwaho ry’Ingabo z’Afurika y’Uburasirazuba, ziteguye gutabara igihugu cyakwadukamo imvururu n’intambara(EASF), ndetse n’umusanzu w’Ingabo, abapolisi n’abasivile rutanga mu kubungabunga amahoro mu bihugu bitandukanye.
Minisitiri wa Siporo n’umuco, Uwacu Julienne aratangaza ko atazigera aha umwanya amarozi ko ahubwo agiye gushyigikira Siporo ishingiye ku benegihugu.
Abaturage b’ahitwa Rilima muri Bugesera bataye muri yombi umugabo bashinjaga kubakururira ibyago ngo kuko yaryaga inyama z’imbwa ye yari yapfuye aho kuyihamba agahitamo kuyirya ndetse akanagaburiraho n’abaturanyi be.
Cooperative Umwalimu SACCO iratangaza ko igiye gutangiza uburyo bushya bwo guha abanyamuryango bayo inguzanyo biciye mu mishinga yabo bwite bazajya bakora ibyara inyungu.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Rutsiro buratangaza ko Hoteli imwe rukumbi igiye kuzura muri aka karere izatuma abashoramari bajya kuhakorera, kuko ngo bakomeje kugira imbogamizi zo kubura aho barara.
Abaturage 120 bakoraga ibikorwa by’isuku mu muhanda SONATUBE-NEMBA unyura mu Turere twa Bugesera na Kicukiro barasaba ubuyobozi bw’Akarere ka Bugesera kubakurikiranira amafaranga bakoreye mu mwaka wa 2012 batishyuwe.
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Iterambere (RDB), kuri uyu wa 9 Werurwe 2015, cyakanguriye ba rwiyemezamirimo kwadikisha ibihangano byabo nyuma yo kubona ko Abanyarwanda batitabira kubyandikisha ngo babirinde ababikoresha binyuranyije n’amategeko.
Abagore bo mu Karere ka Ngoma barasaba Perezida wa Repubulika, Paul Kagame ko yakwemera kongera kwiyamamaza muri manda ya Gatatu maze bakazamuhundagaza ho amajwi.
Umutoza w’ikipe y’Amagaju, Bekeni asanga kuba baratsinzwe na AS Kigali byaratewe no kuba ari abanyacyaro.
Bamwe mu babyeyi bo mu Karere ka Ruhango baravuga ko bitoroshye gukangurira abana b’iki gihe kugira umuco wo gusoma kubera gukurira mu mafilime na televiziyo.
Mu turere 7 two mu Ntara y’Iburasirazuba ngo banyotewe no kubona iterambere ry’umupira w’amaguru kandi ugashingira ku bana bakiri bato kugira ngo bazakurane imbaraga n’ubuhanga muri uyu mukino, bityo bazajye batoranywamo abakinnyi bo mu makipe akomeye mu gihugu, nibiba ngombwa bagere no mu mahanga.
Ikusanyirizo ry’amata ryubatswe mu Murenge wa Nyange mu Karere ka Ngororero ribangamiwe no kutabona amata ahagije yo gutunganya no kujyana ku isoko, bigatera igihombo koperative irikoresha.
Tuyambaze Céléstin utuye mu Murenge wa Kirehe mu Karere ka Kirehe atanga ubuhamya bw’ukuntu yafashe utwe twose akajya muri Uganda bamubeshye ko hari ubuzima bwiza kurusha mu Rwanda, akamara ukwezi kumwe nta n’ijana asigaranye akigira inama yo kugaruka iwabo.
Ku wa gatandatu tariki ya 7/03/2015, Urubyiruko rwitabiriye umuganda udasanzwe rukora uturima tw’igikoni mu tugari dutandukanye mu rwego rwo gufasha imiryango y’abaturage batishoboye.
Nyuma y’uko imwe mu miryango mpuzamahanga nterankunga yongeye gutungwa agatoki gukorana n’umutwe wa FDLR ukorera mu Burasirazuba bwa Kongo, Minisitiri Lambert Mende ushinzwe itangazamakuru muri Repuburika iharanira Demokarasi ya Kongo akaba n’umuvugizi wa Leta aratangaza ko Leta ya Kongo igiye gukora iperereza kuri iyo (…)
Abagore bo mu Rwanda barashimirwa ko batagitinya gufata ibyemezo mu kwaka inguzanyo mu mabanki y’ubucuruzi kugira ngo biteze imbere.
Tariki ya 08 Werurwe buri mwaka ni umunsi mpuzamahanga wahariwe umugore ku isi (IWD), u Rwanda rukaba rwifatanyije n’amahanga kuwizihiza.
Guhera tariki ya 31/03/2015, hazatangizwa amatora y’intumwa z’abakozi bahagarariye abandi n’abagize komite zishinzwe ubuzima n’umutekano mu bigo by’abikorera.
Komisiyo ishinzwe Abakozi ba Leta, irasaba abayobozi bo mu nzego z’ibanze (za Leta) kujya bubahiriza amategeko n’inzira ziteganywa na yo mu gihe bagiye gufatira ibihano abakozi, kuko iyo hagize icyo basimbuka bishora Leta mu manza kandi igatsindwa, kabone nubwo umukozi yaba yari afite ikosa.
Abaharanira inyungu z’u Rwanda mu bihugu byabo bari bari mu mwiherero mu Rwanda ugasozwa no gusura ibice bimwe by’u Rwanda, bavuga ko ibyo basuye byatumye babona aho bazahera mu kuvuganira u Rwanda.
Milutin Sredojević Micho watozaga Ikipe y’igihugu ya Uganda nyuma yo kuva mu ikipe y’igihugu y’u Rwanda, Amavubi, ubu yamaze kugirwa umutoza mukuru w’ikipe ya Al Hilal yo muri Sudani.
Abanyarwanda batuye muri Canada bahuriye muri Ottawa bizihiza umunsi mpuzamahanga wahariwe abagore ku isi wizihizwa tariki ya 08 werurwe buri mwaka.
Nyuma y’ukwezi ibikorwa byo gushyira abaturage mu byiciro bishya by’ubudehe bitangijwe, bamwe mu batuye Akarere ka Ngororero baravuga ko bashyizwe mu byiciro batishimiye, hakaba n’abadasobanukiwe n’icyo ibyiciro by’ubudehe bigamije, kuko abenshi bazi ko birebana n’ubwisungane mu kwivuza gusa.
Umuryango w’abahoze ari abanyeshuri barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 (GAERG) n’umuryango w’abakiri abanyeshuri bayirokotse (AERG), ku wa 7/3/2015 bafashe mu mugongo abasizwe iheruheru na Jenoside babasanira inzu, borozwa inka ndetse banubakirwa uturima tw’igikoni.
Abagize itsinda rya TNP ndetse na Rafiki babashije gukomeza mu bahanzi 10 bazahatanira kwegukana irushanwa rya Primus Guma Guma Super Star ku nshuro ya 5 (PGGSS 5), mu gihe bagenzi babo 6 bari babarushije amajwi mbere basigaye.
Bamwe mu bagize ibikorwa by’ubutwari muri Jenoside yakorewe abatutsi mu Rwanda mu w’1994 mu Murenge wa Rukumberi mu Karere ka Ngoma bahawe inka n’umuryango w’abanyeshuri barokotse Jenoside yakorewe abatutsi mu w’1994 (AERG), hamwe na bakuru babo barangije Kaminuza bibumbiye muri GAERG, nk’ikimenyetso cyo kubashimira ubutwari (…)
Abakuru b’ibihugu byose bigize umuryango wa Afurika y’uburasirazuba (EAC) hiyongereyeho Sudani y’Epfo na Ethiopia, bahuriye i Kigali kumva imishinga yatangijwe n’u Rwanda, Kenya na Uganda bisanzwe bikoresha umuhora wa ruguru (Northern Corridor), mu nama yateranye kuri uyu wa gatandatu tariki 7/3/2015.
Umukinnyi Gasore Hategeka ukina mu ikipe ya Benediction Club yegukanye isiganwa ry’amagare ryiswe Eastern Circuit ryavaga Kigali ryerekeza i Nyagatare, kuri uyu wa gatandatu tariki 7/3/2015.
Bamwe mu baturage bo mu Karere ka Kirehe bakomeje gutaka ubukene batewe na bimwe mu bigo by’imari byafunze imiryango, ababigize baburirwa irengero na n’ubu abaturage bakaba baheze mu gihirahiro bibaza uko bazabona amafaranga yabo.
Umuyobozi w’ikigo cy’ubwisungane mu kwivuza mu karere ka Rutsiro, Mukantabana Anne Marie n’umucungamutungo Uhawenimana Innocent, batawe muri yombi bakekwaho kunyereza imisanzu ya Mitiweli yatanzwe n’abaturage.
Akarere katangiye imyiteguro yo gutegura kwibuka ku nshuro ya 21 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, inama yahuje abaturage, abahagarariye AVEGA na Ibuka ku rwego rw’imirenge n’akarere, abakozi bashinzwe imibereho myiza mu mirenge n’abakozi b’akarere bafite kwibuka mu nshingano zabo.
Abadepite bagize Komisiyo ishinzwe gukurikirana imikoresheje y’imari n’umutungo by’igihugu mu nteko ishinga amategeko (PAC ), bagiriye inama ubuyobozi bw’akarere ka Bugesera kuzajya bubanza gushishoza kuri rwiyemeza mirimo bagiye guha isoko.
Abaturage batuye mu murenge wa Mushubati mu karere ka Rutsiro batangaza ko batumvaga umuryango uhuza ibihugu by’iburasirazuba (EAC), ariko nyuma y’amahugurwa bahawe ngo bamaze kuwubona ho amakuru ahagije n’inyugu ufitiye igihugu kirimo.
Umuryango w’abahoze ari abanyeshuri barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 (GAERG) n’umuryango w’abakiri abanyeshuri bayirokotse (AERG), baratangiza icyumweru cyahariwe gushimira abahoze mu ngabo za RPF bakomerekeye ku rugamba no gufasha abagizwe incike na Jenoside.
Ubuyobozi bw’akarere ka Gakenke bwasabye abahagarariye imirenge yose uko ari 19 igize aka karere kurushaho gushyira imbaraga mukurinda ibirango bya leta, kugi rango hatazongera kubaho ikibazo nk’igiheruka kubaho mu minsi ishize.