Minisiteri y’imari n’igenamigambi (MINECOFIN) yakiriye inkunga ingana na miliyoni 16 z’amadolari ya Amerika ($), ahwanye n’amanyarwanda miliyari 11, yatanzwe n’igihugu cya Koreya y’epfo kuri uyu wa kabiri tariki 09/12/2014, mu rwego rwo kongera umusaruro w’ubuhinzi no guteza imbere imyuga n’ubumenyingiro mu Rwanda.
Kuva kuwa 01/12/2014, Akarere ka Nyabihu gafite umunyamabanga nshingwabikorwa mushya ariwe Ngabo James.
Mwumvinezayimana Fiacre uyobora akagari ka Gasiza mu murenge wa Bushoki ho mu karere ka Rulindo yafunguwe kuri uyu wa 09/12/2014, nyuma y’igihe afungiye kuri station ya Polisi ya Murambi acyekwaho urupfu rw’umuturage wo mu kagari ayobora.
Abaturage batuye mu Murenge wa Kinihira, Akarere ka Ruhango baravuga ko mu bihe by’imvura bahura n’ibibazo by’imihanda bakabura uko bagenderana n’indi mirenge bahana imbibi, bityo ugasanga ubuhahirane burahagaze.
Abaturage bo mu Karere ka Burera bahamya ko abantu bose barwanyije ruswa yacika burundu, ariko ngo abayobozi nibo bagomba gufata iya mbere mu kuyirwanya baha serivisi nziza abaturage aho kubasiragiza.
Bamwe mu bafite ubumuga bo mu Karere ka Rulindo basanze bakwiye kwiteza imbere aho guhora bategeye amaboko abandi, bahitamo gukura amaboko mu mifuka kandi ubu bamaze gutera intambwe bagana ku iterambere.
Mu gihe havugwa ikibazo cy’icuruzwa ry’abantu mu gihugu no hanze yacyo, ababyeyi bavuga ko abakobwa ari bo bakunze kugwa mu mutego w’ababashuka bakabajyana babemereye akazi.
Abagabo 10 biganjemo abatwara moto n’imodoka bafungiye kuri polisi mu Karere ka Rubavu bakurikiranyweho icyaha cyo gushaka gutanga Ruswa ubwo babaga bafatiwe mu makosa.
Umushinga ACCESS PROJECT ufatanya n’Akarere ka Ngororero mu bikorwa by’ubuzima cyane cyane mu kwita ku buzima bw’umubyeyi n’ubw’umwana, utangaza ko muri aka karere abagore bashya basamye inda batangirwa amakuru kugira ngo bakurikiranirwe hafi bakiri bakeya aho bari kuri 36% gusa.
Bamwe mu batuye Akagari ka Kagina hafi y’irimbi rya Ruyigi bagaragaza ko bishimiye gusubizwa uburenganzira bwo kwicukurira imva, kuko kugura imva byarushagaho gukenesha umuryango wagize ibyago mu gihe abatabaye bashoboraga kuwufasha gucukura.
Abayobozi bo mu Karere ka Nyamasheke bihanangirijwe kurya umwenda wa rubanda mu bikorwa byose bakora mu karere cyane ibikenera amafaranga.
Abayobozi b’inzego zitandukanye ku rwego rw’igihugu n’intara y’Iburengerazuba bahagurukijwe no kureba ibibazo bituma abana bata amashuri abandi bagasibizwa mu buryo butumvikana.
Urubyiruko rwishyize hamwe mu kigo cyitwa Solid Africa kugira ngo rufashe cyane cyane abarwayi bakunze kugana ibitaro bafite ubushobozi buke butuma babaho nabi kandi barwaye, bikabagiraho ingaruka zo kudakira neza.
Mu gihe umubare w’ubwiyongere bw’abarwara marariya mu karere ka Kirehe ukomeje gufata indi ntera, abakinnyi b’Urunana bakomeje gusura imwe mu mirenge igize ako karere batanga ubutumwa bujyanye no kwirinda iyo ndwara mu makinamico.
Kwigisha abaturage amategeko biratanga ikizere mu kugabanya imanza kuko usanga ahanini, ibyinshi mu bibazo by’abaturage biba bishingiye ku manza zitarangira cyangwa zitarangijwe neza akenshi ziterwa n’uko abaturage nta bumenyi bafite ku mategeko.
Polisi y’u Rwanda irashimirwa ko umubare w’ibyaha wagabanutse ku kigero cya 5% hagati y’ukwezi kw’Ukwakira n’Ugushyingo ugereranyije no mu mezi abiri yabanje.
Banki nyafurika itsura amajyambere (BAD) yahaye u Rwanda inguzanyo ya miliyari 13 Rwf, yo kubaka ikigo cy’ubuvuzi bw’ikitegererezo mu muryango w’Afurika y’uburasirazuba (EAC), kikazitwa ‘Center of Excellence in Biomedical Engineering/CEBE’.
Umusore w’imyaka 21 uvuka mu murenge wa Giheke mu karere ka Rusizi yatawe muri yombi na polisi y’igihugu nyuma yo gushinjwa kwiba moto ku rusengero rw’abametodiste mu kagari ka Kibogora mu murenge wa Kanjongo.
Umuganga ukora mu kigo nderabuzima cya Kigarama mu murenge wa Kigarama afungiye kuri Polisi sitasiyo ya Kirehe akekwaho gusambanya umwana w’imyaka 17 ubwo yari arwaje murumuna we.
Nubwo abaturage benshi bigishijwe uburyo bwo gucana kuri Rondereza mu rwego rwo kubungabunga ibidukikije bamwe mu baturage batuye mu karere ka Gicumbi banga gucana kuri Rondereza bakicanira ku mashyiga kugirango babone uburyo bota umuriro.
Bamwe mu baturage bo mu kagali ka Nyumba mu murenge wa Gishamvu mu karere ka Huye bemeza ko igiti cyitiriwe amahoro bateye mu mwaka wa 2007 mu gihe cy’imanza za Gacaca cyababibyemo ubumwe n’ubwiyunge mu miryango.
Ishami rya Polisi mpuzamahanga (Interpol) rikorera mu Rwanda rifatanije n’izindi nzego z’Igihugu bagaragaje ibicuruzwa binyuranye byafashwe kuko bicuruzwa mu buryo butemewe n’amategeko.
Abaturage bo mu Kagari ka Nyamirama mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare baravuga ko bahangayikishijwe n’ubujura mu igurisha ry’imyaka yabo kubera iminzani idakora neza n’ingemeri (mironko cyangwa udusorori bifashisha bapima imyaka) nini by’abacuruzi.
Rumwe mu rubyiruko rwarangije amashuri yisumbuye na za kaminuza, ruremeza ko rudashobora kwanga gutanga ruswa mu gihe habonetse amahirwe y’akazi mu gihe bagenzi babo bo bavuga ko gutanga iyi ruswa atari ukwihesha agaciro.
Action Aid ifatanyije na FVA (Faith Victory Association) batangije umushinga wo kurwanya inzara mu ngo bateza imbere ubuhinzi bugamije kwihaza ku biribwa.
Ikipe ya Police HC yizeye kwitwara neza ku mukino wayo wa kabiri w’irushanwa ngarukamwaka rihuza amakipe yabaye aya mbere iwayo muri aka karere ka Afurika y’iburasirazuba.
Inshuti z’umuryango Rwanda Youth Healing Center “RYHC” ziba I Boston muri Leta zunze ubumwe za Amerika ziravuga ko zanyuzwe n’uko igikorwa cyo gucuruza impano zavanye mu Rwanda cyagenze, zikavuga ko ibi bikorwa bizakomeza hagamijwe gushakira inkunga uyu muryango w’urubyiruko rwarokotse jenoside yakorewe abatutsi mu 1994.
Bamwe mu baturage bo mu Mudugudu wa Nyahinda, Akagari ka Tyazo mu Murenge wa Muhanga barinubira uburyo amazu yabo asenywa n’Isosiyeti FAIR Construction isera amabuye muri aka kagari kandi ntibahabwe indishyi ikwiye.
Abanyamuryango ba koperative COATB Gisagara, y’abakora umurimo wo kubaka, baravuga ko bagenda basobanukirwa n’akamaro ko kuba hamwe, aho babona ko bizabazamura mu ntera ndetse n’ibikorwa byabo bikarushaho kumenyekana.
Habakurama Celestin w’imyaka 56, yivuganywe na Niyonkuru Emile w’imyaka 19 ndetse na se Murindabigwi Straton ubwo bamufatiraga mu rutoki ngo ari kubiba saa cyenda z’ijoro ryo kuwa 07/12/2014.
Abafite ubumuga bo mu Karere ka Gisagara bagiye gufasha kwigisha gahunda ya «Ndi umunyarwanda» mu bandi baturage.
Abaturage bo mu Mudugudu wa Kabahushi, Akagari ka Sakara, Umurenge wa Murama wo mu Karere ka Ngoma bavuga ko bafite ikibazo gikomeye cyo kutagira amazi meza kuva kera ndetse ko ngo batangiye kuyasaba ubuyobozi kuva ku bw’abami kugera n’ubu.
Umutoza w’ikipe y’igihugu ya Uganda Milutin Sredojevic Micho atangaza ko agifite byinshi byo gukorera iyo kipe yitwa Imisambi atoza, nubwo benshi bari batangiye gutangaza ko ashobora gusezererwa.
Abakinnyi babiri ba Rayon Sports Nizigiyimana Karim Makenzi na Fuade Ndayisenga ntabwo batoranyijwe mu ikipe y’igihugu y’u Burundi iri bwerekeze muri Tanzania kuri uyu wa mbere mu mukino wa gicuti na Taifa Stars.
Abanyarwanda barakangurirwa gusobanukirwa n’indwara y’umwijima wo mubwoko bwa B na C cyane cyane ko iyo ndwara yandurira mu nzira nk’izo ubwandu bw’agakoko gatera Sida icamo.
Umuhanzi Iyakaremye Emmanuel atuye mu murenge wa Shangi mu karere ka Nyamasheke azwi ku zina rya Emmy Pro yashinze inzu y’umuziki ayita “Intare Studio” agamije kuzaba umwami w’abakora umuziki mu Rwanda.
Umutoza w’ikipe ya Police FC, Cassa Mbungo André yababajwe cyane no kubona ikipe ya As Kigali ari yo izamuye igikombe cyitiriwe kurwanya ruswa cyateguwe n’urwego rw’igihugu rw’Umuvunyi.
Mukamparaye Anastasie w’imyaka 52 y’amavuko yiyemerera ko yari agiye kurogesha musaza we amuziza kumwima umunani mu masambu ababyeyi babasigiye.
Ingabo z’u Rwanda (RDF) zashyikirije ubwato bwa moteri abaturage batuye ku kirwa cya Birwa ya mbere giherereye mu kiyaga cya Burera, mu Murenge wa Kinoni, mu Karere ka Burera, kugira ngo bujye bubafasha mu ngendo zabo.
Bamwe mu bacukuzi b’amabuye yo kubakisha bajya kuyatwikira mu mazi barasabwa kubireka kuko byangiza ibidukikije.
Filozofiya (Philosophie) ni uburyo bwo kumenya gushyira umubonezo mu mitekerereze, bigafasha umuntu kwimenyereza gutekereza neza kugirango abashe gushyira mu gaciro; (philosophie= Amour de la Sagesse).
Bamwe mu barimu n’abashinzwe uburezi mu Karere ka Rusizi baravuga ko bishimira intambwe imaze guterwa muri gahunda y’uburezi budaheza kuko yatumye n’abana bafite ubumuga butandukanye bagerwaho n’uburezi.
Umubyeyi witwa Mukarubimbura Brigitte aratangaza ko kurinda umwana imirire mibi nta kiguzi gihambaye bisaba, akaba ariyo mpamvu yiyemeje gufasha abana bafite iki kibazo bo mu Murenge wa Kibirizi atuyemo.
Bamwe mu babyeyi bo mu Karere ka Kamonyi bavuga ko abana babo banga kubafasha gukora imirimo yo mu rugo bakirirwa ku muhanda banywa inzoga n’ibiyobyabwenge, nyamara urubyiruko rwo ruhamya ko nta kazi gahagije ko gukora gahari.
Urubyiruko rwo mu Karere ka Rusizi rurasabwa gufata ingamba zo gukumira ruswa no kudahishira abayitanga kimwe n’abayisaba.
Ubuyobozi bw’Umurenge wa Mukama mu Karere ka Nyagatare burasaba abajyanama b’ubuzima guhindura imyumvire y’abaturage bagatera ikirenge mu cyabo bakora ibikorwa bibateza imbere.
Abaturage batishoboye batahabwaga inkunga y’ingoboka kandi bayikwiye bagiye kujya bayihabwa, kuko urutonde rw’abagenewe inkunga y’ingoboka rugiye gusubirwamo abaturage bo ubwabo bakihitiramo abakene kurusha abandi bakwiye kuyihabwa.
Abagenerwabikorwa b’umushinga USAID ufasha abaturage bo mu turere twa Nyanza na Huye mu Ntara y’Amajyepfo baravuga ko yabafashije kwifasha mu rugamba barimo rwo kwiteza imbere.
Umuhinzi mworozi witwa Mukwiye Froduard wo mu Murenge wa Mukama mu Karere ka Nyagatare yashinze ishuri ry’ubuhinzi iwe aho afasha abandi bahinzi abigisha guhinga mu buryo bwa kijyambere, akaba anafite intego yo kongera ibiribwa ku isoko kandi nawe akiteza imbere.
Amakipe ya As Kigali na Police ni yo agiye guhurira ku mukino wanyuma w’igikombe cyateguwe n’umuvunyi nyuma yo gusezerera APR FC na Rayon Sports zahabwaga amahirwe.