Ku mugoroba wo kuwa 30/12/2013 umuyaga udasanzwe wasenye amazu atandatu unangiza imyaka y’abatutage mu Murenge wa Musenyi mu karere ka Bugesera.
Inzego z’umutekano mu karere ka Rubavu zirahamagarira abaturage babitse ibikoresho bya gisirikare kubitanga kuko bikomeje gukoreshwa mu guhungabanya umutekano kandi bitunzwe mu buryo butemewe n’amategeko.
Rwibasira Innocent w’imyaka 48 y’amavuko afungiye kuri station ya polisi ya Nyamagana mu karere ka Ruhango guhera tariki ya 30/12/2013, nyuma yo gufatanwa mashine “laptop” ebyiri azibye mu biro by’akarere ka Ruhango.
Abana babiri b’abahungu umwe afite imyaka 11 n’undi ufite imyaka 9 y’amavuko bo mu mudugudu wa Musenyi mu kagali ka Migina mu murenge wa Muyira mu karere ka Nyanza ahagana saa kumi z’umugoroba tariki 30/12/2013 baturikanwe na grenade bari mu nzu y’iwabo bahita bapfa.
Nyuma y’imfu zitandukanye n’uburwayi bw’ibisazi bikomoka ku mbwa byafashe abantu mu mirenge inyuranye yo mu karere ka Nyanza mu minsi mike ishize ubu imbwa zigera kuri 17 zimaze gupfa zihawe umuti wo kuzica.
Umukwabu wakorewe mu kagali ka Gahima, umurenge wa Kibungo tariki 30/12/2013, wafatiwemo umubyeyi waraye abyariye mu rugo niko guhita yihutishwa ajyanwa kwa muganga aho guhita asubizwa iwabo nk’uko abandi barindwi byabagendekeye.
Ibigo byo kubitsa no kuguriza bizi nka za SACCO-Imirenge bikeneye ko umutekano wabyo ucungwa ku buryo budasanzwe kuko hari aho ibi bigo byibasiwe n’ubujura bukoresheje imbunda ariko ngo amikoro make aracyari imbogamizi kugira ngo bigerweho.
Umurambo wa Habimana Berchmans w’imyaka 28 watoraguwe mu mugezi wa Nyiramazinga ugabanya umurenge wa Byiamana n’uwa Mbuye, mu mudugudu wa Mucubi akagari ka Ntenyo umurenge wa Byimana mu karere ka Ruhango.
Umwana w’umukobwa w’imyaka 15 wo mu murenge wa Rwimbogo mu karere ka Rusizi yemera ko yari agiye kwiyicira nyina umubyara na bene nyina akoresheje umuti wica imbeba kubera ko ngo bari banze kumugurira imyenda azambara kuri Noheri.
Umukwabu wakorewe mu murenge wa Nyamata mu kagari ka Kayumba mu mudugudu wa Kayenzi mu karere ka Bugesera wataye muri yombi inzererezi 11 n’abarundi 2 badafite ibyangombwa bibaranga.
Ngiruwonsanga Jean Bosco w’imyaka 21 y’amavuko yitabye Imana nyuma yo gukubitwa bikabije azira kwiba ibigori mu murima w’uwitwa Munyengango Theophile ku gicamunsi cyo kuwa 26 Ukuboza mu Murenge wa Ngarama ho mu Karere ka Gatsibo.
Umugabo witwa Ntahondi Jean Bosco w’imyaka 33 y’amavuko ufite akabari mu Murenge wa Mayange mu kagari ka Kibirizi mu mudugudu wa Rugazi mu karere ka Bugesera afungiye kuri sitasiyo ya Polisi ya Nyamata nyuma yaho irondo rimufatanye litiro 46 za kanyanga.
Niyonsaba Seraphine w’imyaka 19 y’amavuko na Nyirahabimana Tharicissie w’imyaka 48 y’amavuko bivuwa ko ariwe nyina w’uyu Niyonsaba bafatiwe mu Murenge wa Rugarama mu karere ka Gatsibo saa kumi n’imwe z’umugoroba tariki 26/12/2013 bafite amafranga ibihumbi 16 y’amakorano.
Umurambo wa Hakizimana Emmanuel wari mu kigero cy’imyaka 34 watoraguwe mu kiyaga cya Kadiridimba tariki 26/12/2013 ahagana saa mbiri za mugitondo ahitwa mu Gacaca ho mu murenge wa Rwinkwavu mu karere ka Kayonza.
Umwana w’umukobwa w’imyaka 10 wari utuye mu murenge wa Bungwe, mu karere ka Burera, yapfuye nyuma yo guterwa igiti mu mutwe n’umwe mu basore barimo barwana ubwo batahaga bavuye kwishimira Noheli.
Amakamyo abiri yagonganye n’indi modoka mu ikoni riri hirya gato y’ahitwa i Gatagara mu murenge wa Mukingo mu karere ka Nyanza maze iyo ibirunduka munsi y’umuhanda batatu barakomeraka.
Bizimana Dieudonnée w’imyaka 40 y’amavuko umurambo we watoraguwe mu gitondo cya tariki 25 Ukuboza 2013 mu mudugudu wa Kimfizi mu kagali ka Gati ko mu murenge wa Muyira mu karere ka Nyanza yatewe ibyuma n’abantu batabashije kumenyekana.
Josiane Nzayisenga w’imyaka 30 y’amavuko yongeye kugaragara mu kagari ka Nyarubuye mu murenge wa Musasa mu karere ka Rutsiro mu cyumweru gishize ahita atabwa muri yombi azira guta umwana w’ukwezi kumwe agatoroka akajya ahantu hatazwi.
Mu rwego rwo kurwanya inzoga z’inkorano zituma abantu basinda cyane bagata ubwenge bikabaviramo ibikorwa by’urugomo, polisi y’i Huye, ifatanyije n’ingabo z’igihugu zihakorera, tariki 24/12/2013 yamennye bene izi nzoga zingana na litiro 2800.
Rusibirana Jean w’imyaka 82 y’amavuko n’umuhungu we Thomas Kanini w’imyaka 35 bari mu maboko ya polisi guhera tariki ya 24/12/2013, bakekwaho guteka ikiyobyabwenge cya Kanyanga.
Imodoka yo mu bwoko bwa FUSO yari ivuye mu gihugu cy’u Burundi yinjiye ku mupaka wa Nemba itwaye ibiti by’umushikiri ariko yinjirira ku bipapuro by’uko itwaye imbuto izijyanye mu gihugu cy’Ubugande.
Shabani Vedaste wo mu murenge wa Mururu yabonetse yitabye Imana mu gitondo cyo kuri uyu wa 23/12/2013 hafi y’akabari yari yagiye kunyweramo inzoga aho basanze bamunize bakamukuramo n’amaso yombi hanyuma bakamuta mu kigunda ahantu hatagaragara.
Ubuyobozi bwa polisi mu ntara y’Amajyaruguru burasaba ababyeyi kurinda abana babo inyamaswa z’inkazi ndetse n’amatungo agira amahane ashobora gukomeretsa cyangwa kuvutsa ubuzima abo babyaye.
Mutazihana na Nimusifu bafungiye kuri sitasiyo ya polisi ya Nyamata mu karere ka Bugesera, nyuma yo gufatanwa amadorari ibihumbi 2600 y’amakorano barimo kuyahangika abaturage.
Mukantwari Belthilde w’imyaka 17 na murumuna we Ayinkamiye Rose, bo mu murenge wa Kazo mu karere ka Ngoma batoraguye igisasu cyo mu bwoko bwa Grenade bakita imari y’injyamane (ibyuma bishaje bagurisha) maze kirabaturikana ariko ku bwamahirwe nta wapfuye.
Inama y’umutekano mu ntara y’Amajyaruguru yateraniye mu karere ka Rulindo tariki 23/12/2013 yasanze muri rusange umutekano uhagaze neza, uretse bimwe mu byaha bikunze kuhagaragara biterwa n’abaturage baba banyweye za kanyanga.
Mu mujyi wa karere ka Rusizi hateye ubujura bwibasiye amatelefone kandi bukorwa ku manywa yihangu. Abasore bakora iyo ngeso ngo bipanga ku murongo ku buryo baba begeranye bagashikuza umuntu telephone bakagenda bayihererekanya kuburyo uwayishikuje atariwe uyufatanywa mu rwego rwo kuyobya ibimenyetso.
Abagabo bane n’imodoka ya FUSO bafungiye kuri sitasiyo ya polisi ya Nyamata mu karere ka Bugesera bazira gutema ibiti by’umushikiri. Undi umwe we afungiye ku Ruhuha azira gutema inka y’umuturanyi.
Rutazihana Faustin w’imyaka 54 y’amavuko arimo gushakishwa nyuma yo kugonga uwitwa Nzabarinda Alphonse w’imyaka 41 y’amavuko agacika amaguru yombi.
Nyuma yaho ikibazo cy’ubujura bukabije gikomeje kugaragara mu mujyi wa Kamembe, abayobozi b’utugani tw’uwo murenge bose bayobowe n’umuyobozi w’uyu murenge hamwe n’inzego z’umutekano batangiye guhagurukira iki kibazo aho abenshi bavuga ko kuba ubu bujura bukabije ngo biterwa nuko irondo ritagikorwa nkuko bikwiye.