Aborozi banejejwe n’ikaragiro ry’amata rya Burera ryatangiye gukora

Aborozi b’inka bo mu Karere ka Burera barishimira ko ikaragiro ry’amata begerejwe ryatangiye gukora bakaba baratangiye kugurishayo amata y’inka zabo.

Iri karagiro ryubatse muri Santere ya Kidaho, mu Murenge wa Cyanika, ryatangiye gukora muri Nzeri 2015. Ryahise rigura amata y’aborozi maze ritangira gukora “Fromages”.

Munyawera ahamya ko agiye kwagura ubworozi bwe kugira ngo ajye agemura amata menshi.
Munyawera ahamya ko agiye kwagura ubworozi bwe kugira ngo ajye agemura amata menshi.

Aborozi bahamya ko iryo karagiro rigiye gutuma bagera ku iterambere kuko bagiye kujya babona aho bagurisha amata badahenzwe. Iryo karagiro ritaratangira gukora, ngo bagurishaga amata mu baturage bakabaha amafaranga y’u Rwanda 100 kuri litiro imwe.

Munyawera Théoneste, umworozi wo mu Murenge wa Kinyababa, avuga ko kuri iryo kusanyirizo ho litiro imwe y’amata babaha amafaranga 170. Ahamya ko harimo inyungu izabazamura.

Iri karagiro ngo rizajya rikora ibintu bitandukanye bikomoka ku mata.
Iri karagiro ngo rizajya rikora ibintu bitandukanye bikomoka ku mata.

Akomeza avuga ko bigiye gutuma yagura ubworozi bw’inka kugira ngo ajye abona amata menshi agemura kuri iryo karagiro.

Agira ati “Ngiye kwagura ubworozi kandi ntere ubwatsi kugira ngo nshake n’inka zifite umukamo…Ni yo nyungu dufite cyane ko rutwegereye. (amata) Yadupfiraga ubusa cyane! Ni ukuyanywa…kwari ugusesagura. Ariko urabona ubu tuzajya tuyazana hano ku ikaragiro tubonemo amafaranga kandi dusagure n’ayo kunywa.”

"Fromages" za mbere ryakoze. Ngo rizajya rikora na Yaghurt.
"Fromages" za mbere ryakoze. Ngo rizajya rikora na Yaghurt.

Ikaragiro ry’Amata rya Burera ryatangiye gukora rihereye kuri “Fromages” z’ubwoko umunani. Nkuriyingoma John, ushinzwe ibikorwa muri iryo karagiro, avuga ko ariko batari batangira kuzishyira ku isoko. Barindiriye ko Ikigo cy’u Rwanda cy’Ubuziranenge (RBS) kibaha uburenganzira.

Agira ati “Twohereje bimwe mu byo dukora mu Kigo cy’Ubuziranenge…Leta ni yo isigaye kuza ikagena igiciro, tukagurisha ku mugaragaro.”

Aborozi b'inka bo mu Karere ka Burera bahamya ko iri karagiro ry'amata rizabateza imbere.
Aborozi b’inka bo mu Karere ka Burera bahamya ko iri karagiro ry’amata rizabateza imbere.

Akomeza avuga ko bafite isoko ngo kuko kuri ubu hari n’abashaka kugura izo “fromages” kandi bataratangira kuzigurisha. Ikindi ngo ni uko bazazigurisha mu Rwanda ndetse no hanze yarwo.

Si “Fromages” gusa urwo ruganda ruzajya rukora. Nkuriyingoma avuga ko bazakora ibintu bitandukanye bikomoka ku mata birimo Ikivuguto, “Yoghurt” ndetse n’amavuta y’inka.

Ikaragiro ry’Amata rya Burera ryuzuye ritwaye amafaranga y’u Rwanda abarirwa muri miliyoni 700.

Norbert NIYIZURUGERO

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka