Hashize imyaka itatu mu karere ka Ngororero bubaka uruganda rugenewe gutunganya umusaruro w’imyumbati. N’ubwo bigaragara ko inyubako zarangiye ndetse n’imashini zizakoreshwa muri urwo ruganda zikaba zihari, imirimo yo gutunganya imyumbati yo ntiratangira mu gihe umushinga wateganyaga ko uruganda rwari gutangirana n’umwaka wa (…)
Imibare igaragara mu mirenge itandukanye igize akarere ka Muhanga igaragaza ko abaturage bagejeje imyaka 18 bitabira gukorana n’ibigo by’imali bakiri bakiri bacye kanda ngo ugasanga hari imirimo bakora yagombye kubafasha kwizigama.
Mu rugendoshuri rwakozwe n’abaturage 11 bo mu karere ka Nyamasheke bagamije gushaka ibitekerezo no kwigira ku bandi mu mushinga w’iterambere ridaheza, bishimiye ko basanze gushyigikira uburezi bw’abafite ubumuga byarateye imbere mu karere ka Kamonyi.
Ikigo cy’igihugu gishinzwe imiyoborere myiza (RGB) cyatangije umushinga wo gushyiraho abatoza bazafasha mu nzego z’ibanze hagamijwe kubaka ubushobozi bwo kunoza imicungire y’umutungo n’igenamigambi, ubu buryo butegerejweho kuzazamura uburyo bwo guha serivisi abaturage.
Abagore bahagarariye abandi mu Murenge wa Cyuve, Akarere ka Musanze barakangurirwa kugeza ubutumwa bwa gahunda ya “Ndi Umunyarwanda” ku bagize imiryango yabo by’umwihariko ndetse n’aho batuye kuko ubunyarwanda ari wo musingi w’amahoro arambye mu Rwanda.
Aborozi bo mu karere ka Ruhango baratangaza ko bahangayikishijwe n’ikibazo cy’ubujura bw’inka muri iyi minsi aho batunga agatoki bamwe mu bakora umwuga wo kubaga inka ahantu hatandukanye muri aka karere, bakaba basaba inzego zibishinzwe ko hakwiye kugira igikorwa.
Abashoramari 50 b’Abayapani bayobowe na Ministiri wabo w’ububanyi n’amahanga wungirije, Hirotaka Ishihara, baje mu Rwanda kumva niba bahashora imari; ariko kandi ngo u Buyapani burashaka kwigisha isi amahoro, buhereye kuri Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda ndetse no kuri bombe atomike zatewe muri icyo gihugu.
Abagabo bo mu karere ka Gicumbi bamaze kuboneza urubyaro hakoreshejwe uburyo bwo kwifungisha burundu (Vasectomy) barasobanura ko babikoze babyumvikanyeho n’abagore babo kandi ngo bamaze kubona ibyiza byabyo bakaba bakangurira abakibishidikanyaho gushira ubwoba kubyitabira.
Niyonsaba Sakindi utuye mu murenge wa Mbogo mu karere ka Rulindo avuga yabashije kwiteza imbere abikesha ubworozi bw’inkoko kuko ubu ageze ku nkoko 4000 zihagaze hejuru ya miliyoni 15 z’amafranga y’u Rwanda.
Umuryango w’abakorerabushake b’amahoro (Association des Volontaires de la Paix) utangaza ko n’ubwo utabashije kuburizamo Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda, nyuma yaho wiyemeje guharanira kubanisha abantu mu mahoro no kwamagana amacakubiri mu Rwanda n’ahandi hose ku isi.
Umusore w’imyaka 25 mu gihugu cya Canada bamufashe atwara imodoka yasinze maze bamushyira mu mudoka ya polisi yari ku burinzi ku ntebe y’inyuma maze mu gihe bacyumva ubuhamya ku mpanuka yari yatejwe n’uko gutwara imodoka kandi yasinze abaca mu rihumye atorokana imodoka ya polisi bamufata hashize iminsi itatu.
Abakandida Senateri b’Intara y’Uburasirazuba bahatanira umwanya wo kujya mu nteko ishingamategeko umutwe wa Sena, kuri uyu wa gatatu tariki 27/8/2014 nibwo basoje ibikorwa byabo byo kwiyamamaza.
Umusore witwa Kubwimana Oscar wo mu kagari ka Tara mu murenge wa Mururu mu karere ka Rusizi yiyahuye mu ijoro ryo kuwa 26 rishyira kuwa 27/08/2014, hakaba hakekwa ko yaba yabitewe n’imyenda myinshi yari afitiye abantu hakiyongera ho kwibwa.
Abaturage bo mu mirenge ya Bungwe, Gatebe, na Kivuye, ho mu karere ka Burera, batangaza ko nyuma y’amezi abiri bagejejweho umuriro w’amashanyarazi ubuzima bwabo bumaze guhinduka.
Umusambi ni kimwe mu bikoresho byafatwaga nk’ingenzi mu Rwanda rwo hambere. Uretse kuba barawuryamagaho, ari naho hava izina “umusaswa”, barawiyorosaga, bakawicaraho, bakawanikaho imyaka ndetse bakanawushyinguramo abapfuye.
Ubuyobozi bw’Intara y’Uburengerazuba, kuri uyu wa 26 Kanama 2014, bwagiranye inama n’abikorera barimo abanyamahoteli, abanyatubari n’abakora akazi ko gutwara abantu bakoresheje ibinyabiziga maze bubakangurira gufata iya mbere mu kugira uruhara mu ikumirwa ry’icyaha cyo gucuruza abantu.
Abaturage bo mu murenge wa Ntarama bibumbiye muri Koperative “KOMITE Y’ABATURAGE B’UMURENGE WA NTARAMA” yakoraga ibikorwa by’isuku mu muhanda Kigali-Nemba mu gice cyo mu murenge wabo, barasaba ubuyobozi bw’akarere ka Bugesera kubishyura ibirarane by’amafaranga y’amezi atatu batishyuwe mbere y’uko basesa amasezerano bari (…)
Abahinzi benshi mu karere ka Nyabihu bemeza bashobora kuzabona umusaruro mwiza muri iki gihembwe cy’ihinga cya 2015 A kuko babona ikirere gitanga ikizere ndetse n’imyaka bahinze imaze kumera ikaba ari myiza.
Abanyamadini n’amatorero bo mu karere ka Nyamasheke biyemeje kuba umusemburo nyakuri uzafasha abayoboke babo gushyira mu bikorwa gahunda za leta babakangurira kuzigira izabo.
Mu gihe u Rwanda rumaze imyaka irindwi mu muryango wa Afurika y’Iburasirazuba “East African Community” bamwe mu baturage bo mu byaro byo mu karere ka Nyabihu bavuga ko badasobanukiwe n’imikorere y’uyu muryango n’akamaro ubafitiye.
Abahanzi baririmba Gospel (indirimbo zihimbaza Imana) bategereje byinshi ku marushanwa atanga ibihembo ya Groove Awards agiye kuba ku nshuro ya kabiri kuko ngo aya marushanwa azatuma bahabwa agaciro n’abayobozi bamwe na bamwe bo mu matorero.
Mu gihe ababumba inkono n’ibibindi bavuga ko umwuga w’ububumbyi wataye agaciro bitewe n’ibikoresho bigezweho, hari ababumbyi bateye intambwe basigaye babumba imitako n’ibindi bikoresho batangaza ko kubumba byabateje imbere.
Nyuma y’uko abantu bane bafashwe bakekwaho kugira uruhare mu rupfu rw’umuryango w’abantu 6 mu karere ka Ruhango, Baribwirumuhungu Steven ufungiye muri gereza ya Muhanga yabwiye urukiko ko ari we wabishe wenyine nta wundi bafatanyije.
Umukobwa w’imyaka 16 y’amavuko wo mu kagari ka Kayumba mu murenge wa Nyamata mu karere ka Bugesera wari waburiye irengero nyuma y’ibyumweru bitatu yabonetse mu karere ka Karongi mu ntara y’iburengerazuba.
Abarimu bo mu karere ka Bugesera baranenga mugenzi wabo wigisha mu mashuri abanza wibye ibitoki mu murima w’umuturage.
Mu gihe bamwe mu baturage b’umurenge wa Katabagemu bavuga ko kugira ubutaka buto bituma batabasha kubukoreraho ubworozi bw’inka, ubuyobozi bwo busanga iyi myumvire ishaje kuko ngo korora bitagombera urwuri, ahubwo n’ubwatsi bwahinzwe ku mirwanyasuri bushobora gutunga inka bakabona amata n’ifumbire.
Nyuma yaho indwara ya Ebola igaragariye muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya kongo, abakoresha imipaka ya Rusizi ya Mbere y’iya Kabiri barishimira ingamba zafashwe zo gukumira iyo ndwara hapimwa abava muri icyo gihugu binjira mu Rwanda.
Polisi y’igihugu iratangaza ko mu mezi hafi abiri mu karere ka Nyanza habaye impanuka 28 abantu 8 bakaziburiramo ubuzima. Aya makuru yashyizwe ahagaragara tariki 26/08/2014 ubwo polisi y’igihugu ikorera mu karere ka Nyanza yifatanyaga n’ubuyobozi bw’akarere mu gikorwa cyo gutangiza ukwezi kwahariwe kurwanya impanuka zo mu (…)
Abayobozi b’ibigo by’amashuri mu murenge wa Ngororero mu karere ka Ngororero, bashyizeho uburyo bwo kuzajya bahuza amasaha bigishirizaho amasomo, bakaba bavuga ko ubu buryo buzabafasha kwita kimwe ku banyeshuri kuko hari abigaga amasomo amwe n’amwe mu masaha adakwiye cyangwa se bamwe bagakora amakosa yo gutira amakayi (…)
Mu minsi ishize abahanzi Jose Chameleone, Amani na bagenzi babo baje mu bitaramo bari bateguriwe hano mu Rwanda ariko icyatunguye abantu ni uko ibitaramo byabo bitibabiriwe.
Nyuma y’aho ubuyobozi bw’akarere ka Burera buburije abaturage kunyuza ubwato bw’ingashya mu gishanga cya Rugezi mu rwego rwo kwirinda impanuka, abaturage bavuga ko babuze uko bambuka bajya mu mirimo itandukanye kandi ariyo nzira yabo ya bugufi hakaba nta n’ubwato bwa moteri buhari.
Abadepite bo mu gihugu cy’Ubuyapani ndetse n’abayobozi b’Ikigo cy’Ubuyapani gishinzwe ubutwererane mpuzamahanga (JICA) barishimira uko inkunga ihabwa u Rwanda ikoreshwa neza kandi ikagira impinduka zigaragara mu mibereho y’abaturage bo hasi.
Aborozi b’inka bo mu murenge wa Gatebe mu karere ka Burera, batangaza ko babangamiwe no kuba babuzwa kujya kugirisha amata hanze y’uwo murenge aho babaha amafaranga menshi kurusha ayo bahererwa mu murenge wabo.
Umugabo w’imyaka 47 witwa Ndagijimana Aléxis yafashwe yibye amafaranga y’u Rwanda ibihumbi ijana ubwo yayavanaga mu ishakoshi y’umubitsi wa koperative Girubuzima y’abajyanama b’ubuzima mu karere ka Rutsiro, kuri uyu wa mbere tariki ya 25/08/2014 mu masaha ya saa moya z’ijoro, akavuga ko yabitewe n’ubusinzi.
Abaganga mu gihugu cy’Ubuhinde nyuma yo gukura igikanka (skleton) cy’umwana mu nda y’umugore cyari kimazemo imyaka igera kuri 36 kuri uyu wa 25 Kanama 2014, baratangaza ko uwo mugore ari uwa mbere utwise igihe kirekire mu bagore bose babonye.
Abaturage bo mu Kagari ka Nkomangwa mu Murenge wa Munyiginya mu Karere ka Rwamagana barishimira ko babonye ivuriro hafi yabo, mu gihe ubusanzwe bajyaga bakora urugendo rugera ku birometero 8 bajya ku Kigo Nderabuzima cya Ruhunda ari cyo kiri hafi yabo.
Urubyiruko rw’abakorerabushake 300 ruva mu gihugu cyose rwiyemeje gukumira ibyaha bitaraba, rurasabwa guhagarara kigabo mu rugamba rwo guhindura u Rwanda rukaba igihugu gikomeye kandi cy’intangarugero muri Afurika no ku isi hose.
Polisi ifatanyije na Minisiteri y’uburinganire n’iterambere ry’umuryango batangije ku mugaragaro ubukangurambaga ku ihohoterwa rishingiye ku gitsina, aho abaturage bashishikarijwe kurwanya by’umwihariko icuruzwa ry’abana b’abakobwa ririmo kugaragara mu gihugu
Imvura irimo umuyaga udasanzwe yasenyeye abaturage mu karere ka Nyamasheke mu murenge wa Kagano, aho ibisenge by’inzu zabo byagurutse.
Polisi y’u Rwanda iravuga ko nta Munyarwanda n’umwe uri mu mirambo abarobyi b’Abarundi bamaze iminsi babona mu kiyaga cya Rweru kiri ku mupaka w’u Rwanda n’u Burundi.
Umugabo witwa Ngurinzira Théodore ari mu maboko ya polisi ikorera mu karere ka Gicumbi akurikiranyweho icyaha cyo guha abapolisi ruswa y’ibihumbi bine.
Abakozi ba komisiyo ishinzwe abakozi ba Leta (PSC) bari mu karere ka Nyanza mu gihe cy’iminsi itanu bakora imenyekanisha ry’amategeko mashya agenga imicungire y’abakozi ba leta, aho basaba ubuyobozi bw’akarere ka Nyanza kwigengesera mu birebana n’imicungire y’abakozi bako.
Aba-ofisiye bakuru ba Polisi 25 bo mu Rwanda no mu bihugu bitandukanye by’Afurika, kuri uyu wa mbere tariki 25/08/2014, batangiye icyiciro cya gatatu cy’amasomo mu Ishuri Rikuru rya Polisi riri mu Karere ka Musanze.
Abayobozi n’abaturage bo mu karere ka Ngororero barasabwa gushyira imbaraga muri gahunda yo kuringaniza urubyaro kubera ubwinshi bw’abaturage bukomeje kugenda buzamuka, nk’uko byagaragajwe n’ikigo cy’igihugu gishinzwe ibarurishamibare.
Abdel-Majed Abdel Bary, Umwongereza wamenyekanye mu muziki mu njyana ya Rap ku izina rya L Jinny arakekwaho kuba umwe mu baciye umutwe umunyamakuru w’umunyamerika James Wright Foley.
Imvura ivanze n’umuyaga yaguye mu karere ka Muhanga ku cyumweru tariki ya 24/08/2014 hagati ya saa cyenda na saa kumi z’amanywa yangiza inzu z’abaturage mu murenge wa Nyabinoni ndetse n’imyaka yabo irangirika cyane cyane urutoki, ndetse yangiza n’inyubako z’ikigo cy’amashuri cya Shaki.
Ku mazi ashyushye bita amashyuza aherereye mu kagari ka Mashyuza, umurenge wa Nyakabuye, mu karere ka Rusizi habonetse umurambo w’umusore uri mu kigero cy’imyaka iri hagati ya 20-25 y’amavuko ariko ba nyira we ntibaramenyekana.
Ubuyobozi bw’ibitaro bya Gisenyi bwashyize abaganga ku mipaka ihuza u Rwanda na Kongo kugira ngo bapime ibimenyetso biranga virusi ya Ebola buri muntu wese uvuye mu gihugu cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo kimaze kugaragaramo iyo ndwara yibasiye Afurika muri iyi minsi.
Abantu basaga 130 b’ingeri zinyuranye bakiriye yesu barihana barabatizwa mu muhango wo gusoza igiterane cy’ibyumweru bibiri cyakozwe n’Itorero ry’Abadiventiste b’umunsi wa karindwi mu Ntara y’Ivugabutumwa ya Gitarama mu duce tunyuranye tw’umujyi wa Muhanga.