Kuri uyu wa Gatandatu, ikipe ya Bugesera FC yabonye intsinzi ya mbere muri shampiyona kuri Kigali Pelé Stadium, ubwo yahatsindiraga Kiyovu Sports 2-1 yujuje imino itanu itabona intsinzi, bihita binayishyira ku mwanya wa nyma ku rutonde rw’agateganyo.
Israel yagabye ibitero by’indege ku birindiro by’ingabo za Iran, hagwamo abasirikare bayo babiri hangirika n’ibindi bikorwa remezo bitari byinshi cyane.
Akanama Gashinzwe Imyitwarire mu Mpuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru muri Afurika (CAF), kafashe icyemezo cyo gutera mpaga ikipe y’Igihugu ya Libya mu mukino wo gushaka itike y’igikombe cya Afurika 2025 wagombaga kuyihuza na Nigeria.
Kuri uyu wa Gatandatu tariki 26 Ukwakira 2024, ubuyobozi bukuru bwa BK Foundation bwifatanyije n’abaturage bo mu Murenge wa Gahini mu Karere ka Kayonza, mu muganda rusange wo gutera ingemwe z’ibiti bigera ku bihumbi bitanu.
Ku wa Gatanu tariki 25 Ukwakira 2024, ubwo shampiyona ya volleyball mu Rwanda 2024-2025 yakomezaga hakinwa umunsi wa Kabiri, amakipe ya APR VC abagabo n’abagore ntabwo yorohewe n’aya Police VC.
Umuhanzikazi Shengero Aline Sano umaze kwamamara nka Alyn Sano, akaba umwe mu b’igitsinagore bahagaze neza, nyuma yo kugirira urugendo muri Kenya mu rwego rwo kumenyekanisha ibihangano bye, yahamije ko bitazarangirira aho kuko afitanye imishinga itandukanye n’abahanzi bo muri icyo gihugu.
Muri ibi bihe ihindagurika ry’ikirere rikomeza kurushaho kwiyongera, hagaragajwe ko abagore bari mu buhinzi cyane cyane ubuciriritse, bagerwaho n’ingaruka zaryo mu buryo bukomeye kurusha abagabo, bityo ko bakwiye kuza ku isonga mu gufashwa guhabwa amakuru mu guhangana n’izo ngaruka.
Ikipe y’umupira w’amaguru yo mu Bufaransa ya Paris Saint-Germain (PSG), yanze kwishyura umwenda ifitiye Kylian Mbappé wahoze ayikinira.
Ababyeyi bo mu Karere ka Nyamasheke, bavuga ko hari bagenzi babo bagurisha ibyari kugaburirwa abana, bigatuma muri aka Karere hagaragara umubare munini w’abana bafite imirire mibi.
Mu Bugiriki, umugabo w’imyaka 28 y’amavuko aherutse kubaranishwa n’urukiko rumuhamya icyaha cyo kubangamira abaturanyi be, kuko yahoraga avogera ingo zabo ajyanywe no kwinukiriza inkweto baba basize hanze kugira ngo zijyemo umwuka mwiza.
Minisiteri y’Ibidukikije hamwe n’abafatanyabikorwa barimo Umuryango mpuzamahanga uteza imbere ubuhinzi, One Acre Fund(OAF) uzwi ku izina rya Tubura, batangije gahunda yo gutera ingemwe z’ibiti zigera kuri miliyoni 65 hirya no hino mu Gihugu.
Urukiko rwa Uganda, rwakatiye Thomas Kwoyelo, wari umuyobozi w’inyeshyamba za Lord Resistance Army (LRA), igifungo cy’imyaka 40 kubera ibyaha by’intambara.
Dr. Eugène Rwamucyo, ukurikiranyweho ibyaha birimo ibya Jenoside n’ibyibasiye inyokomuntu, mu gihe urubanza rwe rurimo kugana ku musozo, yashinjwe kuba umwe mu bavugaga rikumvikana mu Mujyi wa Butare, ahakana ashimangira ko yari umuntu utazwi bityo kumuhuza n’ubwicanyi bimubabaza.
Muri Haiti, abantu basaga ibihumbi 10 bavuye mu byabo barahunga mu cyumweru gishize kubera umutekano muke baterwa n’udutsiko tw’amabandi yitwaza intwaro dukorera hirya no hino mu Murwa mukuru Port-au-Prince.
Ubwo abatuye Umurenge wa Nyamiyaga, bitabiraga inteko y’abaturage yari iyobowe n’Umuyobozi w’Akarere ka Gicumbi, Nzabonimpa Emmanuel, bamwe mu baturage batishoboye batunguwe no kubona nyuma y’iyo nteko, haza imodoka yuzuye ibiribwa bibagenewe.
Aborozi bo mu Mirenge ya Gahini na Mwili mu Karere ka Kayonza, barishimira ko bagiye kujya bagemura n’amata ya nimugoroba ku makusanyirizo yayo bitandukanye na mbere bagemuraga aya mugitondo gusa.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE), yatangaje ko kuri uyu wa Gatanu tariki 25 Ukwakira 2024, umuntu umwe ari we wakize icyorezo cya Marburg.
Abakozi ba Kaminuza y’u Rwanda basabye Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda ko hatekerezwa ukuntu abayikoramo bakongererwa imishahara.
Muri Nigeria, impanuka y’indege ya kajugujugu yaguye muri Leta ya Port Harcourt, yaguyemo abantu batatu (3) abandi batanu (5) baburirwa irengero nk’uko byatangajwe na Minisiteri ishinzwe ibijyanye n’indege n’ibyogajuru muri icyo gihugu.
Kuri uyu wa Gatanu, mu Karere ka Rubavu hasorejwe isiganwa ry’amagare yo mu misozi ryari rimaze iminsi ine ribera mu Rwanda ku nshuro ya gatanu, Umunyarwanda Tuyizere Etienne, yaryegukanye mu bakina ku giti cyabo.
Minisitiri w’Umutekano w’Imbere mu gihugu Dr Vincent Biruta kuri uyu wa Gatanu tariki 25 Ukwakira 2024 i Gishari mu Karere ka Rwamagana asoza cy’amahugurwa y’Abapolisi bato icyiciro cya 20 yabasabye kuzashyire umuturage ku isonga muri gahunda zose bazakora.
Perezida Daniel Francisco Chapo, watorewe kuyobora Mozambique, yavutse ku itariki 6 Mutarama 1977, avukira mu gace kitwa Inhaminga mu Ntara ya Sofala muri Mozambique.
Minisitiri w’Ubuhinzi n’Ubworozi Dr. Mark Cyubahiro Bagabe, yatangije umushinga wo gutera ibiti bitanu by’imbuto kuri buri muryango, ugamije gufasha Abanyarwanda kunoza imirire bongera imbuto ku mafunguro yabo ya buri munsi.
Visi Perezida w’ikipe ya Kiyovu Sports avuga ko amasezerano basinyanye na Gorilla’s Coffee izabaha miliyoni 60 Frw mu gihe cy’umwaka umwe akazabafasha mu bibazo by’amikoro byari bimaze iminsi bibagonga.
Mu gihe Amavubi yitegura gukina umukino ubanza wo gushaka itike y’igikombe cya Afurika ku bakinnyi bakina imbere mu bihugu byabo CHAN 2024 kuri iki Cyumweru,umutoza wa yo Frank Spittler yihanangirije abayisuzugura bavuga ko uzaba ari umukino woroshye kuko bazakina n’ikipe ikomeye.
Minisiteri y’Ubuzima kuri uyu wa Gatanu tariki 25 Ukwakira 2024 yatangaje ko gahunda yo Gusura abanyeshuri bacumbikirwa ku mashuri byasubukuwe.
Mu ijambo Umwami w’Ubwongereza Charles III yavugiye mu nama y’Abakuru b’Ibihugu bya Commonwealth irimo kubera Apia mu murwa mukuru wa Samoa, yavuze ko nta muntu n’umwe ushobora guhindura ibyahise.
Hari ababyeyi bo mu Karere ka Gisagara bababajwe no kuba barabyariye mu rugo, abana babo bakimwa uburenganzira bwo gukingirwa.
Mu ijambo Perezida wa Repubulika Paul Kagame yavugiye mu muhango wo gutangiza ku mugaragaro Inama ya 27 y’Umuryango w’Ibihugu bikoresha Icyongereza (Commonwealth), irimo kubera i Apia muri Samoa, yavuze ko u Rwanda rwishimiye kuba rumaze imyaka ibiri ruyoboye uyu muryango.
Abahinzi ba kawa mu Karere ka Nyagatare bavuga ko bamaze kumenya neza akamaro ka kawa, kuko mu gihe abandi bahinzi imyaka iba ishize mu nzu bategereje ko iyahinzwe yera, bo ngo baba bejeje batangiye kugurisha umusaruro wabo.
Ibigwi bya Perezida Paul Kagame bikomeje kwigaragaza mu ruhando mpuzamahanga, aho kuri iyi nshuro yagenewe igihembo nk’Umunyafurika w’Umwaka (African of the Year) wa 2024, ashimirwa umuhate agaragaza mu guharanira impinduka ziganisha ku guteza imbere Umugabane wa Afurika.
Umuhanzikazi Celine Uwase yageneye ubutumwa abantu muri iki gihe bagaragara nk’abavuye mu nzira nziza bahozemo, ababwira ko bakwiye guhindura iyo myitwarire mibi bakava mu byaha, ahubwo bakarangwa n’imyitwarire myiza ishimwa n’Imana n’abantu.
Kuri uyu wa Kane, igitero cya Israel, cyahitanye abasirikare batatu ba Lebanon mu Majyepfo y’iki gihugu.
Minisiteri y’Ubuzima yatangaje ko ku wa Kane tariki 24 Ukwakira 2024 habonetse undi muntu umwe wanduye icyorezo cya Marburg, akaba yabonetse nyuma y’ibipimo byafashwe aho umurwayi wa mbere yanduriye.
Mu Karere ka Huye hari abari barwaye indwara zo mu mutwe ahanini biturutse ku ngaruka za Jenoside bavuga ko kuvurwa mu buryo bw’ibiganiro byabakijije nyamara ku bw’imiti byari byarananiranye.
Abafana ba nyakwigendera Liam Payne waririmbaga mu itsinda rya One Direction, bavuze ko barakajwe cyane no kuba hateguwe ikiganiro kuri televiziyo kidasanzwe kivuga ku minsi ye ya nyuma, hatarashira n’iminsi yitabye Imana.
Musenyeri Paskalis Bruno Syukur, Umwepiskopi wa Bogor muri Indoneziya yivanye mu mubare w’abazashyirwa mu rwego rwa Karidinali, mu muhango wari uteganyijwe tariki 7 Ukuboza 2024.
Abaturage bari mu cyiciro cy’abazimurwa mu mushinga wo kwagura Pariki y’Igihugu y’ibirunga, biganjemo abatuye Umurenge wa Kinigi mu Karere ka Musanze, basoje amahugurwa bamazemo umwaka ajyanye no kwiga uburyo bwo guhanga imishinga igamije iterambere.
Komisiyo y’amatora muri Mozambique, yatangaje ko ishyaka riri ku butegetsi, Frelimo, ryatsinze amatora y’Umukuru w’Igihugu rikaba rigiye gukomeza kuyobora nyuma y’imyaka 49 rimaze ku butegetsi.
Abasore n’inkumi 253 bagize icyiciro cya 14 cy’Intore z’Imbuto Zitoshye, basabwe kubyaza umusaruro amahirwe urubyiruko rufite, kuko atandukanye cyane n’ayo mu myaka 35 yabanjirije Jenoside yakorewe Abatutsi.
Abakuru b’Ibihugu na za guverinoma byo mu muryango Commonwealth w’ibihugu bihuriye ku Cyongereza, barimo kwitegura guhangara Leta y’Ubwongereza no gufatira hamwe ingamba zo gusuzuma ikibazo cy’ubutabera n’impozamarira bigomba guhabwa ibihugu byakorewemo icuruzwa ry’abacakara.
Inteko Rusange ya Sena, kuri uyu wa Kane tariki 24 Ukwakira 2024, yemeje Kayinamura Ulrich ku mwanya w’Umuyobozi Mukuru w’Ikigega Agaciro Development Fund, Munyangaju Aurore Mimosa nka Ambasaderi w’u Rwanda muri Luxembourg na Uwase Patricie, Umuyobozi Mukuru wa Rwanda Cooperation Initiative (RCI).
Kuri uyu wa Kane, Umunyarwanda Tuyizere Etienne yegukanye agace ka Kane k’isiganwa ry’amagare yo mu misozi, mu bakina ku giti cyabo n’aho Abadage Daniel Gathof na Peter Schermann, bakegukana mu bakina bafatanyije.
Perezida Felix Tshisekedi mu ruzinduko yakoreye i Kisangani mu Ntara ya Tshopo, akaganira n’abaturage mu rurimi rw’Ilingala, yatangaje ko bikwiye ko habaho ivugurura ry’Itegeko Nshinga kuko irihari ubu, ryanditswe n’abanyamahanga rikaba ryifitemo ibintu bigomba guhinduka. Perezida Tshisekedi yavuze ibyo mu gihe ingingo yo (…)
Banki ya Kigali BK yateye inkunga ya Miliyoni eshanu z’ Amafaranga y’u Rwanda (5.000.000 Frw) gahunda y’ubukungarambaga bwo kurwanya kanseri y’ibere bwateguwe n’Ikigo ‘Breast Cancer Initiative East Africa (BCIEA)’ bukorwa buri mwaka hagamijwe kumenyekanisha kanseri y’ibere, gukangurira abantu kuyipimisha hakiri kare, ndetse (…)
Imvura yaguye mu rukerera rwo ku itariki 24 Ukwakira 2024 mu Mudugudu wa Nyakanunga, Akagari ka Nyamabuye, Umurenge wa Gatsata mu Karere ka Gasabo, yatumye umukingo ugwira inzu, abantu bane barimo n’umuturanyi umwe barakomereka bikomeye.
Umukobwa wivugira ko afite imyaka 18 y’amavuko, ari mu gihirahiro cyo kutagira indangamuntu kubera ko ababyeyi be batamwandikishije mu irangamimerere ndetse akaba nta cyangombwa na kimwe afite kigaragaza imyaka ye y’amavuko.
Mu gihe habura ibyumweru bibiri gusa, abatuye muri Leta zunze ubumwe z’Amerika, abaturage bakihitiramo Umukuru w’Igihugu, abarenga miliyoni zirindwi (7), ntabwo baragira amahitamo y’uwo bazatora hagati y’Umurepubulikani, Donald Trump n’Umudemukarate Kamala Harris.