Abayobozi ba FDLR muri Kivu y’amajyaruguru bahuriye mu nama hafi y’umujyi wa Goma taliki 04/12/2014 bagamije kwiga uburyo bazajijisha ibikorwa byo gushyira intwaro hasi ; nk’uko byemezwa na bamwe mu bayitabiriye.
Ubwo abantu 14 bashinjwa gukorana na FDLR mu Ntara y’Amajyaruguru batangiraga kwiregura kuwa 11/12/2014, umwe muri bo wemera ibyaha byose ashinjwa, yavuze ko imigambi yakoraga yari ayiziranyeho n’umuyobozi w’intara y’amajyaruguru, Bosenibamwe Aime.
Bamwe mu bakoresha umuhanda Karongi-Kigali bavuga ko iyo uhamagaye nimero za terefone za Police na RURA bahawe kugira ngo bajye bahamagaraho bahuye n’ikibazo akenshi batakwakira, cyangwa ukwakiriye akagusaba guhamagara indi nimero bikaba byaca intege uwasabaga ubufasha.
Umusore witwa Tuyisenge Gratien bakunda guhimba Rasta yafatanywe urumogi mu murima we ruhinganye n’ibishyimbo by’imishingiriro, ahita atabwa muri yombi.
Abatwara ibinyabiziga mu Karere ka Karongi barasaba Sena kubakorera ubuvugizi kuri polisi igashyira imbere kubagira inama aho kwihutira kubahana.
Imikino yo ku mugoroba wo kuri uyu wa gatatu tariki 10/12/2014 yasize hamenyekanye amakipe 16 azakina 1/8 cy’irushanwa rihuza amakipe yabaye aya mbere ku mugabane w’u Burayi (UEFA Champions League).
Abakinnyi b’ikipe ya Rayon Sports, ku gicamunsi cyo kuri uyu wa kane tariki 11/12/2014 bari bwitabe ku cyicaro cy’ikigo cy’igihugu gishinzwe abinjira n’abasohoka aho bitari byamenyekana impamvu ya nyayo yo gutumizwa.
Ku bufatanye bw’inzego z’ibanze mu Murenge wa Busoro n’urwego rwunganira Akarere ka Nyanza mu gucunga umutekano (DASSO) hakozwe umukwabu wo gushakisha no kwangiza inzoga z’inkorano nyuma y’uko bigaragaye ko ziri ku isonga mu bihungabanya umutekano.
Umusore witwa Kagabo Jacques utuye mu Kagari ka Susa mu Murenge wa Kanjongo mu Karere ka Nyamasheke uri mu kigero cy’imyaka 25, aratangaza ko agiye gusaba gatanya nyuma y’uko yihakanye umukobwa bakundanaga bagiye kurushinga.
Abatuye intara y’Iburasirazuba barasabwa kubungabunga umutekano, by’umwihariko muri ibi bihe by’iminsi mikuru isoza umwaka kugira ngo bazabashe kwishima no kwidagadura kandi umutekano wabo udahungabanye.
Minisitiri w‘ubuhinzi n’ubworozi, Dr. Gerardine Mukeshimana aratangaza ko ikigo cy’Abashinwa gikorera mu kigo gishinzwe guteza imbere ubuhinzi (RAB) ishami rya Rubona kigiye kongererwa imyaka ibiri yo gukorana n’Abanyarwanda, kugira ngo ikoranabuhanga batangije ritazazima bamaze kwigendera.
Bamwe mu baturage batuye mu Karere ka Nyamasheke bagaragaza ko hari ibibazo bakunda kugira mu miryango iwabo bikabananira kubikemura ibindi bakarenzaho, kubera kutamenya amategeko.
Inzobere iturutse ku mugabane wa Afurika izasura sitade ya Muhanga kuwa gatanu tariki 12/12/2014 mu rwego rwo kureba ko yujuje ibisabwa kugira ngo yakire imikino nyafurika y’umwaka utaha.
Mu rwego rwo kugabanya imanza zituruka ku mitungo n’ubutaka hagati y’abashakanye akenshi usanga batarasezeranye imbere y’amategeko, kuwa 10/12/2014, mu Murenge wa Kaduha, Akarere ka Nyamagabe, imiryango 47 yabanaga bitewe n’amategeko yasezeranyijwe.
Ubuyobozi bw’ikigo cy’igihugu cy’imiyoborere (RGB) burahamagarira abanyeshuri barangiza muri Kaminuza n’amashuri makuru gukora ubushakashatsi bugira impinduka ku mibireho y’abanyarwanda bubafasha kubona ibisubizo by’ibibazo bifitemo.
Kuri sitadi Ubworoherane mu karere ka Musanze hamaze gutangira urubanza ubushinjachaha bw’u Rwanda buregamo abantu 14 barimo abagore batatu buvuga ko bakorana n’umutwe wa FDLR.
Inama y’umutekano itaguye y’Akarere ka Bugesera yashyizeho komisiyo yo gusesengura ibibazo byasizwe n’umushoramari Uwineza Jean De Dieu watorotse mu kwezi gushize yambuye amabanki n’abaturage amafaranga asaga miliyari na miliyoni 600.
Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru muri Afurika (CAF) ryemeje ko umunyarwanda Théogene Ndagijimana azasifura imikino yanyuma y’Igikombe cy’Afurika izabera mu gihugu cya Guinée Equatorial kuva tariki 17/01/2015 kugeza tariki ya 08/02/2015.
Umugore witwa Bigirimana Emmelence ufite imyaka 36, bamusanze mu nzu iwe aho yari atuye mu murenge wa Kigali ho mu karere ka Nyarugenge yimanitse mu mugozi ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatatu tariki ya 10 Ukuboza 2014.
Abaturage bo mu murenge wa Hindiro mu karere ka Ngororero bitabiriye ibirori byo gusoza ukwezi kwahariwe Umuryango, tariki 10/12/2014, batanze ubuhamya bw’ibyo bamaze kugeraho byiza mu kubaka umuryango, kurwanya ihohoterwa rishingiye ku gitsina hamwe n’icuruzwa ry’abana.
Mu rwego rwo kwizihiza Noheri, uruganda Bralirwa rubicishije mu kinyobwa cyarwo cya Coca Cola rwahaye umujyi wa Kigali amafaranga Miliyoni eshanu azafasha abaturage batishoboye mu bikorwa byo kwiteza imbere.
Minisitiri w’ubutabera, Johnson Busingye, aravuga ko kwizihiriza umunsi mpuzamahanga w’uburenganzira bwa muntu mu karere ka Bugesera ari ikimenyetso gikomeye kuko ariho hantu hageragerejwemo hanakorerwamo ihutazwa ry’uburenganzira bwa muntu mu myaka yashize.
Abafatanyabikorwa b’akarere ka Nyaruguru mu iterambere batagira imihigo bahawe iminsi 15 bakaba bayisinye bitaba ibyo bagahanagurwa ku rutonde rw’abafatanyabikorwa b’aka karere.
Nyuma y’amezi icyenda ishuri ryigisha umuziki ryo ku Nyundo mu karere ka Rubavu rimaze rishinzwe, abaryizemo bagaragaje ko ari ngombwa kwiga umuziki uri ku rwego mpuzamahanga; bikaba byatumye ikigo WDA gishaka abandi bashya bo kuryigamo; ndetse abasanzwe ngo bakazakomeza kugeza ku myaka itatu.
Itorero Inyamibwa rikomeje kwimakaza umuco nyarwanda mu bana bato, aho mu biruhuko by’uyu mwaka bigishije abana bari hagati y’imyaka 7 na 16 bagera kuri 67 ibijyanye n’umuco nyarwanda.
Amafaranga agera kuri miliyoni 150 z’amadolari y’amerika agiye gushorwa mu kubaka imihanda yo mu byaro (feeder road) ireshya na kilomero 2500 mu turere tw’igihugu, izafasha abahinzi mu buhahirane ndetse no kugeza umusaro wabo ku masoko.
Ku isaha ya 18h40 taliki ya 09/12/2014 mu mudugudu wa Bereshi mu kagari ka Hehu mu murenge wa Bugeshi akarere ka Rubavu hegeranye n’umupaka wa Kongo, umusirikare wa Kongo yahateye igisasu by’amahirwe ntihagira uwo gikomeretsa.
Kuri sitasiyo ya polisi ya Kamembe mu karere ka Rusizi hafungiye abagabo babiri b’abashoferi bakekwaho guha abapolisi ruswa nyuma yo kubafatira mu makosa yo kwica amategeko yo mu muhanda.
Senateri Tito Rutaremara aranenga cyane abagabo bafite ingeso yo kwihakana abana babyaye kuko ngo ari ibintu bibi, ku buryo n’inyamaswa zidatinyuka kubikora uretse ingurube gusa nabwo iyo yabwaguye ntihite ibona ibyo irya biyihagije.
Mu gihe Umuryango w’Abibumbye usaba umutwe wa FDLR gushyira intwaro hasi, abarwanyi bari mu gice cyirwa FDLR-RUD bavuga ko igikorwa cyo gushyira intwaro hasi kitabareba, ahubwo ngo barimo kongera ubushobozi.
Ubuyobozi bw’ishyirahamwe ry’umukino wa Volleyball mu Rwanda butangaza ko bukiga ku gitekerezo cyo kuba umwaka utaha wa 2015 bakwakira rimwe mu marushanwa akomeye muri uyu mukino.
Kuri sitasiyo ya polisi ya Busasamana mu Karere ka Nyanza hafungiye umusore w’imyaka 27 y’amavuko ukurikiranweho gushaka gusambanya nyina ku ngufu tariki 9/12/2014 ahagana saa yine z’ijoro, mu Mudugudu wa Kidaturwa mu Kagari ka Ngwa ko mu Murenge wa Mukingo mu Karere ka Nyanza.
Gahunda yo kugaburira abanyeshuri biga amashuri y’uburezi bw’imyaka 12 (12-YBE) ngo uretse kurinda abana isari, gusangirira hamwe bigira uruhare kandi mu kubatoza gukundana no kubana neza bigereranwa na gahunda ya “Ndi Umunyarwanda” ku bantu bakuru.
Abagore ibihumbi 3660 bo muri paruwase ya Byimana mu itorero pantekoti mu Rwanda (ADEPR) mu Karere ka Ruhango barishimira ibikorwa by’iterambere bamaze kwigezaho nyuma y’igihe gito babumbiwe mu matsinda abashishikariza kwiteza imbere, ubu mu ngo zabo bakaba bahagaze neza.
Mu rwego rwo kwizihiza imyaka 66 ishize hashyizweho amasezerano mpuzamahanga yo kurwanya Jenoside, muri Kaminuza y’u Rwanda (UR) ishami rya Huye habereye ibiganiro byibanze ku kugaragaza amakosa yagaragaye muri filime “Rwanda’s Untold Story” yakozwe na BBC.
Umusore witwa Habineza Emmanuel w’imyaka 22 yafatanywe urumogi udupfunyika 5, amaterefoni 16 n’ibindi bintu bitandukanye by’ibikoresho byo mu nzu yagiye yiba.
Bamwe mu baturage bakatiwe kurangiriza ibihano byabo mu mirimo nsimburagifungo ntibayitabira, bityo akarere ka Nyamagabe kakaba kagiye kubahagurukira abadashaka gukomeza imirimo nsimburagifungo bagasubizwa muri gereza.
Nubwo hari intambwe imaze guterwa muri gahunda y’ubumwe n’ubwiyunge mu karere ka Gakenke, ngo hari ibitaragerwaho bitewe nuko hari abaturage benshi bagiha agaciro cyane iby’intambara y’abacengezi yabaye mu mwaka wa 1997-1998 bakaba bataremera kuvuga ibyo babonye.
Imikino ihuza amakipe yabaye aya mbere iwayo ku mugabane w’u Burayi isoza amatsinda isize ikipe ya Liverpool isezerewe rugikubita, mu gihe Cristiano Ronaldo adashoboye gukuraho umuhigo wa Messi.
Umukobwa witwa Muhoza Clarisse wo mu Murenge wa Kigina mu Karere ka Kirehe yafatiwe mu Murenge wa Nyarubuye aho yari acumbitse yihisha inzego zishinzwe umutekano, nyuma yo gutwika mugenzi we Tuyishimire Gaudence bakoranaga mu kabare “Self service” mu isantere ya Kirehe agahita atoroka.
Sikubwabo Anastase watangiye igisirikare mu ngabo z’u Rwanda zatsinzwe (FAR) muri 1993 avuga ko intambara y’abacengezi na FDLR-Foca yazirwanye ariko nta nyungu yakuyemo uretse kuraswa no guta igihe mu mashyamba.
Polisi y’igihugu irasaba abashoferi kwirinda umuco wo gutanga ruswa kuko usibye guhanwa igihe ufashwe uyitanga, ruswa imunga ubukungu bw’igihugu.
Kuri sitasiyo ya Polisi ya Muganza yo mu Karere ka Rusizi hafungiye umukobwa w’imyaka 20 y’amavuko ukurikiranyweho icyaha cyo kujugunya umwana we mu musarani nyuma yo kumubyara.
Mu ijoro ryo kuwa Gatandatu tariki 06/12/2014, mu Mudugudu wa Giheta mu Kagari ka Giheta mu Murenge wa Munini ho mu Karere ka Nyaruguru hatoraguwe umurambo w’umwana w’uruhinja bikekwako yari yajugunywe, imbwa zatangiye kumurya.
Minisiteri y’imari n’igenamigambi (MINECOFIN) yakiriye inkunga ingana na miliyoni 16 z’amadolari ya Amerika ($), ahwanye n’amanyarwanda miliyari 11, yatanzwe n’igihugu cya Koreya y’epfo kuri uyu wa kabiri tariki 09/12/2014, mu rwego rwo kongera umusaruro w’ubuhinzi no guteza imbere imyuga n’ubumenyingiro mu Rwanda.
Kuva kuwa 01/12/2014, Akarere ka Nyabihu gafite umunyamabanga nshingwabikorwa mushya ariwe Ngabo James.
Mwumvinezayimana Fiacre uyobora akagari ka Gasiza mu murenge wa Bushoki ho mu karere ka Rulindo yafunguwe kuri uyu wa 09/12/2014, nyuma y’igihe afungiye kuri station ya Polisi ya Murambi acyekwaho urupfu rw’umuturage wo mu kagari ayobora.
Abaturage batuye mu Murenge wa Kinihira, Akarere ka Ruhango baravuga ko mu bihe by’imvura bahura n’ibibazo by’imihanda bakabura uko bagenderana n’indi mirenge bahana imbibi, bityo ugasanga ubuhahirane burahagaze.
Abaturage bo mu Karere ka Burera bahamya ko abantu bose barwanyije ruswa yacika burundu, ariko ngo abayobozi nibo bagomba gufata iya mbere mu kuyirwanya baha serivisi nziza abaturage aho kubasiragiza.