
Ibi bivugwa n’umuyobozi w’ibitaro bya Kaminuza (CHUB), Dr. Augustin Sendegeya, uvuga ko bameze neza, kandi ko ku bufatanye na Minisiteri y’Ubuzima, hatangiye gushakishwa ibitaro bishobora kubakira bikabatandukanya, ndetse n’ubushobozi bwo kugira ngo bishoboke bwatangiye gushakwa.
Agira ati "kubatandukanya kandi bakabaho birashoboka, kuko mu bitaro byo mu bihugu nk’u Buhinde n’u Bufaransa byagiye bigerwaho."
Kugeza ubu aba bana na mama wabo bacumbikiwe n’ibitaro bya CHUB, kuko iwabo wa mama wabo ari abakene cyane, hakaba hatari hizewe uko bakwitabwaho bibarinda kuba bafatwa n’izindi ndwara. Kanakuze avuga ko umunsi bafatanuwe bizamushimisha cyane.
Ati "icyo gihe nzashima Imana cyane, hamwe n’abaganga bakomeje kutwitaho."
Anatekereza ko ibyo bizakuraho icyemezo cya musaza we wamubwiye ko nabazana mu rugo azamutema.

Ohereza igitekerezo
|
uwo mubyeyi niyihangane Imana ishobora byose bazatandukana kandi yizere