Twambazimana aratabariza Abanyarwanda barimo kuribwa n’inzoka muri Uganda
Twambazimana Prince w’imyaka 22 avuga ko yahagurutse iwabo i Musanze tariki 09/5/2018 ajya gusura inshuti ye yari ifungiye i Kabare muri Uganda, ageze yo na we ahinduka imfungwa n’umucakara.

Avuga ko akajeto Abanyarwanda baturiye umupaka basanzwe bambukiraho bajya mu bihugu bituranyi ntacyo kavuze, kuko ngo abapolisi muri Uganda bagafata bakagaca, indangamuntu nazo bakazigumana.
Bwarakeye we na bagenzi be bagezwa mu rukiko, rubakakatira igifungo cy’imyaka ibiri buri muntu, nubwo amanywa n’ijoro bibarwa nk’iminsi ibiri.
Twambazimana agira ati “Uwo twari kumwe we yatanze miliyoni ebyiri z’amashilingi (ifaranga rikoreshwa muri Uganda) baramurekura, ariko njyewe kuko ntayo nari mfite banshyize muri gereza”.

“Imfungwa zihora zijyanwa guhinga mu mashyamba n’imirima bya gereza ya Kiburara harimo inzoka nyinshi, jyewe nzi bagenzi banjye babiri bapfuye bishwe no kurumwa n’inzoka, hari n’undi witwa Sam na we sinamenye irengero rye”.
"Iyo gereza irimo Abanyarwanda benshi babarirwa hagati ya 180-200, ni bo bakoreshwa mu mirima. Mbabazwa cyane n’uko badukoresha imirimo y’ubucakara, turakubitwa cyane kuko n’iyi nkovu mfite ku gutwi yatewe n’urushyi abacungagereza bankubise".
Twambazimana avuga ko abajyanwa gukora mu mirima bagenda babeshywa ko batahanywe iwabo.
Kugeza ubu ngo ntabwo aramenya irengero ry’inshuti ye yitwa Hillary yari agiye gusura muri Uganda, akaba aburira Abanyarwanda bari bafite gahunda yo kujyayo kuba babiretse.
Inkuru zijyanye na: Umubano hagati y’u Rwanda na Uganda
- Perezida Kagame na Museveni baganiriye ku mubano w’ibihugu byombi
- Perezida Kagame yageze muri Uganda
- Uganda: Gen Muhoozi yashimiye abitabiriye ibirori by’isabukuru ye y’amavuko (Amafoto)
- Perezida Kagame yagabiye inka z’Inyambo Gen Muhoozi
- Gen. Muhoozi yasuye urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali
- Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na Gen. Muhoozi Kainerugaba
- Gen. Muhoozi Kainerugaba yagarutse mu Rwanda
- Umuyobozi wa Kisoro muri Uganda na we ngo yari akumbuye gutemberera mu Rwanda
- Umupaka wa Cyanika wafunguwe: Dore ibisabwa ushaka kwambuka
- Umupaka ntushobora gufungurwa ibyatumye ufungwa bitabanje gukemurwa – Perezida Kagame
- Abaha serivisi abagenda mu muhanda Kigali-Gatuna-Kampala ngo bagiye kongera kubona inyungu
- Abaturage bishimiye ifungurwa ry’umupaka wa Gatuna
- Umupaka wa Gatuna uhuza u Rwanda na Uganda wafunguwe
- Abanyarwanda bifuza kujya muri Uganda barasabwa gushishoza
- Ibicuruzwa by’u Rwanda byiteguye guhatana ku isoko rimwe n’ibya Uganda umupaka nufungurwa?
- Imiryango ya Afurika yunze Ubumwe na EAC yishimiye ifungurwa ry’umupaka wa Gatuna
- Abanyarwanda 58 bari bafungiye muri Uganda n’Umurundi umwe barekuwe
- Umupaka wa Gatuna uhuza u Rwanda na Uganda ugiye kongera gufungurwa
- Uganda: Gen Kandiho yakuwe ku buyobozi bw’ubutasi (CMI)
- Perezida Kagame na Gen. Muhoozi Kainerugaba bagiranye ibiganiro bitanga icyizere
Ohereza igitekerezo
|
Birababaje cyane.Ngewe nk’umuntu wigeze gufungirwa muli Uganda,ndahamya ko Abanyarwanda benshi bafungirwa muli Uganda,baba babashakaho Ruswa akenshi.Nange niko byangendekeye.Naho ibyerekeye kuribwa n’INZOKA,birababaje cyane.Gusa nk’abakristu,tujye twibuka ko mu isi nshya izaba paradizo izaturwa n’abantu bumvira Imana gusa,nta nyamaswa izongera kurya abantu.Zizabana mu mahoro n’abantu nkuko Yesaya 11:6-8 havuga.