Perezida Paul Kagame yagiranye ibiganiro n’abayobozi batandukanye barimo Barry Segal washinze umuryango Segal Family Foundation ukora ibikorwa by’ubugiraneza.
Impuzamashyirahamwe y’umupira w’amaguru muri Afurika(CAF) yamenyesheje Rayon Sports ko umukino wa CAF Confederation Cup izakirwamo na Al Hilal Benghazi kuri Kigali Pelé Stadium uzakinwa nta bafana bahari nk’uko iyi kipe yo muri Libya yari yabisabye.
Urubyiruko rusaga 100 rwo mu Turere dutandukanye two mu gihugu, ruravuga ko rwishyuye amafaranga Kampani yitwa Vision Company Ltd ibizeza kubaha akazi, birangira abiyitaga abakozi bayo bababuriye irengero. Kuri ubu urwo rubyiruko ruratabaza inzego z’ubuyobozi n’izishinzwe umutekano kurufasha gutahura abo bamamyi kugira ngo (…)
Muri Afurika y’Epfo haravugwa ikibazo cy’ibura ry’inyama z’inkoko kubera icyorezo cy’ibicurane by’ibiguruka ndetse n’ikibazo cy’ibura ry’umuriro bibangamiye cyane ubworozi bw’inkoko nk’uko byatangajwe n’ubuyobozi bwa sosiyete nini mu zikora ubworozi bw’inkoko muri icyo gihugu yitwa ‘Astral Foos’.
Umugabo wo mu Bwongereza witwa Mark Owen Evans yaciye agahigo ko kuba afite za ‘tattoos’ nyinshi ku mubiri we, nyuma yo kwishyirishaho tattoos z’izina ry’umukobwa we inshuro 667.
Umuhanzi Platini P na Kirenga Gad, bakoze indirimbo bise ‘Ijana ku Ijana’, ikangurira urubyiruko kwigira kuri Perezida Kagame, rukurikije ubutwari bwe, rugakora ibibereye Umunyarwanda.
Abahinzi b’i Gafumba mu Murenge wa Rusatira mu Karere ka Huye, barifuza kugezwaho imbuto n’ifumbire bihagije kugira ngo babashe guhinga ku gihe.
Guverineri w’Intara y’Iburengerazuba, Dr. Dushimimana Lambert, aratangaza ko yifuza guhindura isura mbi Intara yambitswe n’abayobozi bitwaye nabi bagakurwa mu nshingano, kugira ngo Intara ikomeze gutera imbere.
Ihuriro Nyafurika ry’Abagore bita ku Burezi n’Uburere bw’Abakobwa(FAWE) ririzeza abakobwa baturuka mu miryango itishoboye ariko b’abahanga, ko rizakomeza kubishyurira amasomo kugera muri Kaminuza cyangwa mu myuga n’ubumenyingiro.
Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali bwatangaje ko imiryango 2,809 ari yo isigaje kwimurwa mu manegeka mu Karere ka Gasabo, kubera ko hashobora gushyira ubuzima bwabo mu kaga.
Umukozi w’Intara y’Iburasirazuba ushinzwe imiyoborere myiza, Byukusenge Madeleine, arasaba ababyeyi kohereza abana ku mashuri ku gihe cyagenwe, kuko imyiteguro ku mashuri yarangiye.
Isiganwa ry’imodoka rizwi nka Rwanda Mountain Gorilla Rally ryatangiye kuri uyu wa Gatanu, aho ryitabiriwe n’imodoka 29
Rwanda Coding Academy (RCA), ni ishuri ryatangiye kumvikana mu Rwanda muri 2018, rigamije kuzamura urwego rw’ikoranabuhanga, aho abenshi baba bifuza ko abana babo baryigamo.
Abaturage barimo abo mu Turere twa Musanze, Gakenke na Burera, bavuga ko hari abayobozi batubahiriza amasaha y’inama n’izindi gahunda baba babahamagajemo, aho zikunze gutangira zitinze, iyi ikaba intandaro yo kuba hari abahitamo kwigira mu bindi mu mwanya wo kuzitabira.
Abahinga mu gishanga cya Songa mu Murenge wa Nyange mu Karere ka Ngororero, baravuga ko bifuza kubona imashini zuhira, kugira hirindwe ibihombo byo kurumbya kubera imihindagurikire y’ikirere.
Mu nama yigaga ku bijyanye n’uburyo imihindagurikire y’ibihe ishobora kugira ingaruka ku bantu bafite ubumuga, bamwe mu bafite ubumuga batanze ubuhamya, ndetse bavuga n’ibyo bifuza ko byakorwa mu rwego rwo kurengera ubuzima bwabo mu gihe habayeho ibiza, kuko baza mu cyiciro cy’abantu baba bakeneye kwitabwaho by’umwihariko.
Perezida Paul Kagame uri muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika i New York, aho yitabiriye Inteko Rusange ya 78 y’Umuryango w’Abibumbye (UN), yabonanye n’abayobozi batandukanye bagirana ibiganiro byibanze ku mikoranire hagati y’u Rwanda n’inzego bayoboye.
Nubwo mu minsi ishize hagiye humvikana inkuru y’uko Umujyi wa Kigali wahagaritse bamwe mu bakora ubucuruzi bwo gukodesha amahema, ariko ubuyobozi bwawo busobanura ko butigeze buca amahema.
Umusaza w’imyaka 81 witwa Joseph Odongo wari waraburiwe irengero avuye aho akomoka mu Mudugudu wa Riwa, muri Kanyada y’uburengerazuba, yabonetse nyuma y’imyaka 51, akaba yari yaraburiwe irengero ubwo yari amaze gutongana n’umuvandimwe we.
Ikigo cy’Ubwishingizi cya Eden Care Insurance, cyatangije uburyo bushya bw’ikoranabuhanga umukoresha ashobora kumenyamo amakuru yerekeranye n’ubuzima bw’umukozi, kugira ngo barusheho kugira ubuzima bwiza no gutanga umusaruro.
U Rwanda rwifatanyije n’Isi mu kwizihiza umunsi mpuzamahanga w’Amahoro, wizihizwa tariki 21 Nzeri buri mwaka. Uyu munsi wizihirijwe mu Nteko Ishingamategeko y’u Rwanda, urubyiruko rusabwa gukomeza kubumbatira amahoro u Rwanda rufite.
Kuri uyu wa Kane tariki 21 Nzeri 2023, ikipe y’igihugu ya Ghana y’umupira w’amaguru mu bagore, yasuye Urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali ruri ku Gisozi, rushyinguyemo imibiri y’abazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Minisitiri w’Ubucuruzi n’Inganda, Dr Jean Chrysostome Ngabitsinze, yakiriye Madamu Daniela Schmitt, Minisitiri w’Ubukungu, Ubwikorezi n’Ubuhinzi mu Ntara ya Rhénanie Palatinat yo mu Budage, aho bashyize umukono ku masezerano y’ubufatanye mu guhanga imirimo.
Kuri uyu wa Kane tariki ya 21 Nzeri 2023 i Kigali habaye umuhango wo guha ikaze irushanwa mpuzamahanga ryo gusiganwa ku magare (UCI Road Championship 2025) rizabera mu Rwanda mu mwaka wa 2025.
Urwego Ngenzuramikorere (RURA), rwitabye Komisiyo y’Abadepite Ishinzwe kugenzura imikoreshereze y’imari n’umutungo by’Igihugu (PAC), kuri uyu wa Kane tariki 21 Nzeri 2023, rwemera ko kutagira igenamigambi rinoze ari yo ntandaro y’ibibazo uruhuri, bimaze igihe mu rwego rw’ubwikorezi rusange, nyuma y’uko Abadepite batanyuzwe (…)
Mu rwego rwo kwitegura kwizihiza icyumweru cy’abatavuga ntibanumve muri uyu mwaka wa 2023, cyatangiye ku itariki ya 18 kikazasozwa ku ya 22 Nzeri, mu Karere ka Huye hari abaganga n’ababyeyi bafite abana batumva ntibanavuge, bahuguwe ku rurimi rw’amarenga.
Umugabo w’imyaka 28 wo mu Kagari ka Nyonirima, Umurenge wa Kinigi, Akarere ka Musanze, ari mu maboko y’Ubugenzacyaha, nyuma yo gutema umugore we ku zuru akamukomeretsa, bapfa ko umugore yamubujije kugurisha isambu mu buryo batumvikanyeho.
Kuri uyu wa Kane tariki 21 Nzeri 2023, nibwo Kazungu Denis ukurikiranyweho ibyaha byo kwica abantu 14 yitabye Urukiko rw’ibanze rwa Kicukiro, yemera ibyaha byose aregwa anasobanura uko yabikoraga.
Emile Nzeyimana uzwi nka Papa Emile, umuhanzi mu ndirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana ari mu gahinda gakomeye nyuma y’urupfu rw’umugore we Ineza Parfine.
Perezida Paul Kagame uri muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika i New York, aho yitabiriye Inteko Rusange ya 78 y’Umuryango w’Abibumbye (UN), yabonanye na Mamady Doumbouya Perezida wa Guinea ku kongera ubufatanye bw’ibihugu byombi mu bucuruzi, ishoramari, ikoranabuhanga mu mitangire ya serivisi mu nzego za Leta n’izindi.
Nyuma y’imvura yaguye ku wa Gatatu tariki 20 Nzeri 2023, igateza urukuta kuridukira ku nzu yari irimo umuryango w’abantu bane bose bakitaba Imana, mu Mudugudu wa Kanyinya muri Gisozi, abaturanyi babo bagize ingo 700 basabwe guhita bimuka bitarenze amasaha 24.
Nyuma yo kunyagirwa na Ghana 7-0, umutoza w’Amavubi y’abagore Grâce Nyinawumuntu yavuze ko abakinnyi b’iyi kipe bafite imisemburo nk’iy’abagabo byatumye ab’Amavubi babatinya kuva mu kwishyushya.
Mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza, hari abishimira kuba na bo baragabiwe inka, kuko bazitezeho amata n’ifumbire ihagije babonaga bibahenze, bityo bakaba bazitezeho ubukungu.
Niger yanze kwakira imfashanyo y’ibiribwa n’imiti byanyujijwe muri Bénin, ku busabe bw’Umuryango w’Abibumbye, ndetse n’Umuryango w’Ubukungu bw’Ibihugu byo muri Afurika y’u Burengerazuba (CEDEAO), yasabye ibihugu bya Bénin, Togo na Nigeria kureka imodoka zitwaye imfashanyo zigatambuka.
Iteganyagihe ryatanzwe n’Ikigo Meteo-Rwanda, rigaragaza ko mu gice cya gatatu cy’ukwezi kwa Nzeri 2023 (kuva tariki ya 21 kugeza tariki ya 30), mu Rwanda hateganyijwe imvura nyinshi kurusha isanzwe igwa muri iki gihe.
Abatuye mu Karere ka Bugesera by’umwihariko Imboni z’ibidukikije, biyemeje kugira Akarere gacyeye kandi gatekanye, bakubahisha izina bahawe na Perezida Paul Kagame rya ‘Bugesera y’Ubudasa’, bashimangira ko ribakwiye.
Itorero Umuriro wa Pantekote mu Rwanda(UPR), Umudugudu wa Kibagabaga rirashakisha ababyeyi b’umwana uri mu kigero cy’imyaka itatu y’amavuko, wahatawe n’umuntu utarahise amenyekana mu gihe bari mu iteraniro ryo ku Cyumweru.
Muri Sudani abana basaga 1,200 bafite munsi y’imyaka itanu, bapfiriye mu nkambi y’impunzi hagati y’itariki 15 Gicurasi na 14 Nzeri 2023, mu gihe abandi babarirwa mu bihumbi bari mu kaga.
Pastor Willy Rumenera uyobora umuryango witwa Comfort My People Ministry, avuga ko uwo muryango ukomeje intego yawo yo gufasha abantu no kubahumuriza, no kubabwira ko Imana ibakunda. Ni Umuryango wibanda ku bafite ibibazo bitandukanye nk’ababaswe n’ibiyobyabwenge, abafite ibibazo by’ubukene, abarwayi, n’abandi batandukanye (…)
Mu ijambo Perezida Paul Kagame yagejeje ku Nteko Rusange ya 78 y’Umuryango w’Abibumbye, kuri uyu wa Gatatu tariki 21 Nzeri 2023, yavuze ko iterambere ry’ibihugu bikizamuka ribangamirwa n’inyungu zihanitse ku nguzanyo, byakwa n’ibihugu byateye imbere.
Jean-Louis Kagahe ari we se w’umuhanzi Calvin Kagahe Ngabo uzwi ku izina rya Young CK, uherutse kwitaba Imana mu buryo butungurante aguye Ottawa muri Canada tariki 17 Nzeri 2023, yagize icyo avuga ku buzima, inzozi n’icyuho yasigiwe no gupfusha umwana mu buryo bw’amarabira.
Ikipe y’igihugu y’u Rwanda y’abagore yanyagiwe na Ghana mu mukino ubanza wo gushaka itike y’igikombe cya Afurika, umukino wabereye i Kigali
Imboni z’Umutekano 495 zari mu mahugurwa y’iminsi itatu, ziyemeje kurushaho kuwubungabunga, zisinyana imihigo n’Abanyamabanga Nshingwabikorwa b’Imirenge.
Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Burezi, Ubumenyi n’Umuco (UNESCO) ryatangaje ko urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali ruri ku Gisozi, urwa Bisesero, urwa Murambi n’urwa Nyamata zashyizwe mu murage w’Isi.
Abaturage bahawe imirimo yo guhanga amaterasi y’indinganire mu Karere ka Nyagatare, by’umwihariko abo mu Murenge wa Mukama, bavuga ko bamaze hafi amezi abiri badahembwa nyamara bari bizejwe guhembwa nyuma ya buri minsi 10, icyakora ubuyobozi bwemeye ko icyo kibazo gikemuka bitarenze uyu wa gatanu.
Perezida Paul Kagame yatangaje ko aziyamamaza mu matora y’Umukuru w’Igihugu ateganyijwe mu 2024 kugira ngo akomeze gukorera abaturage b’u Rwanda igihe cyose babishaka.