Ku itumanaho rigezweho kandi ryihuta, Infinix Rwanda yasohoye telefone zigezweho za Hot 50 Series z’umubyimba muto kurusha izindi kandi zikoresha ikoranabuhanga ry’ubwenge buhangano rya AI.
Kuri uyu wa Gatandatu, Rayon Sports yatsinze inyagiye Kiyovu Sports yabanje kwihagararaho kuri Kigali Pelé Stadium, yari yuzuye abafana ibitego 4-0 ifata umwanya wa mbere.
Ikoreshwa ry’imbuga nkoranyambaga mu Birwa bya Maurice (île Maurice), ryahagaritswe by’agateganyo kugeza igihe amatora Igihugu kigiye kwinjiramo azaba arangiye ku itariki 11 Ugushyingo 2024.
Minisitiri w’intebe wa Espagne, Pedro Sanchez yategetse inzego z’umutekano zigizwe n’abasirikare 5.000 n’Abapolisi 5.000, zoherezwa mu Karere ka Valencia kibasiwe n’ibiza mu bikorwa by’ubutabazi.
Ikibazo cyo kwiyahura gikomeje gufata intera mu Karere ka Musanze, aho mu minsi ibiri gusa hiyahuye abantu batanu, abenshi muri abo biyahura bakaba bifashisha cyane cyane imiti yica udukoko, hakaba n’abifashisha imigozi.
Erik ten Hag uherutse kwirukanwa ku mwanya wo gutoza ikipe ya Manchester United, yavuze ko nta kindi yakwifuriza abafana b’iyi kipe uretse amahirwe ndetse no kwegukana ibikombe, anabashimira uburyo babanye nawe mu bihe bibi n’ibyiza.
Mu matora y’Umukuru w’Igihugu yabaye muri Botswana ku wa Gatatu tariki 30 Ukwakira 2024, ibyayavuyemo bitangazwa kuri uyu wa Gatanu tariki 1 Ugushyingo 2024, Ishyaka rya Botswana Democratic Party (BDP) ryari rimaze imyaka 58 ku butegetsi ryatsinzwe ayo matora, ku buryo bukomeye.
Minisiteri y’Ubuzima, Minisante, yatangaje ko abakize Virusi ya Marburg, bagomba kwitwararira cyane birinda gukora imibonano mpuzabitsinda idakingiye, konsa kuko hari ibice virusi isigaramo mu gihe kirenga umwaka, utitwararitse akaba yakwanduza abandi iyo ndwara.
Imihigo Akarere ka Musanze kahize gushyira mu bikorwa muri uyu mwaka w’Ingengo y’Imari wa 2024-2025 uko ari 112, ubuyobozi bwako hamwe n’inzego zishinzwe umutekano, bwayimurikiye abaturage, buboneraho gukebura abishoraga mu bikorwa birimo nk’ubusinzi n’ikoreshwa ry’ibiyobyabwenge kwitandukanya nabyo, kuko bikurura (…)
Umusore w’imyaka 23 wo muri Argentine, yishwe n’umukobwa bakundanaga amuziza gusa kuba yari asuhujwe n’undi mukobwa bahuruye ku muhanda, akamubaza amakuru kuko bari bariganye.
Paul Muvunyi wayoboye Rayon Sports mu bihe bitandikanye, yavuze ko inzego zitandukanye zasabye ko abayiyoboye bose kujya ku ruhande mu 2020 ari nazo zababwiye kugaruka atari bo babisabye.
Korali Christus Reignat, ikorera kuri Paruwasi Regina Pacis, igeze kure imyiteguro ya nyuma y’igitaramo ‘I Bweranganzo’, kigiye kuba ku nshuro ya Kabiri.
Ikigo cy’imari cya BK Capital cyahawe igihembo cy’Umuhuza mwiza w’Isoko ry’Imari n’Imigabane mu Rwanda mu 2024 (Best Securities House in Rwanda) gitangwa na Euromoney.
Mu Murenge wa Rubengera, Akarere ka Karongi, habereye impanuka, aho ikamyo igonganye na Coaster yari itwaye abagenzi, hakomereka abantu 13 bari muri iyo Coaster.
Kuri uyu wa gatanu tariki 1 Ugushyingo 2024, Prof. Kindiki Kithure yarahiriye inshingano nshya zo kuba Visi Perezida wa Kenya.
Bamwe mu bahoze bayobora Rayon Sports barimo Paul Muvunyi na Sadate Munyakazi basuye ikipe ya Rayon Sports banizeza abafana ko ikipe igiye kongera gukomera
Pasiteri Ebuka Obi wo muri Nigeria, mu gihe yarimo abwiriza ijambo ry’Imana, yavuze ko umugabo mukuru ufite imyaka 40 kuzamura, ugurira umugore we imodoka mbere yo kuyigurira nyina, aba atagira ubwenge.
Mu Mudugudu wa Rugege uherereye mu Kagari ka Muhembe, Umurenge wa Karama, Akarere ka Huye, haravugwa inkuru y’umugabo ngo wakubitiwe ifuni mu rugo yari yagiye gusambanamo, agahita ahasiga ubuzima.
U Rwanda rwashyikirije Umuryango wa Afurika yunze Ubumwe (AU) inyubako izakoreramo icyicaro gikuru cy’ikigo cyawo gishinzwe imiti n’ibiribwa (Africa Medecines Agency, AMA) kikazafasha uyu mugabane kubona imiti ifite ubuziranenge.
Perezida wa Botswana ucyuye igihe Mokgweetsi Eric Keabetswe Masisi, yatangaje ko yemera ko ishyaka rye ryatsinzwe, ariko yemeza ko azakora ku buryo ihererekanya ry’ubutegetsi hagati ye n’uwatsinze amatora rigenda neza ku buryo bushoboka.
Umusore w’imyaka 22 witwa Kabayiza Jean Bosco, yatawe muri yombi mu ijoro rishyira itariki ya 01 Ugushyingo 2024, nyuma yo gufatirwa mu cyuho yiba, aho yari yiyambitse imyambaro y’abagore.
Ikigo gishinzwe Ubuzima mu Rwanda, RBC, kivuga ko 55% by’urubyiruko rufite kuva ku myaka 10-24 y’amavuko rwugarijwe n’indwara y’agahinda gakabije(depression), ituma umuntu adafata imiti neza bikaba byamuviramo urupfu rwihuse.
Abakoresha umuhanda wa Kaburimbo Kigali - Musanze, batanga impuruza z’umusozi uyu muhanda wubatseho, mu gace kazwi nko kuri ‘Buranga’, ukomeje kwangirika mu buryo bukomeye kandi busatira cyane uwo muhanda, ku buryo haramutse nta gikozwe mu maguru mashya ngo hasanwe, uwo muhanda ushobora kuzaridukira mu manga, ubuhahirane (…)
Prudence Sendarasi, umuhinzi w’imyembe na avoka mu Kagari ka Cyotamakara, Umurenge wa Ntyazo w’Akarere ka Nyanza, amaze imyaka ine muri ubu buhinzi. Avuga ko agitangira guhinga yahuraga n’imbogamizi zo kugira ibyonnyi byinshi mu mirima ye, ariko ntamenye uburyo bwo kubikumira.
Ikigo Gishinzwe Guteza Imbere Uburezi mu Rwanda (REB), kivuga ko nubwo hakigaragara abana batazi gusoma no kwandika neza, ariko umwana yari akwiye kuba abizi arangije umwaka wa gatatu w’amashuri abanza, ari na yo mpamvu hari gahunda zitandukanye zigamije gukemura icyo kibazo.
Nyuma yo gutsindwa ku mukino wa kabiri, kuri uyu wa Kane ikipe y’Igihugu yu Rwanda y’abakobwa yatsinze iya Kenya umukino wa kabiri mu irushanwa rya ‘Rwanda-Kenya Women’s T20I Bilateral Series’, ku kinyuranyo cy’amanota 28.
Lt Gen (Rtd) Charles Kayonga, usanzwe ari ambasaderi w’u Rwanda muri Turikiya, yatanze impapuro zimwemerera guhagarira u Rwanda muri Azerbaijan, igihugu kiri mu Majyepfo y’u Burusiya.
Haruna Niyonzima wahoze ari kapiteni w’Amavubi yatangaje ko azategura umukino wo gusezera ku mugaragaro igihe FERWAFA yaba itabikoze
Umuryango w’Abibumbye wasabye Leta ya Peru, gutanga indishyi z’akababaro ku bagore yafungiye urubyaro ku gahato, kuko bishobora kwitwa ibyaha byibasiye inyokomuntu.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE), yatangaje ko abantu babiri gusa ari bo basigaye bari kuvurwa icyorezo cya Marburg.
Madamu Jeannette Kagame witabiriye inama mpuzamahanga ku iterambere ry’umuryango i Doha muri Qatar, inama yanahuriranye no kwizihiza isabukuru y’imyaka 30 y’Umwaka Mpuzamahanga w’Umuryango, yatanze ibitekerezo byafasha mu kurandura ubukene bukabije busa n’uruhererekane, ariko habanje kwita ku kumenya impamvu zabwo, (…)
Mu gitondo cyo ku wa Kane tariki 31 Ukwakira 2024, mu Murenge wa Muhima, Akagari ka Kabeza, Umudugudu wa Ikaze, umugabo yasanzwe yiyahuye, amanitse mu mugozi w’inzitiramibu yashizemo umwuka.
Umuvugizi wa Polisi y’Igihugu mu Ntara y’Iburasirazuba, SP Hamdun Twizeyimana, avuga ko mu kwezi kumwe gusa hamaze gufatwa abakekwaho ubujura bwa moto icyenda (9), bakaba bafungiye kuri Sitasiyo za Polisi mu Turere dutandukanye tugize Intara.
Bamwe mu batuye mu Mirenge itandukanye igize Akarere ka Musanze biganjemo abo mu Murenge wa Muko, bavuga ko barambiwe guhora basiragizwa bishyuza amafaranga y’ingurane ku masambu yabo yanyujijwemo amapoto hakwirakwizwa amashanyarazi mu duce dutandukanye.
Mu mukino warebwe na Perezida wa Repubulika Paul Kagame, ikipe y’Igihugu y’u Rwanda, Amavubi yatsindiye Djibouti kuri Stade Amahoro ibitego 3-0 mu mukino wo kwishyura mu ijonjora rya mbere, mu gushaka itike y’igikombe cya Afurika ku bakinnyi bakina imbere mu gihugu 2024.
Umubyeyi witwa Sylvie Mukamusoni utuye mu Murenge wa Jali mu Karere Ka Gasabo, amaze hafi imyaka itanu avuza umwana uburwayi yavukanye butuma azana amazi menshi mu mutwe (hydrocephalus), none arasaba abagiraneza kumufasha gukomeza kumuvuza kuko umuryango we ntako umeze.
Nyuma y’uko igishushanyo mbonera cy’imikoreshereze y’ubutaka cyo ku rwego rw’Igihugu cyemejwe mu Nama y’Abaminisitiri yo muri Nyakanga 2020, hakozwe ibishushanyo mbonera by’Uturere bishyira mu bikorwa icyo gishushanyo mbonera mu byiciro bito bito kugeza mu mwaka wa 2050.
Bamwe muri ba rwiyemezamirimo by’umwihariko abakunda gupiganira amasoko ya Leta, bibaza impamvu batishyura amafaranga amwe mu gupiganira amasoko, kandi nyamara akenshi isoko riba ari rimwe mu bigo bitandukanye. Ese aya mafaranga agenwa hakurikijwe iki?
Sengabo Jean Bosco wamamaye nka Fatakumavuta, kuri uyu wa Kane tariki ya 31 Ukwakira 2024, yabwiye urukiko ko atiteguye kuburana kuko batabashije kubona dosiye ngo amenye ibyo akurikiranwaho.
Icyamamare muri sinema y’Amerika, umushoramari n’umunyapolitiki, Arnold Schwarzenegger uzwi ku izina rya Komando, yemeje ko mu bakandida bahanganiye kuyobora Leta zunze Ubumwe za Amerika, ashyigikiye Umudemukarate, Madamu Kamala Harris.
Abakora umwuga wo gutwara abagenzi bifashishije amagare mu Mujyi i Huye, bifuza gutunganyirizwa neza uduhanda bateganyirijwe kunyuramo rwagati mu Mujyi hashyirwamo kaburimbo inyerera, kugira ngo bajye batwifashisha tutabatoboreye imipine nk’uko bigenda iyo banyuze mu twashyizwemo kaburimbo y’igiheri.
Muri Espagne, hatangajwe icyunamo cy’iminsi itatu nyuma y’imvura nyinshi idasanzwe kandi yatunguranye yaguye ku munsi w’ejo ku wa Gatatu tariki 30 Ukwakira 2024, igateza imyuzure yahitanye yishe abantu bagera kuri 95.
Mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane tariki 31 Ukwakira 2024, Miss Muheto Nshuti Divine yagejejwe ku Rukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro aho yaburanye ku ifungwa n’ifungurwa ry’agateganyo ku byaha akurikiranyweho.
Mu gihe ihindagurika ry’ikirere ari kimwe mu bibazo bikomeje kuzahaza Isi, ndetse ingaruka zaryo zikaba zigera ku byiciro byose by’abantu ariko byagera ku bafite ubumuga cyane cyane abagore n’abakobwa bikabigirizaho nkana, barasaba ko mu ngamba zifatwa ku rwego rw’Igihugu bakwiye guhabwa umwihariko.
Komisiyo y’Igihugu y’Uburenganzira bwa Muntu(NCHR) yagejeje ku Nteko Ishinga Amategeko, Imitwe yombi, raporo igaragaza ko mu mwaka wa 2023/2024 ubucucike mu magororero(amagereza) bwagabanutse ku rugero rwa 6.4% ugereranyije n’umwaka wabanje wa 2022/2023.
Leta ya Tchad yahamagariye umuryango mpuzamahanga kongera inkunga utanga mu bikorwa byo kurwanya umutwe w’iterabwoba wa Boko Haram, nyuma y’uko ku cyumweru tariki 27 Ukwakira 2024, ugabye igitero ku birindiro by’ingabo z’Igihu biherereye mu gace kazwi nka Lac Tchad mu Burengerazuba bw’Igihugu, kikagwamo abasirikare bagera (…)
Urukiko rwa Rubanda rw’i Paris mu Bufaransa rwakatiye Dr. Eugène Rwamucyo igifungo cy’imyaka 27 nyuma yo kumuhamya ibyaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE), yatangaje ko abantu babiri mu bavurwaga icyorezo cya Marburg bakize, mugihe habonetse undi mushya wanduye icyo cyorezo.