Ku mugoroba wo kuri uyu wa uyu wa kabiri, nibwo byatangajwe ko ikipe ya Rayon Sports yamaze guhagarika umutoza wayo umukino umwe uzahuza APR na Rayon Sports kuri uyu wa gatandatu.

Nyuma y’aho, uyu mufaransa David Donadei yakomeje kumvikana mu itangazamakuru ahakana ibyamuvuzweho yaba yaragaragaje imyitwarire mibi, ndetse Rayon Sports nayo igakomeza gushimangira ko uyu mutoza yagaragaje imyitwarire idakwiye.

Rayon Sports ivuga ko Donadei yazize iki?
Gakwaya Olivier umunyamabanga mukuru wa Rayon Sports mu kiganiro kirekire yagiranye na Kigali Today kuri uyu wa gatatu,yatangaje ko uyu mutoza yazize amakosa arimo gusuzugura Komite ya Rayon Sports,kugumura abakinnyi ndetse n’indi myitwarire mibi aho acumbitse.
Gakwaya Olivier ati"Twamuhagaritse umukino umwe gusa, kuko twabonaga atari mu buryo bwiza bwo kuba yawutegura kuko yashyiraga imbere ntaho byari bihuriye n’umukino ukomeye dufite imbere kandi yagakwiye kuwushyiramo imbaraga"
"Ubwo twamuhaga ibaruwa imuhagarika nabwo twasanze ari gukorana inama n’abakinnyi ababuza kuzakina umukino wa APR Fc,anababuza kwitabira imyitozo,ndetse kandi yanabikoze ubwo twiteguraga umukino wa Police Fc."
"Yagiye yoherereza abayobozi ubutuma anabatuka,twamusabye rero kutivanga mu micungire y’umutungo wa Rayon Sports,siwe wishyuriza Hotel,abangamira abakiliya ba Hotel,aba ashaka ko hakorwa ibyo ashaka,abaturanyi nabo bari bamaze kumwinuba,na Hotel byabaye ngombwa ko tuyisaba imbabazi" Gakwaya Olivier aganira na Kigali Today

David Donadei ntiyemera na kimwe mu byo Rayon Sports itangaza
Uyu mutoza mu kiganiro yagiranye n’abanyamakuru,yagaragaje ko ikipe ya Rayon Sports yamurenganije ikanamubeshyera,ndetse ko yiteguye kuyijyana mu nkiko mpuzamahanga
David Donadei ati"Sinigeze mbuza abakinnyi gukina,bambajije uko I Burayi bigenda,inshingano z’umutoza ni ukuvugisha ukuri,umukinnyi cyangwa umutoza wese amasezerano ye iyo atubahirijwe agomba kurengera uburenganzira bwe"
"Naje gusanga ibyo banyijeje ntabyo, nta mipira,abakinnyi babaye ho nabi,haba mu myitozo,mu mirire, nk’umutoza w’umunyamwuga nagombaga kurengera abakinnyi banjye"
"Ndahakana ibyo komite yavuze byose kuko ni ibinyoma, nta kibazo nagiranye na Hotel kuko hari na benshi barize bamenye ko ngiye kugenda,ni ababeshyi,abatekamutwe,ni abariganya, ni ba rusisibiranya,umuntu nubaha w’inyangamugayo ni umwe wenyine, ni Fredy Visi Perezida" Donadei aganira n’itangazamakuru.
Asoza iki kiganiro n’amarira yazengaga mu maso,yifurije intsinzi abakinnyi b’ikipe ya Rayon Sports,abibutsa ko bagakwiye guharanira uburenganzira bwabo,ndetse anatangaza ko agiye gusubira mu Bufaransa aho yavuze ko yamaze kubona ikipe ikomeye agiye gusinyira n’ubwo yirinze gutangaza izina ryayo.

Ibi byose bikaba bibaye mu gihe ikipe ya Rayon Sports yitegura kwakira APR Fc mu mukino w’umunsi wa gatandatu wa Shampiona uzabera kuri Stade Amahoro kuri uyu wa gatandatu ku i Saa cyenda n’igice.
Sammy IMANISHIMWE
National Football League
Ibitekerezo ( 7 )
Ohereza igitekerezo
|
nagende ntakwihangana nta banga? ubwse yakubakirahe umukinnyi nawe ubwe ntaho ar
ariko ibi biramenyerewe muri rayon sport uyu sumutoza wa mbere ugize ikibazo nkiki gusa bajye bakoresha abatoza ba banyarwanda bihanganira amafuti yabo
umukino ushyushye niwo twiteze muriiyi wknd
ngo ariko abakinnyi ngo bahise babahemba ukwezi kwa kenda kwari gusigaye kugirango bitegure umukino wa apr fc bafite akanyamuneza, ngo ariko uduhimbazamushyi ntatwo barabona kuva shampiona yatangira
rayon sport nabatoza ntibyoroshye!na shungu baramuriye bitabaza FIFA,birashoboka rero ko na david bamuriye
guhora ikipe ihinduranya abatoza bituma idatera imbere
Nyamara uyu mutoza ashobora kuba yarakundaga abakinnyi be kabisa