Polisi yafashe umugabo wagaragaye amenagura ibirahure by’imodoka ziparitse mu mujyi wa Kigali
Polisi kuri uyu mugoroba yavuze ko yafashe umugabo wagaragaye muri videwo amenagura ibirahure by’imodoka imwe ku yindi, azisanze muri parkingi mu Mujyi wa Kigali.
Ni umugabo wateje impagarara kuri iki gicamunsi, ubowo yadukiraga ibirahure by’imodoka asanze ziparitse, n’uburakari bwinshi, abamubonye bagakiza amagara yabo.
Ababibonye ku rubuga rwa X bagiye impaka ku cyo Polisi yakagombye gukora, bamwe bavuga ko yakagombye kuraswa, abandi bavuga ko ibyo yakoze atari iby’i Rwanda, bivuze ko yakagombye kuvuzwa.
Aba bavuga ibyo kvuzwa barahuza na Polisi y’u Rwanda, kuko mu iperereza ry’ibanza yagaragaje ko uyu mugabo ashobora kuba afite uburwayi bwo mu mutwe.
Muraho,
Umugabo wagaragaye muri aya mashusho yafashwe. Iperereza ry’ibanze ryagaragaje ko afite uburwayi bwo mu mutwe. Yajyanywe mu bitaro bya CARAES I Ndera. Murakoze https://t.co/lIw5DXJedN
— Rwanda National Police (@Rwandapolice) December 26, 2025
Ibitekerezo
Ohereza igitekerezo
|
|