Ibihumbi by’impunzi z’Abarundi zageze mu Rwanda zivuye Kamanyola muri RDC

Impunzi zigera ku bihumbi bitatu zimaze kwinjira mu Rwanda, zinjiriye ku mupaka wa Rusizi, zivuga ko zihunze icyemezo cya leta ya Congo ishaka kuzisubiza i Burundi.

Izi Mpunzi z'Abarundi zinjiye mu Rwanda zisaga 3000
Izi Mpunzi z’Abarundi zinjiye mu Rwanda zisaga 3000

Izi mpunzi zari zikambitse mu nkambi ya Kamanyola iherereye mu Majyepfo ya Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo.

Mu gihe zari zihamaze, ntizigeze zumvikana n’ubuyobozi bwa Congo, ku buryo no muri Nzeri abasirikare ba Leta ya Congo barashemo abagera kuri 18, nyuma y’imvururu zari zishyamiranyije impande zombi.

VOA yatangaje ko izi mpunzi zafashe icyemezo cyo kuva muri Congo zikaza mu Rwanda, nyuma y’aho zakekaga ko Leta ya Congo ishaka kuzirukana ikazisubiza i Burundi.

Bakigera ku mupaka uhuza Rusizi na RDC
Bakigera ku mupaka uhuza Rusizi na RDC

Izi mpunzi ngo ntizishobora gusubira i Burundi kuko zahavuye zihunze ubuyobozi bwa Pierre Nkurunziza, zikaba zifite impungenge ko gusubira yo bitazigwa amahoro.

Ubuyobozi bwatangarije Kigali Today ko batunguwe no kubona aba baturage binjira mu Rwanda ariko yizeza ko akarere kagiye kuba kabajyanye mu nkambi ya Nyarushishi, mu gihe bagishaka igikorwa.

Baje bitwaje n'amatungo yabo
Baje bitwaje n’amatungo yabo
Ubuyobozi bw'Akarere bubaye bubajyanye mu Nkambi ya Nyarushishi
Ubuyobozi bw’Akarere bubaye bubajyanye mu Nkambi ya Nyarushishi
kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 2 )

ibi koko muri afurika bizashira ryari Imana idutabare nukuri
kd mureke tubafashe uko dushoboye.

harerimana francois yanditse ku itariki ya: 8-03-2018  →  Musubize

IMPUNZI ahanini ziterwa n’intambara zibera ku isi yose.Kandi ahanini izo ntambara ziba ari "Civil Wars" (Abenegihugu barwana).
Reba Somalia,South Sudan,DRC,Burundi,Afghanistan,Irak,...Kuva na kera,isi ifite ibibazo kubera ko abantu banga kubahiriza Principles (amahame) dusanga muli Bible.Urugero,imana idusaba Gukundana.
Aho kubikora, turarwana,tugacurana,tukiba,tugasambana,...
Kubera ko abantu bananiye imana,yashyizeho umunsi w’imperuka (Ibyakozwe 17:31).Kuli uwo munsi,izakuraho abantu bose banga kuyumvira,isigaze abantu bayumvira gusa(Imigani 2:21,22).Abazarokoka bazaba muli paradizo.

Kabare yanditse ku itariki ya: 8-03-2018  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka