Minisitiri w’Intebe wa New Zealand yafatanyije n’Abanyarwanda kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

Abanyarwanda baba muri New Zealand kuri uyu wa gatandatu tariki 27 Mata 2019 bibutse bibutse ku nshuro ya 25 Jenoside yakorewe Abatutsi muri 1994.

Minisitiri w'Intebe, Jacinda Arden
Minisitiri w’Intebe, Jacinda Arden

Ni umuhango witabiriwe n’ Abanyarwanda batuye muri New Zealand na Australia ndetse n’inshuti z’Abanyarwanda zituye muri ibyo bihugu byombi.

Witabiriwe kandi n’abayobozi ndetse n’abashyitsi bo ku rwego rwo hejuru barimo Minisitiri w’Intebe Jacinda Arden akaba n’umukuru wa Guverinoma ya New Zealand, Ambasaderi w’u Rwanda Guillaume Kavaruganda ufite icyicaro muri Singapore hamwe n’ureberera inyungu z’u Rwanda (Consul) muri New Zealand, Clare de Laure, n’abandi benshi.

Ambasaderi Guillaume Kavaruganda
Ambasaderi Guillaume Kavaruganda

Mu ijambo Minisitiri w’Intebe wa New Zealand, Jacinda Arden, yavuze, yibukije abari aho ko baje kwibuka no kuzirikana abaguye muri Jenoside yakorewe Abatutsi kandi ko ibyabaye bigomba kwigishwa n’abato kugira ngo bitazasubira. Yavuze ko bazahora bafatanya n’u Rwanda muguteza imbere umubano wibihugu byombi.

Consul w'u Rwanda muri New Zealand, Clare de Laure
Consul w’u Rwanda muri New Zealand, Clare de Laure
kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka