Gufata ifoto mu kirahure (screen) cya telefone bita smart phones, ni ibintu biri rusange ku bazitunze bitewe n’ubwoko bwazo, n’ubwo hari abo usanga batabizi. Hari rero n’uburyo n’uburyo butandukanye ushobora kwifashisha ugafata ifoto iri muri screen ya mudasobwa, yaba igendanwa (laptop) cyangwa isanzwe (desktop).
Bamwe mu baturage bakoresha amavomo rusange, barishimira ko kuvoma bakoresheje ikoranabuhanga rya mubazi, byabakijije kubyigana mu gihe cyo kuvoma, nk’uko byakorwaga mbere bataragezwaho za mubazi.
Abantu bakunze kugira ububare mu ngingo cyane cyane mu mavi, mu tugombambari, no mu magufa yo mu rukenyerero, bakunze kubiterwa n’impamvu zitandukanye, harimo kugira ibiro by’umurengera, kunywa itabi, ibyo umuntu akunze kurya kenshi, uruhererekane rwo mu muryango (by’umwihariko mu bujana no mu ivi) ndetse n’ubwoko bw’akazi (…)
Ubuyobozi bw’Akarere ka Rubavu butangaza ko ku mugezi wa Sebeya hagiye kubakwa inkuta n’ibiraro bizafasha amazi kugenda adasenyeye abaturage.
Umukecuru Adèle Madamu w’imyaka 92, utuye mu Mudugudu w’Agacyamu, Akagari ka Rukira, Umurenge wa Huye, Akarere ka Huye, ahangayikishijwe n’uko asabwa kwishyura inzu yubatswe ku butaka bwe.
Ikipe ya Police VC yo mu Rwanda na Pipeline yo muri Kenya ni zo zegukanye irushanwa ry’akarere ka Gatanu ryari rimaze icyumweri ribera muri BK Arena mu Rwanda
Ikigo cy’Igihugu cy’Ubushakashatsi n’Iterambere mu byerekeye Inganda (NIRDA) cyatangiye gushyigikira gahunda yo guhinga ndetse no gukwirakwiza imigano ishobora kwifashishwa mu bwubatsi.
Inama y’Igihugu y’abafite ubumuga (NCPD), iratangaza ko hagiye gukorwa ibarura ry’abafite ubumuga mu Gihugu hose, hiyongereyeho n’abana bari munsi y’imyaka itanu bavukanye ubumuga kuko mbere batabarurwaga.
Umugabo wo mu Butaliyani witwa Dimitri Fricano, yari yahanishijwe igihano cyo gufungwa imyaka 30 muri gereza, nyuma y’uko ahamijwe n’urukiko kuba ari we wishe umukobwa bakundanaga.
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe amakoperative (RCA) kiratangaza ko nyuma yo gusohoka kw’itegeko rishya rigenga amakoperative, hari kuganirwa uko azashyirwa mu byiciro hakurikijwe imikorere n’imiterere yayo.
Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda y’abagore ya Sitting Volleyball yegukanye umwanya wa karindwi mu mikino y’Igikombe cy’Isi cyaberaga mu Misiri.
Abitwa Imboni z’impinduka zigizwe n’urubyiruko rwanyuze mu bigo by’igororamuco, bashimiwe uko bakoresheje ubufasha bw’amafaranga bahawe, kugira ngo abafashe mu bikorwa byo kwiteza imbere.
Bivugwa ko umuntu afite indwara y’amaso aturumbutse cyangwa ‘Exophtalmie’ iyo ijisho rye rimwe cyangwa se amaso yombi ava mu mwanya wayo usanzwe ukabona yaje imbere cyane ku buryo budasanzwe, akenshi bitewe no kubyimba kw’imikaya (muscles), n’ibindi bigize igice cy’inyuma y’ijisho.
Hirya no hino mu mijyi uhasanga abana benshi bafite ikibazo cyo kwirirwa bagendagenda mu mujyi bifashishwa n’abantu bakuru. Muri abo bana haba harimo n’abayoboye umuntu ufite ubumuga bwo kutabona mu bikorwa byo gusabiriza ibyo bikorwa bikababuza uburenganzira bwabo no guhabwa uburere n’uburezi mu mashuri.
Abahinzi b’urusenda n’ibitunguru mu Turere twa Rubavu, Rulindo, Nyagatare na Bugesera bagiye gutandukana n’igihombo baterwaga no kubura isoko ry’umusaruro bakagurisha umusaruro wabo ku kiguzi gito.
Ku itariki 17 Ugushyingo 2023, ku irimbi rya Kagugu riherereye mu Murenge wa Gisozi mu Karere ka Gasabo, habereye gahunda yo guha umugisha imva ziruhukiyemo imibiri y’urubyiruko rwitabye Imana mu bihe bitandukanye.
Abanyeshuri 8,321 basoje amasomo mu byiciro binyuranye muri Kaminuza y’u Rwanda, tariki 17 Ugushyingo 2023, bashyikirijwe impamyabumenyi, Minisitiri w’Uburezi Dr Twagirayezu Gaspard, abibutsa ko umuvuduko w’iterambere ukeneye umusanzu wabo, kandi kubigeraho bisaba guhora bashishikariye ubushakshatsi no kuvumbura ibishya.
Mu bakandika babiri bari bahataniye umwanya wa Perezida wa Liberia, Joseph Boakai ni we wagize amajwi menshi, atsinda umukandida mugenzi we George Weah wari usoje manda ye.
Ku biyaga n’imigezi imwe n’imwe yo hirya no hino mu Gihugu, hashyizwe ibyuma by’ikoranabuhanga bipima uko amazi yiyongera cyanga agabanuka, bigatanga amakuru buri minota 15 ku Kigo cy’Igihugu gishwe imicungire y’amazi (RWB), ku buryo umugezi ugiye kuzura ukaba wateza ibyago abawuturiye, bamenyeshwa mbere bagahunga.
Bamwe mu baturage bo mu Karere ka Nyagatare, barifuza ko habaho itegeko risaba umuryango w’uwahohoteye umwana akamutera inda , gufasha uwo mwana wavutse ndetse bakamurerana na nyina kugira ngo babarinde kugira imibereho mibi.
Adam Bradford ni Umwongereza w’umushoramari uba mu Rwanda, akaba yemeza ko ari uburyarya cyangwa se kwirengagiza ukuri, kuba umuntu yavuga ko mu Rwanda ari ahantu hatari umutekano wizewe.
Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu (MINALOC) yongeye gutorerwa kuba mu Nama y’Ubutegetsi bw’Ihuriro ry’Ubuyobozi bw’Inzego z’ibanze mu muryango w’ibihugu bikoresha ururimi rw’icyongereza (Commonwealth Local Government Forum - CLGF).
CIMERWA, uruganda rwa sima rumaze igihe kirekire rukorera mu Rwanda, igice kinini cyarwo cyeguriwe undi mushoramari ufite ibikorwa binini ku rwego rw’Akarere. Kompanyi yitwa National Cement Holdings Limited, ni yo yaguze urwo ruganda ku rugero rwa 99.94% nyuma yo kubyumvikanaho n’abari basanzwe bafite imigabane muri CIMERWA.
Ikipe y’igihugu ya Misiri mu bagabo yageze ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Isi cya Sitting Volleyball kiri kubera iwayo byongerera u Rwanda amahirwe yo kuzitabira imikino Paralempike izabera mu Bufaransa mu 2024.
Ikigo gishinzwe Kubungabunga Ibidukikije (REMA) hamwe na Kaminuza Nyafurika yigisha Imibare(AIMS), byahaye impamyabumenyi (Certificates) abakozi 50 b’inzego zitandukanye, bazajya batanga raporo mpuzamahanga ku bijyanye n’impinduka z’ibihe.
Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda ya Sitting Volleyball yegukanye umwanya wa cyenda mu bagabo mu mikino y’Igikombe cy’Isi irimo kubera mu Misiri nyuma yo gutsinda u Bwongereza amaseti 3-0.
Ububabare bw’ukuboko ntibugombera iteka kuba bwatewe no kuvunika cyangwa kwikanga kw’imitsi, ni yo mpamvu ari byiza ko mu gihe ubwumvise wajya kureba muganga kugira ngo hamenyekane impamvu ibitera, bityo uhabwe ubufasha.
Imishinga 12 ya ba rwiyemezamirimo ni yo irimo guhatanira ibihembo bya BK Foundation ku bufatanye n’Ikigo gihugura ba rwiyemezamirimo Inkomoko Entrepreneur Development mu cyiciro cya karindwi cya ‘BK Urumuri Initiative’.
Ntabwo ibijyanye no kugenda Abanyarwanda batangiye kubikora ari uko babonye imodoka, kubera ko kuva cyera bagendaga kandi bakagenda ingendo ndende z’amaguru, bajya mu bihugu birukikije cyane cyane muri Uganda.
Abahinga igishanga cya Mukinga gihuza Akarere ka Musanze na Gakenke, baravuga ko batewe igihombo no guhinga imbuto bahawe maze aho kumera igahera mu gitaka.
Calvin Cordozar Broadus Jr. wamamaye mu njyana ya rap ku Isi, nka Snoop Dogg, yatangaje ko nyuma y’ibiganiro yagiranye n’umuryango we yafashe umwanzuro wo kutazongera gutumura ku rumogi.
Umunyamakuru Manirakiza Théogène washinze ikinyamakuru Ukwezi kinafite Umuyoboro wa YouTube Ukwezi TV, kuri uyu wa Gatanu tariki ya 17 Ugushyingo 2023 Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge rwafashe icyemezo cyo kumurekura ku cyaha yari akurikiranyweho cyo gukangisha gusebanya, yakoreye uwitwa Nzizera Aimable.
Irakarama Nadine wari urangije kwiga mu Ishuri rikuru Gatolika rya Kabgayi (ICK) witeguraga guhabwa impamyabumenyi ya Kaminuza mu ishami ry’icungamutungo, yitabye Imana azize impanuka.
Urubyiruko rw’abaririmbyi b’abanyeshuri babarizwa mu itsinda rya “We for Them & Music”, barasaba bagenzi babo gukora ibikorwa by’ubutwari no kugira umutima wo gufasha kuko bizatuma u Rwanda rw’ahazaza rugira sosiyete ishyize hamwe bikarushaho guteza imbere igihugu.
IHS Rwanda yateye inkunga gahunda ya ‘Imbuto Foundation’ yo gufasha abana b’abanyeshuri baturuka mu miryango itishoboye (Edified Generation Scholarship Programme).
Mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatanu tariki 17 Ugushyingo 2023 habaye impanuka yahitanye abantu batatu ndetse n’inka zigera kuri 18 zihasiga ubuzima.
U Rwanda rwakiriye abimukira n’abasaba ubuhungiro 169 baturutse muri Libya bakomoka mu bihugu bitandukanye birimo Eritrea, Sudani, Ethiopia, Somalia na Sudani y’Epfo.
Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda, umutwe w’Abadepite, Hon. Mukabalisa Donatille, yitabiriye inama ya 16 ya Biro y’abahagarariye Inteko zishinga Amategeko mu bihugu bya Afurika y’Iburasirazuba (EAC) ndetse n’Inteko Ishinga Amategeko y’uyu muryango (EALA).
Abaturage batuye muri Teritwari ya Nyiragongo n’umujyi wa Goma bakoze imyigaragambyo yo kwamagana abarwanyi ba Wazalendo kubera ibikorwa by’ubwicanyi n’ihohoterwa barimo gukorera abaturage, abagize imiryango ya sosiyete sivile bakaba basaba Leta kubakiza ababahungabanyiriza umutekano.
Akarere ka Musanze kuri uyu wa Gatanu tariki 17 Ugushyingo 2023 karaberamo umuhango wo gutanga Impamyabumenyi ku banyeshuri barangije muri Kaminuza y’u Rwanda. Mu gihe haburaga amasaha make, imirimo yo gutunganya Stade Ubworoherane y’Akarere ka Musanze uwo muhango uberamo yari irimbanyije.
‘YB Foundation’ ni umuryango wiritiriwe nyakwigendera Burabyo Yvan, wari uzwi cyane ku izina ry’ubuhanzi nka Yvan Buravan, witabye Imana tariki 17 Kanama 2022, azize kanseri y’impindura.
Mu Murenge wa Gisozi mu Kagari ka Musezero, Umudugudu wa Gasharu, habereye impanuka y’imodoka yarenze umuhanda, igonga inzu irayisenya.
Abahinzi ba Kawa bo mu Murenge wa Rusasa mu Karere ka Gakenke, bujurijwe inzu mberabyombi bagiye kujya bifashisha mu guhugurirwamo uburyo bwo kwita ku gihingwa cya Kawa, gucunga imari ikomoka ku buhinzi bwayo, uburyo bunoze bwo gukora ubushabitsi n’ibindi bizafasha kongera umusaruro mu bwiza no mu bwinshi.
Umugabo witwa Bavakure Gerard yagwiriwe n’ikirombe ubwo yarimo asana inzira zikiganamo, bimuviramo gupfa. Iki kirombe cya Kampani yitwa COMIKAGI, giherereye mu Mudugudu wa Nyamugari, Akagari ka Gikingo mu Murenge wa Ruli, Akarere ka Gakenke.
Umunyamakuru akaba n’umuhanzi, Nyarwaya Innocent uzwi ku izina rya Yago Pon Dat, yavuze ko atajya acibwa intege n’abantu bamurwanya ko adashoboye mu muziki, kuko mu buzima bwe aharanira gukora ibiganisha ku byiza gusa.
Ababyeyi bo ha mbere bari bafite uburyo batangamo uburere ku bana babo babicishije mu migenzo n’imiziro bigafasha abana babo kugira uburere buboneye bidasabye kubagenzura no kubahozaho ijisho kuko umwana yabaga yaratojwe ibyo agomba kuziririza mu myitwarire ye muri icyo gihe.
Umunyarwenya akaba n’umunyamakuru, Arthur Nkusi, umuhanzikazi Ariel Wayz, na Dj Toxxyk umaze kwamamara mu kuvanga imiziki, biyongereye ku rutonde rw’abazafatanya n’umuraperi Kendrick Lamar Duckworth mu gitaramo cy’amateka kizabera mu Rwanda.
Umwe mu barinda Pariki y’Igihugu y’Ibirunga witwa Ntegerejimana Christophe w’imyaka 37, yarashe mugenzi we witwa Irakoze Kevin w’imyaka 32, mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu tariki 15 Ugushyingo 2023.
Banki ya Kigali yatangije gahunda izafasha abakusanya umusaruro w’ibihingwa bitandukanye kuwugeza ku isoko, bakoresheje uwo musaruro nk’ingwate hagamijwe kuborohereza ndetse no kwagura ubucuruzi bwabo, mu rwego rwo kubafasha kurushaho kwiteza imbere.
Perezida w’u Bushinwa Xi Jinping kuwa Gatatu tariki ya 15 Ugushyingo yagiranye ikiganiro cy’imbonekarimwe na mugenzi we wa USA Joe Biden mu buryo bw’imbona-nkubone.