Abanyarwanda bahindutse abacakara cyangwa ibicuruzwa muri Uganda - Uwafungiweyo
Muhire Jean Baptiste w’imyaka 32 y’amavuko yari afite inzu yogosherwamo (Salon de coiffure) i Kisoro muri Uganda, akajyayo buri gihe ahawe agapapuro kabimwemerera kitwa ‘Jeton’ nk’umuntu wari uturiye umupaka wa Cyanika (i Burera).

Yaje no gutekereza gukora umwuga w’ubukanishi bw’ibikoreshwa n’amashanyarazi, kuko ngo yabonaga muri Uganda hamushimishije no kuhakorera ahita ajya kwiga i Kampala.
Avuga ko mu gihe yari atararangiza kwiga uwo mwuga hashize nk’amezi abiri gusa, yaje guta ibyangombwa bye ahita afata bisi imuzana mu Rwanda gushaka ibindi.
Ageze i Kisoro ku mupaka w’u Rwanda na Uganda ngo yasanze haparitse imodoka nyinshi za bisi, zimwe zavaga mu Rwanda izindi zerekezayo.
Ati "Abanyarwanda twese badukuye muri izo modoka batujyana muri Polisi. Twaramutse tujya mu rukiko ku itariki 10/5/2018, buri wese bamukatira igifungo kirengeje umwaka muri gereza".
"Twari benshi cyane turenga nka 600, ku buryo byabaye ngombwa ko batujyana mu magereza atandukanye y’i Kiburara, Kabale, Mbarara, Ibuga na Ibanda".
"Icyakora baguhitishamo gufungwa cyangwa gutanga amafaranga kuva kuri miliyoni imwe y’amashilingi kugera kuri ebyiri bakakurekura ugataha iwanyu. Waba utayafite rero nibwo bagufunga ukajya guhinga".
"Abantu barakoreshwa! Bahinga bakubitwa kuva mu gitondo kugeza nimugoroba nta kintu bashyira mu kanwa, amazi yonyine ni yo umuntu atangira gushyira mu nda nka saa cyenda-saa kumi".
"Abanyarwanda bahindutse abacakara cyangwa ibicuruzwa muri Uganda, n’ubwo twumvise ko abakuru b’ibihugu bashyize umukono ku masezerano y’i Luanda muri Angola, ntacyo byahinduye kuko Uganda itatekereza kurekura abo bantu".
Muhire avuga ko icyatumye we adakoreshwa imirimo ivunanye muri Uganda ari uko ngo yari afite ’Salon’ yo kogosheramo izwi, ku buryo batamushyiragaho ’agahato nk’ako bakorera abandi Banyarwanda b’abakene’.
Avuga ko agarutse ubutazasubira muri Uganda, kandi akaba akangurira abandi Banyarwanda bahatekerezaga kuzinukwa inzira yerekezayo.
Inkuru zijyanye na: Umubano hagati y’u Rwanda na Uganda
- Perezida Kagame na Museveni baganiriye ku mubano w’ibihugu byombi
- Perezida Kagame yageze muri Uganda
- Uganda: Gen Muhoozi yashimiye abitabiriye ibirori by’isabukuru ye y’amavuko (Amafoto)
- Perezida Kagame yagabiye inka z’Inyambo Gen Muhoozi
- Gen. Muhoozi yasuye urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali
- Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na Gen. Muhoozi Kainerugaba
- Gen. Muhoozi Kainerugaba yagarutse mu Rwanda
- Umuyobozi wa Kisoro muri Uganda na we ngo yari akumbuye gutemberera mu Rwanda
- Umupaka wa Cyanika wafunguwe: Dore ibisabwa ushaka kwambuka
- Umupaka ntushobora gufungurwa ibyatumye ufungwa bitabanje gukemurwa – Perezida Kagame
- Abaha serivisi abagenda mu muhanda Kigali-Gatuna-Kampala ngo bagiye kongera kubona inyungu
- Abaturage bishimiye ifungurwa ry’umupaka wa Gatuna
- Umupaka wa Gatuna uhuza u Rwanda na Uganda wafunguwe
- Abanyarwanda bifuza kujya muri Uganda barasabwa gushishoza
- Ibicuruzwa by’u Rwanda byiteguye guhatana ku isoko rimwe n’ibya Uganda umupaka nufungurwa?
- Imiryango ya Afurika yunze Ubumwe na EAC yishimiye ifungurwa ry’umupaka wa Gatuna
- Abanyarwanda 58 bari bafungiye muri Uganda n’Umurundi umwe barekuwe
- Umupaka wa Gatuna uhuza u Rwanda na Uganda ugiye kongera gufungurwa
- Uganda: Gen Kandiho yakuwe ku buyobozi bw’ubutasi (CMI)
- Perezida Kagame na Gen. Muhoozi Kainerugaba bagiranye ibiganiro bitanga icyizere
Ohereza igitekerezo
|