
Ahmad uherutse gutorwa kuri uwo mwanya, yari mu ruzinduko mu Rwanda aho yari yitabiriye inama ya “African Union of Broadcasting (AUB)”, yateranye kuva kuri uyu wa Mbere tariki 12 Werurwe 2018.
Mu biganiro yagiranye na Perezida Kagame yamushimiye uruhare agira mu guteza imbere umupira w’amaguru mu karere, by’umwihariko irushanwa rya CECAFA KGAME CUP, rihuza ibihugu bigera ku 10 byo mu karere ka Afurika y’Iburasirazuba no hagati.
Perezida Kagame nawe yamwijeje ko mu gihe akiri ku buyobozi bw’Umuryango w’Afurika yunze Ubumwe (AU) azagira uruhare mu guhindura imikorere y’ishyirahamwe rya ruhago muri Afurika ndetse no kuzamura ruhago mu bakobwa n’abana.
Mu ruzinduko rwe mu Rwanda kandi, Ahmad yanasuye urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali ruherereye ku Gisozi. Yahatanze inkunga igera kuri miliyoni 1,7Frw yo gufasha mu bikorwa byo kurwanya ingengabitekerezo ya Jenoside.

National Football League
Ohereza igitekerezo
|
sport ninziza cyane natwe turayikunda nubwo abakinnyi bacu batubabaza cyne