Abagize AERG na GAERG barifuza gusubira mu masambu y’iwabo bakabana n’abaturage

Ishyirahamwe ry’abanyeshuri barokotse Jenoside yakorewe abatutsi (AERG) hamwe na bakuru babo barangije kwiga (GAERG), baratsangaza ko bifuza gusubira mu masambu basigiwe n’ababo, bakajya kubana n’abandi baturage.

Aba banyamuryango bari mu bikorwa byo kwitegura kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi ku nshuro ya 21 mu gihugu hose, bazamara ukwezi kose bitegura icyunamo kizatangira tariki 7/4/2015.

Abanyamuryango ba AERG na GAERG mu gikorwa cyo kwibuka, basukura amatongo y'ahahoze ari iwabo.
Abanyamuryango ba AERG na GAERG mu gikorwa cyo kwibuka, basukura amatongo y’ahahoze ari iwabo.

Ibikorwa byo kwitegura Kwibuka ku nshuro ya 21 byakomereje mu karere ka Rulindo, aho bubakiye amazu abatishoboye babarokoye, babakorera uturima tw’igikoni, babagabira inka banatunganya inzibutso n’amatongo y’abazize Jenoside, kuri uyu wa gatandatu tariki 14/3/2015.

Uru rubyiruko ruvuga ko rurashaka kubana n’abandi baturage, bakongera kugira ubuzima nk’ubwa kera. Ibi bikorwa barimo ni ugutegura abo bazasanga, bagafasha ababarokoye; nk’uko byatangajwe n’Umuvugizi w’ibyo bikorwa bya AERG na GAERG, Jean Pierre Nkuranga.

Guverineri Bosenibamwe, w'intara y'Amajyaruguru ashyira indabo ku mva.
Guverineri Bosenibamwe, w’intara y’Amajyaruguru ashyira indabo ku mva.

Yagize ati: “Dufite gahunda yiswe “go back home”, ivuga ngo dusubire iwacu ku ivuko; usanze turimo dusukura mu itongo, n’ubwo abaharokokeye batongeye kugira ubushobozi bwo kuhagaruka, ariko twaje kuhasukura tuhatera ibiti bidufasha kwibuka; mu bihe biri imbere turashaka gusubira iwacu tukongera kubyaza umusaruro amasambu yacu”.

Nkuranga yakomeje avuga ko abagize AERG na GAERG basobanura ko iki gikorwa bakigize nk’ikintu kidasanzwe kuko bamaze gukura. Bageze aho kwiyemeza inshingano zo gufasha ababafashije mu bwana n’ababarokoye, bahereye kuri leta y’u Rwanda.

Abagize GAERG nas AERG bafashe umwanya wo kwibuka Abatutsi bazize Jenoside mu 1994 bashyinguye muri uru rwirutso.
Abagize GAERG nas AERG bafashe umwanya wo kwibuka Abatutsi bazize Jenoside mu 1994 bashyinguye muri uru rwirutso.

Ati “Twasanze kubashimira nya kubashimira ari ugukora ibikorwa nk’ibyo badukoreye, n’ubwo natwe tuhabonera inyungu yo kongera guhura no kuhamenyera byinshi, abenshi baba batazi no kuvanga isima iyo bubaka, abatazi gukora uturima tw’igikoni, baragenda batwubake aho bazajya mu ngo babamo.”

Mujawayezu Martha, umwe mu bari bitabiriye iki gikorwa nawe yaagize ati “Leta yaratureze, iratwigisha, none turakuze tugeze aho kugira icyo twamarira igihugu na barumuna bacu n’abandi bose batishoboye.”

N'ubwo abenshi muri aba ari impfubyi za Jenoside ariko ntibakunda guheranwa n'agahinda ahubwo bahitamo kwishimira ko bakiriho.
N’ubwo abenshi muri aba ari impfubyi za Jenoside ariko ntibakunda guheranwa n’agahinda ahubwo bahitamo kwishimira ko bakiriho.

Leta irabashyigikiye

Ubuyobozi bw’Intara y’amajyaruguru bugiye kubakira no gusanira abarokotse Jenoside yakorewe abatutsi bose basigaye muri uyu mwaka wa 2015, nk’uko Guverineri Bosenibamwe Aimé yabitangaje.

Yemeje ko imitungo yose y’abana barokotse Jenoside yabashubijwe, uretse urubanza rumwe rutararangizwa ariko narwo ngo ruri muri Ministeri y’Ubutabera.

Abagize GARG na AERG biyemeje kuzasubira ku masambu yabo bakabana n'abo bahasanze.
Abagize GARG na AERG biyemeje kuzasubira ku masambu yabo bakabana n’abo bahasanze.

Guverineri w’Intara y’Amajyaruguru yavuze ko banageze kure bishyuza imitungo abantu batsindiye mu manza za gacaca mu cyiciro cya gatatu. Avuga ko hasigaye gusa dosiye 100 zitararangizwa mu karere ka Rulindo, 200 mu karere ka Gicumbi n’izindi ngo zitari nyinshi mu tundi turere.

Depite Kalisa Evariste warokokeye mu karere ka Rulindo yasabye urubyiruko rwo muri AERG na GAERG kwamagana abapfobya Jenoside yakorewe abatutsi, kwirinda iraha n’irari, inda nini; ahubwo ngo bagakangukira gukora cyane ndetse bagashyigikira Leta iyobowe na Perezida Paul Kagame.

Hanabaye n'ubusabane hagati y'abaturage n'abagize GAERG na AERG.
Hanabaye n’ubusabane hagati y’abaturage n’abagize GAERG na AERG.

Depite Kalisa yasobanuye ko mu turere twose tw’intara y’Amajyaruguru, akarere ka Rulindo ari ko konyine kiciwemo abatutsi benshi bagera ku bihumbi 18, bakaba kugeza ubu ngo bashyinguwe mu nzibutso zigera ku munani.

Simon Kamuzinzi

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 1 )

wowww! Imbere Heza niho dushaka kabisa, tubivuge tubikore,tubisakaze hose ni byiza kdi ni girakamaro, AERG/GAERG imbere heza, turikumwe ibihe byose.

gaugau yanditse ku itariki ya: 15-03-2015  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka