Umuyaga n’imvura idasanzwe byibasiye akagari ka Ruhingo mu murenge wa Gihango mu karere ka Rutsiro ku gicamunsi cyo kuwa 22/03/2014 byangije amazu 19 n’imyaka myinshi yiganjemo insina 3000 zari zihetse ibitoki biremereye.
Abana babiri bo mu murenge wa Nzige mu karere ka Rwamagana, barimo umwe w’imyaka 13 n’uruhinja rw’umwaka umwe n’amezi atandatu, ku wa Kane tariki 20/3/2014 bishwe n’abandi bana mu buryo butandukanye.
Niwebasa Cecile na Minani Felix bari mu maboko ya polisi bazira guteka no gucuruza icyoyobyabwenge cya Kanyanga.
Akantu bita “akawudu” benshi bifashisha mu kwirukana imibu mu nzu ndetse no kuzanamo impumuro nziza kari gateje akaga mu gice cy’umujyi wa Nyanza ubwo inzu icururizwamo yafatwaga n’umuriro ariko ku bw’amahirwe abaturage n’inzego z’umutekano bakihutira kuwuzimya.
Inzererezi hamwe n’amabandi batuye mu karere ka Gakenke bahagurikiwe bikomeye n’inzego zishinzwe umutekano kugirango abantu n’ibyabo barusheho kugira umutekano usesuye.
Mu rwego rwo kurwanya ibiyobyabwenge n’ihohoterwa, polisi ikuriye sitasiyo ya Ruharambuga yagiranye ibiganiro n’inzego z’abagore n’inzego z’urubyiruko ku murenge wa Ruharambuga, kuri uyu wa gatatu tariki ya 19 Werurwe 2014.
Abagabo bane bo mu Murenge wa Kabarore mu Karere ka Gatsibo, bafungiye kuri Polisi sitasiyo ya Kabarore, nyuma yo gufatanwa mudasobwa zirindwi zibwe mu rwunjye rw’amashuli rwa Bihinga, iri shuli rikaba naryo riherereye muri uyu murenge wa Kabarore.
Umukozi ushinzwe iterambere n’imibereho myiza y’abaturage mu kagari ka Gikungu, mu murenge wa Bweyeye ho mu karere ka Rusiz yatawe muri yombi n’inzego z’umutekano kuwa 18/03/2014 azira gukubita umuturage akanamwambura amafaranga y’u Rwanda 5200.
Ibisasu bibiri bya gerenade yo mu bwoko bwa Totasi na Stick byatoraguwe mu mudugudu wa Nyagasambu mu kagali ka Gitovu mu murenge wa Busoro mu karere ka Nyanza tariki 18/03/2014 hafi y’urusengero rw’Abadivantiste b’umunsi wa karindwi.
Umukobwa w’imyaka 15 y’amavuko, wo mu mudugudu wa Ruragwe mu kagari ka Kabeza, mu murenge wa Rubengera ho mu karere ka Karongi ari mu maboko ya polisi, kuva tariki 16/03/2014 ari mu maboko y’inzego z’umutekano azira gushaka kwambura ubuzima umwana we umaze amezi ane gusa avutse.
Umubitsi wa Banki y’Abaturage y’u Rwanda, BPR, mu ishami ryayo i Musanze yatawe muri yombi na Polisi y’u Rwanda ikorera mu karere ka Musanze ku mugoroba wo kuwa 17/03/2014 akekwaho kwiba miliyoni 15 z’amafaranga y’u Rwanda.
Abaturage bo mu murenge wa Ntongwe mu karere ka Ruhango, baravuga ko batewe impungenge n’abantu batazwi bahagaragara batagira ibyangombwa. Ibi babitangaje nyuma y’uko hamaze gufatwa abantu bagera kuri bane baturuka mu tundi turere bakaza nta byangombwa bagira.
Habiyaremye Schadrack w’imyaka 31 na nyina Nyirabashongore Thabea w’imyaka 55 y’amavuko batuye mu mudugudu wa Muturirwa mu kagali ka Kiruri mu murenge wa Mukingo mu karere ka Nyanza baketsweho kwiba ihene babasatse banabasangana ibiti by’urumogi 20 bihinzwe iwabo mu rugo.
Abaturage bo mu murenge wa Gahunga, mu karere ka Burera ndetse n’abo mu mirenge ya Cyuve na Gacaca mu karere ka Musanze, barasabwa gufata ingamba zihamye zo kubungabunga umutekano birinda ibihuha ndetse n’ababashuka babashora mu bikorwa byabangamira umutekano, ahubwo bagaharanira gukora bagamije kwiteza imbere.
Abagabo bane bafungiye kuri sitasiyo ya polisi ya Nyamata mu karere ka Bugesera nyuma yo gufatanwa ibiro 234 by’amabuye y’agaciro ya Wolfram bayakuye mu gihugu cy’u Burundi mu buryo bwa magendu.
Bamwe mu bashoferi bakorera mu muhanda unyura mu karere ka Gakenke bakunda gutendeka abagenzi bakavuga ko babiterwa nuko badashobora gusiga abagenzi ku muhanda bitewe n’uburyo baba ari benshi.
Umugabo w’imyaka 44 witwa Ribanje yagwiriwe n’ikirombe ahita yitaba Imana mu gitondo cya tariki 15/03/2014, mu murenge wa Nyakabuye mu karere ka Rusizi. Uyu mugabo ngo yari kumwe na bagenzi be bacukura zahabu mu buryo butemewe n’amategeko mu mugezi wa Rubyiro.
Mu rwego rwo gukomeza kubungabunga umutekano w’abaturage ubuyobozi bw’akarere ka Gicumbi bwasabye abantu basengera ku musozi wa Kadeshi kubireka kuko bishobora guhungabanya umutekano ndetse bigakururira abahasengera ingorane zirimo no kuba bahohoterwa.
Mu gihe Musabyemariya Jane wo mu mudugudu wa Kagitumba akagali ka Kagitumba umurenge wa Matimba avuga ko EWSA yamuranganye bigatuma inzu ya musaza we ishya igakongoka, ubuyobozi bwayo mu karere ka Nyagatare bwo buvuga ko icyo kibazo butari bukizi.
Abanyarwanda 54 bari basanzwe ari impunzi mu burasirazuba bwa Congo kuri uyu wa gatanu taliki 14/3/2014 bageze mu Rwanda, bavuga ko bari barambiwe ubuzima bubi bwiganjemo umutekano batezwa n’imitwe yitwaza intwaro irimo na FDLR ibaka imisoro y’ibiribwa.
Nyuma yo kuzenguruka imirenge 12 igize akarere ka Rubavu mu kwezi kw’imiyoborere myiza, ubuyobozi bw’akarere burahamagarira abaturage kubungabunga umutekano batangira amakuru ku gihe.
Burura Abdou w’imyaka 54 y’amavuko hamwe na Kigingi we witwa Sentamu Abdoul w’imyaka 37 y’amavuko bafatanwe imodoka ipakiye ibiti by’imisheshe byari byibwe mu kagali ka Cyeru mu murenge wa Kibilizi mu karere ka Nyanza.
Mu gihe abatuye umujyi wa Muhanga bakomeje kwinubira kudatabarana mu gihe hari utewe n’abagizi ba nabi, abayobozi baravuga bikomoka ku mayeri y’aba bagizi ba nabi batera ubwoba abaturage ariko bagasaba ko bashyira hamwe imbaraga bakabarwanya.
Umukozi wa Banki ya Kigali mu ishami ryayo riri mu karere ka Nyamasheke aho bita i Tyazo, afungiye kuri polisi ya Kanjongo akekwaho kwakira ruswa mu kazi yari ashinzwe nk’ushinzwe gutanga inguzanyo.
Abaturage bo mu murenge wa Kanjongo mu karere ka Nyamasheke bafatanyije n’abayobozi n’inzego z’umutekano batwitse urumogi rufite agaciro ka miliyoni zisaga enye n’imitego itemewe ya kaningini ikoreshwa mu kuroba amafi ifite agaciro ka miliyoni zisaga 65 z’amafaranga y’u Rwanda.
Mu kiganiro gito yagiranye n’itangazamakuru nyuma y’inama y’umutekano yaguye y’Intara y’Amajyaruguru yabaye mu muhezo kuri uyu wa Gatatu tariki 12/03/2014, Guverineri Bosenibamwe Aime yavuze ko abantu bahungabanyaga umutekano mu Mujyi wa Musanze bafashwe.
Umusore w’imyaka 16 witwa Niyonzima Claude wari utuye mu kagari ka Shangi mu murenge wa Shangi mu karere ka Rusizi yarohamye mu kivu ubwo yari yitwaye mu bwato wenyine kuri uyu wa gatatu tariki 12/03/2014 mu masaha ya saa sita z’amanywa aburirwa irengero.
Umugabo witwa Bakundiki Benoit yafatiwe ahitwa mu Gahinga mu murenge wa Mururu mu karere ka Rusizi afite ibiro magana atatu by’urumogi ubu akaba afungiye kuri sitasiyo ya polisi ya Kamembe.
Imodoka itwara abagenzi yo mu bwoko bwa Toyota Hiace ifite ikirango RAB 383 L, yakoze impanuka ahitwa Ndatemwa mu murenge wa Kiziguro mu karere ka Gatsibo, abantu batatu bahasiga ubuzima, abandi umunani barakomereka bikomeye mu gitondo cyo kuwa 11/03/2014.
Harerimana Jean Bosco bahimbaga Buyondori wari utuye mu kagari ka Murundi ko mu murenge wa Murundi mu karere ka Kayonza yitabye Imana tariki 10/03/2014 ku buryo butunguranye, abaturage bakaba bakeka ko yaba yishwe n’inzoga yitwa Super Gin, benshi bita Suruduwire.