Mu Kagali ka Kiruhura gaherereye mu Murenge wa Kigali Akarere ka Nyarugenge, bahagurukiye kurandurana ku buryo bwihuse ibibazo bya hato na hato bikunze kuvuka hagati y’abaturage, bikunze kuba intandaro yo kugirirana nabi.
Mu Murenge wa Kinihira mu Karere ka Ruhango, haracyagaragara abaturage bafite umwanda mwinshi haba ku mubiri cyangwa ku myamboro, bamwe bakavuga ko babiterwa n’ubukene abandi bakavuga ari imyumvire ikiri hasi, bagasaba ubuyobozi gukora ubukangurambaga butandukanye.
Urugaga Nyarwanda rw’amakoperative (National Cooperatives Confederation of Rwanda/ NCCR ) rwatoye abayobozi bashya, bashyize imbere guhangana n’ikibazo cy’abigwizaho imitungo y’abanyamuryango ba za koperative.
Umuryango Mpuzamahanga udaharanira inyungu ushingiye ku myemerere “Women Foundation Ministries” ukaba ugamije gukomeza imiryango binyuze mu gufasha abagore urategura igikorwa ngarukamwaka cyo gushima Imana (Thanks Giving) kigiye kuba ku nshuro ya munani.
Abanyarwanda birukanywe muri Tanzaniya batuye mu Karere ka Kayonza barasabwa kugaragaza uruhare rwa bo mu iyubakwa ry’amazu bazatuzwamo. Amazu bubakirwa yubakwa n’umuganda rusange w’abaturage, ariko rimwe na rimwe abubakirwa ntibagaragara muri bene uwo muganda.
Ikipe y’igihugu y’abagore y’umukino wa Sitting Volleyball yatsinze Misiri seti eshatu ku busa mu mukino wa gicuti wabereye kuri petit stade Amahoro.
Abakozi bashinzwe imibereho myiza y’abarturage mu turere 10 twakira kurusha utundi Abanyarwanda batahuka bava mu buhunzi, bari kwibutswa uburyo bakwiye kujya baha ikaze Abanyarwanda batahuka bakanabafasha gusubira mu buzima busanzwe.
Ikipe y’igihugu y’umupira w’amaguru mu Rwanda “Amavubi”, ikomeje kuzamuka ku rutonde ngarukakwezi rukorwa n’ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru ku isi (FIFA), aho urwasohotse kuri uyu wa kane tariki ya 27/11/2014 ruyisize ku mwanya wa 90 ku isi.
Umukino wahuzaga amakipe abiri yo muri Mombasa mu gihugu cya Kenya kuri uyu wa kabiri, wahagaritswe utarangiye nyuma yaho abafana bashinjije bagenzi babo gukoresha amarozi ngo batsinde.
Ubwo abakozi 14 bari bamaze kwinjira mu kirombe kiri mu murenge wa Muhanga saa sita tariki 26/11/2014, umusozi wabaridukiyeho bageze muri metero umunani batatu bahasiga ubuzima.
Abagenzi b’Abarusiya bari bateze indege kuru uyu wa gatatu tariki 26 Ugushyingo 2014 ngo byabaye ngombwa ko babanza gusohoka bagasunika indege kugira ngo ishobore guhaguruka.
Bamwe mu bahejejwe inyuma n’amateka batuye mu Karere ka Nyaruguru baratangaza ko bamaze gutera intambwe mu mibereho yabo ku buryo ngo batagishaka kwirirwa mu byondo babumba.
Umugabo witwa Munyaneza Athanase uri mu kigero cy’imyaka 26 yafashwe n’abaturage bafatanyije na polisi afite urusinga rureshya na metero 15 n’igice bivugwa ko rwari rugenewe kugeza amashanyarazi kuri santeri y’ubucuruzi ya Ntendezi no ku kigo cya Leta gishinzwe ibijyanye n’ubuhinzi (RAB) kiri mu Murenge wa Ruharambuga.
Depite Nyiragwaneza Athanasie arasaba abaturage b’akarere ka Rwamagana guhinga igihingwa cya Soya ku bwinshi kuko ifite isoko rikomeye ry’Uruganda Mount Meru Soyco ruri mu karere ka Kayonza rukaba rukora amavuta muri iki gihingwa.
Abaturage 72 batishoboye bo mu Murenge wa Murambi mu Karere ka Karongi, kuri uyu wa 26/11/2014, binyuze mu giterane “Murambi Shima Imana”, bahawe abishingizi muri gahunda ya “parrainage” igamije gufasha abaturage batishoboye kuva mu bukene bwaba ubwo mu mutwe cyangwa mu mitungo.
Abarwanyi ba FDLR 28 n’abagize imiryango yabo 62 bagomba kujya Kisangani tariki ya 26/11/2014 bagejejwe Kanyarucinya hafi y’umujyi wa Goma hasanzwe ikigo cyakira abarwanyi bitandukanyije n’imitwe yizwa intwaro, DDR (Désarmement, Démobilisation et Réinsertion).
Bamwe mu batuye umujyi wa Muhanga ngo bahangayikishijwe n’umuntu wiyita umuvuzi gakondo uvura amagini, nyabingi n’ibindi kuko ngo abaca amafaranga menshi, kandi ngo bamwe batangiye gutahura ko uwo muvuzi ari umutekamutwe.
Niyogushimwa Benjamin w’imyaka 2 wo mu Mudugudu wa Rubayi mu Kagari ka Burimba mu Murenge wa Shangi mu Karere ka Nyamashe yitabye Imana aguye mu mwobo ufata amazi yo ku nzu.
Abakuriye umushinga Higa ubeho wakoreraga muri USAID washoje ibikorwa byawo mu Karere ka Kamonyi, barishimira ko usize abagenerwabikorwa bungutse ubumenyi bwo kwirwanaho. Ni nyuma y’imyaka itanu ishize uyu mushinga ufasha abatishoboye kugera ku iterambere ry’imibereho myiza n’iry’ubukungu.
Abanyamabanga nshingwabikorwa babiri b’utugari bakurikiranyweho kunyereza amafaranga y’imisanzu y’ubwisungane mu kwivuza, umwe usanzwe ayobora akagari ka Myiha mu Murenge wa Muhororo ubu ari mu maboko y’ubutabera, naho undi wo mu Kagari ka Mashya mu Murenge wa Muhanda akaba yaratorotse ajyanye n’amafaranga akurikiranyweho.
Ubuyobozi bw’Umurenge wa Ruhashya buratangaza ko babashije kurwanya ubujura bw’inka babikesha guhoza ijisho ku bakekwaho kuba ari bo biba. Ni nyuma y’uko mu mirenge imwe n’imwe yo mu karere ka Huye hagiye haboneka ubujura bw’inka bukabije mu minsi yashize.
Bamwe mu borozi bororera mu karere ka Kayonza ngo barinubira ubujura bw’inka bumaze iminsi bugaragara muri ako karere.
Abaturage bo mu murenge wa Cyeru, mu karere ka Burera, barishimira isanwa ry’ikiraro cyo ku mugezi wa Karuruma ngo kuko mbere kitarasanwa bahuraga n’ingorane mu kugeza umusaruro wabo w’ubuhinzi ku isoko.
Nubwo hari ababyeyi bamaze gusobanukirwa na gahunda yo kwita ku mwana bamugenera ifunguro ryuzuye, haracyari ikibazo kuri gahunda y’imbonezamikurire aho umwana agomba kubuzwa ikibi hadakoreshejwe inkoni usanga itaracengera mu babyeyi.
Bamwe mu baturage bo mu karere ka Bugesera baravuga ko imbuto y’imyumbati bahawe yaje mu mirenge imwe n’imwe naho ikaba nke ku buryo hari imirenge itageze mo, kandi ngo bari bateguye intabire zo guhingamo none zibereye aho.
Abagore babiri Joselyne Mukandayizera na Claudine Ingabire bafungiye kuri sitasiyo ya Police i Kirehe nyuma yo gufatanwa urumogi bakaba bemera icyaha bavuga ko babyinjijwemo n’abasanzwe bacuruza ibyo biyobyabwenge.
Urugaga rw’ubumwe n’ubwiyunge mu karere ka Rutsiro rwemeza ko gahunda ya Ndi Umunyarwanda muri rusange imaze gushinga imizi muri ako karere gusa ngo haracyari imbogamizi zirimo kutagira imfashanyigisho.
Kuri uyu wa gatatu tariki 26/11/2014 Abaturage batunguwe no kuza kurema isoko nk’uko bisanzwe mu ga santere ka Gisiza mu murenge wa Musasa ho mu karere ka Rutsiro batungurwa no gusanga ryafunzwe.
Umwana witwa Kwizera uri mu kigero cy’imyaka 2,5 kuri uyu wa gatatu tariki ya 26 Ugushyingo 2014 yaguye mu mugezi wa Kamiranzovu aho bakunda kwita ku Gisenyi mu murenge wa Kagano ahita apfa.
Abanyarwanda birukanywe muri Tanzaniya bagatuzwa mu Mudugudu wa Rugeyo ya Kabiri mu Murenge wa Mwili wo mu Karere ka Kayonza baravuga ko bafite inzara bagasaba inzego z’ubuyobozi kubagoboka.
Abasirikare 10 ba Monusco bakomoka mu gihugu cya Ukraine hamwe n’umunyekongo umwe ubasemurira bafatiwe ku kibuga cy’indege cya Goma bafite imyenda y’abasirikare barinda perezida wa Repubulika iharanira Demokarasi ya Kongo (RDC), kuri uyu wa gatatu tariki ya 26/11/2014.
Abasirikare 75 baturuka mu bihugu bigize umuryango wa Afurika y’iburasirazuba bashinzwe kuyobora abandi basirikare batoya kuri uyu wa 26/11/2014 basoje amahugurwa bakoreraga mu kigo cya gisirikare cya Gabiro giherereye mu karere ka Gatsibo.
Inzira ya Gari ya moshi izagera mu Rwanda izaturuka mu ntara ya Bihanga muri Uganda ikanyura i Mbarara igakomeza Kagitumba igera i Kigali, mbere yo gukomeza mu Burundi.
Mu bari barashakanye batandukana muri iki gihe, hagenda habonekamo abo bivugwa ko bafashijwe na bagenzi babo kwiga, hanyuma bamara kubona akazi bagasaba ubutane.
Kuri uyu wa gatatu tariki ya 26/11/2014, biteganyijwe abarwanyi ba FDLR bari Kanyabayonga bajya Kisangani baciye ku kibuga cy’indege cya Goma.
Umuyobozi w’akarere ka Rubavu avuga ko nubwo akarere ayobora gahanganye no kugeza ku gipimo 100% mu bwisungane mu kwivuza, hari abayobozi bashatse kunyereza amafaranga atangwa n’abaturage abandi batinda kuyashyira aho agomba kujya bitinza abaturage kwivuriza igihe.
Bamwe mu baturage b’umurenge wa Mukama bemeza ko kwegerezwa koperative yo kubitsa no kugurizanya “Umurenge SACCO” byabagiriye akamaro kuko mbere kubona serivise z’ibigo by’imari byabagora kuko ntabyari bibegereye.
Padiri Hakizimana Celestin yagizwe umwepiskopi wa Diyoseze ya Gikongoro kuri uyu wa 26/11/2014, diyosezi yari imaze imyaka ibiri n’amezi umunani nta mushumba ifite.
Mu isanteri ya Shangazi mu Kagari ka Kanazi mu Murenge wa Ruharambuga haravugwa umugabo witwa Munyaneza Onesphore uvugwaho kwigomeka ku buyobozi, agakubita abaturage abasaba ko bamuha amafaranga bayabura akabahondagura ubundi agahita atoroka.
Ubushakashatsi bwakozwe n’ikigo cy’igihugu cy’imiyoborere (RGB) buragaragaza ko ikibazo cyo kurangiza imanza cyagaragaye nk’igituma abaturage bavuga ko bahabwa serivisi zitanoze.
Abakiristu babarirwa muri 300 bavuga ko baturutse mu turere tumwe na tumwe tw’Intara y’Amajyaruguru y’u Rwanda biyemeje kugenda n’amaguru bibabaza, kugeza bitabiriye isabukuru y’imyaka 33 ishize i Kibeho mu karere ka Nyaruguru habereye amabonekerwa ya Bikiramariya.
Umugabo witwa Havugimana Emmanuel wari utuye mu Mudugudu wa Murambi mu Kagari ka Murambi mu Murenge wa Rangiro wo mu Karere ka Nyamasheke yitabye Imana nyuma kugerageza gukura inka mu mwobo ugahita uriduka, impanuka yabaye kuwa kabiri tariki ya 25/11/2014.
Abanyarwanda baba muri Afurika y’Epfo bateguye igikorwa bise “Ikirori Nyarwanda” mu rwego rwo kugira ngo umuco nyarwanda udacika mu banyarwanda batuye i Mahanga cyane cyane abatuye muri Afurika y’Epfo.
Uwahoze ari kapiteni w’ikipe y’igihugu Amavubi, Olivier Karekezi yaraye abonye impamyabumenyi mu butoza yo ku rwego rwa mbere “Licence A” muri UEFA nyuma yo kumara umwaka abyigira.
Abanyarwanda 80 barimo abagabo 4, abagore 25 n’abana 51 bose baturutse muri Repuburika iharanira demokarasi ya Congo tariki 25/11/2014 bakiriwe mu nkambi yakira impunzi by’agateganyo ya Nyagatare iherereye mu karere ka Rusizi.
Ndayisenga Valens, umusore w’imyaka 20 ukomoka mu Murenge wa Muhazi mu Karere ka Rwamagana, akaba ari na we wegukanye irushanwa rya “Tour du Rwanda 2014” tariki 23/11/2014, arashishikariza bagenzi be bakiri bato gukunda uyu mukino wo gusiganwa ku magare kandi bakawitabira kuko ngo bashobora kugera ku ntera nk’iyo na we agezeho.
Umukecuru Nyirabahutu Daphrose bahimba “Umukecuru wa Perezida”, utuye mu Kagari ka Raranzige, Umurenge wa Rusenge mu Karere ka Nyaruguru avuga ko agize amahirwe yo kongera kubonana na Perezida wa Repubulika ngo hari ibanga yamuhishiye yamugezaho.
Abatuye mu bice by’icyaro mu Karere ka Ngoma bavuga ko nyuma y’imyaka igera kuri ibiri begerejwe amashanyarazi bari kuyabyaza umusaruro ufatika mu kwiteza imbere, bayifashisha mu guhanga imirimo ndetse no kongerera ubushobozi imirimo bari basanzwe bakora.
U Rwanda rumaze kohereza izindi ndege ebyiri mu bikorwa byo kubungabunga amahoro muri Sudani y’Epfo, zikaba ziyongereye ku zindi ebyiri zari zisanzweyo.
Ubuyobozi bwa COPEC CODEMARU buratangaza ko abana bamaze kumenya akamaro ko kuzigama ndetse abasaga ibihumbi bibiri bamaze gufunguza konti muri iki kigo cy’imari bagamije kuzigamira ejo hazaza.