Burera: Abakinnyi ba Filime Nyarwanda bahuruje imbaga y’abantu yuzura mu mihanda

Abakunzi ba Filime Nyarwanda batandukanye bo mu Karere ka Burera batangajwe no kubona amaso ku maso bamwe mu bakinnyi ba Filime Nyarwanda bakunda ubwo bazaga muri ako karere mu rwego rwo kwegera abafana no kureba niba amafilime bakina abashimisha.

Mu masaha ya saa munani za nyuma ya saa sita, ku cyumweru tariki ya 15/03/2015, nibwo bamwe mu bakinnyi ba Filime Nyarwanda basesekaraga muri santere ya Kidaho iri mu murenge wa Cyanika.

Aho batembereraga hose muri Santire ya Kidaho abantu babuzuragaho.
Aho batembereraga hose muri Santire ya Kidaho abantu babuzuragaho.

Baje mu modoka itwara abagenzi izwi ku zina rya “Twegerane”, bayivamo batembera muri iyo santere n’amaguru maze abakunzi babo babuzuruho baje kubareba, bamwe bashaka kubakoraho, bigaragako batangajwe no kubabona amaso ku maso, bari basanzwe bababona muri Filime.

Abakinnyi ba Filime nka Fabiola na Manzi bakinana muri Filime yakunzwe n’abatari bake, yitwa “Amarira y’Urukundo”, nibo wabonaga abafana bashaka gukoraho cyane kuburyo aho babaga bari hose abantu babuzuragaho bashaka kubareba, babasuhuza.

Fabiola wambaye umutuku yari umwe mu bishimiwe cyane n'abanya Burera.
Fabiola wambaye umutuku yari umwe mu bishimiwe cyane n’abanya Burera.

Abandi bakinnyi ba Filime barimo Postor Fake wakinnye muri Filimi Inkoni y’Imana, Nadege wakinnye Rwasibo, Rosine wakinnye muri Ruganzu n’Intare y’ingore, Mama Gentil ariwe wakinnye mu Intare y’Ignore nabo wabonaga bishimiwe n’abatari bake.

Ubwo abakinnyi ba Filimi Nyarwanda bagiye abakunzi babo bayuzuyeho ubona badashaka ko igenda.
Ubwo abakinnyi ba Filimi Nyarwanda bagiye abakunzi babo bayuzuyeho ubona badashaka ko igenda.

Ubwo aba bakinnyi bab Filime Nyarwanda buriraga imodoka yabazanye bagiye, abafana bayo bayuzuyeho batifuza ko bagenda kuburyo bayibujije kugenda, bamwe babarebera mu madirishya y’iyo modoka bamwe bafite amatekefone afotora bakabafotorera mu madirishya.

Ubwo iyo modoka bari barimo yahagurukaga bamwe mu bafana bayirutse inyuma bigaragara ko abakinnyi ba Filime Nyarwanda, ndetse na Filime bakinamo, bakunzwe n’abatari bake biganjemo urubyiruko n’abigitsinagore.

Andi mafoto y’uko byari bimeze

Bamwe bareberaga mu madirishya y'imodoka bafite amashyushyu yo kubabona.
Bamwe bareberaga mu madirishya y’imodoka bafite amashyushyu yo kubabona.
Uyu uzamuye ukuboko akina filime yitwa Pastor Fake na we ngo yishimiwe na benshi muri Kidaho.
Uyu uzamuye ukuboko akina filime yitwa Pastor Fake na we ngo yishimiwe na benshi muri Kidaho.
Imodoka ihagurutse bamwe bashatse kuyikurikira.
Imodoka ihagurutse bamwe bashatse kuyikurikira.

Norbert NIYIZURUGERO

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 3 )

NDI UGANDARUBARI NTANGE ABOBAKI NNYIBAFILIMENDABI SHIMIYE.

TURABASHIMIYE alias yanditse ku itariki ya: 9-11-2019  →  Musubize

Ndi Uganda Hoima Cyangwali Filime Zaba Bakinnyi Ndazikunda Cyane Nigute Nazibona ?Nukuri Zirigisha Cyane .Murakoze.

Tumusime Tojeni yanditse ku itariki ya: 17-07-2017  →  Musubize

Rwanda Today,ndi umukinnyi w’amareresi(filime) n’ikinamico w’umurundi,ndashimye ukuntu mwitakubakinnyi ba filime n’ikinamico (urunana),mukomerez’aho!

Arthur Ban yanditse ku itariki ya: 19-07-2015  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka