Abaturage bambuwe amafaranga bagenewe na Leta ku ngurane ijyanye n’ibyangijwe mu kubaka umuhanda Rwintare-Gitanda-Muvumo mu Karere ka Rulindo, bavuga ko batewe igihombo no kwamburwa nyuma y’imyaka hafi itatu bamaze barakuwe mu byabo.
Kuri uyu wa Gatatu tariki 15 Ugushyingo 2023, Polisi yamennye ibiyobyabwenge iheruka gufatira mu Mujyi wa Kigali, byo mu bwoko butandukanye byafashwe mu gihe cy’amezi atatu.
Perezida Paul Kagame, akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, kuri uyu wa Gatatu tariki 15 Ugushyingo 2023 yayoboye Inama Nkuru ya Gisirikare.
Harrison Tare Okiri uzwi ku izina rya Harrysong ni umuhanzi uririmba injyana ya Afrobeat ukomoka mu gihugu cya Nigeria aherutse gukora agashya katangaje benshi ubwo yakoranaga ubukwe n’abakobwa 30 mu munsi umwe.
Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Gatatu tariki ya 15 Ugushyingo 2023, Urukiko rw’ibanze rwa Nyagatare, rwategetse ko CG (Rtd) Emmanuel Gasana, afungwa iminsi 30 y’agateganyo.
Ubuyobozi bw’Ikigo gishinzwe guteza imbere ingufu (EDCL), butangaza ko Leta y’u Rwanda yashyizeho nkunganire ku bantu bagura amashyiga arondereza ibicanwa, mu gukumira iyangizwa ry’ibidukikije no kurinda Abanyarwanda imyotsi itera indwara z’amaso n’iz’ubuhumekero, benshi bakaba barabyishimiye.
Mu mukino w’umunsi wa mbere wo gushaka itike y’igikombe cy’isi wabereye kuri Stade Huye, Amavubi anganyije na Zimbabwe 0-0.
Umuvugizi wa guverinoma yatangaje ko u Rwanda rubabajwe n’icyemezo cy’urukiko rw’ikirenga rw’U Bwongereza cyo guhagarika kohereza mu Rwanda abimukira.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Ngororero burihanagiriza abaturage bangiza ibihingwa, birimo ibigori n’indi myaka bakabyahirira matungo, kuko ibyo ari ibyaha bihanwa n’amategeko.
Muri Kenya umushoferi wa Taxi ukora ku giti cye, yafashe icyemezo cyo kujya yogosha abakobwa cyangwa se abagore, mu gihe batamwishyuye amafaranga y’urugendo bumvikanye.
Kuri uyu wa gatatu ni bwo urukiko rw’ikirenga mu Bwongereza rutangaza umwanzuro ku cyemezo cyo kohereza mu Rwanda abimukira binjiyeyo mu buryo bunyuranyije n’amategeko.
Ku wa Kabiri tariki 14 Ugushyingo 2023, amakipe y’u Rwanda abagabo n’abagore arimo gukina Igikombe cy’Isi cya Sitting Volleyball mu Misiri, yasoje imikino yayo y’amatsinda abagore bagera muri 1/4 naho abagabo bakazahatani umwanya wa cyenda.
Ibihugu bigize umuryango wa Commonwealth birahamagarirwa guhuza imbaraga mu guhangana n’imbogamizi z’ibihe Isi irimo, byiganjemo imihindahurikire y’ibihe.
Ku wa Kabiri tariki 14 Ugushyingo 2023, mu nyubako y’imikino ya BK Arena, hatangiye irushanwa mpuzamahanga ry’umukino wa Volleyball rihuza amakipe yo mu karere k’iburasirazuba, aho amwe mu makipe yo mu Rwanda yitwaye neza.
Umutoza Haringingo Francis ukomoka ni we wagizwe umutoza wa Bugesera FC, akaba yasimbuye Eric Nshimiyimana waraye utandukanye n’iyi kipe
Ikamyo yo mu bwoko bwa Howo yagonze imodoka yari irimo Abadepite batatu, ari bo Hon. Dr. Frank Habineza, Hon. Germaine Mukabalisa na Hon. Annoncé Manirarora ku mugoroba tariki 14 Ugushyingo 2023 i Gahanga mu Karere ka Kicukiro, bakaba berekezaga mu Karere ka Bugesera, ku bw’amahirwe ntihagira uhasiga ubuzima.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Kamonyi n’Itorero rya EAR mu Ntara y’Amajyepfo, mu mushinga waryo witwa (RDIS), barashishikariza abahinzi kuhira hifashishijwe ingufu zituruka ku mirasire y’izuba, kuko Leta ibunganira kugura ibijyanye nazo.
Igihugu cya Burukina Faso cyatangaje ko igitero giherutse kugabwa muri iki gihugu, cyahitanye abantu 70 biganjemo abana n’abageze mu zabukuru.
Visi perezida wa Sena y’u Rwanda, Hon. Espérance Nyirasafari, yagaragaje ko ihame ry’uburinganire hagati y’umugabo n’umugabo, ari imwe mu nkingi u Rwanda rwubakiyeho nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Kuri uyu wa Kabiri tariki 14 Ugushyingo 2023, nibwo abaturage bo muri Liberia bazindukiye mu gikorwa cy’amatora y’Umukuru w’igihugu.
Mu rubanza ruregwamo Pierre Basabose na Seraphin Twahirwa, rurimo kubera mu Rukiko rwa rubanda mu Bubiligi, ku wa Mbere tariki 13 Ugushyingo 2023, abaganga bagaragaje raporo ivuga ko Basabose afite ibibazo byo mu mutwe. Bavuga ko ubwenge bwe bwahungabanye ku buryo agenda atakaza ubushobozi bwo kuba we ubwe (être lui même).
Mu gihe abagenzi n’abatwara ibinyabiziga bo mu Karere ka Gakenke bamaze igihe binubira akajagari k’abagenzi n’ibinyabiziga bigaragara ahategerwa imodoka mu isantere ya Gakenke kubera ko nta gare yubakiye ihari, ubuyobozi buvuga ko igisubizo kiri mu nzira yo kuboneka.
Umunyamabanga Nshingwabikorwa wa Ibuka, yatangaje ko bidashimishije kuba Aloys Ndimbati yarapfuye atagejejwe imbere y’ubutabera kuko yarimbuye Abatutsi mu yari Perefegitura ya Kibuye.
Umukecuru w’imyaka 67 witwa Uwimana Venantie wo Mu Kagari ka Nyarubuye, Umurenge wa Rwaza mu Karere ka Musanze, yishwe n’umuriro w’amashanyarazi, ubwo yacomokoraga radiyo, mu ma saa sita zo ku wa Mbere tariki 13 Ugushyingo 2023.
Guhera kuri uyu wa Kabiri tariki 14 Ugushyingo 2023 mu Rwanda hatangiye Inama y’iminsi ine y’ihuriro ry’inzego z’imitegekere y’Igihugu mu muryango uhuza ibihugu bikoresha ururimi rw’Icyongereza (Commonwealth).
Abatuye mujyi wa Gisenyi mu Karere ka Rubavu batangaza ko bashima Leta y’u Rwanda, yaborohereje kubona icyangombwa cyambukiranya umupaka bitabagoye, kuko igiciro cyacyo cygabanyijwe cyane.
Umuyobozi w’Intara y’Amajyaruguru, Maurice Mugabowagahunde, yakanguriye abanyamakuru gutanga kandidatire mu matora ateganyijwe, yo kuzuza inzego z’ubuyobozi bwa Leta, haba mu kuyobora Akarere cyangwa gushyirwa mu yindi myanya idafite abayobozi.
Perezida Paul kagame, yabitangaje mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri tariki 14 Ugushyingo 2023, ubwo yakiraga indahiro z’abacamanza n’Umunyamabanga Mukuru wungirije w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha barimo Consolée Kamarampaka, Umunyamabanga Mukuru wungirije wa RIB.
Aloys Ndimbati wahoze ari Burugumesitiri wa Komini wa Gisovu yitabye Imana nk’uko byatangajwe n’urukiko mpuzamahanga Mpanabyaha rwashyiriweho u Rwanda.
Mu Kagari ka Rwambogo, Umurenge wa Musanze Akarere ka Musanze, haravugwa inkuru y’abagore babiri bafunzwe, nyuma yo gufatirwa mu gipangu biba umunyeshuri w’umunyamahanga wiga muri INES-Ruhengeri, witwa Nelson Fredericko Angelo.
Abantu bakoresha Terefone na Mudasobwa ‘Computer’ bagirwa inama y’uburyo bwo kwicara bemye kugira ngo bitangiza amagufa y’ibikanu n’urutirigongo.
Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima (WHO), ryasabye Israel guhagarika byihuse ibitero bikomeje guhitana imbaga muri Gaza, nyuma yo kurasa ku bitaro bibiri bikomeye muri iyi ntara hagapfa abarwayi n’abaganga, ndetse abandi benshi bakabura uko bahunga.
Bubinyujije mu Itangazo ryasohowe n’ibitaro bya Nyarugenge, byagaragaje ko byanenze imyitwarire y’umukozi ushinzwe umutekamo kuri ibi bitaro washyamiranye n’umuturage waje agana ibitaro.
Uwari umutoza wa Kiyovu Sports Petros Koukouras yamaze gutandukana n’iyi kipe nyuma yo kuyitoza iminsi 10 gusa ya shampiyona
Umugabo wo mu Murenge wa Rugendabari mu Karere ka Muhanga, afungiye kuri RIB Sitasiyo ya Mushishiro mu Murenge wa Mushishiro, azira gukubita no gukomeretsa mugenzi we akeka ko amusambanyuriza umugore, nyuma yo kubasangana iwe mu rugo.
Ku wa Mbere tariki 13 Ugushyingo 2023, ikipe y’u Rwanda y’abagore yatsinze iya Misiri mu mikino y’Igikombe cy’Isi cya Sitting Volleyball, amaseti 3-0.
Amagambo ya Franck Emmanuel Biya, umuhungu w’imfura wa Perezida wa Cameroun, Paul Biya, yatumye Abanya-Cameroun batangira kumva ko ashaka kuzasimbura se ku butegetsi.
Perezida Paul Kagame, yishimiye ibihe byiza by’umugoroba yagiranye n’umwuzukuru we, witwa Amalia Agwize Ndengeyingoma.
Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Musabyimana Jean Claude, ari kumwe na Madamu Kayisire Marie Solange, Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu (MINALOC), bakiriye Ambasaderi wa Amerika mu Rwanda, Eric Kneedler, aherekejwe na Jonathan Kamin, Umuyobozi w’Ikigo cya Amerika gishinzwe iterambere (…)
Mutungirehe Annonciate wo Kagari ka Gikundamvura Umurenge wa Karama avuga ko amaze amezi ane akuwe ku rutonde rw’abahabwaga inkunga y’ingoboka kubera ngo gutanga amakuru ku bitagenda mu bitangazamakuru nyamara ubuyobozi bukavuga ko ibyo bitamubuza guhabwa ibigenerwa abandi ahubwo inkunga yayikuweho bitewe n’amabwiriza mashya (…)
Recording Academy isanzwe itegura ibihembo bya Grammy Awards, bavuze imyato umunya-Nigeria Damini Ogulu, uzwi ku izina rya Burna Boy, ko nta muhanzi wa Afrobeats cyangwa undi muhanzi muri Afurika umuhiga.
Minisiteri y’ibidukikije yatangaje ko yatangiye gukoresha utudege duto tutagira abapilote (Drones), mu rwego rwo gukurikirana abangiza ibidukikije mu bice bitandukanye by’Igihugu.
Eric Ndagijimana uzwi nka X-Dealer, ushinjwa kwiba telefone ya The Ben, yasabye urukiko gutesha agaciro ubuhamya bwatanzwe mu Bugenzacyaha kuko uwabutanze atigeze agera aho Telefone yibiwe mu gihugu cy’u Burundi.
Abakinnyi ba mbere b’ikipe y’igihugu y’u Rwanda "AMAVUBI" bamaze kugera mu karere ka Huye, ahazakinirwa imikino ibiri yo gushaka itike y’igikombe cy’isi
Ku Cyumweru tariki 12 Ugushyingo 2023, mu nyubako y’imikino ya BK ARENA, hasojwe irushanwa ngarukamwaka ryo gushimira abasora mu mukino wa Volleyball (Taxpayers Appreciation Volleyball Tournament).
Nzizera Aimable wareze umunyamakuru Manirakiza Théogène, kumukangisha kumusebya, yamenyesheje urukiko ko yamubabariye. Ni mu gihe kuri uyu wa Mbere tariki 13 Ugushyingo 2023, Manirakiza yari yitabye urukiko mu bujurire yatanze ku cyemezo cyo kumufunga iminsi 30 y’agateganyo.
Abasirikare batanu ba Amerika bapfuye ubwo indege ya Kajugujugu bari barimo mu gihe cy’imyitozo, yahanukiraga mu Nyanja ya Méditeranée, nk’uko byatangajwe n’ubuyobozi bwa Amerika.
Hirya no hino mu gihugu hagenda hubakwa amarerero y’abana bato mu rwego rwo gufasha ababyeyi kumenya gutegura indyo yuzuye ndetse no gufasha abana bafite ikibazo cy’imirire mibi n’igwingira kubivamo.
Mu Kagari ka Sahara, Umurenge wa Busogo, Akarere ka Musanze, haravugwa inkuru y’umugabo witwa Nganizi, ushakishwa nyuma yo gutoroka amaze gusambura inzu yabagamo akagurisha amabati, inzugi n’amadirishya.