Umugore wo muri Malaysia, yatangaje ko nyuma yo kumara imyaka itandatu yita ku mugabo we wari wakomerekeye mu mpanuka y’imodoka, bikarangira adashobora kwifasha ikintu na kimwe, yaje gukira yongera gutangira kugenda, ariko ahita asaba gatanya ndetse ahita asezerana n’undi mugore.
Inararibonye mu bya Politiki, Hon. Tito Rutaremara, avuga ko ibyavuzwe na Abraham Lincoln ko Demokarasi muri Amerika ari iy’abaturage ; igakorwa n’abaturage igakorerwa abaturage, ari ikinyoma.
Kuri uyu wa Gatatu, ikipe ya APR FC yatewe mpaga kubera gukinisha abakinnyi barindwi b’Abanyamahanga mu mukino w’umunsi wa munani wa shampiyona wayihuje na Gorilla FC ku wa 3 Ugushyingo 2024.
Perezida Paul Kagame yashimiye Donald Trump watorewe kuyobora Leta Zunze Ubumwe za Amerika, ndetse ko yiteguye gukorana nawe ku nyungu rusange z’ibihugu byacu mu myaka iri imbere.
Mu karere ka Nyarugenge mu murenge wa Kimisagara, akagari ka Kimisagara, umudugudu w’Akabeza muri Nyabugogo ku isoko ry’Inkundamahoro umugabo w’imyaka 44 witwa Muvunyi François bakunze guhimba ‘general Pardon’ yasimbutse muri Etage ya 4 ahita ahasiga ubuzima.
Kuri uyu wa Gatatu, ikipe ya Rayon Sports nyuma y’imyaka itanu, yatsindiye Musanze FC kuri Stade Ubworoherane igitego 1-0, mu mukino w’umunsi wa cyenda wa shampiyona yuzuza imikino itanu yikurikiranya itsinda gusa.
Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro kuri uyu wa Gatatu tariki 6 Ukwakira rwahanishije Miss Muheto Divine igihano cy’igifungo cy’amezi atatu gisubitse mu gihe cy’umwaka umwe n’ihazabu y’ibihumbi 190 Frw.
Umurepubulikani mu matora y’umukuru w’igihugu muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, akomeje kwakira amashimwe y’abakuru b’ibihugu bitandukanye bamwifuriza intsinzi nziza mu gihe ibyavuye mu matora bitaremezwa ku mugaragaro.
Umugaba Mukuru w’ingabo za Nigeria, Lt Gen Taoreed Lagbaja, yitabye Imana afite imyaka 56, nyuma y’igihe arwaye nk’uko Perezida Bola Tinubu yabitangaje.
Umutoza w’ikipe y’Igihugu (Amavubi), Frank Spittler Torsten, yahamagaye abakinnyi 30 bazavamo abo azifashisha mu mikino y’umunsi wa Gatanu n’uwa Gatandatu mu gushaka itike y’igikombe cy’Afurika cya 2025, aho u Rwanda ruzakira Libya ndetse rugasura Nigeria.
Igitekerezo cyo gushinga amashuri y’incuke ngo cyabajemo mu kwezi kwa Nzeri k’umwaka wa 1988, ubwo babonaga ababyeyi bajya guhinga bashoreranye n’abana, bakiriranwa na bo mu mirima ariko bagataha umubyizi utarangiye, kubera ko abo bana babaga babaruhije.
Muri Israel, Minisitiri w’ingabo mushya, Israel Katz yizeje ko azatsinda abanzi b’Igihugu cye kandi akagera ku ntego z’intambara kirimo zo kurwanya imitwe ya Hamas na Hezbollah.
Mu Murenge wa Bwira mu Karere ka Ngororero, bakomje gushakisha umusore wo mu kigero cy’imyaka 20, umaze iminsi itandatu agwiriwe n’ikirombe cy’amabuye y’agaciro ya Koruta, cyari kimaze hafi iminsi 20 gifunzwe kubera kutuzuza ibisabwa.
Bamwe mu borozi mu Karere ka Nyagatare bavuga ko izuba ryacanye igihe kinini n’ubushobozi buke, byatumye batabasha kubahiriza amabwiriza ya Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi, ajyanye n’imikoreshereze y’inzuri aho basabwa gushyira inka mu kiraro bagahinga 70% by’inzuri ahandi hasigaye hakajya ibikorwaremezo by’ubworozi.
Umurepubulikani Donald Trump w’imyaka 78 y’amavuko yamaze kubona amajwi arenga ayo yari akeneye kugira ngo yegukane intsinzi mu matora ya Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika. Ni amatora yari ahanganiyemo n’umukandida w’Abademokarate, Kamala Harris w’imyaka 60.
Ababyeyi n’abaturiye ishuri rya GS Gatenga I bavuga ko bafite impungenge z’umutekano w’abanyeshuri bahiga by’umwihariko abo mu mashuri abanza, bitewe no kuba iryo shuri ritazitiye.
Ibitaro mpuzamahanga byigisha ubuvuzi muri Afurika, Aga Khan University Hospital bifite icyicaro i Nairobi, byahaye u Rwanda impano y’imodoka ebyiri zifashishwa nk’amavuriro yimukanwa, hamwe n’ibyuma bikonjesha imiti (Frigo 20) bizajya bishyirwamo inkingo zishyirwa abaturage iwabo mu cyaro.
Mu kiganiro aherutse kugirana n’igitangazamakuru cya CSIS, Gen (Rtd) James Kabarebe yasobanuye byinshi ku mubano w’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, avuga ko uhereye mu mateka y’igihe cy’ubukoroni kugeza ubu, usangamo byinshi byagombye gutuma u Rwanda na RDC biba inshuti zikomeye, kuko muri ayo mateka (…)
Umwe mu batavuga rumwe n’ishyaka riri ku butegetsi muri Mozambique, Venâncio Mondlane watsinzwe amatora y’Umukuru w’Igihugu aheruka, akaza ku mwanya wa Kabiri yatangaje ko yarusimbutse yari agiye kwicirwa muri Afurika y’Epfo aho yahungiye nyuma yo gutsindwa muri ayo matora, ariko akagira amahirwe agacika n’umuryango we.
Polisi y’u Rwanda ifatanyije n’inzego z’ibanze, kuri uyu wa kabiri tariki ya 05 Ugushyingo 2024, yafashe abantu 41 bacyekwaho gukora ubucukuzi bw’amabuye butemewe mu bice bitandukanye byo mu Ntara y’Amajyepfo.
Muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika (US) kuri uyu wa Kabiri tariki 05 Ugushyingo 2024, abaturage batoye Umukuru w’Igihugu hagati ya Kamala Harris wo mu ishyaka ry’Abademukarate (Democrats) na Donald Trump wo mu ishyaka ry’Abarepubulikani (Republicans).
U rwanda rwitabiriye imurikagurisha mpuzamahanga riri kubera mu Bushinwa, mu Mujyi wa Shanghai rigamije guha ibihugu umwanya wo kwiyerekana no kugaragaza ibyo byohereza ku isoko ryo mu Bushinwa (China International Import Expo, CIIE).
Umuyobozi Mukuru w’Urwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere (RGB), Dr. Doris Uwicyeza Picard, avuga ko RGB iha agaciro gakomeye cyane imiryango itari iya Leta ndetse n’ishingiye ku myemerere, kubera uruhare rwayo mu bikorwa by’iterambere bigamije kubaka umuryango nyarwanda.
Inama yahuje u Rwanda, Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo na Angola ni yo yabaye impamvu yo gufungwa k’umupaka munini uhuza Goma na Gisenyi kuva mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri tariki 5 Ugushyingo 2024.
Bamwe mu baturage by’umwihariko abarimo kubaka ahakaswe amasite, barinubira gutanga amafaranga yitwa ay’ibikorwa remezo ariko ntibabihabwe nkuko bikwiye, ahubwo bikaba ngombwa ko ababishoboye babyishakira bagombye gutanga andi mafaranga kandi baba barabyishyuye.
Sengabo Jean Bosco wamamaye nka Fatakumavuta, kuri uyu wa Kabiri tariki ya 5 Ugushyingo 2024, yaburanye ifunga n’ifungura ry’agateganyo, Ubushinjacyaha bwo mu rukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro bumusabira gufungwa iminsi 30 y’agateganyo.
Bamwe mu baturage bakodesha amazu yaba ayo gucumbikamo cyangwa se ayo gukoreramo, bavuga ko babangamiwe n’uko bahora bongezwa amafaranga y’ubukode kuko mu mwaka umwe, igiciro gishobora kwiyongera inshuro ebyiri.
Mu rukerera tariki 5 Ugushyingo 2024, Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (DRC) yafunze umupaka munini uhuza Goma na Gisenyi.
Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko rwataye muri yombi uwitwa Rurangirwa Wilson uzwi cyane nk’Umupfumu Salongo, ukurikiranyweho ibyaha bitandukanye. Salongo yatawe muri yombi ku itariki 31 Ukwakira 2024.
Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Mbere tariki 04 Ugushyingo 2024, urukiko rwa Rubanda rw’i Paris mu Bufaransa, rwatangiye kuburanisha mu bujurire Philippe Hategekimana uzwi nka Biguma wari warahamijwe ibyaha bya Jenoside, agakatirwa gufungwa burundu.
Mu Buhinde, abantu 36 baguye mu mpanuka y’imodoka ya bisi yavuze feri igeze mu misozi, ita umuhanda irahirima mu Majyaruguru ya Leta ya Uttarakhand.
Aba Badepite bo muri Somalia, bagize Komisiyo y’Uburinganire n’Uburenganzira bwa Muntu bari mu ruzinduko rw’iminsi itanu mu Rwanda, aho baje kureba uko u Rwanda rwiyubatse mu bikorwa bitandukanye by’iterambere, kuko rumaze kuba icyitegererezo ku Mugabane wa Afurika kubera iterambere rugeraho mu nzego zitandukanye.
Itsinda ry’inzobere mu by’umutekano rigizwe n’abakuriye serivisi z’ubutasi bwa gisirikare mu Rwanda na Repubulika ya Demokarasi ya Congo (RDC), zemeje umushinga w’ibikorwa bigamije kurandura umutwe wa FDLR no gucecekesha imbunda mu burasirazuba bwa RDC.
Abaturage b’Umudugudu w’Akayange Akagari ka Ndama Umurenge wa Karangazi barifuza ko bahabwa amazi meza bikabarinda gukomeza kuvoma ayifashishwa mu kuhira imyaka mu cyanya cya Gabiro Agri Business Hub, kuko abagera kuri 17 bamaze kuhasiga ubuzima.
Minisitiri w’Ubuzima, Dr Sabin Nsanzimana, yatangaje ko Virusi ya Marburg imaze guhitana abantu 16 mu Rwanda, yavuye ku ducurama turya imbuto tuba mu buvumo bw’ibirombe bitari kure y’i Kigali.
Abakinnyi Tumukunde Hervine na Niyonizeye Eric, begukanye irushanwa rya Chinese Ambassador’s Cup, ryabaga ku nshuro ya gatanu aho ryitabiriwe n’abarenga 120 mu byiciro bitandukanye.
Umunyamuzika wanawutunganyaga (producer) Quincy Jones, wakoranye na Michael Jackson, Frank Sinatra n’abandi bahanzi b’ibyamamare benshi, yitabye Imana ku myaka 91.
Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane ushinzwe ubufatanye n’Akarere, Gen(Rtd) James Kabarebe, mu kiganiro yagiranye n’igitangamakuru cya CSIS, yasobanuye byinshi ku bijyanye n’umubano w’u Rwanda n’ibihugu bituranye na rwo harimo Uganda, u Burundi ndetse na Repubulika Iharanira Demokarasi (…)
Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda ya Cricket yegukanye irushanwa ryayihuzaga n’Igihugu cya Kenya nyuma yo kuyitsinda imikino itatu kuri ibiri. Ni irushanwa ryaberaga kuri Stade Mpuzamahanga ya Gahanga ya Cricket kuva tariki 29 Ukwakira 2024 kugeza tariki ya 2 Ugushyingo 2024. Umukino wa kane watangiye saa tatu za mu gitondo Kenya (…)
Abarimu bigisha umukino wa Karate Shotokani mu Rwanda basabwe kutihererana ubumenyi bahabwa ahubwo bakabusangiza abandi mu rwego rw’iterambere ry’uyu mukino.
Ibi ni ibyashimangiriwe mu gitaramo ‘I Bweranganzo’ cya Chorale Christus Regnat, cyabaga ku nshuro ya Kabiri, ariko icy’uyu mwaka kikaba cyari gifite umwihariko wo gukusanya ubushobozi bwo gufasha abana baturuka mu miryango itishoboye bakababonera ifunguro ku ishuri.
Amakipe ya Ntagengwa na Gatsinzi n’iya Munezero na Benita ni bo begukanye irushanwa rya Beach Volleyball ryasojwe kuri iki Cyumweru
Urwego rw’Igihugu rushinzwe Imiyoborere(RGB), ruvuga ko nyuma yo kwambura ubuzima gatozi imwe mu miryango ishingiye ku myemerere (amadini n’amatorero), imitungo yayo irimo insengero, ikoreshwa icyo amategeko shingiro agenga iyo miryango ateganya.
Kigali, umurwa mukuru w’u Rwanda uri mu mijyi irimo gutera imbere cyane bitewe n’ibikorwa remezo birimo imihanda n’inyubako zijyanye n’igihe.
Ikipe ya APR FC ishobora guterwa mpaga ku mukino w’umunsi wa munani wa shampiyona wayihuje na Gorilla FC kuri iki Cyumweru bakanganya 0-0 nyuma yo gushyira mu kibuga abakinnyi barindwi b’Abanyamahanga icyarimwe kandi bitemewe.
Imiryango 1000 yo mu Murenge wa Busogo mu Karere ka Musanze, yatangiye gutera ibiti by’imbuto za Avoka mu ngo zayo, bikaba byitezweho ko mu myaka ibiri iri imbere, bizaba byatangiye gusarurwaho imbuto za avoka zeze neza, iyo miryango ikabasha kwihaza mu biribwa igakumira imirire mibi kandi igasagurira n’amasoko.
Ku itumanaho rigezweho kandi ryihuta, Infinix Rwanda yasohoye telefone zigezweho za Hot 50 Series z’umubyimba muto kurusha izindi kandi zikoresha ikoranabuhanga ry’ubwenge buhangano rya AI.
Kuri uyu wa Gatandatu, Rayon Sports yatsinze inyagiye Kiyovu Sports yabanje kwihagararaho kuri Kigali Pelé Stadium, yari yuzuye abafana ibitego 4-0 ifata umwanya wa mbere.
Ikoreshwa ry’imbuga nkoranyambaga mu Birwa bya Maurice (île Maurice), ryahagaritswe by’agateganyo kugeza igihe amatora Igihugu kigiye kwinjiramo azaba arangiye ku itariki 11 Ugushyingo 2024.