
Iyi gahunda ikaba igamije kubafasha kuzisanga muri sosiyete bigirira akamaro, bakakagirira imiryango yabo ndetse n’igihugu, basoje igihano.
Nubwo bigishwa iyi myuga bakayimenya bakayikora neza, ngo bahangayikishijwe nuko badahabwa impamyabushobozi yayo, izatuma bagira icyo berekana basaba akazi igihe bazaba barangije igihano.
Ni muri urwo rwego abagororerwa muri gereza ya Rusizi basaba ubuyobozi ko bajya bahabwa impamyabushobozi za WDA kuri iyi myuga, ngo kuko ibyo bakora babifitiye ubushobozi kandi babyigiye.
Misago Daniel yagize ati” Kuva hano ukagera hanze ntakintu ufite cyerekana ko wize icyo kintu, nta kazi dushobora kubona hanze, twasaba ko batwohereza izo mpamyabushobozi.”

Umwanzavugahe Theobard yungamo ati” Kujya gusaba akazi ukavuga ngo narize ntacyemezo, abantu ntibabasha kubyakira ariko icyo cyemezo kigaragara mu byukuri abantu bahita babona uburyo baguhamo akazi kubera ko uba werekano ko wabyize.”
Ubwo aheruka mu karere ka Rusizi, Minisitiri w’ubutabera akaba n’intumwa ya Leta Johnston Busingye, yasabye ubuyobozi bwa Gereza gufatanya n’akarere bakiga kuri iki kibazo, kigakemuka bidatinze.
Yagize ati” Nimuzane WDA iturebere ibiburamo tubishyiremo, ibahe impamyabushobozi. Iyi mpamyabushobozi ni ikimenyetso simusiga cyemeza ko umuntu yahindutse, kuko umuntu waje aha ari umujura iyo asohotse ari umubaji , tuba tumufashijeho kimwe cyakabiri cy’ubuzima bwe.”

Buri mugororwa wese ubishaka kandi witwaye neza mu gifungo cye iyo asigaje igihe gito yigishwa umwuga bitewe n’uwo ashaka kugira ngo igihe azaba afunguwe azabashe kwiteza imbere yihangira umurimo.



Ibitekerezo
Ohereza igitekerezo
|