Abafite aho bahurira n’imisoro mu karere ka Gakenke basanga kuba abaturage bagiye kuzajya bayishyura bakoresheje ikoranabuhanga bizarushaho kubafasha.
Umwana witwa Nyiraneza Therese w’imyaka itatu yaguye mu muvu, umurambo we ukaba wabonetse muri iki gitondo cyo ku wa mbere.
U Rwanda rwashyize umukono ku masezerano y’imikoranire n’umuryango w’Ubumwe bwa Afurika, nk’umusanzu warwo ku mutwe w’Ingabo z’uwo muryango.
Abahinzi b’ibirayi bagaragaza ko bafite ikibazo cyo kutabona imbuto y’ibirayi mu gihe cy’ihinga bigatuma bahinga imbuto mbi ziva mu gihugu cya Uganda.
Abatuye umurenge wa Mukindo muri Gisagara baravuga ko kutagira amashanyarazi biri mu bidindiza iterambere ryabo bagasaba ko nabo bawegerezwa.
Ecole Secondaire de Ruhango, ku bufatanye n’igihugu cy’u Budage, tariki 11/10/2015, batashye icumbi ry’abanyeshuri b’abahungu ryuzuye ritwaye Miliyoni 71 z’amafaranga.
Urubyiruko rwo mu cyaro ruracyagira isoni zo gukoresha agakingirizo mu kwirinda Virusi itera Sida no kwirinda inda zitateganyijwe, bagasaba kwegerwa.
Guverineri w’Intara y’Iburasirazuba, Uwamariya Odette, arasaba abayobozi mu nzego z’ibanze gukurikirana ibikorwa birwanya ubukene, bakarandura ikibazo cy’imirire mibi cyugarije abana.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Muhanga bwafashe imyanzuro yo gukaza isuku kugira ngo Umujyi wa Muhanga urusheho gusa neza.
Inama Nkuru y’urubyiruko(NYC) igiye kubyaza umusaruro urushijeho abiga muri kaminuza n’amashuri makuru, nk’uko yabimenyesheje ababahagarariye ku ya 09 Ukwakira 2015.
Amavubi asoje imikino ya gicuti yakiniraga muri Maroc nta ntsinzi n’imwe,aho kuri iki cyumweru yongeye gutsindwa na Tunisia
Mu karere ka Rulindo habaye igikorwa cyo gukingira bwa nyuma abakozi bakorera ku karere indwara y’umwijima wa Hepatite B
Abafite aho bahuriye n’uburezi mu Karere ka Karongi bahuguwe ku nteganyanyigisho nshya izifashishwa kuva umwaka utaha mu mashuri abanza n’ayisumbuye.
Irushanwa rikomeye rihuza abahanzi bakomeye mu karere ka Nyamasheke na Rusizi, Kinyaga award, rigiye kongera kugaruka mu dushya twinshi.
Hari bamwe mu bagabo bumva ko umugoroba w’ababyeyi ureba abagore gusa bityo ugasanga ntibawitabiriye kandi ukemukiramo ibibazo birebwa n’ibitsina byombi.
Ishuri Elena Guerra ryo mu Karere ka Huye, riributsa ababyeyi ko uburere bw’abana budakwiye guharirwa abarimu, kuko n’uruhare rwabo rukenewe.
Abahinga buhira imyaka mu gishanga cya Kagitumba, barasaba ubuyobozi gusubizaho abazamu barinda ibyuma byuhira kuko abajura biba utwuma tunyuramo amazi.
Mu muhango wo guhemba abaguzi bitabiriye kwaka inyemezabuguzi z’akamashini ka EBM, byagaragaye ko abagore ari bake cyane babyitabiriye.
Abahinzi b’ahitwa mu Kigezi mu Karere ka Karongi barishimira imbuto nshya bahawe, n’ubwo byabagoye kumva impamvu y’itemwa ry’urutoki rwari rurwaye.
Abakiriya ba Banki ya Kigali muri Bugesera, baravuga ko kuba ubuyobozi bukuru bw’iyi Banki buza kubasura, bakaganira ku mikoranire, bibaha umurava.
Gahunda y’igikoni cy’umudugudu yazanye iminduka mu mikurire y’abana,, aho abasaga 1200 barangwagaho imirire mibi mu 2014, hasigaye gusa 157 muri 2015 .
Bamwe mu babyeyi batangaza ko ubukangurambaga bwo kwita ku mwana mu gihe cy’iminsi 1000 bwatumye bamenya akamaro ko konsa.
Kuri uyu wa gatandatu nibwo Shampiona y’umukino wa Handball yasojwe,ubwo umukino wari utegerejwe warangiye Police yongeye gutsinda APR
Abanyeshuri bane bakubiswe n’umuyobozi wabo, bakajyanwa ku kigo nderabuzima cya Kibingo, byabaye ngombwa ko bimurirwa mu bitaro bya Kabgayi.
Mu kwizihiza isabukuru y’imyaka icumi itorero Inganzo Ngari rimaze ribayeho, rirateganya ibitaramo n’izindi gahunda zizamara umwaka wose mu gihugu hose.
Mu Karere ka Huye, kuri uyu wa 9 Ukwakira 2015, hatangirijwe gahunda yo kwifashisha amakarita y’utugari mu kugaragaza icyo ubutaka bwagenewe gukorerwaho.
Ubuyobozi bw’akarere ka Gakenke buhangayikishijwe n’ikibazo cy’abana basaga 1230 batandikishijwe n’ababyeyi babo mu gitabo cy’irangamimerere, kuko ari imbogamizi kw’iterambere ry’akarere.
Urwego rwunganira mu by’umutekano mu karere ka Rutsiro (DASSO) rwasabwe kurushaho kunoza, nyuma yo kwambikwa amapeti.
Abahinga mu Rukore ho mu kagari ka Kahi ko mu murenge wa Gahini i Kayonza ngo barammbiwe urugomo bakorerwa n’abashumba.
Polisi itangaza ko hagiye gukorwa umuhanda w’amakamyo uhinguka mu Byahi mu rwego mu kugabanya imodoka Zigonga ibitaro bya Rubavu.
Urubyiruko rwibumbiye mu ihuriro ry’ imiryango y’urubyiruko itegamiye kuri Leta, ruratangaza ko rwiyemeje gusigasira iterambere ryagezweho na bakuru babo mu Rwanda.
Abanyeshuri 28 bigagaga kuri Collège Sainte Marie Reine mu Karere ka Muhanga birukanwe by’agateganyo bazira kwitwara nabi, bashaka gukora imyigaragambyo.
Minisitiri w’Uburinganire n’Iterambere ry’Umuryango, Oda Gasinzigwa, asaba abangavu kwirinda “uduhendabana” tw’ababashuka, ahubwo bakamenya gufata icyemezo n’icyerekezo cy’ubuzima bwiza bakiri bato.
Umunyamabanga wa Leta ushinzwe ubumenyingiro muri Minisiteri y’Uburezi, Nsengiyumva Albert, yahumurije abiga muri Lycee de Ruhango ko bagiye gukurikirana ibyabaye.
Milioni 14 nizo Ferwafa isabwa kwishyura RSSB ngo isubizwe imodoka yayo,atakwishyurwa n’inyubako yayo ikaba yafatirwa nk’uko amategeko abiteganya
Ikigo cy’igihugu cy’imisoro n’amahoro (RRA) gisanga guhemba abaka inyemezabuguzi muri tombola ya EBM bizafasha kongera umubare wabo.
Bamwe mu baturage bo mu Kagari k’Akabuga mu Murenge wa Kiramuruzi, baratakamba bavuga ko ubujura bw’amatungo cyane cyane inka bukomeje kwiyongera.
Leta yiyemeje kwishakamo Miliyari 13 z’amafaranga y’u Rwanda yo kuziba icyuho kiri mu bwishingizi bw’ubuvuzi(mituweri), cyahungabanyije serivisi z’ubuvuzi.
Leta y’u Rwanda yagiranye amasezerano y’inkunga ya Miliyoni 15 z’amadolari n’Ikigega gishinzwe Iterambere Mpuzamahanga mu bihugu bicukura peteroli (OFID) yo gukora umuhanda wa Nyagatare-Rukomo.
Bamwe mu baturage batuye mu byaro by’Akarere ka Rusizi baravuga ko igihingwa cy’ibihumyo kizabafasha kugabanya imirire mibi iboneka mu bana.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Burera burateganya guha imiryango ikennye iby’ibanze bizayifasha kuva mu cyiciro cy’abakene ku buryo bwihuse.
Ibiro bya Volcano Express Bujumbura byatewe n’abantu batamenyekana muri iri joro basahura ibyarimo byose banahasanga gerenade ebyiri zitaraturika
Ikigo cya Intersec gitanga serivisi zo gucunga umutekano kigiye gutangiza uburyo bwo gucunga umutekano hifashishijwe ikoranabuhanga rya Interineti ya 4G LTE.
Abanyeshuri ba Kibogora Polytechnic basabwe guhiga imihigo ishingiye ku iterambere ry’igihugu, ubwo hatangizwaga urugerero rw’amezi atanu muri iri shuri rikuru.