Muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 hagaragayemo ubugome ndengakamere hirya no hino mu Rwanda, bimwe byagiye bivugwa ariko hari n’ibigenda bimenyekana nyuma y’imyaka 24.
Nyuma y’aho ikipe y’igihugu ya Handball yakiriwe muri Gare ya Nyabugogo, MINISPOC iratangaza ko yiteguye kuyishyigikira mu marushanwa bafite imbere
Ikigo cya East Africa Commodities Exchange (EAX) cyazanye uburyo bwo gufasha abahinzi b’Icyayi n’Ikawa kubona ku nguzanyo.
Imikino itarakiniwe igihe muri Shampiona y’icyiciro cya mbere mu Rwanda, yamaze gushyirwa muri Kamena 2018, mu nama yahuje abayobozi b’amakipe
Ambasaderi w’u Bushinwa mu Rwanda, Henry Rao Hongwei, yemeza ko kuza gukorera mu Rwanda byorohejwe n’uruzinduko Perezida Paul Kagame yagiriye mu gihugu cye.
Abana bahuguwe n’umuryango CVT (Children’s Voice Today) ku ruhare rwabo mu ngengo y’imari bemeza ko nta byifuzo byabo bizajya bipfukiranwa kuko bazajya babyikurikiranira.
U Rwanda rwizeye inyungu mu gukoresha ibibuga by’indege bya Ghana, aho Rwandair izajya izenguruka muri icyo gihugu no hanze yacyo.
Abagore babiri batuye mu Murenge wa Gihundwe mu kagali ka Kagara mu Mudugudu wa Rubenga I, barwanye bapfa umugabo umwe ahasiga ubuzima.
Perezida Paul Kagame yemeza ko ubuzima bwiza bw’abaturage na bwo ari ingenzi mu kugena niba abaturage runaka bateye imbere.
Isoko ry’Imigabane mu Rwanda (RSE), rivuga ko igice kinini cy’umusarurombumbe w’u Rwanda ungana na Miliyari umunani z’Amadolari, gipfushwa ubusa kuko kitabyazwa undi musaruro.
Minisitiri w’Ubucuruzi n’Inganda Vincent Munyeshyaka yihanangirije abacuruzi ba Sima y’u Rwanda ko badakwiye guhenda abaturage bitwaje ko yabuze.
Mu irushanwa rya Handball rihuza ibihugu bigize akarere ka Gatanu, u Rwanda rutsinze Uganda rwegukana igikombe
Mu isiganwa mpuzamahanga ryitiriwe amahoro ryabereye mu Rwanda, Nyirarukundo Salome na Hitimana Noel biegukanye imyanya ya mbere mu gice cya Marathon
Abanyeshuri biga muri kaminuza n’amashuri makuru anyuranye barasabwa kugira uruhare mu gukumira Jenoside n’ingengabitekerezo yayo kandi banabika amateka yayo mu nyandiko.
Benshi mu barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi, bavuga ko ari Imana yabahagazeho igatuma barokoka Jenoside yatwaye abarenga Miliyoni mu gihe cy’amezi atatu gusa.
Umunyamabanga Nshingwabikorwa wa Komisiyo y’igihugu ishinzwe kurwanya Jenoside CNLG, avuga ko inyito zikoreshwa kuri Jenoside yakorewe Abatutsi zirimo ivuga ko Abatutsi bapfuye zigomba guhinduka, ngo kuko Abatutsi batapfuye urupfu rusanzwe, ahubwo bishwe.
Polisi y’u Rwanda iramenyesha abakoresha umuhanda Kigali-Gatuna bajya Uganda, ko kubera inkangu zangije uwo muhanda ku gice cya Kabale ahitwa Kyonyo muri Uganda, uwo umuhanda utari nyabagendwa.
Amavubi y’abatarengeje imyaka 20 yasezerewe na Zambia, mu guhatanira itike yo kwerekeza mu gikombe cy’Afurika kizabera muri Niger umwaka utaha.
Uwizeyimana Bonaventure ukinira ikipe ya Benediction Club yegukanye isiganwa ry’amagare ryiswe ”Farmers Circuit.”
Bamwe mu Banyarwanda bakora ubucuruzi bwambukiranya imipaka mu karere ka Rusizi, bavuga ko batakigira ipfunwe ryo kuganira ururimi rw’Ikinyarwanda muri Repuburika iharanira demokarasi ya Congo kubera umubano mwiza ibihugu byombi bifitanye.
Bamwe mu borozi bo mu karere ka Nyagatare bavuga ko abakiragira mu kigo cya gisirikare cya Gabiro bakwiye guhanwa nk’abanzi b’igihugu.
Simugomwa Stanislas wari wahungiye mu bitaro bya CHK (CHUK ubu) mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi, avuga ko kuyirokoka abikesha guhindura ahari handitse mu irangamuntu ye ko ari Umututsi, akandikamo ko ari Umutwa.
Mu rwego rwo korohereza abashoramari mpuzamahanga gushora imari yabo mu Rwanda, Banki ya Kigali igiye kurenza imipaka imigabane yayo, iyigeze ku isoko ry’imigabane rya Kenya.
Ingoro y’amateka yahoze ari inzu ya Perezida Juvénal Habyarimana yahinduwemo ingoro y’ubugeni n’ubuhanzi.
Ubushakashatsi bwakozwe n’Ihuriro ry’uturere n’Umujyi wa Kigali (RALGA) bwerekanye ko abaturage 78.3% batagira uruhare mu igenamigambi n’ingengo y’imari y’ibibakorerwa.
Passy wahoze muri TNP afatanije na Butera Knowless bashyize hanze indirimbo yo mu njyana ya Zouk bise "Mbaye Wowe".
Mu mpera z’iki cyumweru mu Rwanda hateganijwe imikino itandukanye, ndetse n’amakipe atandukanye ari mu marushanwa hanze y’u Rwanda
Umubare w’abaturage baguraga gazi n’abayikoreshaga mu Rwanda urimo kugenda ugabanuka, kubera abayicuruza bakomeza kuzamura ibiciro byayo kandi bakabikora ku giti cyabo nta mabwiriza bahawe.
Minisitiri w’intebe Dr Edouard Ngirente, avuga ko mu bushakashatsi bwakozwe mu mwaka wa 2016, bugaragaza ko umubare w’abana bagwingira wagabanutse ku kigereranyo cya 13%.
Ibihugu bya Afurika bikomeje inzira yo kwishakamo ibisubizo mu kwicungira umutekano no guhosha amakimbirane hagati yabyo, bitegura igisirikare gifite ubumenyi buhanitse mu gucunga umutekano wa Afurika.
Ubushakashatsi bwakozwe na Minisiteri y’Ubuzima bwerekanye ko abana b’abahungu ari bo bakorerwa kenshi ihohoterwa ryo ku mubiri (gukubitwa) kuko ari 59.5%.
Umuhanzi Uwayezu Thierry utuye mu gihugu cya Afurika y’Epfo mu Mujyi wa Cape Town, yashyize hanze amashusho y’indirimbo yise “Mbabarira”, igamije gukangurira abagabo gucika ku muco wo guca inyuma abo bashakanye.
Ikipe y’igihugu ya Handball y’abatarengeje imyaka 20 inyagiye u Burundi ibitego 37 kuri 22, ihita ibona itike yo gukina 1/2 mu gikombe IHF Challenge Trophy kiri kubera muri Uganda.
Ikipe y’igihugu y’abatarengeje imyaka 20 yamaze kugera i Lusaka muri Zambia, aho igomba gukina umukino wo kwishyura na Zambia kuri uyu wa Gatandatu
Minisiteri y’Uburezi (MINEDUC) yahakanye ko ifite gahunda yo gukuraho ibizami bya leta bisoza amashuri abanza n’ayisumbuye, ivuga ko ibyo Minisitiri wa MINEDUC yavuze byumvikanye uko bitari.
Abavoka bo mu Rwanda babangamirwa no kutemererwa gukorera mu bindi bihugu bya Afurika y’Iburasirazuba (EAC) kandi ababikomokamo bo badakumirwa.
Minisiteri y’Ubutabera (MINIJUST) ivuga ko abakekwaho kunyereza umutungo wa Leta,imitungo yabo izajya ifatirwa bakiri mu kazi.
Ikipe ya Rayon Sports inganyirije na Young Africans muri Tanzania ubusa ku busa, mu mukino wabereye muri Tanzania
Mu Rwanda hatangiye kubakwa uruganda ruzajya rukora imiti irimo amoko arenga ijana harimo igabanya ubukana bw’agakoko gatera Sida, igituntu na Malariya.
Umuryango "Never Again Rwanda"watangije umushinga ugamije kuzamura uruhare rw’abaturage mu miyoborere no mu bibakorerwa.
Rwandair yatangiye ingendo zerekeza mu Mujyi wa Cape Town muri Afurika y’Epfo, mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu tariki 16 Gicurasi 2018.
Abari bitabiriye inama yateguwe na Minisiteri y’Ubutabera (MINIJUST) batunguwe no kubona injangwe igendagenda mu cyumba cy’inama yari yitabiriwe na Minisitiri w’Ubutabera Johnston Busingye.
Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda, ni yo Jenoside ya mbere mu mateka y’isi yahitanye abantu benshi mu gihe gito, kuko yatwaye abarenga Miliyoni imwe mu gihe cy’amezi atatu gusa.
Minisiteri y’Uburezi (MINEDUC) yatangiye gusuzuma umushinga wo gukuraho ibizami bisoza amashuri abanza bizwi nka “Exetat”, abanyeshuri bakajya barangiza amashuli abanza bahita bakomereza mu yisumbuye.