Mu masaha y’urukerera rwo ku wa Gatatu tariki 4 Ukuboza 2024, abaturage barimo bagenda mu muhanda unyuze ahazwi nko kuri Sonrise School mu Mudugudu wa Rutemba, Akagari ka Buruba mu Murenge wa Cyuve Akarere ka Musanze, batunguwe no gusanga umurambo w’umugabo hafi yaho, icyamwishe nticyahita kimenyekana.
Ikipe ya APR FC inganyije na Police FC igitego 1-1 mu mukino w’umunsi wa 12 wa shampiyona, mbere y’uko iyi kipe y’Ingabo ikina na Rayon Sports mu mukino w’amateka.
Imiti ifasha umuntu kuba atakwandura Sida igihe akoze imibonano mpuzabitsina idakingiye kugira ngo atandura agakoko gatera Sida mu gihe akeka ko uwo bayikoranye ashobora ku mwanduza si byiza kuyifata utayandikiwe na muganga kuko bishobora kugira ingaruka ku muntu.
Muri gahunda yo kumenya amateka y’ahantu hatandukanye Kigali Today igenda ibagezaho yabakusanyirije ayahitwa Munyaga mu karere ka Rwamagana hakaba ari naho hatangirijwe urugeroro.
Perezida Paul Kagame yifurije intsinzi n’ishya n’ihirwe, Madamu Netumbo Nandi-Ndaitwah, watorewe kuyobora Namibia, avuga ko bihamya icyizere abaturage b’icyo gihugu bamufitiye.
Ikigo cy’igihugu cy’ubugenzacyaha RIB kiratangaza ko cyafunze abagabo batatu barimo noteri wiyitiriraga kuba umukozi wo mu butaka hamwe n’uwari ushinzwe gupima ubutaka bakaba bakurikiranweho ibyaha birimo icyo kwihesha ikintu cy’undi hakoreshejwe uburiganya no gukoresha inyandiko mpimbano.
Mu Karere ka Nyabihu hari abagabo bataka kuremererwa n’Ihohoterwa bakorerwa n’abagore bashakanye, aho bamwe banahitamo kuriceceka kubera ipfunwe no kwanga ko hagira ubabona nk’abanyantege nke.
Komisiyo y’amatora muri Namibia yatangaje ko Netumbo Nandi-Ndaitwah, wo mu ishyaka SWAPO riri ku butegetsi muri Namibia, ari we watsinze amatora y’umukuru w’igihugu.
Minisiteri Ishinzwe ibikorwa by’ubutabazi (MINEMA) ivuga ko imvura yaguye kuva mu kwezi kwa Nzeri kugeza mu kwezi k’Ugushyingo yahitanye abantu 48 hakomereka 149.
Perezida Kagame yihanganishije mugenzi we wa Guinea Mamadi Doumbouya n’abaturage b’iki gihugu nyuma y’aho abaturage barenga 50 baguye mu mvururu zabereye muri Stade N’Zérékoré, ahaberaga umukino w’umupira w’amaguru.
Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye rishinzwe Uburezi, Ubumenyi n’Umuco (UNESCO), ryashyize Intore z’u Rwanda mu murage ndangamuco udafatika w’Isi (Intangible Heritage).
Kuri uyu wa Kabiri, nibwo Perezida wa Leta Zunze Ubumwe z’Amerika Joe Biden, yageze muri Angola mu ruzinduko rw’amateka yakiranwa urugwiro rwinshi mu ngoro y’Umukuru w’Igihugu.
Mu Kagari ka Birira, Umurenge wa Kimonyi mu muhanda Musanze-Rubavu, haravugwa amakuru y’imodoka itabashije kumenyekana plaque, yakoze impanuka igonga umunyamaguru ihita yiruka.
Kuri uyu wa kabiri tariki 3 Ukuboza 2024, nibwo Urukiko rwa Gisirikare rwaburanishije Sergeant Minani Gervais ukekwaho kwica arashe abantu batanu bo mu murenge wa Karambi mu Karere ka Nyamasheke.
Iteka rya Minisitiri w’Intebe no 033/03 ryo ku wa 12/11/2024, rishyiraho sitati yihariye igenga abakozi b’amashuri y’uburezi bw’ibanze, ryateganyije ko abakora muri uru rwego bazajya bakorerwa isuzumamikorere buri myaka itatu, hagamijwe gusuzuma uburyo buzuza inshingano bashinzwe.
Muri Nigeria, muri Leta ya Zamfara, iherereye mu Majyaruguru y’Igihugu, abaturage batewe ubwoba no kuba umutwe w’amabandi usanzwe uhungabanya umutekano n’imibereho myiza yabo muri ako gace wadukanye gukoresha ibisasu biturika.
Umunyamabanga nshingwabikorwa w’Akarere ka Nyagatare, Hategikimana Fred, avuga ko ibagiro rishya rya kijyambere ryamaze kuzura ryitezweho ubuziranenge bw’inyama no gukuraho ingendo amatungo yakoraga ajya ku mabagiro atandukanye mu Gihugu.
Minisitiri w’Intebe Dr. Edouard Ngirente yakiriye Dr. Rajesh Jain, Umuyobozi w’Ikigo cya Panacea Biotec cyo mu Buhinde, akaba ari mu Rwanda n’intumwa ayoboye mu ruzinduko rw’akazi.
Muri Tanzania, ahitwa Shinyanga, umugabo witwa Peter Makoye w’imyaka 45 yasanzwe mu nzu ye yimanitse mu mugozi yapfuye, bivugwa ko yiyahuye nyuma yo gutera icyuma umwana we w’imyaka itandatu (6) mu ijosi, akamukomeretsa cyane, ku bw’amahirwe umwana ntahite apfa ahubwo akajyanwa kwa muganga.
Perezida Paul Kagame yashyize Madamu Domitilla Mukantaganzwa ku mwanya wa Perezida w’Urukiko rw’Ikirenga, Alphonse Hitiyaremye agirwa Visi Perezida w’Urukiko rw’Ikirenga, nk’uko itangazo ryavuye mu biro by’Umukuru w’Igihugu ribivuga.
Urwego rw’Ubwiteganyirize mu Rwanda (RSSB) rurizeza abafata pansiyo nto ingana na 13,000Frw ku kwezi, ko guhera muri Mutarama 2025 ayo mafaranga bahabwa aziyongera biturutse ku kuba abatanga imisanzu ya pansiyo na bo bazatangira gutanga 6% by’umushahara mbumbe wabo aho kuba 3%.
Kuri uyu wa Kabiri, Urukiko rwa Gisirikare rwatangiye kuburanisha mu ruhame, urubanza ruregwamo Sergeant Minani Gervais w’imyaka 39, ukekwaho kurasa abaturage batanu mu Karere ka Nyamasheke abasanze mu kabari. Urubanza rurabera mu Kagari ka Rushyarara mu Murenge wa Karambi, aho icyaha cyabereye.
Impuguke mu bya Politiki na Dipolomasi ivuga ko kuba Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix Antoine Tshisekedi, ataritabiriye Inama y’Abakuru b’Ibihugu by’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) ku wa Gatandatu tariki 30 Ugushyingo 2024, bishobora kuba bivuze ko icyo gihugu cyifuza gusohoka muri uwo (…)
Urwego rw’Igihugu rushinzwe kugenzura imikorere y’inzego zimwe z’imirimo ifitiye Igihugu akamaro (RURA) rwatangaje ko guhera ku wa Gatatu tariki 04 Ukuboza 2024 mu Mujyi wa Kigali hazatangira igerageza ry’uburyo bushya bwo kwishyura ingendo mu modoka zitwara abagenzi mu buryo bwa rusange hakurikijwe urugendo umugenzi yakoze, (…)
Ubuyobozi bw’ikipe y’umukino w’Iteramakofe ya Body Max Boxing Club, buvuga ko mu gihe cy’imyaka itatu cyangwa ine iri imbere bugomba kuba bwabonye nibura umukinnyi w’Umunyarwanda uri ku rwego mpuzamahanga ushobora kwitabira imikino Olempike.
Minisiteri y’Ingabo mu Burusiya, yatangaje ko igisirikare kizakoresha miliyari 145 z’amadolari y’Amerika mu mwaka utaha wa 2025.
Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda (UPDF), General Muhoozi Kainerugaba, ni umuhungu w’imfura wa Perezida Yoweri Kaguta Museveni na Janet Kataaha. Yavukiye mu buhungiro ku itariki 24 Mata, 1974 i Dar es Salaam muri Tanzania.
Umuririmbyi w’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Clementine Uwitonze uzwi ku izina rya Tonzi, yasabye abashoramari gutekereza ku muziki nk’ubundi bucuruzi kugira ngo uruganda rw’ibihangano rusagambe, cyane cyane bagaharanira gushora imari mu bagore baririmba.
Mu Mujyi uri mu Majyepfo y’Uburasirazuba bwa Guinea Conakry, abantu 56 bapfuye abandi batari bake barakomereka biturutse ku bushyamirane hagati y’abafana biroshye mu kibuga nyuma yo kutishimira imyanzuro y’umusifuzi.
Mu gihe hizihizwa umunsi w’abafite ubumuga tariki 3 Ukuboza 2024, abafite ubumuga bwo kutumva no kutavuga bo mu Karere ka Huye, barasaba ubuyobozi kurushaho kwita ku bibazo bafite.
Umuyobozi Mukuru wa Polisi y’u Rwanda, CG Felix Namuhoranye kuri uyu wa mbere tariki 2 Ukuboza 2024 yakiriye Umuyobozi Mukuru wa Polisi ya Gambia, Gen Seedy Muctar Touray ku cyicaro gikuru cya Polisi, ku Kacyiru.
Mu mpera z’icyumweru twasozaga, shampiyona y’umukino w’intoki wa Volleyball mu Rwanda, yarakomezaga hakinwa umunsi wa kane, aho wasize amakipe ya APR VC yongeye gutakaza naho RRA WVC ifata umwanya wa mbere.
Mu Rwanda umuturage wese ugejeje imyaka 18 y’ubukure ategetswe gukora umuganda nk’igikorwa rusange gifitiye abaturage akamaro, kunyuranya n’itegeko bikaba bihanishwa amande y’amafaranga 5.000Frw acibwa utakoze umuganda kugira ngo asimbure ibikorwa yagakwiye kuba yafatanyijemo n’abandi.
Minisitiri w’Ubuzima, Dr Sabin Nsanzimana, avuga ko nubwo bishimira ko Virusi itera SIDA igenda igabanuka ariko hari icyiciro gihangayikishije cy’abakora uburaya kuko 35% muri bo bafite ubwandu.
Polisi y’u Rwanda ni rumwe mu nzego zishimwa kubera ubunyamwuga bubaranga. Gusa tujya tubona hari abapolisi birukanwa mu nshingano bitewe n’impamvu zitandukanye. Ese ni izihe mpamvu zatuma umupolisi yirukanwa?
Shampiyona ya Handball mu mpera z’iki cyumweru irakinirwa muri Petit Stade Amahoro, imikino izasozwa n’umukino uzahuza APR HC na Police HC ku Cyumweru
Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Joe Biden, yababariye umuhungu we, Robert Hunter Biden, wari warahamijwe ibyaha bifitanye isano n’imbunda yaguze mu buryo bunyuranyije n’amategeko hamwe n’icyo kudatanga imisoro ndetse no gukoresha ibiyobyabwenge.
Umusore ufite imyaka 25 y’amavuko ufite virusi itera SIDA, avuga ko yagowe no kwiga amashuri yisumbuye, kuko yayize mu bigo bitanu bitandukanye, kubera kugorwa no gufata imiti.
Mukisa Benjamin ni we wegukanye irushanwa rya CIMEGOLF 2024, ryakinwaga ku nshuro ya gatandatu ku wa 30 Ugushyingo 2024 nyuma yo kuba uwa mbere mu bagabo mu gutera umupira muremure (Longest Driver) mu gihe abagera kuri 12 bahembwe muri rusange.
Myugariro Niyigena Clement, yafashije APR FC gutsinda AS Kigali igitego 1-0 nyuma y’imyaka itandatu yari ishize iyi kipe y’Ingabo idatsinda Abanyamujyi muri shampiyona.
Perezida Paul Kagame n’Umuyobozi w’Ikirenga w’igihugu cya Qatar, Emir Sheikh Tamim bin Hamad Al Thani, bakurikiye isiganwa rya Formula 1 Qatar Grand Prix.
Ingabo z’u Rwanda (RDF) n’iza Uganda (UPDF) zashyize umukono ku myanzuro y’ibiganiro zari zimazemo iminsi itatu, ijyanye no kongera imbaraga mu gukumira ibishobora guhungabanya umutekano wo ku mipaka ihuza ibihugu byombi.
Perezida Paul Kagame, yageze i Doha muri Qatar aho yitabiriye Isiganwa rya Formula 1 ryiswe Qatar Airways Formula 1 Grand Prix 2024.
Ku mugoroba wo ku itariki 30 Ugushyingo 2024 nibwo bamwe mu baturage b’i Remera mu Mujyi wa Kigali, batunguwe no kubona imodoka hejuru y’inzu, nk’uko ababibonye babitangaje.
Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Dr Patrice Mugenzi, avuga ko abayobozi b’Uturere twa Karongi na Rusizi baherutse kwegura, byavuye ku mpamvu zabo bwite ariko bamaze kubona ko badaha serivisi nziza abaturage, harimo no kuzigurisha, nubwo ngo atari inkubiri yiswe ‘Tour du Rwanda’ itangiye.
Umuhanzikazi Yemi Eberechi Alade, wamamaye nka Yemi Alade, yavuze ko atatekerezaga ko hari igihe azagera ku bikorwa by’indashyikirwa, indirimbo ye igahatana mu bihembo mpuzamahanga bya Grammy Awards.
Mu Murenge wa Busanze mu Karere ka Nyaruguru, hari abavuga ko uburinganire n’ubwuzuzanye bwamaze kumvwa, ariko n’ubwo butaragerwaho 100% hari intambwe imaze guterwa.
Umusonga ni indwara ivurwa igakira ariko iyo irangaranywe ishobora guhitana byihuse umuntu uyirwaye, cyane ko imibare yo mu 2021, yagaragaje ko yahitanye abarenga miliyoni 2.5 hirya no hino ku Isi barimo abana ndetse n’abantu bakuru.
Mu gace ka Pingjiang mu Bushinwa, habonetse zahabu nyinshi icyarimwe ingana na toni 1100, zifite agaciro kagera kuri miliyari 80 z’Amadolari ya Amerika.
Ministeri y’Ubucuruzi n’Inganda, ivuga ko mu mwaka wa 2035, u Rwanda ruzaba rwinjiye mu Bihugu bifite umusaruro mbumbe ugereranyije ku buryo nibura buri muturage abasha kwinjiza amafaranga y’u Rwanda asaga miliyoni esheshatu (5,000 USD), buri mwaka.