Donadei yahagaritswe ku kazi ko gutoza Rayon Sports

Nyuma y’ukwezi kumwe ari umutoza wa Rayon Sports,David Donadei yahagaritswe ku mukino Rayon Sports izakiramo APR kuri uyu wa gatandatu

Umufaransa David Donadei usanzwe ari umutoza wa Rayon Sports,yamaze guhabwa ibaruwa imuhagarika ku mirimo ye,aho by’umwihariko umukino Rayon Sports izaba yakiramo APR Fc atemerewe kuwutoza.

David Donadei wahagaritswe ku mirimo yo gutoza Rayon Sports
David Donadei wahagaritswe ku mirimo yo gutoza Rayon Sports

Ibi bibaye kuri uyu mutoza ,bije nyuma y’aho yari amaze iminsi atangaje ko nta kibazo na kimwe afitanye n’abayobozi ba Rayon Sports, ko kandi ibyigeze gutangazwa ko agiye kwegura byari ibihuha.

Gushwana n'abasifuzi bikunze kumuranga
Gushwana n’abasifuzi bikunze kumuranga

David Donadei wageze mu Rwanda taliki ya 12/09/2015, ni umwe mu batoza bagiye bagaragaraho imyitwarire itaravuzweho rumwe,haba mu myambarire,imyitwarire ye imbere y’abasifuzi,ndetse n’ibyo atangaza nyuma y’imikino yagiye akina.

Rimwe na rimwe aba agira inama abasifuzi
Rimwe na rimwe aba agira inama abasifuzi
Yari amaze ukwezi kumwe atoza Rayon Sports
Yari amaze ukwezi kumwe atoza Rayon Sports

Amakuru agera kuri Kigali Today kandi yemeza ko uyu mutoza wari ufite masezerano y’umwaka umwe muri Rayon Sports,yasabwe kuzatanga ibisobanuro ku myitwarire idahwitse yagiye imuranga, atabasha gutanga ibisobanuro akaba yanafatirwa izindi ngamba.

Ikipe ya Rayon Sports kugeza ubu irabarizwa ku mwanya wa gatandatu n’amanota 8,aho ifite umukino ukomeye kuri uyu wa gatandatu ku i Saa cyenda n’igice n’ikipe ya APR Fc iri ku mwanya wa 3 n’amanota 10,umukino uzabera kuri Stade Amahoro,

Sammy IMANISHIMWE

National Football League

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 1 )

nagende ntacyo yazayimarira.

theogene yanditse ku itariki ya: 21-10-2015  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka