Musanze: Icyumba cy’iburanisha cyiciwemo Abatutsi kigiye kuba urwibutso

Umwiherero w’abafite aho bahuriye n’ubutabera wemeje ko icyumba cy’iburanisha cy’urukiko rukuru urugereko rwa Musanze cyiciwemo Abatutsi kigiye kugirwa urwibutso.

Dr. Aimé Kalimunda avuga ko icyumba cy'iburanisha mu rukiko rukuru urugereko rwa Musanze kitazongera kuberamo imanza
Dr. Aimé Kalimunda avuga ko icyumba cy’iburanisha mu rukiko rukuru urugereko rwa Musanze kitazongera kuberamo imanza

Umuyobozi w’urukiko rw’ubujurire, Dr. Aimé Kalimunda Muyoboke, avuga ko uyu mwanzuro wafashwe mu rwego rwo gusubiza agaciro Abatutsi bahiciwe.

Avuga ko icyumba cyahoze kiburanishirizwamo imanza cy’urukiko rwahoze ari urw’ubujurire rwa Ruhengeri cyari kigikorerwamo iyo mirimo ariko basanze ari byiza ko kitakongera gukorerwamo ahubwo kikaba urwibutso.

Ati “Twafashe umwanzuro wemeza ko ahongaho urukiko rw’ubujurire rwakoreraga ubu hakorera urukiko rukuru urugereko rwa Musanze hahinduka urwibutso ndetse n’abo bantu bagakurwa mu cyobo bagashyingurwa mu cyubahiro mu gihe cya vuba bishoboka.”

Avuga ko inzego z’ubucamanza, CNLG n’akarere ka Musanze bakibiganiraho akaba ari na bo bahawe inshingano zo gutegura uko bizakorwa.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa wa Komisiyo y’Igihugu yo kurwanya Jenoside (CNLG), Dr. Bizimana Jean Damascene avuga ko kuba icyo cyumba kigiye kuba urwibutso bifite akamaro cyane kuko uwo mwihariko w’inzu y’ubucamanza yaba ije yiyongera ku yindi micungire y’inzibutso ziri hirya no hino mu gihugu.

Icyumba cy'iburanisha kigiye kugirwa urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi
Icyumba cy’iburanisha kigiye kugirwa urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi

Agira ati “Bifite akamaro kanini cyane kuko uwo mwihariko w’inzu y’ubucamanza yiciwemo abantu yaba ije yiyongera noneho no ku yindi micungire y’inzibutso dufite hirya no hino mu gihugu.”
Ku rukiko rukuru urugereko rwa Musanze hasanzwe ikimenyetso cya Jenoside kigaragaza ko yahabereye. Icyumba cy’iburanisha cyiciwemo abantu kikaba na cyo kigiye kuba kimwe mu bigize amateka ya Jenoside yakorewe ku rukiko rukuru rwa Musanze.

Urukiko rwahoze ari urw’ubujurire rwa Musanze rwiciwemo Abatutsi bagera kuri 200 tariki ya 15 Mata bigizwemo uruhare rukomeye n’uwahoze ari Prefe Protais Zigiranyirazo na Charles Nzabagerageza.

CNLG ivuga ko bamaze kwicwa bajugunywa mu cyobo kiri hafi y’urukiko bakaba batarashyingurwa mu cyubahiro.

Inkuru bijyanye:

Musanze: Hagiye kubakwa urwibutso rushya rwa Muhoza no gusana izitakijyanye n’igihe

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka