Rayon Sports yakiranwe icyubahiro i Kanombe

Ikipe ya Rayon Sports yakiriwe n’abafana benshi ku kibuga cy’indege i Kanombe ubwo yari ivuye mu Misiri aho yatsindiwe na Zamalek ibitego 3-1.

Ku isaha ya saa saba n’iminota 30 nibwo ikipe ya Rayon Sports yari isesekaye ku kibuga cy’indege i Kanombe aho yasanze abafana benshi bayitegereje.

Rayon Sport yaje irangajwe imbere na Perezida wayo Theogene Ntampaka wagiye ayiherekeje ndetse anagira icyo avuga ku bibazo byavuzwe ku ikipe ya Rayon Sports.

Abafana babanje guhabwa gahunda y'uko bari bwitware.
Abafana babanje guhabwa gahunda y’uko bari bwitware.

Ntampaka yahakanye amakuru yavugwaga ko baba baragize ibibazo by’amafaranga ahubwo yizeza abafana ko Zamalek bagomba kuyisezerera.

Ntampaka ati “Ikipe ya Rayon Sports nta kibazo yigeze igira, ngira ngo byaba n’abakinnyi bafotowe babihereye amakuru y’imvaho, ahubwo icyo nakwizeza abafana ni uko tugoma kuzaha Pasika abafana ba Rayon Sports dusezerera Zamalek”.

Umutoza w’ikipe ya Rayon Sports nawe yavuze ko gusezerera ikipe ya Zamalek bishoboka cyane ko ikipe bayirushije ariko bakabura amahirwe.

Sosthene Habimana yatangaje ati “Ikipe ya Zamalek kuyikuramo birashoboka ngereranije n’uko twakinnye neza iwabo, bakayiha Penaliti umuntu atahamya ko yari yo urebye amashusho, ubu tugiye kwitegura cyane kandi abafana nibaguma kutuba inyuma tuzabikora”.

Perezida Ntampaka niwe waje abari imbere.
Perezida Ntampaka niwe waje abari imbere.

Muri uyu mukino ikipe ya Rayon Sports yatsinzwe ibitego 3-1, ibitego bya Zamalek byatsinzwe na Eid ku munota wa 6, n’uwa 45 w’igice cya mbere, ndetse na Tawfik ku munota wa 36 mu gihe icya rayon Sports cyatsinzwe na Isaac Muganza ku munota 53.

Umukino wo kwishyura uteganijwe ku cyumweru tariki ya 05/04/2015 ubwo hazaba hizihizwa Pasika ku bayemera. Iyi kipe isabwa gutsinda byibuze ibitego bibiri ku busa kugira ngo ibashe gusezera Zamalek.

Uko kwakira Rayon Sports byagenze mu mafoto

Abafana bari benshi.
Abafana bari benshi.
Abafana batonze umurongo bategereje ikipe.
Abafana batonze umurongo bategereje ikipe.
Bakoze imirongo ibiri basiga inzira abakinnyi bari bunyuremo.
Bakoze imirongo ibiri basiga inzira abakinnyi bari bunyuremo.
Abafana bati "Gikundiro Forever".
Abafana bati "Gikundiro Forever".
Abakinnyi batambuka abafana babaha indabo.
Abakinnyi batambuka abafana babaha indabo.
Isaac Muganza watsindiye rayon Sport igitego.
Isaac Muganza watsindiye rayon Sport igitego.
Kapiteni Fuade asaba abafana kuba hafi ya Komite.
Kapiteni Fuade asaba abafana kuba hafi ya Komite.
Ntampaka yashimiye abakinnyi uko bitwaye.
Ntampaka yashimiye abakinnyi uko bitwaye.

Sammy IMANISHIMWE

National Football League

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 15 )

Thanks mwabahungu mwe

Johny yanditse ku itariki ya: 19-03-2015  →  Musubize

mubyukuri rayon nikipe dukunda turibenshi koko.ark ntamutera nkunga igira.irirya ikimara nabafana bayo.bityo rero nibyikora ahubwo irageragezape!! gusabikomeje bitya yasigara kwizina gusa.ubuyobozi niburebe icyobukora hakirikare.nukonkennye nakayifatiye nkayizamura rwose.

sibomana yanditse ku itariki ya: 18-03-2015  →  Musubize

Rayon turagushyigikiye kd niizeyeko twizeyeko tuzasezerera iriyacyipe tugakomeza natwe abafanaturabashyigikiye tubarinyuma kad turabashimiyecyane ukomwitwayekukomwitwayenezacyane

shumbusho ally yanditse ku itariki ya: 17-03-2015  →  Musubize

Nukuri nimupanga neza muzayitsinda kandi mutegure abakinnyi bishime bazageze icyo gihe bishimye kandibaruhutse neza murebe ibyo Rayon ibakorera murakoze

xy yanditse ku itariki ya: 17-03-2015  →  Musubize

Nukuri nimupanga neza muzayitsinda kandi mutegure abakinnyi bishime bazageze icyo gihe bishimye kandibaruhutse neza murebe ibyo Rayon ibakorera murakoze

xy yanditse ku itariki ya: 17-03-2015  →  Musubize

Nibyiza Rayon yitwaye neza n’ubwo yahushishe penalty. Ariko nibarize Ntampaka: ko avuga ngo ikipe ntakibazo yagize, arashaka kuvuga ko ariya mafoto ari amahimbano. Mujye muvugisha ukuri.

Davido yanditse ku itariki ya: 17-03-2015  →  Musubize

N’ubwo bigoye kuba Gikundiro yakomeza,ariko nanjye ndemeranya n’umutoza,ko nyuma yo gusubiza abakinnyi muri moud nziza,gukosora amakosa yagaragaye muri allé,abafana natwe tukaba twirengagije ibijyanye n’amafoto twabonye akaduca intege,tukareka ikipe ikitegura neza,noneho Coach nawe akigisha abasore be gutera za penalites dore ko muri retour tuzayihabwa,byashoboka ko dutambuka iyi phase.

Zayire Fidèle yanditse ku itariki ya: 17-03-2015  →  Musubize

REYO,TUYILINYUMA

Aliasi yanditse ku itariki ya: 17-03-2015  →  Musubize

Rayon amahirwe menshi kuri mwe.

alias yanditse ku itariki ya: 17-03-2015  →  Musubize

Rayon tuyirinyuma ikomerezaho

Ntaganzwa Kalim yanditse ku itariki ya: 17-03-2015  →  Musubize

Mwakozuko mushoboye amahirwe ntiyakunda mubihebibi mwarimo gusabyose biracyashoboka kumukino wokwishyura. APR nayotuyifurije kuzagira urugendoruhire nintsinzi.

Ntaganzwa Kalim yanditse ku itariki ya: 17-03-2015  →  Musubize

Rayon Sports ntabwo ikwiriye kwirenganya rwose.
Zamalek n’ikipe ifite amateka aremereye cyane.Iyi kipe yo mu rwa mukuru wa Misiri ariwo Kayiro irakize by’agahebuzo.Bafite stade yabo bwite imeze nka stade Amahoro,bafite Hotel yabo,bafite indege yabo bwite,n’ibindi byose byo mu rwego rw’amakipe yakemuye burundu ibibazo by’amikoro.
Ubwo se murumva atari ukwigerezaho?

Muvugizi yanditse ku itariki ya: 17-03-2015  →  Musubize
  • 1
  • 2

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka