Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na Perezida Museveni
Kuri iki cyumweru Perezida Paul Kagame ari mu ruzinduko rw’akazi rw’umunsi umwe mu gihugu cya Uganda, aho ari bugirane ikiganiro cyihariye na Mugenzi we wa Uganda Yoweri Kaguta Museveni.

Muri uru ruzinduko Perezida Kagame yaherekejwe na Minisitiri w’Ububanyi n’amahanga, Louise Mushikiwabo; n’ Umunyamabanga Mukuru w’Urwego rushinzwe iperereza n’Umutekano (NISS), Maj. Gen. Joseph Nzabamwita.
Yaherekeje kandi na Ambasaderi w’u Rwanda muri Uganda, Frank Mugambage ndetse n’Umunyamabanga wihariye wa Perezida wa Repubulika, Lt. Col. Patrick Karuretwa.
Perezida Museveni abicishije ku rubuga rwe rwa Twitter yatangaje ko yishimiye kwakira Perezida Kagame, bakaba bari buganire kuri gahunda z’ubuhahirane bufitiye inyungu ibihugu byombi.
Uru ruzinduko rwa Perezida Kagame ruje, mu gihe hashize iminsi humvikana umwuka mubi hagati y’u Rwanda na Uganda, aho Abanyarwanda bahohoterwaga n’urwego rushinzwe iperereza muri Uganda.

Minisitiri w’Ububanyi n’amahanga Louise Mushikiwabo mu kiganiro n’abanyamakuru giheruka, yatangaje ko iki kibazo kizaganirwaho kikajya mu buryo.
Yagize ati" U Rwanda na Uganda bifitanye igihango, nta kibazo cyaba hagati y’ibihugu byombo ngo kinanirane."

Turakomeza kubakurikiranira aya makuru.
Ohereza igitekerezo
|
Mubisoze nkabasaza then twubake africa