Abarezi bo mu mashuri ya Tekiniki Imyuga n’Ubumenyingiro, baratangaza ko zimwe mu mbogamizi bahura nazo ari uguhuza umubare w’abanyeshuri n’ibikoresho bafite, kubera ko bikiri bicye, bagasaba ko byakongerwa.
Korali Ambassadors of Christ ibarizwa mu Itorero ry’Abadivantisiti b’Umunsi wa Karindwi, igeze kure imyiteguro y’igitaramo yise ‘Umubyeyi Remera Fundraising Concert’, abazacyitabira bazinjira ku buntu.
Ku mugoroba wo ku Cyumweru tariki 10 Nzeri 2023, mu Murenge wa Gacaca Akarere ka Musanze, haravugwa urupfu rw’umwana w’imyaka 17 warohamye mu kiyaga cya Ruhondo’ ubwo yari kumwe n’abagenzi be babiri bo batabawe ari bazima.
Perezida wa Madagascar, Andry Rajoelina, yeguye ku nshingano ze, nyuma y’uko yemejwe ku mugaragaro nk’umukandida mu matora y’Umukuru w’Igihugu, ateganyijwe tariki 9 Ugushyingo 2023.
Ku wa 9 Nzeri 2023, Ishyirahamwe ry’Umukino wo Koga mu Rwanda ryatangiye igikorwa cyo gutoranya abakinnyi, bazaruhagararira mu mikino y’Akarare ka gatatu ruzakira mu kwezi k’Ugushyingo 2023.
Abenshi mu Bepiskopi Gatolika mu Rwanda biganye mu iseminari nto n’inkuru, ariko bamwe bakagira umwihariko bahuriyeho nyuma y’imyaka icyenda ku ntebe y’ishuri, kugeza bahawe Ubupadiri.
Rutihimbuguza Daniel w’imyaka 75 y’amavuko utuye mu Kagari ka Nyarurema Umurenge wa Gatunda, avuga ko yahunze urugo rwe gatatu kubera amakimbirane, inshuro ya nyuma agarurwa n’abana yiyemeza gusezerana n’umugore byemewe n’amategeko, nk’ikimenyetso cy’uko atazongera gukimbirana na we.
Kuri iki Cyumweru tariki ya 10 Nzeri 2023, Perezida Paul Kagame yakiriye muri Village Urugwiro Rania El Banna, Ambasaderi wa Misiri urimo gusoza imirimo ye mu Rwanda.
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe uburezi bw’amashuri abanza n’ayisumbuye (REB), cyatangaje gahunda y’uko abarimu babyifuza batangira gusaba kugurana imyanya, (Permutation) aho batangira kubikorera mu ikoranabuhanga rishinzwe abarimu (TMIS).
Minisitiri w’Ubuhinzi n’Ubworozi, Dr Ildephonse Musafiri, arateguza aborozi ko inka zizajya zifatirwa mu Kigo cya gisirikare cya Gabiro, zishobora kuba umutungo wa Leta.
Mu muhango wo gusoza umwaka w’ubucamanza, Umushinjacyaha Mukuru wa Repubulika, Aimable Havugiyaremye, yatangaje ko ubujura, gukubita no gukomeretsa (kurwana), ari byo byaha byiganje mu Rwanda.
Abantu bataramenyekana babarirwa muri 40, biraye mu mirima ituburirwamo imbuto y’ibirayi barabirandura, bashyira mu mifuka barabitwara.
Urwego rw’Igihugu rushinzwe Tekiniki, Imyuga n’Ubumenyingiro (Rwanda TVET Board/RTB), ruravuga ko mu Mirenge 416 igize Uterere tw’Igihugu, 24 gusa ari yo itaragezwamo amashuri ya TVET, ariko na irizezwa ko umwaka utaha azaba yabonetse.
Ikipe y’igihugu y’u Rwanda isoje imikino yo gushaka itike y’igikombe cya Afurika ku mwanya wa nyuma, nyuma yo kunganya na Senegal i Huye
Ku mugoroba wo ku wa Gatandatu tariki 9 Nzeri 2023, Perezida Paul Kagame yihanganishije abaturage ba Maroc bibasiwe n’umutingito, wahitanye benshi abandi barakomereka. Perezida Kagame yihanganishije Maroc ku bw’ibyago by’umutingito iki gihugu cyahuye na byo, aho yagize ati "Mu izina ry’Abanyarwanda bose, nifatanyije mu (…)
Muri Maroc, imibare y’abishwe n’umutingito waje ufite ubukana bwa 7, ikomeje kuzamuka, nk’uko bitangazwa na Guverinoma y’icyo gihugu, ivuga ko ubu hamaze gupfa abantu 1037, mu gihe abakomeretse bagera ku 1204, harimo 721 bakomeretse ku buryo bukomeye.
Abanyamabanga Nshingwabikorwa b’utugari 109 bo mu Karere ka Gicumbi, batangaza ko moto bahawe zizabafasha kunoza akazi kabo neza, umuturage agahabwa serivisi ku gihe.
Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda y’umukino wa Volleyball mu bagabo, yasezerewe na Algeria muri 1/4 cy’igikombe cya Afurika, nyuma yo kuyitsinda amaseti 3-0.
Abahanzi b’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, bahawe ibihembo batsindiye muri Rwanda Gospel Star Live, nyuma y’umwaka n’igice babitegereje.
Abagore bo mu Karere ka Bugesera (ba Mutimawurugo), bakanguriwe gutinyuka bagakorana n’ibigo by’imari, kugira ngo babashe kwiteza imbere n’imiryango yabo.
Abanyamuryango ba Koperative itubura imbuto y’ibirayi yo mu Murenge wa Muganza mu Karere ka Nyaruguru (KAIMU), bavuga ko batumva impamvu babura imbuto y’ibirayi batubura nyamara harashyizweho uruhererekane rw’itubura.
Muri Maroc, umutingito wishe abantu bagera kuri 632 mu Ntara ya Al-Haouz, mu Majyepfo y’uburengerazuba bw’Umujyi w’ubukerarugendo wa Marrakech.
Umunyamerika witwa Greg Stone wahimbwe Mabuye, yahawe igikombe cy’ishimwe nyuma yo gufasha abagore barenga 5,000 guhindura imibereho, binyuze mu kuboha uduseke n’ibindi bikoresho.
Perezida Paul Kagame yakiriye muri Village Urugwiro, Umuyobozi mukuru w’ikigo cy’ishoramari, Investment Corporation of Dubai unakuriye ikigo cya Kerzner International, Mohammed Al Shaibani, baganira ku gushimangira ubufatanye hagati y’iki kigo n’Igihugu cy’u Rwanda.
Muri gahunda y’igihembwe cy’umuryango aho bagaruka ku bibazo abawugize bahura nabyo, itorero ry’ivugabutumwa n’isanamitima mu Rwanda/ Evangelical Restoration Church-ERC Gikondo, ryashyize imbaraga zihariye mu rubyiruko, kubera ibihe bikomeye rurimo kunyuramo.
Abantu batatu nibo bamenyekanye ko bakubiswe n’inkuba mu Ntara y’Iburengerazuba, harimo umukobwa w’imyaka 16 mu Karere ka Nyamasheke n’abandi babiri mu Karere ka Rutsiro ku mugoroba tariki 8 Nzeri 2023.
Hari abatarumva ko umuntu ufite ubumuga bw’ubugufi bukabije na we ashobora gukenera serivisi z’ubuzima bw’imyororokere, ntibumve ko na we ari umuntu nk’abandi, akeneye kugira umuryango, akeneye kuba yatera inda, akeneye kuba yatwita, akabyara umwana.
Ku wa 8 Nzeri 2023, ikipe ya APR BBC yatwaye igikombe cya shampiyona ya Basketball 2023, nyuma yo gutsindira REG BBC umukino wa kane wa kamarampaka muri BK Arena.
Ikigo gishinzwe Ubumenyi bw’Ikirere, Meteo-Rwanda cyatangarije Abaturarwanda bose ko guhera mu ijoro ryo kuri uyu wa Gatandatu tariki 09 Nzeri 2023, hateganyijwe imvura nyinshi cyane cyane mu bice bimwe by’Igihugu.
Ku wa Gatanu tariki 8 Nzeri 2023, ikipe ya Rayon Sports yatsinze Kiyovu Sports 3-0 ku mukino wa nyuma w’Irushanwa rya RNIT Savings Cup, ryasorejwe kuri Kigali Pelé Stadium inakuraho imyaka ine yari imaze itayitsinda.
Perezida wa Uganda Yoweli Kaguta Museveni yasabye abaturage b’igihugu cya Uganda kujya bagenzura ibyangombwa by’abantu batandukanye bahuriye ahantu hari abantu benshi haba mu nsengero, mu mahoteri, mu masoko no muri za Bisi zitwara abagenzi ndetse no mu bindi birori bitandukanye bihuza abantu benshi kugira ngo bagenzure (…)
Abantu bakunze kugira ikibazo cy’igogora, n’ubwo hari igihe bidafatwa nk’uburwayi, ariko usanga abagifite bibatera kumva bagugaye ndetse ntibabashe no kubahiriza ingengabihe yo gufata amafunguro mu buryo bukwiriye.
Gukomannya ibirahuri, amacupa, ibikombe, cyangwa inkongoro mbere yo gusangira icyo kunywa, ni ibintu bihuriweho na benshi mu mico itandukanye, kandi ugasanga igisobanuro rusange nta kindi usibye kuba ari ikimenyetso cyo kwishimirana hagati y’abagiye gusangira.
Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda y’umukino wa Volleyball mu bagabo, yabonye itike yo gukina imikino ya ¼ cy’irangiza nyuma yo gutsinda Tanzania amaseti 3-1, mu mukino wa 1/8.
Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Karama mu Karere ka Kamonyi, Niyobuhungiro Obed, kuri uyu wa Gatanu tariki ya 8 Nzeri 2023 yasezeye ku mirimo ye yo kuba Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’uyu Murenge ku mpamvu ze bwite.
Mu gihugu cya Mali ibitero by’ibyihebe byahitanye abantu 64 barimo abasivili 49 n’abasirikare 15.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Muhanga buratangaza ko imibiri 12 y’abazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, yabonetse mu bitaro bya Kabgayi, inyuma y’inyubako bavuriragamo inkomere zoroheje.
Kaminuza y’u Rwanda (UR) yatangaje ko igiye gusubukura gahunda yo gutanga za mudasobwa zigendanwa ku banyeshuri.
Ubuyobozi bwa Rayon Sports bwatangaje ko kujya gukina n’ikipe ya Al Hilal Benghazi mu mukino ubanza w’ijonjora rya kabiri rya CAF Confederation Cup bizatwara arenga Miliyoni 70 Frw. Ibi byatangajwe na Perezida w’iyi kipe, Uwayezu Jean Fidèle, mu kiganiro yagiranye n’itangazamakuru aho yavuze ko urugendo barwiteguye neza.
Ibikorwa by’isanamitima mu Karere ka Rubavu byafashije abari bafite agahinda kadashira babasha kubohoka ndetse bashobora kubabarira ababahemukiye kugera aho bamwe bashyingiranye n’ababahemukiye.
Ikigo gishinzwe Kubungabunga Ibidukikije (REMA), kivuga ko umwuka mu Rwanda urimo guhumana, biturutse ahanini ku bwikorezi bukoresha ibikomoka kuri peteroli hamwe no gucana inkwi n’amakara, mu gihe abantu bategura amafunguro.
Umuraperi Hakizimana Amani uzwi nka AmaG The Black, ageze mu Karere ka Musanze amurika Album ye nshya yise Ibishingwe. Ni Album agiye kumurika ku nshuro ya kabiri, akaba avuga ko kwinjira biba ari ubuntu.
Ikigo gishinzwe Ubuzima mu Rwanda (RBC), kiraburira abatita ku isuku yo mu kanwa ko bafite ibyago bikomeye byo kwibasirwa n’indwara zitandura, zirimo iyo gucukuka kw’amenyo, bikanatera diyabete.
Perezida wa IBUKA mu Murenge wa Nyakabanda, Usanase Uwase Yvonne, yatangaje ko bakomeje kugorwa no kutamenya aho ababo bishwe muri Jenoside bajugunywe ngo babashyingure mu cyubahiro, dore ko n’ababikoze badatanga amakuru ngo bashakishwe.
Ku wa Kane tariki 7 Nzeri 2023, ni bwo hatangajwe urutonde rw’abahanzi bagezweho mu Rwanda bazifashishwa mu bitaramo bya MTN Iwacu Muzika Festival, bigarutse nyuma y’imyaka itatu bidakorwa imbonankubone.
Abakuru b’ibihugu bya Afurika bitabiriye Ihuriro nyafurika ku ruhererekane rw’ibiribwa (AGRF), ririmo kubera mu gihugu cya Tanzania, biyemeje gukomeza kubaka ubushobozi bw’urubyiruko hamwe n’abagore no guhangana n’imihindagurikire y’ibihe, hagamijwe kongera umusaruro w’ubuhinzi no gufasha umugabane wa Afurika kwihaza mu biribwa.
Ku wa Kane tariki 7 Nzeri 2023, Perezida Paul Kagame yakiriye Dr. Armen Orujyan, Umuyobozi Mukuru w’Ikigo cy’Ubumenyi n’Ikoranabuhanga cyo muri Armenia (FAST).