Abagenzi bava mu karere ka Rutsiro berekeza hanze y’ako karere bahangayikishijwe no kutabona uko bagera aho bateganyije, kubera kubura imodoka zikora ari nke zitinya imihanda mibi.
Mu masaa sita z’amanywa zo kuwa gatanu tariki 12/9/2014, umusore uri mu kigero cy’imyaka 18 y’amavuko yaturikanwe na grenade ihita imwica. Ibibaru by’iyo grenade byanakomerekeje bikomeye umubyeyi wari uhetse umwana wanyuraga hafi ye, none uyu mubyeyi na we yaraye yitabye Imana.
Mu karere ka Ngororero haracyari ababyeyi badafasha abana babo gukurikirana amasomo yabo mu mashuri y’isnhuke abandi bakayabakuramo imburagihe, mu gihe Minisiteri y’uburezi ivuga ko abana bose bagomba kwiga amashuri y’incuke mbere yo gutangira abanza.
Abakozi ba Minisiteri y’Ubuzima bafatanyije n’umuryango SKOLL wo muri Leta zunze Ubumwe zaAmerika, bakanguriye abaturage bo mu Karere ka Karongi kwirinda indwara zitandura n’indwara ya gapfura, kuko yo ngo ishobora kuvamo indwara y’umutima itavuwe neza hakiri kare.
Abafite ubumuga bo mukarere ka Gicumbi baramaganira kure ababyeyi bamwe bagifite imyumvire yo guhisha abana bavukanye ubumuga bigatuma abo bana batabarurwa ndetse ugasanga babheza mu muryango Nyarwanda.
Nyuma y’aho abagize local defense bahagarikiwe ku mirimo kugira ngo bazasimburwe na DASSO, abadasso bashyashya bamaze iminsi barahira mu turere dutandukanye tw’igihugu. Abo mu karere ka Huye barahiye ku tariki ya 11/9/2014.
Polisi y’igihugu mu karere ka Nyagatare yamennye ibiyobyabwenge byamenywe bigizwe n’inzoga ya Kanyanga n’izo mu mashashi za Zebrah waragi bifite agaciro k’amafaranga y’u Rwanda arenga miliyoni eshanu, kuri uyu wa gatanu tariki 11/9/2014.
Bamwe mu babyeyi bigeze kugira abana barwaye bwaki bo mu murenge wa Kibeho mu karere ka Nyaruguru baratangaza ko nta bwaki izongera kurangwa mu miryango yabo cyangwa iy’abaturanyi, kuko ngo basanze kurwaza iyi ndwara ari ubujiji bukabije.
Urukiko rw’ibanze rwa Nyamata mu karere ka Bugesera rwakatiye abantu babiri igifungo cy’iminsi 30, kugira ngo rubashe gukora iperereza ku cyaha bakekwaho cyo kugira uruhare mu rupfu rw’umwana w’umunyeshuri witwa Nyiranzabandora Chantal umaze imyaka itatu apfuye.
Abakobwa basaga 60 bavuga ko babyariye iwabo bo mu murenge wa Busasamana mu karere ka Nyanza nyuma y’uko ngo bashutswe n’abahungu bakabatera inda kandi ntibanabagire abagore mu buryo buzwi, bihangiye imirimo kugira ngo babone ikintu cyabafasha kwifasha badateze amaboko abo babyaranye.
Abagore bo mu karere ka Ngororero biyemeje gukusanya miliyoni 500 z’amafaranga y’u Rwanda zizakoreshwa mu gufasha bahoze ari abasirikare bamugariye ku rugamba no kuzereka ko bazishyigikiye kandi bishimiye ibyo zikorera abaturage.
Abagabo n’abagore batuye mu murenge wa Ruharambuga bavuga ko ubuharike n’ubushoreke bukomeje gufata isura mbi kandi bukaba bugenda bukura umunsi ku munsi ku mpamvu batavugaho rumwe.
Nicodeme Hakizimana wo mu Murenge wa Gashaki, akarere ka Musanze wavukanye ubumuga bw’uruhu bakunda kwita ‘nyamweru” avuga ko byamugoye kwiga kuva yatangira amashuri abanza kugeza arangije kaminuza ahanini bitewe n’ubumuga yavukanye.
Imvura nyinshi yaranzwe n’inkubi y’umuyaga yasenya inzu 10 n’ibikoni byazo mu ijoro ryo kuri uyu wa kane tariki 11/9/2014, mu mudugudu wa Gitega abagari ka Nyakabungo umurenge wa Mpanga k’ubw’amahirwe nta muntu yahitanye cyangwa ngo akomereke.
Ubuyobozi bw’umushinga ushinzwe gukurikirana ibikorwa bikorerwa mu kiyaga cya Kivu, uvuga ko inama yahuje abashakashatsi n’impugucye ku miterere y’iki kiyaga mu bihugu bigize umuryango w’ibiyaga bigari yagize akamaro, kuko yatumye u Rwanda na Congo bashobora kumva akamaro ko gufatanya kubungabunga ubusugire bw’ikiyaga cya Kivu.
Ubwo yakiraga indahiro ya Senateri Kazarwa na raporo y’imihigo y’umwaka ushize ndetse n’ibizagerwaho mu mwaka wa 2014-2015, Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yashimye uturere duhora tuza ku mwanya wa mbere mu kwesa imihigo, ariko akaba yaburiye abayobozi b’uduhora tuba utwa nyuma ndetse n’abandi banyereza umutungo w’igihugu.
Abaturage bo mu murenge wa Cyanika, mu karere ka Burera, batangaza ko barembejwe n’abajura babatera mu ngo zabo bakabiba ibyo basanze byaba imyaka, imyenda ndetse n’amafaranga.
Mu isoko rya Gasarenda riherereye mu murenge wa Tare mu Karere ka Nyamagabe hari ikimoteri cyohereza umwuka mubi rimwe na rimwe uvanze n’imyotsi y’imyanda iba yatwitswe, gikomeje kubangamira abacuruzi ndetse n’abagana iri soko baje guhaha.
Abaturage bo mu murenge wa Bushoki bakoranye n’umushinga wa Handicap International wari ugamije gukumira ihohoterwa rishingiye ku gitsina no kubungabunga ubuzima bwo mu mutwe bashima ko uyu mushinga wagize uruhare runini mu kurwanya ihohoterwa ribera mu ngo, abagabo n’abagore bakaba babanye neza.
Ubuyobozi bwa Polisi mu Karere ka Karongi burashima ko kuva hakazwa ingamba zijyanye n’amategeko n’amabwiriza byo kugendera mu muhanda impanuka zagabanutse cyane ku buryo mu mezi abiri ashize muri ako karere habaye impanuka imwe gusa.
Imodoka ziza gupakira ibyuma bishaje bigurwa ngo bijye kongera gukurwamo ibindi byuma nyuma yo kubitunganya mu nganda, zafatiwe ibyemezo nyuma yuko ubwo imwe yari itwaye ibi byuma mu ijoro yafatiwemo moto yari yibwe bayihishe muri ibyo byuma.
Abashoferi bakoresha mu muhanda Ruhango-Kirinda, baravuga ko barimo gukorera mu bihombo kubera imodoka zabo zangizwa n’iyingirika ry’uyu muhanda, ukunze kwangirika cyane mu bihe by’imvura ahitwa Gafunzo mu murenge wa Mwendo mu karere ka Ruhango.
Ubushakashatsi bwakozwe mu gihugu cya Finland, ngo bwagaragaje ko abantu basinzira mu gihe cy’amasaha arenga icyenda mu ijoro rimwe baba bafite ibyago byo kurwara kuruta abagira ibibazo byo kubura ibitotsi.
Umuryango wa Handicap International tariki 11/09/2014 watangije umushinga witwa “Dufatanye Project” mu karere ka Kayonza, uwo mushinga ukaba uzongerera ubushobozi abantu bafite ubumuga kugira ngo barusheho kugira uruhare no kwibona mu bikorwa bibakorerwa.
Ku nshuro ya kane, mu Rwanda hatangiye ibizamini ngiro, ku banyeshuri basoza icyiciro cya kabiri cy’amashuri yisumbuye, aho umuhango wo gutangiza ibi bizamini wabereye mu ishuri ryitiriwe mutagatifu Kizito riherereye mu murenge wa Save mu karere ka Gisagara tariki 11/09/2014.
Umufungwa ufungiye muri gereza y’i Lantin ho mu Bubiligi yagombaga kujya kuburanira mu rukiko rw’i Liège, ariko ngo yanze gusohoka muri gereza bitewe n’uko wari umunsi wo kurya amafiriti. Ibi byatangajwe n’igitangazamakuru La Meuse.
Ubwo abagize urwego rwo kunganira ubuyobozi mu kubungabunga umutekano w’abaturage (DASSO) mu karere ka Huye, barahiriraga kuzakora neza umurimo biyemeje tariki 11/9/2014, hari 11 batarahiye kubera batujuje ibisabwa abakozi ba Leta.
Abaturage 134 bo mu murenge wa Cyanika mu karere ka Burera barishyuza amafaranga miliyoni imwe n’imihumbi 500 bakoreye ubwo bubakaga ibyumba by’amashuri by’uburezi bw’ibanze bw’imyaka 12 (12YBE) n’ubw’imyaka icyanda (9YBE) mu mwaka wa 2012.
Minisiteri y’inganda n’ubucuruzi yamurikiye akarere ka Rusizi ibyavuye mu nyigo igaragaza uko amasoko yo muri aka karere yagombye kuba yubatse, ibibura ndetse n’akeneye kuvugururwa.
Abanyarwanda bavuye hirya no hino ku isi bazahurira i Atlanta muri Leta zunze ubumwe za Amerika, muri Rwanda Day izaba tariki 20/09/2014 bazamurika ibikorerwa mu Rwanda, bakore umuganura ndetse banaganire n’abandi bashoramari ku byo kuza gukorera mu Rwanda.
Ambasaderi Remy Sinkazi ushoje manda ye yo guhagararira u Burundi mu Rwanda, aratangaza ko mu myaka 4,8 yari amaze mu Rwanda yishimira ko yashoboye kuzamura imibanire hagati y’ibihugu byombi ndetse akanagira uruhare mu ikemurwa rya bimwe mu bibazo byagaragaye.
Nyuma y’imyaka 13 habaye ibitero bya Al_Qaeda muri Amerika kuwa 11/9/2001, Abanyarwanda bo hirya no hino batubwiye uko bibuka uwo munsi utazibagirana mu mateka y’isi kuko wahinduye byinshi mu miterere y’ubuyobozi, politiki n’ubukungu hirya no hino ku isi.
Kuva aho gahunda yo kugaburira abanyeshuri biga mu burezi bw’ibanze bw’imyaka 9 na 12 itangiriye, ababyeyi bagasabwa kugira uruhare mu myigire y’abana babo, abana basaga 116 mu murenge wa Muganza bamaze kuva mu ishuri kubera gudatanga amafaranga yo kurya.
Imodoka yo mu bwoko bwa Mercedes Benz Actros yakoze impanuka ahagana mu ma saa saba z’amanywa zo kuwa 11/09/2014, mu murenge wa Giheke mu kagari ka Kigenge mu mudugudu wa Gahurubuka shoferi arakomereka ariko tandiboyi aba ari we ukomereka bikabije.
Atangiza igihembwe cya mbere cy’ihinga cy’umwaka wa 2015, kuri uyu wa kane tariki 11/9/ 2014, Minisitiri w’Imari n’igenamigambi Ambasaderi Claver Gatete yasabye abaturage gukora ubuhinzi bwabo kinyamwuga, bakumva ko bugomba kubatunga kandi bukabateza imbere.
Abacururiza mu isoko rya Nyabugogo mu mujyi wa Kigali bagiye kubaka isoko rishya kandi rigezweho rifite agaciro k’amafaranga y’u Rwanda miliyari 32 rizubakwa ahari hasanzwe irishaje bavuga ko ritajyanye n’icyerecyezo.
Abanyamuryango ba AVEGA Agahozo mu karere ka Nyabihu, bishimira ko kuba muri uyu muryango bibafasha kwikura mu bwigunge, bakaganira ku bibazo bahura nabyo, bakungurana ibitekerezo kandi bagashakira hamwe uburyo bataheranwa n’agahinda ahubwo bagaharanira kwiteza imbere.
Polisi ikorera mu karere ka Bugesera yashyikirije moto yo mu bwoko bwa TVS uwitwa Havugimana Manassé w’imyaka 34 y’amavuko yari yaribiwe mu murenge wa Shyara mu karere ka Bugesera maze ijyanwa kugurishwa mu gihugu cy’u Burundi.
Abantu 10 bavuka muri Nyabihu barimo n’umusaza Ntebanye w’imyaka 82 bahungutse bava muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo batangajwe n’iterambere u Rwanda rugezeho, cyakora umusaza Ntebanye we avuga ko bitewe n’imyubakire n’iterambere yasanze mu Rwanda, byatumye ayoberwa n’aho yari azi, yarerewe.
Nyuma yuko bigaragaye ko abatuye umurenge wa Kibungo batararaga amarondo maze abaturage bagasaba ko abagize Community Policing Committees (CPCs) zajya zirara irondo maze bakazihembera, uyu murenge umaze ukwezi nta byaha by’umutekano muke biharangwa.
Nyuma y’aho umurambo w’umwana witwa Nayituriki Emmanuel w’imyaka 7 y’amavuko ubonetse mu gishanga, abanyeshuri bo ku kigo cy’ishuri ribanza cya Muhari uwo mwana yigagaho hamwe n’abayobozi b’iryo shuri kuri uyu wa 10/09/2014 bakoze urugendo rwo kwamagana iyicwa rubozo ryakorewe mugenzi wabo n’ihohoterwa rikorerwa abana muri (…)
Umushinga wo kubungabunga urusobe rw’ibinyabuzima mu kibaya ya Kongo (PACEBCO) washyikirije Ikigo cy’igihugu gishinzwe kwihutisha iterambere (RDB) ibikoresho bitandukanye byo gufasha abakozi ba pariki mu kazi kabo ka buri munsi.
Kuri uyu wa gatatu tariki ya 10 Nzeri 214 ku gicamunsi nibwo urukiko rwa gisirikare rwaburanishije mu ruhame urubanza rwa Pte Niyonsaba Olivier na bagenzi be mu bujurire, rwongera kwemeza igihano yari yahawe n’urukiko cyo gufungwa imyaka 11 hari ku itariki ya 5 Kamena 2014.
Umugabo witwa Ntihabose Venant w’imyaka 35 y’amavuko, afungiye kuri sitasiyo ya polisi ya Nyamata mu karere ka Bugesera azira gutanga ruswa y’amafaranga ibihumbi icyenda nyuma yaho umupolisi yari amufatanye inzoga za Amstel bock zikorerwa mu Burundi azijyanye mu mujyi wa Kigali.
Rumwe mu rubyiruko rwo mu karere ka Bugesera rwafashijwe muri gahunda yiswe “Akazi Kanoze” barashima ko imibereho yabo yahindutse ugereranyije na mbere kuko bariho nabi batarajya muri iyi gahunda.
Umuryango utegamiye kuri Leta Pro-Femme Twese Hamwe ugendeye ku bushakashatsi uherutse gukora, uratunga agatoki ibigo bya Isange One Stop Center kuba bitarashobora kunoza uburyo no kwakira vuba abahuye n’ihohoterwa rishingiye ku gitsina usanga ryibasira abagore ahanini.
Gashikazi Neliya w’imyaka 65 utuye mu mudugudu wa Kagarama, akagali ka Bugina mu murenge wa Gihango ho mu karere ka Rutsiro akaba umupfakazi wa Jenoside yatwikishije inzu y’inyuma abayitwitse bakaba bataramenyekana na n’ubu.
Abagize umutwe wa DASSO (District Seculity Support Organ) barahiriye kuzuza inshingano bahawe mu karere ka Kirehe banizeza Abanyarwanda gukorera igihugu batizigama kandi bagarura isura yangijwe n’abo basimbuye bazwi ku izina rya Local Defense Forces.
Umunyamakuru Patrick Kanyamibwa wamenyekanye cyane mu gice cy’Iyobokamana (Gospel) akaba yaranagiye akora mu bitangazamakuru binyuranye, yitabye Imana azize impanuka ya moto ku mugoroba wo kuri uyu wa gatatu tariki 10/09/2014.
Mu rwego rwo kugirango hakomeze gukumirwa impanuka zishobora guterwa n’igikamyo cyari kimaze iminsi ibiri cyarahirimiye mu mu kingo uri iruhande rw’umuhanda ukinjira neza muri santere ya Gakenke uturutse mu Karere ka Musanze, ingabo za RDF zifatanyije n’abaturage batanze ubufasha kugirango iyi kamyo ihavanwe.