Ikigo cy’Igihugu gishinzwe imikurire no kurengera umwana (NCDA), tariki 13 Nzeri 2023 cyitabye Komisiyo ishinzwe gukurikirana imikoreshereze y’imari ya Leta mu Nteko Ishinga Amategeko (PAC), kugira ngo batange ibisobanuro ku mikorere mibi yagaragaye irimo ibura ry’ifu ya Shishakibondo, amata adahagije muri gahunda (…)
Minisiteri y’Uburezi (MNEDUC) ihamagarira abakuze batazi gusoma no kwandika, kwihutira kwiyandikisha ku biro by’akagari batuyemo kugira ngo na bo bazatangire kwiga kuva tariki 25 Nzeri 2023.
Umuryango w’abahoze ari abanyeshuri barokotse Jenoside (GAERG), urifuza abafatanyabikorwa bawufasha kubonera akazi urubyiruko rugera ku bihumbi 32 rwarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, ruri mu bushomeri.
Mu rwego rw’ubukangurambaga ku isuku n’isukura bwateguwe n’Akarere ka Bugesera guhera muri Kanama, bukazarangira mu kwezi k’Ukuboza 2023, hateguwe amahugurwa ku byiciro bitandukanye, bahereye ku rubyiruko. Ni ubukangurambaga bufite insanganyamatsiko igira iti “Bugesera y’ubudasa: Isuku Hose Ihera kuri Njye”.
Hashingiwe ku ngengabihe y’amasomo n’igihe cy’ibiruhuko by’abanyeshuri, Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ibizamini n’Ubugenzuzi bw’Amashuri (NESA), kiramenyesha abayobozi b’amashuri, abarezi ndetse n’ababyeyi ko abanyeshuri biga bacumbikirwa bazatangira gusubira ku ishuri gutangira amasomo y’igihembwe cya mbere, guhera ku itariki (…)
Impuzamashyirahamwe y’umupira w’amaguru muri Afurika yasabye kandi ihabwa amatariki imikino ibiri ya Rayon Sports na Al Hilal Benghazi izabera mu Rwanda
Umuyobozi w’Ishuri Rikuru ry’Imyuga n’Ubumenyingiro (RP), Dr Sylvie Mucyo, yatangaje ko mu gihe kidatinze abanyeshuri biga muri za IPRC bazatangiza kwigira impamyabushobozi za A0 mu mashami atanu yandi.
Ubuyobozi bw’Uturere dutandukanye bumaze iminsi busaba abaturage bafite amasambu adahinze, kwitabira kuyahinga bo ubwabo cyangwa kuyatira abakeneye kuyahinga, bitakorwa bakaba bayamburwa ku itegeko agatizwa abashobora kuyabyaza umusaruro.
Aborozi bo mu Turere twa Nyagatare, Gatsibo, Kayonza na Kirehe, bahawe igihe cy’umwaka umwe kugira ngo inka zose zibe zororerwa mu biraro, isanzwe hanze igafatwa nk’izerera, nyirayo agafatirwa ibihano.
Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda mu mukino wa Volleyball y’abagabo, yasoje urugendo rwayo mu gikombe cya Afurika cyaberaga mu gihugu cya Misiri ku wa Kabiri tariki ya 12 Nzeri 2023, yegukanye umanya wa 6 muri Afurika.
Guverineri Dushimimana Lambert wagizwe umuyobozi w’Intara y’Iburengerazuba, yasabye abatuye iyo Ntara n’abayobozi bahakorera, ubufatanye mu kugera ku iterambere n’imibereho myiza y’abaturage.
Umukino ubanza w’ijonjora rya kabiri rya CAF Confederation Cup, Rayon Sports yagombaga kwakirwamo na Al Hilal Benghazi muri Libya, wasubitswe kubera ibiza.
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, yasabye Minisitiri mushya w’Ibikorwa remezo, Dr. Jimmy Gasore, gushyira imbere inyungu z’Abanyarwanda kurusha ibindi byose, kubera ko ari zo nshingano z’ibanze.
Kuri uyu wa Gatatu ,Umuyobozi w’Ikipe ya APR FC Lt Col Richard Karasira yavuze ko koko abakozi bayo batatu bafunzwe kubera ibirimo amarozi bakurikiranyweho. Ibi Umuyobozi Mukuru yabyemereje mu kiganiro n’itangazamakuru cyabereye ku cyicaro cy’iyi kipe ku Kimihurura aho abajijwe impamvu ikipe itigeze ibitangaza ku (…)
Isoko ry’ibiribwa rya Musanze rizwi ku izina rya Kariyeri, ryari ryatangiye kubakwa mu buryo bujyanye n’icyerekezo, ryahagaritswe mu buryo butunguranye, bitera benshi urujijo.
Abagize ibihugu bigize isoko rusange ry’Ibihugu byo mu Burasirazuba n’Amajyepfo ya Afurika (COMESA), bashobora gutangira gukoresha uruhushya rumwe rwo gutwara ibinyabiziga (Permis), aho bari hose muri ibyo bihugu.
Umuyobozi w’Akarere ka Muhanga, Kayitare Jacqueline, arahumuriza abanyamuryango ba Koperative (KOPARWAMU) ihinga mu gishanga cya Rwansamira mu Murenge wa Nyamabuye, kubera kwamburwa icyo gishanga kigahabwa umushoramari uzagicukuramo ibumba, akavuga ko kitazacukurirwa icyarimwe.
Urubyiruko rurashishikarizwa gukunda gusenga ariko ntibanibagirwe gukunda umurimo, kuko ngo umujene udasenga asenyuka, udakora bikarusha.
Abarimu 416 bigisha isomo ry’amateka baturutse mu gihugu hose, batangiye amahugurwa abongerera ubumenyi bwo kwigisha amateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda.
Kwizera Regis ni umunyeshuri wigaga ku Ishuri ribanza rya EP Espoir de l’Avenir riherereye mu Murenge wa Nyamata mu Karere ka Bugesera. Yabaye uwa mbere ku rwego rw’Igihugu mu bizamini bya Leta bisoza amashuri abanza.
Kevin Munyentwali w’imyaka 15, urangije icyiciro cya mbere cy’amashuri yisumbuye muri Petit Seminaire Saint Jean Paul II Gikongoro, ari mu banyeshuri bahembwe ku rwego rw’Igihugu kuko yabaye uwa gatanu, akavuga ko atari yizeye kugira uwo mwanya nubwo n’ubusanzwe ari umuhanga.
Mu gihe kuri ubu u Rwanda ruri mu kwezi ko gusoma guherutse gutangizwa na Minisiteri y’Uburezi, biteganyijwe ko kuzarangira Abanyarwanda benshi bagejejweho ibitabo byo gusoma, no gushishikariza ababyeyi gusomera ibitabo abana.
Imibare y’Umujyi wa Kigali ku miturire igaragaza ko mu ngo 3,131 z’abagomba kwimurwa mu manegeka, izigera kuri 85% ari imiryango ikodesha, mu gihe ingo 15% ari ba nyiri inzu bagomba kwimurwa mbere y’ibihe by’imvura nyinshi.
Ibiyobyabwenge biheruka gufatirwa mu Mirenge yiganjemo iy’igice cy’umujyi wa Musanze, byamenwe ibindi bitwikirwa, mu ruhame mu gikorwa cyabereye ku cyicaro cya Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Musanze, kuri uyu wa Kabiri tariki 12 Nzeri 2023.
Guverinoma y’u Rwanda kuri uyu wa Kabiri tariki ya 12 Nzeri 2023 yashyize umukono ku masezerano y’ubufatanye na kompanyi Dual Fluid Energy Inc agamije kugerageza ikoranabuhanga rishya rizakoreshwa mu kubyaza amashanyarazi ingufu za Atomike.
Perezida Paul Kagame yakiriye Romuald Wadagni, Minisitiri w’Ubukungu n’Imari wa Benin, akaba n’intumwa idasanzwe, wamugejejeho ubutumwa bwa Mugenzi, Perezida Patrice Talon.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame yashyize Dr. Jimmy Gasore ku mwanya wa Minisitiri w’Ibikorwa Remezo, akaba asimbuye Dr. Ernest Nsabimana wari kuri uwo mwanya kuva tariki 31 Mutarama 2022, bivuze ko yari awumazeho umwaka n’amezi arindwi.
Umusifuzi mpuzamahanga Uwikunda Samuel ni we munyarwanda ugaragara ku rutonde rw’abasifuzi impuzamashyirahamwe y’umupira w’amaguru muri Afurika yatangaje bagiye kwitegura igikombe cya Afurika 2023.
Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima (OMS/WHO), ritangaza ko impamvu hakoreshwa urukingo rw’ibitonyanga aho gukoreshwa inshinge ku bana ari ukubera inzira indwara ziba zirimo gukingirwa zanduriramo.
Kuri uyu wa Kabiri, ikipe ya Rayon Sports yahagurutse mu Rwanda yerekeza muri Libya aho igiye gukina umukino ubanza w’ijonjora rya kabiri rya CAF Confederation Cup 2023-2024.
Minisiteri y’Uburezi ubwo yatangazaga ku mugaragaro amanota y’ibizamini bya Leta kuri uyu wa Kabiri tariki ya 12 Nzeri 2023, yahembye abanyeshuri 10 batsinze ibizamini by’amashuri abanza ndetse n’abatsinze ibizamini bya Leta bisoza icyiciro rusange cy’amashuri yisumbuye.
Muri Libya, imyuzure yibasiye ibice bitandukanye by’uburasirazuba bw’icyo gihugu, ihitana abantu basaga 2000, abandi baburirwa irengero nk’uko byatangajwe n’ubuyobozi.
Umuryango wa Bibiliya mu Rwanda watangarije abafite ubumuga bwo kutabona ko wababoneye Bibiliya zanditse mu rurimi rwitwa ‘Braille’, zizajya zibafasha kwisomera aho kumva gusa ababasomera Bibiliya zisanzwe.
Minisiteri y’Uburezi kuri uyu wa Kabiri tariki ya 12 Nzeri 2023 yatangaje amanota y’ibizamini bya Leta bisoza amashuri abanza n’icyiciro rusange cy’amashuri yisumbuye, igaragaza ko umubare munini w’abanyeshuri bakoze ikizamini batsinze.
Ni mu butumwa yageneye Abanyarwanda abinyujije ku rubuga rwe rwa X, mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri tariki 12 Nzeri 2023.
Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwatangaje andi makuru yerekeye Kazungu Denis, watawe muri yombi mu cyumweru gishize, nyuma y’uko hari imirambo yatahuwe mu cyobo cyari mu nzu yabagamo, atangira gukorwaho iperereza.
Nyuma yo kunyagira ikipe y’igihugu ya CHAD amaseti 3-0 ku wa Mbere taliki ya 11 Nzeri 2023, ikipe y’Igihugu y’u Rwanda yamenye ikipe bazahura mu guhatanira umwanya wa 5.
Ku wa Mbere tariki 11 Nzeri 2023, Inama y’Abaminisitiri yarateranye muri Village Urugwiro, iyobowe na Nyakubahwa Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, ifata imyanzuro itandukanye.
Imibare yatangajwe na Minisiteri y’Ubutegetsi bw’igihugu muri Maroc ivuga ko abantu basaga 2000 ari bo bamaze kubarurwa ko bahitanywe n’umutingito, abandi basaga 1400 bakomeretse bikomeye, naho abantu 2059 bagakomereka byoroheje.
Bamwe mu mu batuye mu Ntara y’Amajyaruguru, by’umwihariko abatishoboye, barashima urubyiruko n’abagore bo mu muryango FPR-Inkotanyi muri iyo Ntara, ku ruhare rwabo mu iterambere ry’imibereho myiza y’abaturage.
Nyuma y’uko tariki ya 19 Mata 2023, i Kinazi mu Karere ka Huye hari abagwiriwe n’ikirombe, tariki ya 8 Gicurasi 2023 bakagishyingurwamo nyuma y’uko hifashishijwe za caterpillar imibiri yabo yashakishijwe ntiboneke, abakurikiranyweho ubwo bucukuzi bwakozwe mu buryo butemewe n’amategeko batangiye kuburana mu mizi, kuri uyu wa (…)
Abaturage bo mu Karere ka Musanze bavuga ko muri iki gihe bagowe no kurya ibirayi bitewe n’uko igiciro cyabyo gitumbagira buri munsi aho ubu mu mirima n’amasoko yo hirya no hino yo muri aka Karere biri kugura hagati y’amafaranga 800 na 1100 ku kilo kimwe.
Iteganyagihe ry’igice cya kabiri cy’ukwezi kwa Nzeri 2023 (kuva tariki ya 11 kugeza tariki ya 20), ryerekana ko hari imvura nyinshi kurusha isanzwe muri iki gihe, ubushyuhe bwinshi ndetse n’umuvuduko ukabije w’umuyaga.
Hashize icyumweru abasore icyenda bafatiwe mu mukwabu wabaye mu cyumweru gishize, nyuma y’urugomo ruherutse gukorerwa abasekirite b’isosiyete icukura amabuye y’agaciro ya Gifurwe Wolfram Mining.
Mu muhango wo gusezera kuri Senateri Ntidendereza William wabaye kuri uyu wa Mbere tariki 11 Nzeri 2023 mu Nteko Ishinga Amategeko, yashimiwe uruhare yagize rwo gufatanya n’abandi mu kubohora u Rwanda.
Umuhanzi w’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Christian Irimbere, ku Cyumweru tariki 10 Nzeri 2023, yakoze igitaramo cye cya mbere nk’umuhanzi wigenga, nyuma y’imyaka irindwi amaze akora umuziki.
Minisiteri y’Uburezi (MINEDUC), iramenyesha Abanyarwanda ko ejo ku wa Kabiri tariki ya 12 Nzeri 2023, saa tanu z’amanywa, izatangaza amanota y’ibizamini bya Leta bisoza amashuri abanza n’icyiciro cya mbere cy’amashuri yisumbuye, umwaka w’amashuri 2022/2023.