Umukwabo wabaye mu mirenge ya Mukarange na Nyamirama mu karere ka Kayonza tariki 21/12/2013 wafashe abantu batatu bafite inzoga ya Kanyanga ifatwa nk’ikiyobyabwenge, undi umwe afatanwa urumogi.
Umuntu umwe yapfuye abandi umunani barakomereka mu mpanuka ya “Taxi Twegerane” na Fuso byagonganiye muri santere yo “Ku Rukiko”, mu murenge wa Rugarama, mu karere ka Burera, mu ma saa kumi z’umugoroba ku cyumweru tariki ya 22/12/2013.
Umurambo wa Bimenyimana Thomas wabonetse mu kiyaga cya Kivu tariki 19/12/2013 nyuma yo kugirana amakimbirane na nyina ndetse na bashiki be, bitewe n’uko ari we muhungu wenyine iwabo babyaye, akaba yashakaga kwisanzura no kwikubira imitungo y’umuryango wenyine.
Ntamugabumwe Jean Paul w’imyaka 34 y’amavuko yatawe muri yombi nyuma yo gutema mu mutwe umukecuru witwa Ruvugo Sophie w’imyaka 80 y’amavuko akaza kwitaba Imana mu masaha yakurikiyeho.
Mubumbyi Gaspard w’imyaka 36 yafatiwe mu biro by’ibitaro bikuru bya Gihundwe tariki 21/12/2013 ari kwiba ibikoresho by’ibitaro, uyu mumugabo yafashwe ari kugenda atunda ibi koresho yibye abishira hanze akongera agasubira mu bitaro gutora ibindi.
Ndagijimana w’imyaka 41 wo mu murenge wa Nyakarenzo mu karere ka Rusizi yafashwe n’abaturage tariki 20/12/2013 yikoreye ikibuye gikoze muri beto ashaka kukigurisha abaturage ababwira ko imbere y’icyo kibuye harimo zahabu.
Gatera John wi’imyaka 40 y’amavuko afungiye kuri sitasiyo ya polisi ya Mayange mu karere ka Bugesera nyuma yo gukubita ise umubyara ndetse n’umugore we abaziza imitungo.
Uwitwa Uwitonze Ephrem w’imyaka 35 na Musabyimana Ismael w’imyaka 25 y’amavuko bo mu mudugudu wa Gitaramuka mu kagari ka Kagenge mu murenge wa Mayange, bafungiye kuri sitasiyo ya Polisi ya Nyamata mu karere ka Bugesera, nyuma yo gufatanwa mudasobwa eshatu z’inyibano zigenewe abana bo mu mashuri yisumbuye.
Nshimiyimana Daniel w’imyaka 18 wo mu mudugudu wa Bikoki mu kagari ka Kageyo mu murenge wa Mwiri wo mu karere ka Kayonza ku mugoroba wa tariki 19/12/2013 yinaze mu kibumbiro [valley dam] inka zishokamo ahita apfa.
Inspector of Police Clement Mucyurabuhoro wari ushinzwe ubugenzacyaha mu karere ka Musanze, mu ijoro ryo kuri uyu wa kane tariki 19/12/2013 ahagana 20h00 yarashwe n’abantu bataramenyekana ahita yitaba Imana.
Ikamyo yo mu bwoko bwa Benz-Axor yo mu gihugu cya Tanzaniya yagonze ivatiri ya Toyota Carina E ku bw’amahirwe abantu barimo basohokamo amahoro uretse imodoka yangiritse inyuma.
Nyirahabimana Theresie n’umuhungu we bo mu mudugudu wa Nyarwashama ya kabiri mu kagari ka Mukoyoyo mu murenge wa Rwinkwavu wo mu karere ka Kayonza baguwe gitumo batetse kanyanga tariki 18/12/2013 bariruka hafatwa ibikoresho bayitekeragamo.
Ikamyo yo mu bwoko bwa BENZ yari itwaye toni 17 z’ibigori by’imvungure yaraye ikoreye impanuka mu kagari ka Gitarama, umurenge wa Bwishyura mu karere ka Karongi. Ibyo bigori ni ibyo PAM yari igemuriye impunzi z’abanye Congo zo mu nkambi ya Kiziba.
Umugabo witwa Gisaro Jean Claude afungiye kuri sitasiyo ya polisi ya Nyamata mu karere ka Bugesera nyuma yo gufatanwa amafaranga y’amakorano ibihumbi 45 y’inoti za bitanu.
Abasore batatu barimo Umunyacongo bafashwe bari kugurisha imiceri y’abaturage barara biba mu kibaya cya Bugarama. Ubwo bafatwaga bitanaga ba mwana aho buri wese ashinja mugenzi we avuga ko umuceri bafanywe ariwe wawibye.
Umusore witwa Hitimana afungiye kuri sitasiyo ya polisi ya Kinigi mu karere ka Musanze, kuva tariki 18/12/2013, akurikiranweho ibyaha byo gusambanya umwana w’imyaka 13 nyuma akaza no kumwica.
Kuri sitasiyo ya polisi ya Nyamata mu karere ka Bugesera hafungiye umugabo witwa Ndayishimiye Richard nyuma yo gufatanwa inoti ebyiri z’ibihumbi bibiri z’impimbano tariki 18/12/2013.
Polisi y’igihugu yakoze umukwabo mu duce tunyuranye two mu Kagari ka Katarara mu murenge wa Ntyazo mu karere ka Nyanza ihafatira abakora inzoga zitemewe bita “Ibikwangari” maze nabyo bimenerwa imbere y’abaturage nyuma yo kugaragarizwa ububi bwabyo.
Imodoka yo mu bwoko bwa Coaster ya sosiyete itwara abagenzi ya Horizon, yakoze impanuka mu gitondo cyo kuri uyu wa 18/12/2013 mu mudugudu wa Nyarusange mu kagari ka Nyamugari mu murenge wa Gasaka wo mu karere ka Nyamagabe ariko Imana ikinga ukuboko ntihagira uhasiga ubuzima.
Inama y’umutekano yaguye y’akarere ka Nyamasheke yateranye kuri uyu wa Kabiri, tariki 17/12/2013 yemeje ko umutekano mu gihe cy’iminsi mikuru ya Noheri n’Ubunani ugomba gukazwa kugira ngo abaturage babashe kwishima uko bikwiriye kandi nta kibahungabanyije.
Inzego zishinzwe umutekano mu karere ka Rutsiro zakoze umukwabu mu mirenge yose igize akarere tariki 17/12/2013 zita muri yombi inzererezi n’ibirara 125 mu rwego rwo gukumira ibishobora guteza umutekano muke.
Abajura babiri bitwaje imbunda yo mu bwoko bwa SMG bateye mu rugo rw’umugabo witwa Mukeshimana Narcisse mu murenge wa Gashonga mu karere ka Rusizi bamwiba amafaranga asaga ibihumbi magana abiri n’ibikoresho byo mu nzu birimo agatabo ka banki na telephone.
Umugore witwa Bankundiye Christianne aravuga ko abayeho nabi cyane nyuma y’amezi hafi ane ubuyobozi bw’akarere ka Karongi bumuhungishirije iwabo i Nyamasheke, ngo kubera umugabo we washakaga kumwicana n’abana barindwi.
Polisi y’u Rwanda icumbikiye umugore wo muri ako karere ukurikiranyweho ibyaha byo gukoresha impapuro mpimbano n’iterambwoba, akaba acumbikiwe kuri station ya polisi ya Ngororero.
Nyuma y’uko abaturage bororera hafi y’umupaka w’u Rwanda na Congo mu gace ka Rubavu barambwiwe kujya batanga amafaranga mu basirikari ba Congo babaga babatwariye amatungo ngo bayasubizwe, ubu haravugwa ko umushumba yambuye imbunda umusirikari wa Congo wari uje kwiba inka agakizwa n’amaguru, ariko ngo bagenzi be bakaba noneho (…)
Akarere ka Nyamagabe kemeje ko guhera mu ntangiriro z’icyumweru gitaha hazatangira kubahirizwa amabwiriza adasanzwe yo gucunga umutekano ngo hatagira umuturage n’umwe uzongera guhutazwa no kwamburwa utwe kandi ngo Inkeragutabara zikazaba ku isonga y’iyo gahunda kubera ubumenyi n’uubunararibonye zifite.
Inzego z’umutekano zifatanyije n’ubuyobozi bw’inzego z’ibanze ndetse n’abaturage zataye muri yombi inzererezi n’abadafite ibyangombwa bibaranga bagera kuri 25.
Mbarushimana Viateur w’imyaka 40, ari mu maboko ya polisi y’u Rwanda mu karere ka Ruhango azira guha umupolisi ruswa y’amafaranga y’u Rwanda ibihumbi 30 kugira ngo ababarirwe icyaho cyo gucuruza kanyanga.
Imodoka yo mu bwoko bita Fuso yagonze umwana w’imyaka 10 wabarizwaga mu kagari ka Kindama mu murenge wa Ruhuha mu karere ka Bugesera, ajyanwa kwa muganga ariko agerayo yashizemo umwuka.
Mu mujyi wa Kamembe mu karere ka Rusizi hagaragaye abasore batatu bari bashungerewe n’abaturage bavugaga ko ari abajura bibye ihene bakazibagira mu nzu bacumbitsemo, ndetse abo basore bari bambitswe inyama z’izo hene mu ijosi abaturage babashyiriye abashinzwe umutekano.